• Haracyari kare kuvuga ko u Rwanda rwatwara igikombe cya CECAFA - Micho

    Nyuma yo gutsinda Malawi ibitego 2-0, ikipe y’u Rwanda yatangiye gushyirwa ku rutonde rw’amakipe ashobora gutwara igikombe cya CECAFA, ariko Umutoza wayo Milutin Micho avuga ko hakiri kare cyane kuba umuntu yatanga amahirwe ku ikipe abereye umutoza.



  • Umuyobozi wa Airtel mu Rwanda, Marcellin Paluku, yemereye Gatsibo Football Academy inkunga ihoraho.

    Gatsibo Football Academy igiye kugirana ubufatanye na Manchester United

    Ishuri ryigisha umupira w’amaguru rya Gatsibo (Gatsibo Football Academy) ribifashijwemo na sosiyete y’itumanaho ya Airtel, rigiye kugirana ubucuti n’ikipe ya Manchester United yo mu Bwongereza.



  • Les Onze du Dimanche bambaye umutuku n

    Muhanga: Les Onze du Dimanche yatwaye igikombe cy’amarushanwa ya FPR

    Mu marushanwa yakozwe mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 umuryango FPR-Inkotanyi umaze ushinzwe, ikipe ya Les Onze du Dimanche niyo yatwaye igikombe mu makipe y’abakuze mu karere ka Muhanga.



  • CECAFA: u Rwanda rwatangiye rutsinda Malawi 2-0

    Ikipe y’u Rwanda (Amavubi) yatangiye irushanwa rya CECAFA yitwara neza itsinda Malawi ibitego 2-0 mu mukino wabereye kuri Namboole Stadium i Kampala ku wa mbere tariki 26/11/2012.



  • Ally Bizimana ubu ni umutoza wungirije muri Rayon Sports.

    Uwahoze atoza Mukura FC ararega akarere ka Huye kumwambura

    Ally Bizimana wahoze atoza Mukura FC ubu akaba ari umutoza wungurije muri Rayon Sport akomeje gutunga agatoki akarere ka Huye kuba karamwambuye amafaranga miliyoni 2 n’ibihumbi 100 y’umushahara.



  • Amavubi yasesekaye i Kampala na Rwandair.

    Amavubi yamaze kugera i Kampala

    Ikipe y’u Rwanda (Amavubi) yageze ku kibuga cy’indege cya Entebbe muri Uganda tariki 22/11/2012 aho igiye kwitabira irushanwa ya CECAFA rizabera i Kampala kuva tariki 24/11 kugeza tariki ya 8/12/2012.



  • Bamwe mu bagize Nyanza City Veterans.

    Bamwe mu bakinnyi ba Nyanza City Veterans bagiranye ubushyamirane bava i Burundi

    Mu rugendo ikipe ya Nyanza City Veterans yagiriye mu gihugu cy’u Burundi tariki 17/11/2012, bamwe bavuyeyo barwaniye mu modoka ngo kubera ubusinzi. Iyo kipe yari igiye gukina umukino wa gicuti na bagenzi babo b’Abarundi.



  • Abayobozi b

    Akarere ka Huye kasezereye Nyamagabe mu marushanwa ya FPR

    Kuri iki cyumweru tariki 18/11/2012, akarere ka Huye kasezereye akarere ka Nyamagabe mu mukino w’umupira w’amaguru haba mu bakobwa no mu bahungu mu marushanwa yateguwe mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 umuryango wa FPR-Inkotanyi umaze ushinzwe.



  • Al Ahli yegukanye igikombe cya ‘Champions League’ ku nshuro ya 7

    Ku nshuro ya karindwi, ikipe ya Al Ahli yo mu Misiri yegukanye igikombe gikinirwa n’amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika (CAF Champions League), nyuma yo gutsinda Esperance de Tunis ibitego 2-1.



  • Les Onze du Dimanche yishimira insinzi.

    Les Onze du Dimanche na Magic FC zongeye kugaragaza ko zihanganye

    Amakipe abiri y’abasheshakanguhe bo mu mujyi wa Muhanga (Les Onze du Dimanche na Magic FC) azwiho guhangana bikomeye, kuburyo atajya akina umukino wa gicuti kubera ishyaka ryo kwanga gutsindwa riyaranga.



  • Amakipe 6 yitabiriye irushanwa ryo kugaragaza impano

    Kuva tariki 15/11/2012, hari kuba amarushanwa ahuza amakipe atandatu harimo ayo mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri, mu rwego rwo kwigaragariza abashinzwe kugurisha abakinnyi i Burayi abakinnyi bafite impano.



  • Itsinda u Rwanda rurimo muri CECAFA ni iryo kwitonderwa - Micho

    Umutoza w’ikipe y’u Rwanda, Milutin Micho, avuga ko itsinda u Rwanda ruherereyemo mu gikombe cya CECAFA izabera muri Uganda kuva tariki 24/11/2012, ari iryo kwitonderwa kuko amakipe arigize ashobora gutungurana.



  • Abakinnyi b

    Amavubi na Namibia zanganyije 2-2 mu mukino utavuzweho rumwe

    Ibitego bibiri kuri bibiri nibyo byakiranuye u Rwanda na Namibia mu mukino wa gicuti wabereye kuri stade Amahoro tariki 14/11/2012, gusa abatoza ba Namibia bababajwe cyane n’imisufurire y’uwo mukino bavuga ko bagombaga gutsinda u Rwanda ibitego 3-2.



  • Mbuyu Twite ashobora gufatirwa ibihano kubera kutaza mu Mavubi

    Myugariro wa Yanga Africans ndetse n’ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Mbuyu Twite, uzwi nka Gasana Eric mu Mavubi, ashobora gufatirwa ibihano, nyuma yo kwanga kuza gukina umukino wa Namibia tariki 14/11/2012 ndetse na CECAFA izaba tariki 24/11/2012.



  • Umukino w’Amavubi na Namibia washyizwe ku mugoroba

    Umukino wa gicuti ugomba guhuza u Rwanda na Namibia kuri uyu wa gatatu tariki 14/11/2012 kuri stade Amahoro i Remera, washyizwe ku mugoroba guhera saa kumi n’imwe n’igice aho kuba saa cyenda n’igice nk’uko byari biteganyijwe.



  • Samuel Eto’o yaba yinjiza amaeuro ibihumbi 15 uko atsinze igitego

    Umukinnyi w’umunya-Kameroni, Samuel Eto’o Fils, yaba ahabwa ibihumbi 15 by’ama euro uko atsinze igitego, ndetse n’ibihumbi 7.8 by’amaeuros uko atanze umupira mwiza maze udi agahita atsinda.



  • Abakina i Burayi bamaze kugera mu ikipe y’igihugu

    Uzamukunda Elias ‘Baby’, Salomon Nirisarike bakina ku mugabane w’uburayi na Stevens Kunduma ukina muri Aziya bageze mu Rwanda mu mpera z’icyumweu gishize aho baje gufasha baganzi babo gutegura umukino wa gicuti uzahuza u Rwanda na Namibia tariki 14/11/2012.



  • CECAFA: U Rwanda mu itsinda rimwe na Malawi, Zanzibar na Eritrea

    Muri Tombola yabereye i Kampala muri Uganda kuri uyu wa mbere tariki 12/11/2012 igaragaza uko amakipe y’ibihugu azahura muri CECAFA izatangira tariki 24/11/2012, U Rwanda rwashyizwe mu itsinda rimwe na Malawi, Zanzibar and Eritrea.



  • Ikipe ya Rutsiro yambaye umutuku uvanze n

    Imikino yo kwitegura isabukuru ya FPR mu Ntara y’Uburengerazuba igeze muri 1/4

    Mu mukino wa 1/4 cy’amarushanwa yo kwitegura isabukuru y’imyaka 25 FPR-Inkotanyi imaze ushinzwe wabaye tariki 10/11/2012 ikipe y’umupira w’amaguru y’abakobwa y’akarere ka Rutsiro yatsinze iya Karongi ibitego 4-3.



  • Imyiteguro bakomeje kuyikorera ku kibuga cy

    Nyanza: Abakobwa bizeye kuzegukana igikombe cya FPR-Inkotanyi

    Abakobwa bo mu karere ka Nyanza bari mu muryango FPR-Inkotanyi baritegura kuzegukana igikombe mu mupira w’amaguru mu Ntara y’Amajyepfo cyateguwe mu rwego rwo kwizihiza imyaka 25 ishize uwo muryango uvutse.



  • Umutoza Micho avuga ko nta mukinnyi ukina i Burayi uzakina CECAFA

    Umutoza w’ikipe y’igihugu, Milutin Micho, yatangaje ko nta mukinnyi n’umwe ukina ku mugabane w’Uburayi azakoresha mu gikombe cya CECAFA izabera i Kampala kuva tariki 24/11-8/12/2012.



  • Ntagwabira yajuririye igihano yahawe cyo guhagarikwa gutoza imyaka itanu

    Uwahoze ari umutoza muri Rayon Sport no mu ikipe y’igihugu, Ntagwabira Jean Marie, yandikiye Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ajuririra igihano cyo guhagarikwa imyaka itanu yahawe kubera gushinjwa icyaha cyo gutanga ruswa.



  • Karekezi yerekeje muri Tuniziya

    Kuri uyu wa kane tariki 08/11/2012 nibwo Kapiteni w’ikipe y’igihugu (Amavubi), Olivier Karekezi, yahagurutse i Kigali yerekeza muri Tuniziya aho agiye gukinira ikipe ye nshya Club Atletique de Bizertin iherereye mu Majyaruguru y’icyo gihugu.



  • U Rwanda rwazamutseho imyanya ibiri ku rutonde rwa FIFA

    Ku rutonde rw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA) rwasohotse tariki 07/11/2012, U Rwanda rwazamutseho imyanya ibiri aho rwavuye ku mwanya wa 124 rugera ku mwanya wa 122.



  • Mutarambirwa Djabiri yahamagawe mu Mavubi

    Djabiri Mutarambirwa ukina hagati mu ikipe ya Kiyovu Sport yahamagawe mu ikipe y’igihugu Amavubi nyuma y’igihe kirekire asaba ko yahamagarwa, dore ko atahwemye kugaragaza ko ari umwe mu bakinnyi beza bakina hagati mu Rwanda.



  • Amavubi yatangiye imyitozo yitegura Namibia ndetse na CECAFA

    Kuri uyu wa mbere tariki 05/11/2012, abakinnyi 24 b’ikipe y’igihugu Amavubi batangiye umwiherero w’imyitozo bitegura gukina umukino wa gicuti na Nambina ndetse n’imikino y’igikombe cya CECAFA izabera muri Uganda kuva tariki 24/11/2012.



  • Police yatsinze Etincelles bigoranye

    Police FC yabonye amanota atatu y’umunsi wa munani wa shampiyona bigoranye nyuma yo gutsinda Etincelles ibitego 3-2 mu mukino waranzwe n’ishyaka ryinshi wabereye ku Kicukiro ku cyumweru tariki 04/11/2012.



  • Kaze Cedric.

    Kaze Cedric yagizwe umutoza wa Mukura asimbuye Ruremesha

    Ikipe ya Mukura Victory Sport yasezereye umutoza Emmanuel Ruremesha kubera umusaruro mubi, maze ahita asimburwa n’Umurundi Kaze Cedric watozaga Atletico FC y’i Bujumbura.



  • Abakinnyi ba Rayon Sport babanje mu kibuga.

    Rayon Sport yatsinze Kiyovu, APR FC inganya n’Amagaju

    Ku munsi wa munani wa shampiyona tariki 03/11/2012, Rayon Sport yatsinze mukeba wayo Kiyovu Sport ibitego 3-1 mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro i Remera, naho APR FC inganya n’Amagaju mu mukino wabereye ku Mumena.



  • Khaled Adenon.

    Khaled Adenon wahagaritswe umwaka wose kubera kurwana i Kigali ngo azaburana kugeza atsinze

    Myugariro w’ikipe y’igihugu ya Benin, Khaled Adenonk, wahagaritswe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi FIFA kubera kurwana mu mukino wahuje u Rwanda na Benin i Kigali, yatangaje ko azaburana kugeza atsinze.



Izindi nkuru: