Myugariro w’ikipe y’igihugu Amavubi na Royal Antwerp, Salomon Nirisarike, aratangaza ko afitiye icyizere Eric Nshimiyimana na Baptiste Kayiranga, bahawe akazi ko gutoza Amavubi kuko aribo bazi neza umupira w’u Rwanda kurusha abanyamahanga.
Ku myaka 38 y’amavuko David Beckham Umwongereza wamamaye mu makipe atandukanye, yatangaje ko ategereje ko iki gihembwe gisigaje imikino ibiri kirangira ngo asezere ku mupira w’amaguru.
Umutoza Banamwana Camarade watozaga ikipe ya Bugesera FC yirukanywe ku mirimo ye nyuma yo gusanga nta musaruro yatanze kandi aribyo bari bemeranyije.
Ikipe ya Chelsea yo mu Bwongereza, kuri uyu wa gatatu tariki 15/5/2013 yegukanye igikombe cya ‘Europa League’, nyuma yo gutsinda Benfica Lisbone yo muri Portugal ibitego 2-1, mu mukino wa nyuma wabereye kuri Amsterdam Arena mu Buholandi.
Nyuma yo gutsindwa na Etincelles igitego 1-0 mu mukino wa shampiyona w’umunsi wa 25, Isonga FC yahise imanuka mu cyiciro cya kabiri, kuko mu mukino umwe usigaye izakina na AS Muhaga n’iyo yawutsinda ntacyo byayimarira.
Nyuma yo gutsinda Musanze FC igitego 1-0 mu mukino wa shampiyona w’umunsi wa 25 wabereye kuri Stade Amahoro kuri uri uyu wa gatatu tariki 15/05/2013, Rayon Sport yegukana igikombe cya shampiyona ku nshuro yayo ya karindwi, ikaba yari imaze imyaka icyenda itarongera kucyegukana.
Ubwo abafana b’ikipe ya Manchester United mu karere ka Nyagatare bishimiraga ibikombe 20 bamaze gutwara no gusezera ku wari umutoza wayo Sir Alex Furguson, tariki 12/05/2013, banateye inkunga umupfakazi w’umufana w’iyi kipe bamuha amafaranga ibihumbi 205, icumbi ry’ukwezi n’amatike y’urugendo.
Ikipe ya Wigan Athletic yegukanye bwa mbere mu mateka yayo igikombe cy’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu bwongereza (FA cup) itsinze Manchester City igitego 1-0 mu mukino wabereye kuri Stade Wembley i London tariki 11/05/2013.
Nyuma yo gutsinda Swansea City ibitego 2-1, tariki 12/5/2013, Manchester United yashyikirijwe ku mugaragaro igikombe cyayo cya 20 cya shampiyona ndetse hanaba umuhango ukomeye wo gushimira no gusezera ku mutoza wayo Sir Alex Ferguson.
Gicumbi FC yahoze izwi cyane ku izina rya ‘Zebres’ yazamutse mu cyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru, nyuma yo gutungura Bugesera ikayitsinda ibitego 2-1, ikaba yazamukanye na Esperance FC ya Kimisagara nayo yasezereye Sunrise yo mu ntara y’Iburasirazuba.
Ikipe ya Rayon Sport irabura inota rimwe gusa ngo yegukane igikombe cya shampiyona, nyuma yo kunyagira AS Muhanga ibitego 6-1 kuri Stade Amahoro i Remera, mu gihe Police FC yari ihanganye nayo yo yanganyije na Espoir FC 0-0 ku Kicukiro mu mikino y’umunsi wa 24 yabaye kuri icyi cumweru tariki 12/5/2013.
La Jeunesse FC yakomeje kuguma ku mwanya wa gatanu muri shampiyona, nyuma yo kunganya ibitego 2-2 na AS Kigali mu mukino umwe wa shampiyona wabaye ku wa gatandatu tariki 11/5/2013 kuri Stade ya Mumena.
Mu gihe Rayon Sports ikomeje umuvuduko wo gushaka igikombe cya shampiyona uyu mwaka, kuri icyi cyumweru tariki 12/5/2013 kuri Stade Amahoro, irakina na AS Muhanga itozwa na Ali Bizimungu wahoze ayitoza agasezerewa.
Mu batoza 10 bakekwa ko basimbura Sir Alex Ferguson ku butoza bw’ikipe ya Manchester United, harimo Jose Mourinho utoza wa Real Madrid yo mu gihugu cya Espagne.
Ikipe ya AS Muhanga yo mu karere ka Muhanga yabonye insinzi iyiganisha muri kimwe cya kabiri cy’igikombe cy’amahoro, nyuma yo kwihererana Mukura ikayitsinda ibitego 3-0 mu mukino wabereye kuri stade ya Muhanga tariki 08/05/2013.
Nyuma y’imyaka 26 atoza ikipe ya Manchester United, Sir Alexander Chapman Ferguson w’imyaka 71 yatangaje ko atazongera gukora akazi k’ubutoza nyuma ya shampiyona y’uyu mwaka kuko azafata ikiruhuko.
AS Kigali na Bugesera FC zabonye itike yo kuzakina ½ cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro nyuma yo kwitwara neza mu mikino ya ¼ yo kwishyura yabaye tariki 07/05/2013.
Ikipe ya Rayon Sports yongeye kugaragaza ko ifite inyota yo kwegukana igikombe cya shampiyona uyu mwaka, ubwo yanyagiraga Etincelles ibitego 5-0 mu mukino wa shampiyona w’umunsi wa 23 wabereye kuri Stade Umuganda i Rubavu ku wa gatandatu tariki 04/05/2013.
Abafana bagomba guturuka Kigali berekeza i Rubavu bagiye gushyigikira Rayon Sport iza kuba ikina na Etinceles ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tarki 04/05/2013, baravuga ko n’ubwo umuhanda Kigali-Musanze wacitse bitababuza kuza kwihera ijisho uyu mukino ushobora kongerera amahirwe ikipe ya Rayon Sport igenda isatira (…)
Abayobozi n’abakunzi b’ikipe ya Bugesera FC baratangaza ko umukino uzabahuza n’ikipe ya Gicumbi FC tariki 04/05/2013 muri ½ bawufata nka finali kuribo kuko kuwutsindwa ari ukubura amahirwe yo kujya mu kicyiro cya mbere.
Umunyamabanga uhoraho w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru rihuza Ibihugu by’Afurika yo Hagati n’iy’Iburasizuba (CECAFA), Nicolas Musonye, atangaza ko Darfur na Kordofan y’Amajyepfo ko hari umutekano ku buryo bazakira CECAFA ya 2013 nta kibazo.
Ikipe ya Chelsea yo mu Bwongereza yabonye itike yo kuzakina umukino wa nyuma wa ‘Europa League’ nyuma yo gusezerera FC Basel yo mu Busuwisi, ikaba izakina na Benfica yo muri Portugal nayo yasezereye Fenerbahce yo muri Turukiya.
Mu gihe shampiyona y’u Rwanda mu mupira w’amaguru izigaje imikino ine ngo irangire, Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryafashe icyemezo cy’uko imikino yose isigaye izajya ikinirwa umunsi umwe n’isaha imwe mu rwego rwo kurwanya ruswa ikunze kuvugwa cyane mu mpeza za shampiyona.
Sebanani Emmanuel uzwi cyane ku izina rya ‘Crespo’ yafatiwe ibihano byo guhagarikwa ku kazi ko gukinira ikipe ya Mukura Victory Sport mu gihe kingana n’amezi ane, kubera imyitwarire mibi amaze iminsi agaragaza muri iyo kipe.
Nubwo amaze gukina imikino 10 ya shampiyona atarabona intsinzi n’imwe, umutoza wa Kiyovu Sport Kalisa François atarangaza ko ari nta gahunda afite yo kwegura ku mirimo ye, kuko yumva agishaka gukorera Kiyovu Sport.
Kuri uyu wa gatatu tariki 1/5/2013, Bayern Munich yabonye itike yo kwerekeza i Wembley ku mukino wa nyuma wa ‘UEFA Champions League’, nyuma yo gusezerera FC Barcelone iyitsinze ibitego 7-0 mu mikino ibiri.
Ikipe ya Real Madrid ntiyabashije kwishyura ibitego bine yari yatsinzwe na Dortmund mu mukino ubanza bituma ihita isezererwa mu irushanwa rya UEFA Champions League.
Nyuma yuko ikibuga cy’umupira cya Nyamata cyakinirwagaho n’ikipe ya Bugesera FC gifungiwe bigatuma iyo kipe ijya gukinira i Kigali, ubu muri ako karere harimo kubakwa ikibuga cy’umupira gishya giciriritse kuburyo kizaba cyuzuye bitarenze amezi atatu.
Umunyamabanga uhoraho w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika yo hagati n’iy’Iburasizuba (CECAFA), Nicholas Musonye yatangarije BBC tariki 29/04/2013 ko amarushanwa y’igikombe cya CECAFA y’uyu mwaka azabera mu Ntara ya Darfurmuri Sudani.
Ubwo Gicumbi FC yahuraga na Etoile de L’Est mu mukino wa ¼ cyirangiza cya Shampiyona y’umupira wamaguru mu cyiciro cya kabiri tariki 28/04/2013, umukino waje kugaragaramo imvururu zitewe n’abafana ndetse ziza kuzamo n’abakinnyi.