Rayon Sport yananiwe gukomeza kwicara ku mwanya wa mbere muri shampiyona y’u Rwanda ubwo yatsindwaga na Espoir FC ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 19 wabereye kuri stade ya Kigali i Nyamirambo ku cyumweru tariki ya 9/3/2014.
Ikipe ya APR FC yasubiye ku mwanya wa mbere muri shampiyona nyuma yo gutsinda Mukura Victory Sport igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa 19 wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku wa gatandatu tariki ya 8/3/2014.
Ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 izasubira mu myitozo ku wa mbere tariki ya 10/3/2014 yitegura gukina na Sudan y’Amajyepfo mu mukino ubanza w’amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Senegal umwaka utaha.
Ikipe ya AS Kigaki ihagarariye u Rwanda mu mikino ihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo muri Afurika (CAF Confederation Cup), yasezereye Al Ahly Shendi yo muri Sudan hitabajwe za penaliti mu mukino wo kwishyura wabereye muri Sudan ku wa gatanu tariki 7/3/2014.
Ku wa gatatu tariki 5/3/2014 nibwo itsinda ry’abakinnyi batandatu b’ikipe y’u Rwanda y’umukino w’amagare bahagurutse i Kigali berekeza muri Algeria, aho bazitabira amarushanwa icyenda mu gice kingana n’iminsi 21.
Ikipe y’u Rwanda Amavubi yanganyije igitego 1-1 n’ikipe y’u Burundi mu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade Prince Louis Rwagasore i Bujumbura kuri uyu wa gatatu tairki ya 5/3/2014.
Bamwe mu bafite ubumuga bo mu turere two mu ntara y’Iburasirazuba bavuga ko imikino ari kimwe mu bituma ufite ubumuga yiyumvamo icyizere igihe awukina ndetse bikaba akarusho igihe habayeho amarushanwa ku rwego rw’igihugu.
Ikipe y’u Rwanda Amavubi yahagurutse i Kigali yerekeza i Bujumbura mu Burundi aho igiye gukina umukino wa gicuti n’ikipe y’icyo gihugu ‘Intamba ku rugamba’, umukino uzabera kuri Stade Prince Louis Rwagasore kuwa gatatu tariki ya 5/3/2014.
Valens Ndayisenga na Girubuntu Jeanne d’Arc nibo begukanye imyanya ya mbere mu bagabo no mu bagore mu isiganwa ry’amagare ryiswe ‘Farms Circuit’ ryabereye mu ntara y’Iburasirazuba ku wa gatandatu tariki ya 1/3/2014.
Ikipe y’u Rwanda y’abagore mu mupira w’amaguru, yakomeje mu marushanwa yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika, nyuma yo gusezerera Kenya mu buryo bugoranye mu mukino wo kwishyura wabereye i Machakosa muri Kenya ku cyumweru tariki ya 2/3/2014.
Ikipe ya AS Kigali ihagarariye u Rwanda mu mikino ihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo muri Afurika (CAF Confederation Cup), yatsinze ikipe ya Al Ahly Shendi yo muri Sudan igitego 1-0 mu mukino ubanza wabareye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku wa gatandatu tariki ya 1/3/2014.
Kuri uyu wa kane tariki ya 27/3/2014, ikipe y’u Rwanda y’umupira w’amaguru mu bagore yerekeje i Nairobi muri Kenya, aho igiye gukina n’ikipe ya ho umukino wo kwishyura mu guhatanira itike yo kuzakina igikombe cya Afurika kizabera muri Namibia mu Ukwakira uyu mwaka.
Uretse ikipe ya Chelsea yabashije kunganyiriza mu gihugu cya Turukiya na Galatasaray 1-1, andi makipe yose y’Ubwongereza yatsinzwe n’ayo byahuye muri 1/8 cy’irangiza mu irushanwa rya UEFA Champions League.
Umukino wo kwishyura uzahuza ikipe ya Kenya y’abagore n’iy’u Rwanda uzabera kuri Kenyatta Stadium iherereye mu gace kitwa Machakos muri Kenya ku cyumweru tariki ya 1/3/2014.
Abakinnyi 23 bahamagawe n’umutoza w’ikipe y’igihugu, Nshimiyimana Eric, kuri uyu wa gatatu tariki ya 26/2/2014 batangiye umwiherero wo gutegura umukino wa gicuti uzahuza u Rwanda n’u Burundi tariki 5/3/2014 i Bujumbura.
Umutoza wa Police FC, Sam Ssimbwa, ubwo yari amaze gutsindwa na Rayon Sport ibitego 2-1 ku cyumweru tariki ya 23/2/2014, yavuze ko igikombe gisigaye hagati y’amakipe abiri, Rayon Sport na APR FC.
Espoir Basketball Club yatwaye igikombe cya shampiyona iheruka, yatangiye shampiyona y’uyu mwaka yitwara neza cyane ubwo yanyagiraga 30 Plus amanota 105-40 mu mukino wabereye muri Camp Kigali ku cyumweru tariki ya 23/2/2014.
Rayon Sport yongeye gufata umwanya wa mbere muri Turbo King National Football League, nyuma yo gutsinda Police FC ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 18 w’ikirarane wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku cyumweru tariki ya 23/2/2014.
Luc Eymael, umutoza mushya wa Rayon Sport ukomoka mu gihugu cy’Ububiligi aribaza impamvu mu Rwanda amakipe amwe n’amwe afite abafana benshi ariko bakareba umupira bacecetse aho gushyigikira amakipe yabo.
Shampiyona ya Basketball y’umwaka wa 2014 yatangiye kuri iki cyumweru tariki 23/2/2024, ikaba yatangijwe ku mugaragaro i Rubavu, ahakinwa umukino uhuza APR BBC n’ikipe nshya ya Gisenyi Basketball Club yo mu mugi wa Rubavu.
Rutahizamu wa Manchester United, Wayne Rooney, nyuma y’iminsi atavuga rumwe n’ubuyobozi bw’iyo kipe ku byerekeranye no kuyigumamo, byaje kurangira asinye amasezerano y’imyaka itanu n’igice akazamugeza mu mwaka wa 2019, akazajya ahembwa ibihumbi 300 by’ama Pounds buri cyumweru.
Mu mukino wa Turbo King National Football League uza guhuza Police FC na Rayon Sport kuri iki cyumweru tariki ya 23/2/2014 , Umutoza wa Police Fc Sam Ssmbwa yiyemeje kuwutsinda kugirango yiyongerere amahirwe yo kuguma mu makipe ahatanira igikombe cya shampiyona.
Mu mukino ihuza urubyiruko rwo muri Afurika izabera i Gaborone muri Botswana kuva tariki ya 22 Gicurasi 204, u Rwanda ruzoherezayo abakinnyi 49, barimo abakobwa 30 n’abahungu 19, bakazaba bahagarariye amashyirahamwe 12 y’imikino.
Rayon Sport yagabanyije ikinyuranyo cy’amanota APR FC iri ku mwanya wa mbere iyirusha, ubwo yatsindaga Amagaju ibitego 2-0 mu mukino w’ikirarane w’umunsi wa17 wa Turbo National Football League wabereye kuri Stade ya Kigal i Nyamirambo ku wa gatatu tariki 19/2/2014.
Abakunzi b’umupira w’amaguru mu mujyi wa Rwamagana bari kuvugishwa menshi n’umukino wa shampiyona amakipe abiri rukumbi aba muri uwo mujyi afitanye ku gicamunsi cyo kuwa 19/02/2014 ku kibuga bita icya polisi mu mujyi wa Rwamagana.
Mu mikino y’amajonjora ya nyuma yo gushaka itike y’igikombe cy’isi yabereye muri Cameroun, ikipe y’u Rwanda ya Volleyball yabuze iyo tike, ariko yitwaye neza itsinda amakipe atatu muri ane yari kumwe nayo mu itsinda.
Imikino y’amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’i Burayi (UEFA Champions League) igeze muri 1/8 cy’irangiza, aho ku mugoroba wo kuwa 18 Gashyantare 2014 hakinwe imikino ibiri muri iri rushanwa.
Amafaranga yari agenewe kuvugurura sitade Huye si ko yabonetse yose, ku buryo imirimo y’icyiciro cya mbere iri gukorwa izasiga ikibuga cyo gukiniraho n’aho kwicara bareba umupira gusa.
Mu irushanwa rya Volleyball ryo kwibuka uwahoze ari Umuyobozi w’Urwunge rw’Amashuri rwa Butare, Padiri Kayumba Emmanuel, ryabaye ku mu mpera z’icyumweru gishize, Amakipe ya Kigali Basketball Club ( KVC) mu bagabo na Rwanda Revenue Authority (RRA) mu bagore nizo zegukanye ibikombe.
Ikipe ya AS Kigali yakomeje mu irushanwa ry’igikombe gihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo muri Afurika (CAF Confederation Cup), nyuma yo kunganya na Academie Tchite igitego 1-1 mu mukino wo kwishyura wabereye i Bujumbura mu Burundi ku cyumweru tariki ya 16/2/2014.