Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) ryamaze gutangaza urutonde ntakuka rw’amakipe 16 azitabira isiganwa ry’amagare ngarukamwaka ‘Tour du Rwanda’ izaba kuva tariki 17-24/11/ 2013, nyuma y’aho ayo makipe yose nayo amariye kubyemeza.
Ikipe ya Espoir Basketball Club yongeye guca agahigo ko kwegukana igikombe cya shampiyona yikurikiranya kandi idatsinzwe na rimwe, ikaba yakoze ayo mateka ubwo yatsindaga Rusizi BBC, amanota 83-37 mu mukino wa nyuma wa shampiyona wabereye i Rusizi ku cyumweru tariki 13/10/2013.
Ikipe ya Volleyball Kaminuza y’u Rwanda mu bagabo, yihimuye kuri mukeba wayo APR VC iyitsinda amaseti 3-0 ku mukino wa nyuma w’imikino ya Play off isoza shampiyona wabereye kuri Stade ntoya i Remera ku cyumweru tariki 13/10/2013.
Ikipe y’igihugu y’Ubudage niyo yegukanye igikombe cy’isi mu mukino wa Sitball nyuma yo gutsinda u Rwanda ibitego 49-47 ku mukino wabereye kuri Stade ntoya i Remera ku wa gatandatu tariki 12/10/2013.
Ikipe y’u Rwanda ya sitball niyo iri ku mwanya wa mbere mu mikino y’igikombe cy’isi irimo kubera mu Rwanda, ikaba yafashe umwanya wa mbere kuri uyu wa gatandatu nyuma yo kwigaragaza igatsinda imikino myinshi yakinnye.
Nk’uko byemejwe mu masezerano y’ubufatanye Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryagiranye n’ibitaro bya Kanombe, kuri uyu wa gatandatu ndetse no ku cyumweru ibyo bitaro bizakora igikorwa cyo gupima abakinnyi bakina mu cyiciro cya mbere mu Rwanda.
Kuva tariki 10-13/10/2013, i Kigali harimo kubera inama mu byiciro bitandukanye by’impuzamashyirahamwe y’imikino Olympique muri Afurika (ANOCA), zikaba zigamije gushaka uko imikino yatera imbere muri Afurika.
Shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda ntabwo izakina mu mpera z’icyi cyumweru nk’uko byari bisanzwe, kubera ko uzaba ari umunsi amakipe y’ibihugu hirya no hino ku isi azaba akina imikino yo guhatanira itike yo kuzajya mu gikombe cy’isi kizabera muri Brazil muri 2014.
Mu gikombe cy’isi cy’umukino wa Sitball kizabera i Kigali kuva tariki 11-13/10/2013, u Rwanda ruzatangira irushanwa rukina na Kenya kuri Stade ntoya i Remera guhera saa cyenda z’amanywa.
APR Volleyball Club na Kaminuza y’u Rwanda (NUR) mu bagabo zigiye kongera guhurira ku mukino wa nyuma mu irushanwa rihuza amakipe ane ya mbere muri shampiyona (Playoff), aho ikipe ibaye iya mbere ihita yegukana igikombe cya shampiyona.
APR FC niyo iyoboye andi makipe ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona y’u Rwanda, nyuma yo gutsinda Esperance ibitego 2-0 mu mukino w’umunsi wa kabiri wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku cyumweru tariki ya 6/10/2013.
Ubuyobozi bw’umupira w’amaguru muri Kenya butangaza ko bwiteguye kwakira irushanwa rya CECAFA rizaba mu kandi biteguye ko rizagenda neza kuko nta kibazo cy’umutekano muke kizaboneka ku mahoteli abakinnyi n’ababaherekeje bazacumbikirwamo ndetse no ku bibuga.
Umukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona y’u Rwanda wari utegerejwe cyane hagati ya Kiyovu Sport na mukeba wayo Rayon Sport warangiye ari nta kipe ibashije kubona igitego, mu gihe AS Kigali yatsindiwe i Rusizi na Espoir FC ibitego 2-1.
Shampiyona ya Volleyball irasozwa mu mpera z’icyi cyumweru hakinwa imikino ya ‘Play Off’ ihuza amakipe ane ya mbere mu bagabo n’ane ya mbere mu bagore, ikipe izaba iya mbere ikazaba ari nayo yegukana igikombe cya shampiyona y’uyu mwaka.
Ikipe ya Rayon Sport na Kiyovu Sport, amwemu makipe akuze kandi ahora ahanganye mu Rwanda, arakina umukino wazo wa gatatu mu gihe cy’ukwezi kumwe, mu mukino wa shampiyona w’umunsi wa kabiri ubera kuri Stade Amahoro i Remera kuri uyu wa gatandatu tariki ya 5/10/2013.
Hadi Janvier na Uwizeyimana Bonaventure bakinira ikipe y’u Rwanda y’umukino w’amagare, kuri uyu wa kane tariki 3/10/2013, bagarutse mu Rwanda bavuye muri Afurika y’Epfo aho bakinira, bakaba baje gutegura isiganwa mpuzamahanga ry’amagare ‘Tour du rwanda 2013’ rizaba kuva tariki 17-24/11/2013.
Ubwo imikino ya Champions League ku mu gabane w’iburayi yakomezaga tariki 01-02/10/2013, ngo amakipe amwe yaratunguwe ndetse n’umukinnyi Robben wa Bayern Munich ngo hari icyamutunguye.
Itsinda ry’abakinnyi batanu b’abanyarwanda bakinaga mu makipe atandukanye yo mu cyiciro cya mbere mu Rwanda, mu gihe kitarenze iminsi 15 bazerekeza mu gihuhu cya Portugal gukinira ikipe yaho yitwa Assiciacao Desportiva de Fornos de Algodres , ibarizwa mu cyiciro cya kane.
Roberto Manchini wigeze gutoza ikipe ya Manchester City mu Bwongereza yatangaje ko ubu igiye gutoza ikipe ya Galatasalay mu gihugu cya Turukiya mu gihe cy’imyaka 3.
Ikipe ya Gicumbi Handball Club, ifite amahirwe menshi yo kwegukana igikombe cya shampiyona y’uyu mwaka, nyuma yo kwitwara neza imbere ya Kigoma Handball Club ku cyumweru tariki 29/9/2013.
Saido Berahino, rutahizamu w’umurundi ikinira ikipe ya West Bromwich Albion yatangiye kurambagizwa n’amakipe akomeye i Burayi, nyuma yo kwigaragaza ubwo yatsindaga igitego kimwe muri bibiri iyo kipe yatsinze Manchester United ku wa gatandatu tariki 28/09/2013.
Bamwe mu bakinnyi b’umupira w’amaguru ndetse n’abafana bawo mu karere ka Ruhango, baravuga ko babangamiwe cyane no kutagira aho bakinira umupira w’amaguru; ariko ngo bikaba bibi cyane mu bihe by’imvura.
APR FC, ifite ibikombe 13 bya shampiyona ari nayo ifite byinshi, yatangiye shampiyoan y’uyu mwaka inyangira Marine FC ibitego 6-2 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku cyumweru tariki 29/9/2013.
Ku munsi wa mbere wa shampoyona y’u Rwanda, ikipe ya Rayon Sport yatwaye igikombe giheruka, yakuye amanota atatu imbere ya Gicumbi FC bigoranye cyane, nyuma yo kuyitsinda ibitego 2-1, naho i Muhanga Mukura yahasanze AS Muhanga iyihanyagirira ibitego 4-0.
Ku munsi wa mbere wa shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda 2013/2014 itangira kuri uyu wa gatandatu tariki 28/9/201, Rayon Sport yatwaye igikombe cya shampiyona giheruka, irakina na Gicumbi FC ikipe yazamutse mu cyiziro cya mbere muri uyu mwaka, umukino ubera kuri Stade Amahoro i Remera kuva saa cyenda n’igice.
Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’imikino y’abamugaye mu Rwanda (NPC-Rwanda), buratangaza ko kugeza ubu batarabona amafaranga angana na miliyoni 50 akenewe ngo bakire neza igikombe cy’isi cy’umukino wa ‘Sitting Volleyball’ kigomba kubera i Kigali kuva tariki ya 11-13/10/2013.
Nyuma yo kunyagirwa na Manchester City ibitego 4-1 muri shampiyona, Manchester United yikosoye ubwo yatsindaga Liverpool igitego 1-0 mu mukino wa Capital one Cup kuri uyu wa gatatu tariki 25/09/2013.
Umutoza w’ikipe ya AS Kigali y’abagore, akaba anakunze kuba umutoza wungirije mu ikipe y’u Rwanda y’abagore, asanga u Rwanda rushobora kuzasezerera Kenya, ubwo amakipe yombi azahura mu majonjora yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika cyo muri 2014.
Nyuma y’amezi 2 amarushanwa yateguwe n’akarere ka Muhanga yari agamije gukangurira abaturage kwitabira amatora y’abadepite, yasojwe tariki 22/09/2013 ikipe y’ingabo z’Igihugu zikorera muri brigade ya 411 ariyo yegukanye igikombe.
Rutahizamu w’Amavubi, Meddie Kagere, yamaze kwerekeza mu ikipe ya Rayon Sport nyuma yo gusinya amasezerano y’imyaka ibiri yo kuzayikinira.