Umufaransa Didier Gomes Da Rosa watozaga ikipe ya Rayon Sport kuri uyu wa mbere tariki ya 13/1/2014 yatangaje ku mugaragaro ko ahagaritse burundu gutoza iyo kipe nyuma y’amaze 14 yari ayimazemo.
Ikipe y’u Rwanda y’umukino w’amagere igizwe n’abakinnyi batandatu, yahagurutse mu Rwanda kuri uyu wa gatandatu tariki ya 11/1/2014, yerekeza muri Gabon mu isiganwa rizenguruka icyo gihugu, rizatangira tariki ya 13/1/2014.
Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Volleyball, Paul Bitok, yashiyize ahagaragara amazina y’abakinnyi 20 bagomba gutangira imyitozo ku wa mbere tariki ya 13/1/2014 bitegura kujya mu mikino y’amajonjora ya nyuma y’igikombe cy’isi kizabera muri Pologne muri Nzeli uyu mwaka.
Mu rwego rwo kwiyubaka yitegura imikino ya shampiyona yo kwishyura ndetse n’amarushanwa mpuzamahanga, ikipe ya Rayon Sport yatangiye kugura abakinnyi, ikaba igomba gusinyisha umunya-Uganda Mukubya James ugera mu Rwanda kuri uyu wa gatanu tariki ya 10/1/2014.
Yaya Toure ukinira ikipe ya Manchester City mu cyiciro cya mbere mu gihugu cy’Ubwongereza ndetse n’ikipe y’igihugu cye cya Cote d’Ivoire yatoranijwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) , nk’umukinnyi w’umwaka wa 2013 muri Afurika.
Igikombe cy’umwami cyo muri Espagne (Copa Del Rey), kuri uyu wa 9 Mutarama 2014, cyarakomeje mu mikino ya 1/8 cy’irangiza. Ikipe ya FC Real Madrid ikaba yaraye itsinze Osasuna ibitego 2-0.
Sitade ya Rwinkwavu, imwe mu za mbere zabayeho mu Rwanda yakinirwagaho n’ikipe yitwaga Standard FC yatangiye gusanwa nyuma y’igihe kini yarabaye itongo.
Mu mukino ubanza wa ½ cy’irangiza ya Capital One Cup mu Bwongereza, wabaye tariki 08/01/2014, ikipe ya Manchester City yanyagiye ikipe ya West Ham United ibitego 6-0 kuri stade Etihad ya Manchester City.
Imirimo yo kubaka Sitade Huye igeze kure. Abahagarariye sosiyete yitwa EEG, ari na yo iri kubaka iyi sitade, bavuga ko nta kibuza, ukwezi kwa Mata kuzashira irangiye neza, ishobora no gukinirwamo.
Ibihe bibi bya Manchester United irimo muri iki gihe byakomeje ubwo yasezererwaga mu cyiciro cya gatatu cy’igikombe cya FA itsinzwe na Swansea City ibitego 2-1 mu mukino wabereye ku kibuga cya Manchester United Old Trafford ku cyumweru tariki ya 5/1/2014.
Nzamwita De Gaule ukomoka mu ikipe Intare FC, niwe watorewe kuyobora Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) mu gihe cy’imyaka ine, mu matora yabereye ku cyicaro cy’iryo shyirahamwe ku cyumweru tariki ya 5/1/2014.
Imikino ya shampiyona ibanza (Phase aller), yarangiye APR FC yicaye ku mwanya wa mbere nyuma yo gutsinda Kiyovu Sport ibitego 2-1 mu mukino w’ikirarane w’umunsi wa 10, wabaye kuri uyu wa gatandatu tariki ya 4/1/2014.
Nkuko bisanzwe, buri mwaka urubuga befoot.fr rutanga icyo wakwita igihembo cy’umukinnyi waranzwe n’imvune kurusha abandi ku mugabane w’Iburayi bita “Ballon de Plâtre”. Icy’uyu mwaka kikaba cyaregukanywe n’umukinnyi wo hagati wa Arsenal, Abou Diaby.
Mu mukino w’ikirarane uhuza APR FC na Kiyovu Sport kuri uyu wa gatandatu tariki 4/1/2014, APR FC irashaka kuwutsinda kugirango ihite ifata umwanya wa mbere, mu gihe Kiyovu Sport nayo iramutse iwutsinze yazamuka ikagera ku mwanya wa kane.
Umukinnyi Christiano Ronaldo yatangaje ibanga rituma ahorana imbaraga zidasanzwe ku bibuga, abantu basanga ari ibintu bisanzwe buri wese yageraho.
Nyuma yo kwemezwa ko izakina shampiyona ya 2014, ikipe ya Rayon Sport Volleyball Club yamaze gutangira imyitozo ikorera kuri stade ntoya i Remera, ikaba yarihaye intego yo kuzegukana nibura umwanya wa kabiri.
Nyuma y’umwaka n’amezi ibibuga rukumbi byakinirwagaho imikino ya volleyball na basketball byari mu mujyi wa Ngororero bisenywe, ubu abatuye umujyi bagiye kubona ibindi bibuga kuko byatangiye kubakwa.
Ubusanzwe iyo umuntu yavugaga ikipe ya Manchester United, benshi bahitaga bumva imwe mu makipe akomeye cyane muri shampiyona y’Ubwongereza nyamara muri shampiyona y’uyu mwaka, benshi bemeza ko isigaye ku izina gusa.
Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA) ryamaze gutoranya abakinnyi bazajya mu ikipe y’igihugu y’abahungu n’abakobwa batarengeje imyaka 18, ndetse n’iy’abatarengeje imyaka 16.
Umukino wa gicuti wahuje Rayon Sport n’ikipe y’igihugu ya Mauritania kuri Stade Amahoro kuri uyu wa kabiri tariki 31/12/2013, warangiye Mauritania itsinze Rayon Sport ibitego 2-1.
Umwaka wa 2013 urangiye, wabayemo ibikorwa byinshi by’imikino ariko hari ibyavuzweho cyane kurusha ibindi bitewe n’ibigwi byaranze amakipe cyangwa se abakinnyi ku giti cyabo, cyangwa se igihe ibyo bikorwa by’imikino byatwaye, bigatumwa bigarukwaho cyane.
Mu rwego rwo gutegura irushanwa rya CHAN izabera muri Afurika y’Epfo muri Mutarama 2014, ikipe y’igihugu ya Mauritania kuva ku cyumweru iri mu Rwanda, ikaba ikina na Rayon Sport umukino wa gicuti kuri uyu wa kabiri tariki ya 31/12/2013 kuri Stade Amahoro i Remera.
Nyuma y’inzinzi y’igitego 1-0 ikipe ya Arsenal yakuye ku kibuga cya New Castle United, kuwa 29 Ukuboza uyu mwaka, iyo kipe n’umutoza wayo Asene Wenger bongeye kwisubiza ishema ryo gusoza umwaka bayoboye shampiyona y’ubwongereza.
Ikipe ya Rayon Sport irangije umwaka wa 2013 iri ku mwanya wa mbere muri shampiyona y’u Rwanda, ikaba yabishimangiye ku cyumweru tariki ya 29/12/2013 ubwo yatsindaga Musanze FC ibitego 2-1 kuri Stade Ubworoherane i Musanze.
Kubera ko ngo hari ababyeyi badohotse ku gufasha abana kwishima no gukura basobanukirwa n’iminsi mikuru inyuranye, abanyamuryango b’ikipe y’abakuze ya Les Onze du Dimanche yo mu karere ka Muhanga bateguye umunsi mukuru wo kwizihiza no kwifuriza abana noheri nziza, dore ko ivuka rya yezu ngo ari umunsi ukomeye w’abana.
Bwa mbere muri shampiyona y’uyu mwaka, Rayon Sport yicaye ku mwanya wa mbere by’agateganyo nyuma yo kunyangira Esperance ibitego 5-0 mu mukino w’umunsi wa 12 wa shampiyona wabereye kuri Stade Amahoro i Remera ku wa kane tariki ya 26/12/2013.
Hashize iminsi mike, sosiyete ya Premier betting ifunguye imiryango yayo mu Mujyi wa Gakenke, abakunzi b’umupira w’amaguru batangaza ko babyakiriye neza kuko babonye aho bazagerageza amahirwe yabo, bikagira icyo bihindura mu buzima bwabo.
Ikigo cy’Urubyiruko cya Ngororero (NGORORERO YOUTH FRIENDLY CENTER; NYFC) kimaze icyumweru (15- 23 Ukuboza 2013) muri gahunda yitwa “Talent Detection” aho cyari kigamije gushakisha impano z’urubyiruko mu mikino inyuranye n’imyidagaduro.
Mu marushanwa ngarukamwaka ahuza imigi yo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC) yabereye i Bujumbura mu Burundi mu mpera z’icyumweru gishize, umugi wa Kigali wegukanye ibikombe bitandatu, uba ari nawo mugi wa mbere witwaye neza kurusha iyindi yose muri iyo mikino.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 23 Ukuboza 2013, ikipe ya Arsenal yakiriye ikipe ya Chelsea ku kibuga cyayo Emirates stadium mu mujyi wa London binganya ubusa ku busa.