Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ku bufatanye na FIFA, CAF ndetse n’abandi baterankunga rigiye kubaka ibitaro bizajya bihangana cyane cyane n’imvune z’abakinnyi bakazajya bavurwa batagombye kujyanwa hanze y’u Rwanda.
Nyuma yo gufasha ikipe y’u Rwanda kujya mu cyiciro cya nyuma cy’amajonjora yo kujya mu gikombe cy’isi, Mutabazi Elie ukina muri APR Volleyball Club, yahagaritse burundu gukinira ikipe y’igihugu ya Volleyball yari amaze imyaka 15 akinira.
Umunya-Cote d’Ivoire ikinira ikipe ya Manchester City mu Bwongereza, Yaya Toure, yahawe igihembo cy’umukinnyi w’umwaka wa 2013 na BBC, gihabwa umukinnyi wa ruhago wahize abandi bose bakomoka mu mugabane wa Afurika buri mwaka.
Nyuma yo gutsindwa na Uganda igitego 1-0 mu mukino wayo wa mbere muri CECAFA, Amavubi yongeye gutsindwa igitego 1-0 na Sudan ku wa mbere tariki 2/12/2013, bituma amahirwe yo gukomeza muri ¼ cy’irangiza aba makeya cyane.
Ikipe y’u Rwanda y’umukino wa Goalball ukinwa n’abafite ubumuga bwo kutabona, yerekeje i Nairobi muri Kenya mu mikino y’igikombe cya Afurika izaba kuva kuwa mbere tariki ya 2-7/12/2013.
Nyuma yo gutsinda Uganda amaseti 3-0 mu mukino wa nyuma w’imikino y’akarere ka gatanu yaberaga i Kigali, u Rwanda rwabonye itike yo gukomeza mu cyiciro cya nyuma cy’amajonjora y’igikombe cy’isi mu mukino wa volleyball kuko rwaje ku mwanya wa kabiri inyuma ya Misiri, naho Kenya ifata umwanya wa gatatu.
Kuri uyu wa gatandatu, u Rwanda rurakina na Uganda umukino wa kane ari nawo wa nyuma mu irushanwa ry’akarere ka gatanu ririmo kubera mu Rwanda, nyuma hakaza guhita hamenyekana amakipe atatu agomba gukomeza mu cyiciro cya nyuma cy’amajonjora yo gushaka itike yo kuzajya mu gikombe cy’isi kizabera muri Pologne umwaka utaha.
Kuri uyu wa kane, u Rwanda rwatsinze umukino warwo wa kabiri mu mikino ya Volleyball y’akarere ka gatanu irimo kubera i Kigali, nyuma yo gutsinda bigoranye cyane Kenya amaseti 3-1.
Ikipe y’u Rwanda n’iya Uganda kuri uyu wa gatanu tariki ya 29/11/2013 zirahurira mu mukino wazo wa mbere wa CECAFA ubera kuri Stade ya Machakos muri Kenya guhera saa cyenda.
Ikipe y’igihugu ya Kenya ikinira mu rugo, yatangiye irushanwa rya CECAFA inganya na Ethiopia ubusa ku busa mu mukino wabereye kuri stade Nyayo International Stadium i Nairobi kuri uyu wa gatatu tariki ya 27/11/2013.
Mu irushanwa ya volleyball ahuje ibihugu byo mu karere ka gatanu ririmo kubera i Kigali, u Rwanda rwatsinzwe na Misiri amaseti 3-1, rukaba rugomba gushakira amahirwe yo gukomeza mu irushanwa rutsinda Kenya mu mukino uba kuri uyu wa kane tariki 28/11/2013 guhera saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.
Mu mikino ya Volleyball irimo guhuza amakipe y’akarere ka gatanu mu rwego rwo gushaka itike yo kuzajya mu gikombe cy’isi, kuri uyu wa kabiri tariki 26/11/2013, u Rwanda rwatsinze u Burundi amaseti 3-0, naho Misiri itsinda Kenya amaseti 3-2.
Ikipe y’u Rwanda Amavubi igizwe n’abakinnyi 20 kuri uyu wa mbere nibwo yehagurutse mu Rwanda yerekeza i Nairobi muri Kenya mu irushanwa rya CACAFA rizatangira ku wa gatatu tariki ya 27/11/2013.
Umunya-Afurika y’Epfo Dylan Girdlestone yegukanye isiganwa ry’amagare ‘Tour du Rwanda 2013’ ku cyumweru tariki 24/11/2013 nyuma yo kwitwara neza mu byiciro (etapes) umunani akaba ariwe wakoresheje igihe gito kurusha abandi.
Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Ntagungira Celestin ‘Abega’, aratangaza ko imitegurire y’isiganwa mpuzamahanga ry’amagare ‘Tour du rwanda’ hari byinshi yaryigiyeho bizamufasha guteza imbere umupira w’amaguru mu Rwanda.
Umunya-Eritrea Ayob Metkel ni we wagukanye umwanya wa mbere mu isiganwa ry’amagare Tour du Rwanda ubwo kuri uyu wa gatandatu tariki ya 23/11/2013 bavaga mu karere ka Huye bajya mu mugi wa Kigali.
Ikipe y’u Rwanda ya Volleyball, kuva wa mbere tariki ya 25/11/2013, nibwo izatangira imikino y’akarere ka gatanu izabera i Kigali, ikaba igamije gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’isi kizabera muri Pologne umwaka utaha.
Mu gace ka gatanu (etape 5) k’isiganwa ry’amagare ‘Tour du Rwanda 2013’, kakinwe kuri uyu wa gatanu tariki ya 22/11/2013, abasiganwa bava mu karere ka Muhanga bajya mu karere ka Nyamagabe, umunya Algeria Lagab Azedine niwe wegukanye umwanya wa mbere, ariko umunya Afurika y’Epfo Girdlestone agumana umwenda w’umuhondo.
Umunya-Afurika y’Epfo Girdlestone Dylan ni we uyoboye abandi mu isiganwa ry’amagare ‘Tour du Rwanda 2013’ ryari rigeze ku munsi waryo wa kane, ubwo bavaga Musanze berekeza mu karere ka Muhanga ku wa kane tariki ya 21/11/2013.
Ibigo by’amashuri byo mu Karere ka Gakenke byabonye inkunga y’imipira y’amaguru isaga gato 1000 yatanzwe na Minisitiri y’Uburezi, iyo mipira igiye gukangura siporo mu bigo by’amashuri yaba abanza n’ayisumbuye.
Minisitiri w’umuco na siporo aravuga ko uko Abanyarwanda bari kwitwara mu irushanwa Tour du Rwanda bitanga ikizere ko mu bihe biri imbere bazaba ari abakinnyi bakomeye ku rwego mpuzamahanga, bashobora gutwara ibikombe n’imitari byinshi.
Ikipe ya Ghana yabaye iya gatanu iva ku mugabane w’Afurika yabonye itike yo guhatanira igikombe cy’isi kuzabera muri Brezil umwaka utaha nyuma y’umukino wo kwishyura wayihuje na Misiri kuri uyu wa Kabiri tariki 19/11/2013.
Ndayisenga Valens umusore w’imyaka 19 wegukanye umwanya wa mbere mu cyiciro cya kabiri cya Tour du Rwanda 2013, arahamya ko akurikije uko we na bagenzi be bitwaye tariki 19/11/2013, u Rwanda rushobora kuzegukana umwanya wa mbere ku musozo w’iryo rushanwa.
Ku munsi wa gatatu wa Tour du Rwanda, ubwo basesekaraga mu karere ka Musanze ahagana saa 12h20, zo kuri uyu wa kabiri tariki 19/11/2013, abari muri iri rushanwa bakiriwe n’imbaga itabarika, bamwe buriye n’amazu kugirango birebere iri rushanwa.
Kuri uyu wa 18/11/2013, mu karere ka Kirehe bwa mbere hageze isiganwa ry’amagare “Tour du Rwanda” aho abaturage bari bitabiriye ari benshi kureba iri siganwa ry’amagare.
Umukinnyi wa Espoir Basketball Club, Ngandu Bienvenu, ni we wahawe igihembo cy’umukinnyi wahize abandi mu gukina neza muri shampiyona ya Basketbal (MVP 2013) , yasojwe ku mugaragaro ku cyumweru tariki ya 17/11/2013.
Umukino uhuza abakinnyi ba basketball bakomeye mu Rwanda buri wese ku mwanya akinaho (All stars Game) wabereye kuri Stade ntoye i Remera ku cyumweru tariki ya 17/11/2013, ikipe yiswe ‘B’ niyo yegukanye igikombe itsinze ikipe ‘A’.
Nigeria, Cote d’ivoire na Cameroun niyo makipe yabimburiye andi yo muri Afurika kubona itike yo kuzakina igikombe cy’isi kizabera muri Brazil umwaka utaha.
Kayiranga Jean Baptise, umutoza wungirije w’ikipe y’umupira w’amaguru y’u Rwanda Amavubi yabwiye Kigali Today ko ngo Amavubi yagombaga gutsinda Uganda mu mukino wa gicuti wahuje ayo makipe yombi kuwa gatandatu tariki ya 16/11/2013, ariko amakipe yombi akaza kunganya ubusa ku busa.
Hadi Janvier, umusore w’umunyarwanda w’imyaka 22, niwe wagukanye umwanya wa mbere mu gace ka mbere gatangira isiganwa ry’amagare ‘Tour du Rwanda’ 2013’ ryatangiye kuri icyi cyumweru tariki ya 17/11/2013.