Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru y’u Rwanda n’iya Tanzaniya zirateganya guhurira mu mukino wa gicuti kuwa kabiri tariki 9/12/2014, umukino uzaba ku munsi w’ubwigenge bw’igihugu cya Tanzaniya.
Ikipe ya Cricket ya Right Guards ni yo yaraye yegukanye irushanwa rya UAE Exchange & Xpress money ryari rimaze iminsi ribera ku kibuga cya Kicukiro.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rwamagana bwageneye ishimwe ry’amafaranga ibihumbi 200 umukinnyi Ndayisenga Valens uherutse kwegukana Tour du Rwanda ya 2014.
Ikipe ya Sunrise iratangaza ko yiteguye kugeza ikirego muri FERWAFA kubera umukinnyi wa Rayon Sports Sina Jerome kuri yo isanga atari akwiye kuba akinira iyi kipe muri iyi minsi.
Igitego cya Sunrise ku munota wa 79 cyatumye iyi kipe inganya na Rayon Sports igitego 1-1 bituma Rayons Sports itungukira ku gutsindwa kwa APR FC ngo ibe yarangiza umunsi wa cyenda ari yo iyoboye shampiyona y’icyiciro cya mbere.
Igitego kimwe APR FC yatsinzwe na Gicumbi FC kuri stade ya Kigali i Nyamirambo kuri uyu wa gatandatu tariki 29/11/2014 gishobora gutuma iyi kipe itakaza umwanya wa mbere.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeje ko umukino wagombaga guhuza ikipe ya Espoir na Gicumbi mu cyumweru gishize ugomba gusubirwamo nubwo byari byatangajwe mbere ko ikipe ya Espoir yatewe mpaga.
Impuzamashyirahamwe y’umukino w’amagare ku isi (UCI) yasohoye urutonde rw’uko abakinnyi bakurikirana ku mugabane wa Afurika, aho umunyarwanda Ndayisenga Valens aza ku mwanya wa gatandatu nyuma yo gutwara Tour du Rwanda.
Ikipe y’igihugu y’abagore y’umukino wa Sitting Volleyball yatsinze Misiri seti eshatu ku busa mu mukino wa gicuti wabereye kuri petit stade Amahoro.
Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru mu Rwanda “Amavubi”, ikomeje kuzamuka ku rutonde ngarukakwezi rukorwa n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA), aho urwasohotse kuri uyu wa kane tariki ya 27/11/2014 ruyisize ku mwanya wa 90 ku isi.
Umukino wahuzaga amakipe abiri yo muri Mombasa mu gihugu cya Kenya kuri uyu wa kabiri, wahagaritswe utarangiye nyuma yaho abafana bashinjije bagenzi babo gukoresha amarozi ngo batsinde.
Uwahoze ari kapiteni w’ikipe y’igihugu Amavubi, Olivier Karekezi yaraye abonye impamyabumenyi mu butoza yo ku rwego rwa mbere “Licence A” muri UEFA nyuma yo kumara umwaka abyigira.
Ndayisenga Valens, umusore w’imyaka 20 ukomoka mu Murenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana, akaba ari na we wegukanye irushanwa rya “Tour du Rwanda 2014” tariki 23/11/2014, arashishikariza bagenzi be bakiri bato gukunda uyu mukino wo gusiganwa ku magare kandi bakawitabira kuko ngo bashobora kugera ku ntera nk’iyo na we agezeho.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, yashimiye Ndayisenga Valens wegukanye isiganwa mpuzamahanga rizenguruka u Rwanda ku magare “Tour du Rwanda”.
Umukino wari guhuza ikipe ya Espoir Fc na Gicumbi kuwa 23/11/2014 waburijwemo kandi abakinnyi bari bageze mu kibuga kubera ko ikipe ya Espoir FC itujuje ibyangombwa byose basabwa n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru Mu Rwanda (FERWAFA).
Umusore muto ukinira ikipe ya Kalisimbi, Ndayisenga Valens ni we utwaye igikombe mu isiganwa ry’amagare ryari rimaze iminsi umunani rizenguruka u Rwanda.
Umunyarwanda Ndayisenga Valens niwe wegukanye Toour du Rwanda 2014 kuri iki cyumweru nyuma yo kurangiza agace ka nyuma ka kilometero 114 ari uwa kabiri.
Agace ka nyuma ka Tour du Rwanda 2014 karimo gukinwa kuri icyi cyumweru tariki 23/11/2014 karazenguruka mu mujyi wa Kigali aho abasiganwa bazenguruka inshuro icyenda intera ya kilometero 12,6.
Ikipe ya Rayon Sports ivuye inyuma inshuro ebyiri ishobora kunganya na Kiyovu Sports ibitego 2-2 mu mukino aba bakeba b’ibihe byose bahuriragamo kuri uyu wa gatandatu, ku munsi wa munani wa shampiyona.
Umunya Eitrea Debesay Mekseb ni we utwaye agace kabanziriza akanyuma ka Tour du Rwanda ya 2014, nyuma yo kuva i Huye akagera i Nyamirambo ari wa mbere mu nzira y’ibirometero 127 na metero 700.
Abanyenyanza n’inkengero zaho babarirwa mu bihumbi n’ibihumbi babyukiye ku mihanda yo mu karere ka Nyanza bategereje kureba isiganwa ry’amagare rya « Tour du Rwanda », maze ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki 21/11/2014 ubwo abasiganwaga bahasesekaraga bakirwa nk’abakwe.
Umukinnyi w’ikipe ya Team Rwanda Kalisimbi, Biziyaremye Joseph, ni we wegukanye agace ka gatanu ka Tour du Rwanda 2014 (Rubavu-Nyanza) kareshya n’ibirometero 184 kakinwe kuri uyu wa gatanu tariki 21/11/2014.
Umutoza w’ikipe ya Mukura VS yizeye ko abakinnyi afite bazamuha umusaruro ashaka mu mikino iri imbere mu ikipe nshya, imikino izahera ku wa APR FC kuri icyi cyumweru tariki 23/11/2014.
Diregiteri w’imikino mu ikipe y’igihugu ya Marooc, Bilal Mohamed, atangaza ko amakipe y’u Rwanda na Eritrea atangiye kunanirwa ikintu kizafasha abakinnyi b’ikipe ye bitabiriye Tour du Rwanda 2014 babanje guha abandi umwitangirizwa.
Mu rwego rwo kumenya neza abafana b’ikipe ya Rayon Sport, Rwanda Promoters Company iri mu gikorwa cyo kubarura aba bafana ariko ikifashisha abajyanama b’ubuzima bari mu midugudu.
N’ubwo umunya Marooc Marouini Salaeddine yatwaye agace Muhanga –Rubavu kuri uyu wa kane tariki 20/11/2014, ntibyabujije Umunyarwanda Ndayisenga Valens Rukara kuguma ku mwanya wa mbere ku rutonde rusange rw’agateganyo.
Abakinnyi babiri b’ikipe y’u Rwanda ya Kalisimbi ntibashoboye guhirwa n’agace ka Musanze- Muhanga kakinwaga ku munsi wa kane wa Tour du Rwanda aho banyereye hasigaye metero 200 ngo barangize maze biha amahirwe umunya Eritrea Haile Dawit kugera ku murongo ari uwa mbere.
Abaturage bo mu karere ka Gakenke baratangaza ko babona isiganwa ry’amagare rya Tour du Rwanda rya 2014 rishobora kwegukanwa n’umunyarwanda bitewe n’uko batangiye neza, kuko kugeza ku munsi waryo wa gatatu amakipe ahagarariye u Rwanda ari ku isonga.
Minisitiri w’umuco na siporo Amb. Joseph Habineza yishimiye uburyo amakipe y’u Rwanda akomeje kwitwara muri Tour du Rwanda ndetse anavuga ko amashyirahamwe y’imikino itandukanye mu Rwanda akwiye kwigira byinshi ku mitegurire y’iri rushanwa.
Umunyarwanda Ndayisenga Valens Rukara yambitswe umupira w’umuhondo nyuma yo kwegukana agace ka Rwamagana-Musanze kuri uyu wa 18/11/2014; bikaba bigaragaza ko uyu mwaka Abanyarwanda biteguye Tour du Rwanda ku rwego rwo hejuru.