Kuri uyu wa Gatandatu mu Rwanda haratangira irushanwa ryo kwibuka Abasportifu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi by’umwihariko babarizwaga mu mukino wa Handball, rikitabirwa n’amakipe yo muri Uganda no mu Rwanda.
Amashyirahamwe y’imikino mu Rwanda yateguye irushanwa ryo kwibuka abari abakunzi, abakinnyi ndetse n’abayobozi ariko yaniyemeje gukusanya inkunga yo gufasha uwacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mu ikipe y’igihugu Amavubi abakinnyi bashya n’abatari baherutsemo bari gutegurirwa umuhango wo kunnyuzurwa uzarangwa no kuririmbira abakinnyi basanzwemo
Ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri ikipe y’igihugu ya Maroc y’umupira w’amaguru aho ije kwifatanya n’Amavubi mu irushanwa ryo Kwibuka abakinnyi n’abakunzi b’umupira w’amaguru bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.
Ishyirahamwe ry’umukino w’intoki (Volleyball) mu Rwanda (FRVB riratangaza ko amakipe ya Ruhango VC na Gs St Aloys atakitabiriye irushanwa ryo kwibuka abakunzi, abakinnyi ndetse n’abayobozi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umunyezamu akaba na Kapiteni wa Rayon Sports Ndayishimiye Eric uzwi nka Bakame aratangaza ko yiteguye kongera amasezerano igihe cyose Rayon yaba ikimubonamo ubushobozi
Kuri uyu wa Gatandatu mu karere ka Bugesera habereye isiganwa rya moto ryitabiriwe n’abakinnyi batuye mu Rwanda
Bonaventure Uwizeyimana ukinira ikipe y’igihugu y’Amagare yamaze kumvikana n’ikipe ya LowestRates.ca yo muri Canada, aho agomba kuyerekezamo kuri uyu wa mbere.
Umukino w’umunsi wa 29 wa shampiyona wahuzaga APR na Rayon Sport urangiye amakipe yombi anganyije igitego 1-1 APR ibura amahirwe yo gufata umwanya wa kabiri.
Umukino w’umunsi wa 29 wa shampiyona wahuzaga ikipe ya Police FC na AS Kigali warangiye Police iyitsinze ibitego 3-1 ihita inafata umwanya wa kabiri wari uriho APR FC.
Umutoza w’Amavubi amaze gutangaza urutonde rw’abakinnyi 25 bagomba gutangira umwiherero w’ikipe y’igihugu izaba yitegura Centrafrika
Mu ibaruwa yandikiye Ferwafa, Perezida wa FIFA yashimiye ikipe ya Rayon Sports kuba yaregukanye igikombe cya Shampiona cya munani
Ikipe ya Kiyovu Sports yahakanye amakuru yavugaga ko yeguje umutoza wayo Kanamugire Aloys nyuma y’umusaruro mubi muri iyi Shampiona
Abafana b’ikipe ya Kiyovu baratangaza ko ikipe yabo iramutse imanutse mu cyiciro cya Kabiri byaba ari ishyano ribagwiriye, kuko bitigeze bibaho mu myaka 55 iyi kipe ibayeho kuko yavutse mu mwaka wa 1962.
Imikino y’umunsi wa 28 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru usize Rayon Sports yamaze kwegukana icyo igikombe, yongeye kunganya igitego 1-1 na Etincelle y’i Rubavu, bituma benshi babona koko ko ari ukurangiza umuhango, kugira ngo isoze shampiyona.
Nshutinamagara Ismael Kodo, avuga ko mu mezi abiri amaze yungirije mu ikipe yakiniraga ya As Kigali, amaze kungukira byinshi ku batoza yungirije muri iyo kipe, barimo Eric Nshimiyimana umutoza Mukuru na Mateso Jean de Dieu umwungirije.
Anita Pendo yitabiriye isiganwa mpuzamahanga ryitiriwe Amahoro (Kigali Peace Marathon) bigaragara ko akuriwe, ari hafi kwibaruka.
Mu isiganwa mpuzamahanga ryitiriwe Amahoro ryaberaga mu Rwanda, Umunyarwandakazi Nyirarukundo Salome yegukanye umwanya wa mbere mu gice cya Marathon
Umutoza wa Rayon Sports Masudi Djouma avuga ko imikino ya shampiyona isigaye bari kuyikina by’umuhango kuko bamaze gutwara igikombe ngo igikombe cy’amahoro nicyo kibaraje ishinga.
Kuri uyu wa Gatandatu mu karere ka Bugesera habereye isiganwa ry’amamodoka, aho Gakwaya Jean Claude na Mugabo Jean Claude ari bo baryegukanye
Ikipe ya Pipiniere yamaze kumanuka mu cyiciro cya kabiri inganyije na Rayon Sport yamaze kwegukana igikombe cya shampiyona.
Uwizeyimana Bonaventure ukinira ikipe ya Benediction y’i Rubavu ni we wegukanye isiganwa ry’amagare rytiriwe "Kwibuka", ryavaga mu Ruhango ryerekeza i Karongi
Imodoka 9 zirimo izizaturuka i Burundi eshatu ndetse n’iz’abanyarwanda ni zo zizitabira isiganwa ry’amamodoka ribera i Bugesera kuri uyu wa Gatandatu
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) rigiye kwibuka abahoze ari abakinnyi, abayobozi n’abakunzi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki ya 18 Gicurasi 2017, Madame wa Perezida wa Kenya, Margaret Gakuo Kenyatta yatangaje ko azifatanya na Madame Jeannette Kagame muri Kigali International Peace Marathon.
Bamwe mu batoza b’amakipe yo mu cyiciro cya kabiri mu Rwanda batangaza ko uko amakipe akina igikombe cy’amahoro atomborana bidakorwa neza.
Ministeri y’umuco na Siporo mu Rwanda iratangaza ko yashimishijwe n’ishema ikipe y’igihugu ya Beach Volley y’abakobwa yahesheje igihugu itwara igikombe cy’afurika
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kwegukana igikombe cya Shampiona hari bimwe mu byaranze inzira yanyuzemo kugera itwaye igikombe
Ikipe ya Rayon Sports yegukanye igikombe cya 8 cya Shampiona itsinzwe rimwe gusa, inganyije inshuro enye, mu gihe isigaje imikino ine ngo Shampiona irangire
Ikipe ya Rayon Sports yegukanye igikombe cya Shampiona nyuma yo gutsinda Mukura ibitego 2-1 byatsinzwe na Moussa Camara