Milutin Sredojević Micho, usanzwe utoza ikipe y’umupira w’amaguru ya Uganda ntabwo ari kumvikana n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Uganda (FUFA) mbere yo guhura n’ Amavubi.
ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Basket yatsinze Mazambique mu irushanwa ry’Afurika ry’abatarengeje imyaka 16 bituma amahirwe yo kuza ku mwanya wa gatanu yiyongera.
Karekezi Olivier, umutoza mushya wa Rayon Sports mu nshingano yahawe harimo kugeza iyo kipe mu matsinda y’imikino Nyafurika y’amakipe yabaye aya mbere iwayo (CAF Champions League).
Ikipe ya Misiri yongeye gutsinda ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu irushanwa ry’Afurika ry’abatarengeje imyaka 16 bituma amahirwe yo gukina imikino ya ½ ku Rwanda ayoyoka.
Mwanafunzi Albert uzaba ahanganye na Nzamwita Vincent de Gaulle mu matora ya FERWAFA yahawe na komisiyo ishinzwe amatora muri FERWAFA amasaha 48 yo kuzuza ibyangombwa.
Umutoza w’ikipe y’igihugu mu mukino njyarugamba wa Karate Nkuranyabahizi Noel avuga ko urwego rwa Karate rushimishije ariko ngo ibijyanye no kwiyerekana (Kata) haracyarimo ikibazo.
Itsinda riharanira impinduka mu mupira w’amaguru mu Rwanda (Rwanda Football Coalition for changes) riratangaza ko ritigeze ritanga umukandida Mwanafunzi Albert mu kwiyamamariza kuyobora FERWAFA.
Ikipe y’igihugu y’umukino wa Basketball yamaze kumenya itsinda izaba irimo mu mikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mupira w’Amaguru inganyije n’iya Tanzania igitego 1-1 mu mukino ubanza wo gushaka itike yo gukina imikinoya CHAN.
Nzamwita Vincent de Gaulle umaze imyaka ine ayobora Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) na Mwanafunzi Albert nibo bazahatanira kuyobora FERWAFA.
Ikipe y’igihugu y’ u Rwanda ya Basketball yongeye gutsindwa ku mukino wa kabiri na Misiri amanota 101 kuri 45.
Ikipe ya AS Kigali, yatumiye amakipe y’ibihangange nka Wydad Casablanca, TP Mazembe , AS Vita Club n’ayandi, mu irushanwa irimo gutegura ryiswe Inter- cities Tournament.
Kasire Onesphore, w’imyaka 92 y’amavuko wakinnye mu ikipe y’Amagaju avuga ko mu gihe cye gukina byari bishingiye ku ishyaka kuburyo ngo gutsindwa byari kirazira.
Ishyirahamwe ry’umukino wa Karate muri Afurika UFAK, ryemereye u Rwanda kuzakira amarushanwa Nyafurika y’umukino wa Karate mu bakuze ndetse n’abakiri bato (senior&Junior), ateganyijwe mu mpera z’ukwezi kwa Kanama 2018.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi Antoine Hey yamaze gutangaza abakinnyi 18 bazerekeza muri Tanzaniya mu mukino ubanza wo gushaka itike yo gukina imikino nyafuria y’abakina imbere mu gihugu(CHAN)
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kongerera amasezerano y’imyaka ibiri kapiteni wayo Ndayishimiye Eric uzwi ku izina rya Bakame.
Nyuma y’uko Murenzi Abdallah atangaje ko atakiyamamaje ku mwanya wo kuyobora FERWAFA, itsinda riharanira impinduka muri ruhago ryatangaje ko ritazatanga umukandida.
Rusheshango Michel wakiniraga APR Fc na Danny Usengimana wakiniraga Police Fc bamaze kwerekanwa mu ikipe ya Singida Fc yo muri Tanzania iherutse kubagura.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Mukura Victory Sport buratangaza ko bwamaze gushyiraho umutoza mushya witwa Haringingo Christian Francis.
Kwizera Pierrot wa Rayon Sport yisubije igihembo cy’umukinnyi wahize abandi muri shampiyona 2016/2017, nyuma y’uko ari we wari wacyegukanye muri shampiyona y’umwaka ushize.
Umukinnyi wakiniraga Rayon Sports Nshuti Dominique Savio aratangaza ko azakumbura bikomeye abafana ba Rayon Sports.
Isiganwa “Tour de Gisagara” rizenguruka akarere ka Gisagara, kuri uyu wagatandatu ryegukanwe n’ Uwihoreye Bosco usanzwe atwara abagenzi ku igare mu karere ka Gisagara .
Nyuma y’umukino wa gicuti wahuzaga Rayon Sports na Azam FC yo muri Tanzania warangiye Rayon Sports iwutsinze ihabwa igikombe umutoza wayo Masoud Djuma ahita yegura.
Nyuma y’umukino wa gicuti wayihuzaga na Azam FC yo muri Tanzania, Rayon Sports yahise ihabwa igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda 2016/2017 yatsindiye.
Umukinnyi wa Basketball Frank Ntilikina ufite inkomoko mu Rwanda ngo nubwo atakiniye u Rwanda hari gushakwa uburyo yaza gutera umurava abana bakina Basketball mu Rwanda.
Ubuyobozi bwa FERWAFA buratangaza ko nta burangare bwagize mu kudatangira igihe igikombe cya Shampiyona Rayon Sports yatsindiye mu mwaka w’imikino wa 2016-2017.
Ikipe y’igihugu Amavubi yazamutse umwanya umwe ku rutonde ngarukakwezi rw’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi FIFA.
Kuri uyu wa kabiri Tariki ya 4 Nyakanga 2017,APR yatsinze Amagaju ku mukino wa nyuma yegukana igikombe naho Rayon Sport yegukana umwanya wa 3.
Petit Seminaire Virgo Fidelis ikomeje kuba igicumbi cy’impano z’umukino wa Volleyball aho benshi mu bahanyuze bakomeje guteza imbere Siporo na Volleyball by’umwihariko mu Rwanda
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryashyize ahagaragara urutonde rw’abakinnyi, abatoza n’abasifuzi bazakurwamo abahize abandi muri Shampiona y’icyiciro cya mbere 2016/2017