Mu mukino ubanza wa CAF Champions League wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, APR FC na Etoile Sportive du Sahel zinganyije igitego 1-1
Mu mukino wa nyuma wa Shampiyona y’icyiciro cya kabiri wabaye kuri uyu wa Gatanu, Gicumbi FC yegukanye igikombe itsinze Etoile de l’Est.
Mu mukino wa gicuti wahuje Rayon Sports FC na Nyanza FC wabereye mu karere ka Nyanza, amakipe yombi yanganyije ibitego 2-2.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, arasaba abayobozi b’uturere dufite amakipe kuyashyigikira agatera imbere, mu rwego rwo kuzamura impano z’abana mu turere no guha abaturage ibyishimo.
Ikipe ya Etoile de l’Est itsinze Amagaju mu mukino wa 1/2 wabereye mu kKrere ka Ngoma, ihita ibona itike y’icyiciro cya mbere.
Umukinnyi Neymar da Silva Santos Junior wamamaye mu mupira w’amaguru, yavuze ko igikombe cy’Isi cya 2022 kizabera muri Qatar ari cyo ashobora gusezereraho gukinira ikipe y’Igihugu cye cya Brazil.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rubavu iratangaza ko mu ijoro ryo ku itariki ya 10 Ukwakira 2021 yafashe abakinnyi barindwi bo mu ikipe ya Etincelles.
Mu irushanwa rya Handball ikinirwa ku mucanga yaberaga mu karere ka Rubavu, yasojwe amakipe ya Police HC na UR Rukara ari zo zegukanye ibikombe
Umukino w’umupira w’amaguru wahuzaga u Rwanda na Uganda kuri iki Cyumweru tariki 10 Ukwakira 2021 urangiye ikipe y’umupira w’amaguru ya Uganda itsinze u Rwanda igitego kimwe ku busa.
Umukino w’umupira w’amaguru wahuzaga u Rwanda na Uganda kuri uyu wa Kane tariki 07 Ukwakira 2021 urangiye ikipe y’umupira w’amaguru ya Uganda itsinze u Rwanda igitego kimwe ku busa.
Rutahizamu w’ikipe ya Chelsea FC n’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru y’u Budage, Timo Werner, kuva yagera muri iyi ikipe ya Chelsea amaze gutsinda ibitego 16 byose, ariko ikoranabuhanga rizwi nka VAR rifasha mu gusesengura bimwe mu bibera mu kibuga cy’umupira rikabyanga.
Umunyabigwi uzwi cyane mu mukino w’Iteramakofe (boxing) Manny Pacquiao yasezezeye kuri uwo mukino burundu, nk’uko yabyitangarije mu mashusho yashyize ku rubuga rwe rwa Facebook.
Nyuma y’umukino ikipe ya Rayon Sports yatsinzwemo na Gorilla FC igitego 1-0, umutoza Masudi Juma yatangaje ko ikipe ikomeza kugerageza abandi bakinnyi ishobora gusinyisha abandi bagasezererwa
Abakinnyi bakomoka muri Maroc ikipe ya Rayon Sports iheruka gutizwa na RAJA Cassablanca, bakoze imyitozo yabo ya mbere mu Rwanda
Umukinnyi Muhire Kevin wari umaze iminsi aganira n’ikipe ya Rayon Sports ngo abe yakongera kuyisinyira andi masezerano, yamaze gutangira imyitozo hamwe n’abandi
Clement Hirana ni umunyarwanda w’imyaka 32 uba mu gihugu cy’u Bufaransa. Aherutse gukora amateka ku nshuro ya mbere yaritabira amarushanwa mpuzamahanga yo kubaka umubiri (Bodybuilding).
Umutoza w’ikipe y’igihugu "Amavubi" Mashami Vincent, yahamagaye abakinnyi 36 batangira umwiherero wo gutegura imikino ibiri izahuza u Rwanda na Uganda
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame ni umwe muri za miliyoni z’abafana b’Ikipe ya Arsenal hirya no hino ku Isi, baraye bashimishijwe n’intsinzi y’iyo Kipe yatsinze Ikipe ya Tottenham Hotspurs, ku Cyumweru tariki 26 Nzeri 2021, ikayitsinda ibitego bitatu kuri kimwe (3-1).
Mu mukino wa gicuti wabereye mu karere ka Musanze, ikipe ya Rayon Sports yahatsindiye Musanze FC igitego 1-0
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yamaze gusinyisha umukinnyi AIT LAHSSAINE AYOUB usanzwe ukinira ikipe ya Raja Cassablanca yo muri Maroc
kipe ya REG BBC nyuma yo kwihuza n’Ubumwe Basketball Club yiyemeje kuba ikipe ihatanira ibikombe mu Rwanda no ku rwego mpuzamahanga
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare ku isi ryatoranyije u Rwanda nk’igihugu kizakira shampiyona y’amagare ku isi, aho rwari rubihanganiye na Maroc
Ikipe ya Rayon Sports ikomeje imyitozo yo gutegura umwaka w’imikino wa 2021/2022, ifite abakinnyi bakomeje gukoramo igeragezwa harimo n’aba batoza abamaze gushima
Ikipe ya Kiyovu Sports ni imwe mu makipe yo mu Rwanda akomeje kwiyubaka, aho ubu yamaze gusinyisha rutahizamu Pinoki Vuvu Patshelli ukomoka muri Congo.
Ikipe ya Rayon Sports ikomeje imyitozo yitegura umwaka w’imikino wa 2021/2022, aho kuri uyu wa Gatanu ikina umukino wa mbere wa gicuti na Musanze FC.
Mu gikombe cya Afurika cya Volleyball cyaberaga mu Rwanda, mu bagore Cameroun yegukanye igikombe itsinze Kenya
Ikipe ya APR FC itsinze Mogadishu City Club yo muri Somalia ibitego 2-1, mu mukino wo kwishyura wa CAF Champions League wabereye i Kigali
Minisiteri ya Siporo y’u Rwanda yatangaje ko igikombe cya Afurika cya Volleyball kiza gukomeza hatarimo u Rwanda mu gihe hagikorwa iperereza ku kirego cyatanzwe
Mu mukino wo kwishyura wa CAF Confederation Cup wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, AS Kigali ihanyagiriye iyo muri Comores ibitego 6-0.