Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije myugariro Uwumukiza Obed wari umaze umwaka n’igice muri Mukura VS.
Ikipe y’Amagaju FC ibanziriza iya nyuma ku rutonde rwa shampiyona yongeye gusinyisha Destin Malanda wari umaze umwaka akinira Mukura VS.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatsinze Zambia ibitego 34-26 mu mukino wa kabiri wo guhatanira imyanya mu Gikombe cya Afurika cya Handball kiri kubera mu Rwanda kuva tariki 21 Mutarama 2026.
Ikipe ya Rayon Sports irifuza abakinnyi batatu ba Mukura VS barimo myugariro w’iburyo Uwumukiza Obed, Iradukunda Elie Tatou usatira anyuze ku mpande na Joseph Sackey ukina hagati yugarira.
Ikipe ya Police FC yatije Mugisha Didier ukina asatira anyuze ku ruhande muri Rayon Sports.
Umutoza Imurora Japhet wabaye umutoza wungirije muri Musanze FC baheruka gutandukana bisabye kungwa na FERWAFA yasinyiye Amagaju FC nk’ushinzwe ubuzima bwa buri munsi bw’abakinnyi n’umutoza wungirije.
Kuri iki Cyumweru, ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatsinze Uganda ibitego 37-27 mu mukino wa President’s Cup mu guhatanira umwanya wa cyenda mu Gikombe cya Afurika cya Handball 2026 nyuma yo kunanirwa kugera muri 1/4.
Shampiyona ya volleyball umunsi wa 11 usize ikipe ya REG VC itsinze POLICE idakozemo naho EAUR yongera kwizirika kuri APR.
Ikipe ya Mukura VS yanganyije na Rayon Sports igitego kimwe kuri kimwe mu mukino w’umunsi wa 15 wa Rwanda Premier League wabereye Kuro Stade ya Akarere ka Muhanga.
Kuri uyu wa Kane, ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yatsinzwe na Algeria ibitego 46-25 mu mukino wa kabiri w’Igikombe cya Afurika 2026 kiri kubera mu Rwanda.
Ikipe ya Police FC yasinyishije abakinnyi bane barimo Nshimirimana Ismael Pitchou wakiniye APR FC na Kiyovu Sports.
Kuri uyu wa Kane, Ikipe ya Gasogi United yasinyanye amasezerano afite agaciro ka miliyari 1,453,000,000 mu myaka itanu n’umufatanyabikorwa mushya Jayrutty Investment Limited yo muri Tanzania uzajya anayiha n’ibikoresho birimo imyambaro.
Kuri uyu wa Gatatu, mu Rwanda hatangiye Igikombe cya Afurika cya Handball 2026 mu bagabo, ikipe y’u Rwanda yatangiye itsinda Zambia ibitego 30-19 mu mukino wabereye muri BK Arena hanatangirijwe iri rushanwa ku mugaragaro na Minisitiri wa Siporo Nellly Mukazayire.
Ikipe ya Rayon Sports yanganyirije na Al Merrikh SC ibitego 2-2 mu mukino wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Gatatu.
Umusifuzi wo ku ruhande Jabo Aristote wanze igitego cyatsinzwe na APR FC mu mukino wa shampiyona yanganyijemo na Al Merrikh yahagaritswe imikino ine adasifura.
Ikipe ya RGP yegukanye Igikombe cya shampiyona Biyari ’Rwanda Cue Kings Championship’ yakinwaga ku nshuro ya gatatu aho yahigitse amakipe 15 yari yitabiriye arimo Drums yari imaze kuyitwara inshuro ebyiri.
Serumogo Ally wakiniraga Rayon Sports na Shaban Hussein Tshabalala wakiniraga Musanze FC berekanywe n’ikipe ya El Merriekh FC Bentiu nk’abakinnyi bayo bashya.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amagaru mu Rwanda n’Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda bamaganye abafana ba APR FC bakoze ibisa n’imyigaragambyo nyuma y’umukino banganyijemo na Al Merrikh SC 0-0 kubera kutishimira imisifurire.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko amarushanwa Umurenge Kagame Cup, azakomeza kugira uruhare mu kurwanya akarengane, umuturage agakomeza guhabwa serivisi nziza kandi imunogeye mu nzego z’ubuyobozi.
Kuri iki Cyumweru, hasojwe Igikombe cya Afurika 2025 cyaberaga muri Maroc cyegukanywe na Senegal itsindiye iki gihugu cyakiriye igitego 1-0, mu mukino wa nyuma, wagaragayemo impaka bitewe na penaliti yahawe Morocco, abakinnyi ba Senagal bakava mu kibuga umukino ugahagarara iminota 16.
Ikipe ya APR FC yanganyirije na Al Merrikh SC 0-0 mu mukino w’umunsi wa 15 wa shampiyona wabereye muri Stade Amahoro kuri iki Cyumweru, ugasozwa n’impaka zatewe n’igitego cya APR FC cyanzwe.
Ikipe ya Gisagara volleyball yongeye kurikoroza nyuma yo gutsinda APR VC ivuye inyuma imbere y’abafana ibihumbi bari i Gisagara.
Ikipe ya Rayon Sports yatandukanye na kapiteni wayo Serumogo Ally nyuma y’uko asabiwe n’abafana gusimbuzwa mu mukino iyi kipe yanyagiwemo na Al Hilal SC kuri uyu wa Gatandatu, yasimbuzwa bakamuvugiriza induru.
Ikipe ya Al Hilal Sports Club yatsinze ikipe ya Rayon Sports ibitego 4-0 mu mikino y’inyongera y’umunsi wa 15, ikomeza gutanga isomo rya ruhago ku makipe akina shampoyona y’icyiciro cya mbere hano mu Rwanda, maze abafana ba Rayon Sports bakomera amashyi abakinnyi b’iyi kipe.
Muri weekend ishize, habaye byinshi byo kwishimira; hari imyidagaduro yazanywe na IshowSpeed ukunzwe n’abatari bacye muri iyi si ya Rurema, kuko nasanze n’abana bato bamuzi kundusha. Ariko hari n’ibindi byinshi byabaye ku bakunda kwidagadura.
Shampiyona ya volleyball umunsi wa 10 watangiranye itsinzi ya Kepler VC naho Police y’abagore yongera gutanga ubutumwa kuri RRA.
Kuri uyu wa Kane, Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahuye n’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura igikombe cya Afurika cya kizabera mu Rwanda kuva tariki 21 kugera tari 31 Mutarama 2026 abaha impanuro n’inshingano yo guhagararira Igihugu neza.
Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watoje Rayon Sports n’Umwongereza Mark Harrison n’Umunyarwanda Mateso Jean de Dieu uzungiriza umwe muri bo, bari mu batoza bashobora gutoza Amagaju FC aheruka gutandukana n’abatoza bayo bose.
Ikipe y’igihugu ya Senegal na Morocco zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika cya 2025 kiri kubera muri Maroc nyuma yo gusezerera Misiri na Nigeria muri 1/2.
Ikipe ya Etincelles FC ishobora gutandukana n’umutoza Masudi Djuma nyuma y’ubwumvikane bucye hagati ye n’abakinnyi bamusabiye ko yakwirukanwa.