Kuri uyu wa kabiri tariki 22/10/2013, AS Kigali yaraye ku mwanya wa mbere by’agateganyo nyuma yo gutsinda Marine igitego 1-0, naho Mukura itsinda Gicumbi FC igitego 1-0.
Mu rwego rwo kunoza imikorere no kugera neza ku nshingano aba yariyemeje, amashyirahamwe y’imikino mu Rwanda agiye kujya asinyira imihigo imbere y’Ishyirahamwe ry’imikino Olympique mu Rwanda (RNOC), kugirango hajye hanabaho uburyo bw’igenzura ry’imikorere.
Shampiyona y’u Rwanda y’umupira w’amaguru irakomeza kuri uyu wa kabiri tariki 22/10/2013, aho AS Kigali ikina na Marine FC kuri Stade ya Kigali i Nyamiramb, naho Gicumbi FC ikaza kwakira Mukura Victory Sport i Gicumbi.
Ikipe za APR Volleyball Club mu bagabo no mu bagore nizo zegukanye ibikombe bya ‘Carré d’ AS’, nyuma yo gutsinda Kaminuza y’u Rwanda (UNR) na Rwanda Revenue Authority ku mukino wa nyuma wabereye kuri Stade ntoya i Remera ku cyumweru tariki ya 20/10/2013.
Mu mikino y’umunsi wa gatatu wa shampiyona yabaye ku cyumweru tariki ya 20/10/2013, Rayon Sport yafashe umwanya wa mbere nyuma yo gutsinda bigoranye AS Muhanga igitego 1-0, naho Police FC itungurwa na Musanze FC itsindwa igitego 1-0.
Alexis Nzeyimana mu bagabo na Epiphanie Nyirabarame mu bagore, nibo begukanye imyanya ya mbere mu gusiganwa ku maguru muri MTN Kigali Half Marathon yabaye ku cyumweru tariki 20/10/2013.
Arsenal ikomeje kuza ku isonga muri shampiyona yo mu Bwongereza nyuma yo kunyagira Norwich City ibitego 4-1, mu gihe mukeba wayo Manchester United ikomeje kugira intangiro mbi za shampiyona nyuma yo kunganya na Southampton igitego 1-1 mu rugo Old Trafford.
Nyuma y’icyumweru kimwe gusa Kaminuza y’u Rwanda itwaye igikombe cya shampiyona nyuma yo gutsinda APR VC amaseti 3-0 ku mukino wa nyuma wa ‘Play off’, aya makipe arongera ahure ku mukino wa nyuma wa ‘Carré d’As’ kuri icyi cyumweru tariki 20/10/2013 kuri Stade ntoya i Remera.
AS Kigali ku kibuga cyayo kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo yahatsindiye APR FC igitego 1-0 mu mukino wabaye kuri uyu wa gatandatu tariki 19/10/2013, naho Espoir FC ifata umwanya wa mbere by’agateganyo nyuma yo gutsinda Marine ibitego 2-1.
Kiyovu Sport, idafite umutoza wayo mukuru Kanyankore Yaoundé, irakina umukino wayo wa gatatu wa shampiyona na Gicumbi FC kuri uyu wa gatandatu tariki ya 19/10/2013 kuri Stade ya Mumena, ikaba ishaka intsinzi yayo ya mbere nyuma yo kunganya imikino ibiri yikurikiranya.
Mu gihe umuyobozi w’akarere ka Rwamagana aherutse gutangaza ko muri ako karere hagiye gushyirwaho umugenzuzi uzakurikirana uko abakozi ba Leta bitabira siporo bakora kuwa gatanu nyuma ya saa sita, abakozi bavuganye na Kigali Today bayitangarije ko bitazaborohera kubahiriza ayo mabwiriza.
Ku rutonde ngarukakwezi rw’ishyirahamwe ry’umumpira w’amaguru ku isi - FIFA, rugaragaza uko amakipe y’ibihugu muri ruhago akurikirana ku isi, u Rwanda rwazamutseho imyanya ibiri, ruva ku mwanya wa 131 rugera ku mwanya wa 129.
Ikipe y’igihugu ya Ghana, nyuma yo kunyangira Misiri ibitego 6-1, mu mukino ubanza w’amajonjora ya nyuma yo kujya mu gikombe cy’isi wabaye ku wa kabiri tariki 15/10/2013, amahirwe yayo yo kujya mu gikombe cy’isi muri Brazil 2914 yamaze kwiyongera cyane.
Nyirimana Fidèle watozaga ikipe ya Kaminuza y’u Rwanda ya Volleyball na Bagirishya Jean de Dieu wari umwungirije, nibo bagizwe abatoza bashya b’ikipe nshya ya Volleyball ‘Rayon Sport Volleyball Club’ ikazanakina shampiyona itaha.
Kuva ku cyumweru tariki 13/10/2013, i Kigali harimo kubera amahugurwa y’abarimu 30 b’abasifuzi (Instructeurs d’Arbitres de Football), baturutse mu bihugu 10 bya Afurika bikoresha ururim rw’Igifaransa.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) ryamaze gutangaza urutonde ntakuka rw’amakipe 16 azitabira isiganwa ry’amagare ngarukamwaka ‘Tour du Rwanda’ izaba kuva tariki 17-24/11/ 2013, nyuma y’aho ayo makipe yose nayo amariye kubyemeza.
Ikipe ya Espoir Basketball Club yongeye guca agahigo ko kwegukana igikombe cya shampiyona yikurikiranya kandi idatsinzwe na rimwe, ikaba yakoze ayo mateka ubwo yatsindaga Rusizi BBC, amanota 83-37 mu mukino wa nyuma wa shampiyona wabereye i Rusizi ku cyumweru tariki 13/10/2013.
Ikipe ya Volleyball Kaminuza y’u Rwanda mu bagabo, yihimuye kuri mukeba wayo APR VC iyitsinda amaseti 3-0 ku mukino wa nyuma w’imikino ya Play off isoza shampiyona wabereye kuri Stade ntoya i Remera ku cyumweru tariki 13/10/2013.
Ikipe y’igihugu y’Ubudage niyo yegukanye igikombe cy’isi mu mukino wa Sitball nyuma yo gutsinda u Rwanda ibitego 49-47 ku mukino wabereye kuri Stade ntoya i Remera ku wa gatandatu tariki 12/10/2013.
Ikipe y’u Rwanda ya sitball niyo iri ku mwanya wa mbere mu mikino y’igikombe cy’isi irimo kubera mu Rwanda, ikaba yafashe umwanya wa mbere kuri uyu wa gatandatu nyuma yo kwigaragaza igatsinda imikino myinshi yakinnye.
Nk’uko byemejwe mu masezerano y’ubufatanye Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryagiranye n’ibitaro bya Kanombe, kuri uyu wa gatandatu ndetse no ku cyumweru ibyo bitaro bizakora igikorwa cyo gupima abakinnyi bakina mu cyiciro cya mbere mu Rwanda.
Kuva tariki 10-13/10/2013, i Kigali harimo kubera inama mu byiciro bitandukanye by’impuzamashyirahamwe y’imikino Olympique muri Afurika (ANOCA), zikaba zigamije gushaka uko imikino yatera imbere muri Afurika.
Shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda ntabwo izakina mu mpera z’icyi cyumweru nk’uko byari bisanzwe, kubera ko uzaba ari umunsi amakipe y’ibihugu hirya no hino ku isi azaba akina imikino yo guhatanira itike yo kuzajya mu gikombe cy’isi kizabera muri Brazil muri 2014.
Mu gikombe cy’isi cy’umukino wa Sitball kizabera i Kigali kuva tariki 11-13/10/2013, u Rwanda ruzatangira irushanwa rukina na Kenya kuri Stade ntoya i Remera guhera saa cyenda z’amanywa.
APR Volleyball Club na Kaminuza y’u Rwanda (NUR) mu bagabo zigiye kongera guhurira ku mukino wa nyuma mu irushanwa rihuza amakipe ane ya mbere muri shampiyona (Playoff), aho ikipe ibaye iya mbere ihita yegukana igikombe cya shampiyona.
APR FC niyo iyoboye andi makipe ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona y’u Rwanda, nyuma yo gutsinda Esperance ibitego 2-0 mu mukino w’umunsi wa kabiri wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku cyumweru tariki ya 6/10/2013.
Ubuyobozi bw’umupira w’amaguru muri Kenya butangaza ko bwiteguye kwakira irushanwa rya CECAFA rizaba mu kandi biteguye ko rizagenda neza kuko nta kibazo cy’umutekano muke kizaboneka ku mahoteli abakinnyi n’ababaherekeje bazacumbikirwamo ndetse no ku bibuga.
Umukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona y’u Rwanda wari utegerejwe cyane hagati ya Kiyovu Sport na mukeba wayo Rayon Sport warangiye ari nta kipe ibashije kubona igitego, mu gihe AS Kigali yatsindiwe i Rusizi na Espoir FC ibitego 2-1.
Shampiyona ya Volleyball irasozwa mu mpera z’icyi cyumweru hakinwa imikino ya ‘Play Off’ ihuza amakipe ane ya mbere mu bagabo n’ane ya mbere mu bagore, ikipe izaba iya mbere ikazaba ari nayo yegukana igikombe cya shampiyona y’uyu mwaka.
Ikipe ya Rayon Sport na Kiyovu Sport, amwemu makipe akuze kandi ahora ahanganye mu Rwanda, arakina umukino wazo wa gatatu mu gihe cy’ukwezi kumwe, mu mukino wa shampiyona w’umunsi wa kabiri ubera kuri Stade Amahoro i Remera kuri uyu wa gatandatu tariki ya 5/10/2013.