Niba utuye i Kigali byagutangaza kumva ko umuceri n’ibishyimbo (cyangwa irindi funguro) bisigara ku isahani iyo urangije gufungura, bikusanyirizwa i Nduba buri munsi bikarenga toni 200, ni ukuvuga ibiro ibihumbi magana abiri (200,000kg).
Ubuyobozi bwAakarere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, buvuga ko burimo kureba icyakorwa ngo abaturage bahinga mu ishyamba kimeza rya Kibirizi barikurwemo, risubiranywe mu rwego rwo kurengera ibidukikije.
Umuryango utabara imbabare Croix Rouge y’u Rwanda uratangaza ko ugiye gutera ibiti ibihumbi 11 mu rwego rwo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe kugabanya ingaruka z’ibiza.
Imyanda n’ibishingwe biva mu mijyi ni kimwe mu bihangayikishije isi n’u Rwanda by’umwihariko, bitewe n’ingaruka bigira mu kwangiza ibidukikije, kubangamira abantu ndetse no guteza Leta igihombo.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yashimye abakozi ba Pariki kubera ubwitange bubaranga mu kazi kabo ko kubungabunga ibinyabuzima bibamo, by’umwihariko ingagi.
Imyaka 35 irashize hatangijwe ingamba zo kurengera no kurwanya iyangirika ry’akayunguruzo k’imirasire y’izuba, ingamba zatangijwe n’isinywa ry’amasezerano ya Montreal yo kurengera ako kayunguruzo yasinywe mu mwaka wa 1987, umwanya wabaye mwiza mu kurengera isi n’abayituye.
Ikigo cy’Igihugu cyita ku Bidukikije (REMA) kimaze iminsi mu igenzura ngo kirebe abagikoresha n’abacuruza amasashe, bafatwe ndetse babihanirwe kuko binyuranyije n’itegeko ryo kurengera ibidukikije.
Mu kibuga cyo ku biro by’Umurenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, Kampani Enviroserve yahashyize kontineri izajya ishyirwamo ibikoresho by’ikoranabuhanga (electronic) abantu batacyifashisha.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Mine, Gaz na Peteroli butangaza ko ibyabaye ku mashyuza mu Karere ka Rusizi bitatewe n’imitingito ahubwo byatewe n’imiterere y’amashyuza n’amabuye yaho, byakwiyongera ku ntambi zaturitse bigatuma amazi atemba.
Polisi ikorera mu Karere ka Ngoma mu Murenge wa Rukumberi, tariki ya 23 Kanama 2020 yafashe uwitwa Ndagijimana Ildephonse amaze gutema ibiti 14 mu ishyamba rya Leta agiye kubitwikamo amakara.
Urubyiruko rwishyize hamwe mu Budage rukabyaza ibishingwe umusaruro rwoherereje inkunga urubyiruko rwo mu Rwanda, runarushishikariza kubyaza inyungu ibishingwe mu rwego rwo kurengera ibidukikije no kurwanya ubukene.
Nyuma y’icibwa ry’amasashi (bitewe n’uko yangiza ibidukikije), hagiyeho ibipfunyika (envelopes) bikozwe mu mpapuro zisa na kaki, ndetse haza no kwaduka abapfunyika mu mpapuro zisanzwe zanditseho.
Minisitiri w’Ibidukikije Dr. Jeanne d’Arc Mujawamariya kuri uyu wa Gatanu aritaba inteko ishinga amategeko y’u Rwanda kugira ngo atange ibisobanuro imbonankubone ku bibazo bivugwa mu mikoreshereze y’ubutaka, ibishanga, amashyamba, imicungire y’amazi n’ibindi.
Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe umutungo kamere w’ amazi mu Rwanda ( RWB), Ngabonziza Prime, avuga ko mu myaka itatu iri imbere ibiza biterwa n’umugezi wa Sebeya bizaba bitangiye kuba amateka.
Kuva kera imisambi yari ifite igisobanuro mu muco nyarwanda, ikubahwa ndetse ikaba yarafatwaga nk’ikirango cy’imwe mu miryango ikomeye, aho yasobanuraga amahoro no kuramba, ariko ikaba ari n’inyoni ibereye ijisho.
Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imiturire (Rwanda Housing Authority - RHA) kivuga ko impamvu igishushanyo mbonera cy’Umujyi wa Kigali n’indi itandatu iwunganira bitarajya ahagaragara, hagitegerejwe igishushanyo mbonera cy’Igihugu cyose.
Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Mujawamariya Jeanne d’Arc, asaba Abaturarwanda kurekera buri kinyabuzima cyose ubuturo bwacyo, mu rwego rwo kwirinda ibyorezo n’ibiza birimo kwibasira isi n’u Rwanda by’umwihariko.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwahaye iminsi irindwi (7) uhereye kuri uyu wa 16 Kamena 2020, abagifite ibikorwa mu bishanga byo muri uwo mujyi by’umwihariko ahahoze ari icyanya cy’inganda i Gikondo, ko baba babikuyemo bitaba ibyo bigatezwa cyamunara.
Umuryango utari uwa Leta wita ku bidukikije WWF (World Wide Fund) uvuga ko amashyamba yangiritse ku kigero cya 150% mu gihe isi yose yari yugarijwe n’Icyorezo cya Covid-19 ku buryo ubuso burenga hegitari ibihumbi 654 bw’amashyamba bwangiritse.
Ingaga z’abikorera mu Rwanda no mu Butaliyani zigiye gukorana mu gihe kiri mbere hagamijwe kuzamura ishoramari ritangiza ibidukikije, nk’uko ibihugu byombi bikomeje kureba ahari amahirwe yo gushoramo imari mu nzego zitandukanye hagamijwe iterambere rirambye.
Abaturage bo mu Karere ka Gicumbi baravuga ko batangiye kwikura mu bukene babikesha ibikorwa bikomatanyije bagiramo uruhare byo kubungabunga ibidukikije, binyuze muri gahunda yitwa ‘Green Gicumbi’.
Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Mujawamariya Jeanne D’Arc, yashimye uruhare rw’Abanyarwanda n’Abafatanyabikorwa, bakomeje kubungabunga imigezi ibishanga n’ibiyaga kera byafatwaga nk’aho kujugunya umwanda.
Kuri uyu wa Mbere tariki 25 Gicurasi 2020 mu kibaya cya Mugogo kiri mu Kagari ka Gisesero, Umurenge wa Busogo mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru, hatangijwe umushinga wo kukibungabunga, nyuma y’uko cyari cyarangijwe n’ibiza, bituma abagihingaga n’abari bagituyemo bakurwa mu byabo.
Komisiyo y’u Rwanda ikorana n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Ubumenyi n’Umuco(UNESCO), iyi komisiyo ikaba yitwa CNRU(mu mpine), irasaba urubyiruko rw’abanyeshuri kubungabunga ibyanya bikomye bya Gishwati-Mukura n’ishyamba ry’Ibirunga.
Ikigo cy’Igihugu Kibungabunga Ibidukikije (REMA) kiravuga ko mu gihe udupfukamunwa twakoreshejwe tudacunzwe neza, ngo bishobora guhumanya ibidukikije muri rusange no gukomeza gukwirakwiza indwara zirimo icyorezo Covid-19.
Mu gihe imihanda itari gukoreshwa cyane muri ibi bihe imirimo myinshi yahagaze mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Coronavirus cyugarije isi, imihanda imwe n’imwe mu Ntara y’Amajyaruguru ikomeje kwangizwa n’ibiza by’imvura, aho imwe muri yo isaba ingengo y’imari nini ya Leta ngo ibashe gutunganywa.
Imwe mu mishanga igamije kurwanya isuri ijyana ubutaka mu Mugezi wa Sebeya, harimo guca amaterasi, no kwita ku binyabuzima biri hafi y’umugezi wa Sebeya, yatangiye kongera gukora bigarura icyizere ku baturage baturiye uwo mugezi kuko imvura yo muri uku kwezi kwa Mata ikomeje kwiyongera.
Tariki 22 Mata, ni umunsi mpuzamahanga wahariwe isi abantu batuyeho. Ubu urizihizwa ku nshuro ya 50 nubwo ibikorwa bisanzwe biwukorwaho byinshi bitabaye nk’uko bisanzwe kuko isi yugarijwe n’icyorezo cya Coronavirus.
Ubuyobozi bw’ikigo gikurikirana ubudahungabana bw’ikiyaga cya Kivu ‘LKMP’ butangaza ko bukomeje gukurikiranira hafi umutekano w’ikiyaga cya Kivu nubwo iki kigo kitari mu byemerewe gukora.
Ibikorwa bya muntu, biza ku isonga mu gutuma ikirere gihumana. Ikigo gishinzwe iby’ubumenyi nw’ikirere gikorera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (NASA), cyerekanye ukuntu ikirere cya Wuhan, mu gihugu cy’u Bushinwa, ari naho hatangiriye icyorezo cya COVID-19, ndetse no mu Butaliyani, igihugu cyibasiwe cyane na COVID-19, (…)