Mu kibuga cyo ku biro by’Umurenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, Kampani Enviroserve yahashyize kontineri izajya ishyirwamo ibikoresho by’ikoranabuhanga (electronic) abantu batacyifashisha.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Mine, Gaz na Peteroli butangaza ko ibyabaye ku mashyuza mu Karere ka Rusizi bitatewe n’imitingito ahubwo byatewe n’imiterere y’amashyuza n’amabuye yaho, byakwiyongera ku ntambi zaturitse bigatuma amazi atemba.
Polisi ikorera mu Karere ka Ngoma mu Murenge wa Rukumberi, tariki ya 23 Kanama 2020 yafashe uwitwa Ndagijimana Ildephonse amaze gutema ibiti 14 mu ishyamba rya Leta agiye kubitwikamo amakara.
Urubyiruko rwishyize hamwe mu Budage rukabyaza ibishingwe umusaruro rwoherereje inkunga urubyiruko rwo mu Rwanda, runarushishikariza kubyaza inyungu ibishingwe mu rwego rwo kurengera ibidukikije no kurwanya ubukene.
Nyuma y’icibwa ry’amasashi (bitewe n’uko yangiza ibidukikije), hagiyeho ibipfunyika (envelopes) bikozwe mu mpapuro zisa na kaki, ndetse haza no kwaduka abapfunyika mu mpapuro zisanzwe zanditseho.
Minisitiri w’Ibidukikije Dr. Jeanne d’Arc Mujawamariya kuri uyu wa Gatanu aritaba inteko ishinga amategeko y’u Rwanda kugira ngo atange ibisobanuro imbonankubone ku bibazo bivugwa mu mikoreshereze y’ubutaka, ibishanga, amashyamba, imicungire y’amazi n’ibindi.
Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe umutungo kamere w’ amazi mu Rwanda ( RWB), Ngabonziza Prime, avuga ko mu myaka itatu iri imbere ibiza biterwa n’umugezi wa Sebeya bizaba bitangiye kuba amateka.
Kuva kera imisambi yari ifite igisobanuro mu muco nyarwanda, ikubahwa ndetse ikaba yarafatwaga nk’ikirango cy’imwe mu miryango ikomeye, aho yasobanuraga amahoro no kuramba, ariko ikaba ari n’inyoni ibereye ijisho.
Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imiturire (Rwanda Housing Authority - RHA) kivuga ko impamvu igishushanyo mbonera cy’Umujyi wa Kigali n’indi itandatu iwunganira bitarajya ahagaragara, hagitegerejwe igishushanyo mbonera cy’Igihugu cyose.
Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Mujawamariya Jeanne d’Arc, asaba Abaturarwanda kurekera buri kinyabuzima cyose ubuturo bwacyo, mu rwego rwo kwirinda ibyorezo n’ibiza birimo kwibasira isi n’u Rwanda by’umwihariko.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwahaye iminsi irindwi (7) uhereye kuri uyu wa 16 Kamena 2020, abagifite ibikorwa mu bishanga byo muri uwo mujyi by’umwihariko ahahoze ari icyanya cy’inganda i Gikondo, ko baba babikuyemo bitaba ibyo bigatezwa cyamunara.
Umuryango utari uwa Leta wita ku bidukikije WWF (World Wide Fund) uvuga ko amashyamba yangiritse ku kigero cya 150% mu gihe isi yose yari yugarijwe n’Icyorezo cya Covid-19 ku buryo ubuso burenga hegitari ibihumbi 654 bw’amashyamba bwangiritse.
Ingaga z’abikorera mu Rwanda no mu Butaliyani zigiye gukorana mu gihe kiri mbere hagamijwe kuzamura ishoramari ritangiza ibidukikije, nk’uko ibihugu byombi bikomeje kureba ahari amahirwe yo gushoramo imari mu nzego zitandukanye hagamijwe iterambere (...)
Abaturage bo mu Karere ka Gicumbi baravuga ko batangiye kwikura mu bukene babikesha ibikorwa bikomatanyije bagiramo uruhare byo kubungabunga ibidukikije, binyuze muri gahunda yitwa ‘Green Gicumbi’.
Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Mujawamariya Jeanne D’Arc, yashimye uruhare rw’Abanyarwanda n’Abafatanyabikorwa, bakomeje kubungabunga imigezi ibishanga n’ibiyaga kera byafatwaga nk’aho kujugunya umwanda.
Kuri uyu wa Mbere tariki 25 Gicurasi 2020 mu kibaya cya Mugogo kiri mu Kagari ka Gisesero, Umurenge wa Busogo mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru, hatangijwe umushinga wo kukibungabunga, nyuma y’uko cyari cyarangijwe n’ibiza, bituma abagihingaga n’abari bagituyemo bakurwa mu (...)
Komisiyo y’u Rwanda ikorana n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Ubumenyi n’Umuco(UNESCO), iyi komisiyo ikaba yitwa CNRU(mu mpine), irasaba urubyiruko rw’abanyeshuri kubungabunga ibyanya bikomye bya Gishwati-Mukura n’ishyamba ry’Ibirunga.
Ikigo cy’Igihugu Kibungabunga Ibidukikije (REMA) kiravuga ko mu gihe udupfukamunwa twakoreshejwe tudacunzwe neza, ngo bishobora guhumanya ibidukikije muri rusange no gukomeza gukwirakwiza indwara zirimo icyorezo Covid-19.
Mu gihe imihanda itari gukoreshwa cyane muri ibi bihe imirimo myinshi yahagaze mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Coronavirus cyugarije isi, imihanda imwe n’imwe mu Ntara y’Amajyaruguru ikomeje kwangizwa n’ibiza by’imvura, aho imwe muri yo isaba ingengo y’imari nini ya Leta ngo ibashe (...)
Imwe mu mishanga igamije kurwanya isuri ijyana ubutaka mu Mugezi wa Sebeya, harimo guca amaterasi, no kwita ku binyabuzima biri hafi y’umugezi wa Sebeya, yatangiye kongera gukora bigarura icyizere ku baturage baturiye uwo mugezi kuko imvura yo muri uku kwezi kwa Mata ikomeje (...)
Tariki 22 Mata, ni umunsi mpuzamahanga wahariwe isi abantu batuyeho. Ubu urizihizwa ku nshuro ya 50 nubwo ibikorwa bisanzwe biwukorwaho byinshi bitabaye nk’uko bisanzwe kuko isi yugarijwe n’icyorezo cya Coronavirus.
Ubuyobozi bw’ikigo gikurikirana ubudahungabana bw’ikiyaga cya Kivu ‘LKMP’ butangaza ko bukomeje gukurikiranira hafi umutekano w’ikiyaga cya Kivu nubwo iki kigo kitari mu byemerewe gukora.
Ibikorwa bya muntu, biza ku isonga mu gutuma ikirere gihumana. Ikigo gishinzwe iby’ubumenyi nw’ikirere gikorera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (NASA), cyerekanye ukuntu ikirere cya Wuhan, mu gihugu cy’u Bushinwa, ari naho hatangiriye icyorezo cya COVID-19, ndetse no mu Butaliyani, igihugu cyibasiwe cyane na COVID-19, (...)
Izi nyubako zari ziherereye mu gace kamwe zaramenyekanye cyane muri Kigali nk’ahantu ho kwidagadurira cyane cyane mu masaha ya nijoro mu myaka nka makumyabiri ishize. Icyakora kuri ubu aho zimwe zari ziri hasigaye amatongo kuko zakuweho, izindi zikaba zirimo gukurwaho. Intego yo kuzikuraho ni ukuhahindura ahantu hajyanye (...)
Abanyeshuri 80 bo mu rwunge rw’amashuri rwa Bisate mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, bemerewe n’umuryango wa ‘Wilderness Safaris’ inkunga ijyanye n’ibikoresho byose by’amashuri, kandi bakazarihirwa amashuri kugeza ku rwego rwa Kaminuza.
Minisiteri y’Ibidukikije itangaza ko igihe cyahawe abacuruza, abakora, n’abatumiza ibikoresho bya pulasitiki ngo babe babihagaritse cyarangiye, bityo ko abatarabireka bagiye gutangira kubihanirwa nk’uko itegeko nimero 17/2019 ryo ku wa 10 Kanama 2019 (...)
Amakuru aturuka mu buyobozi bw’Uturere twa Ngororero na Ruhango aravuga ko imvura nyinshi yaguye mu matariki ya 02-06 yangije cyane imihanda n’amateme, na hegitari nyinshi z’umuceri.
Ubushakashatsi bwongeye kugaragaza ko ubucukuzi kuri Gaz Methane mu kiyaga cya Kivu nta bibazo buri gutera, ariko busaba Leta y’u Rwanda guhoza ijisho ku bikorwa bikorerwa mu kiyaga cya Kivu.
Minisiteri y’Ibidukikije igiye guha abaturiye Pariki y’Ibirunga akazi mu mushinga wo kubungabunga amazi ava mu Birunga, uzatwara amafaranga y’u Rwanda asaga miliyari 35.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi buratangaza ko abantu icyenda bapfuye mu mezi ane ashize, baguye mu birombe bicukurwamo amabuye y’agaciro n’akoreshwa mu bwubatsi, abandi bane bagakomereka.