U Rwanda rwatoza ibihugu byo mu Muryango w’ibihugu by’Afurika y’Iburasizuba (EAC) politiki nziza zijyanye n’uburinganire n’ubwuzuzanye ndetse n’imiyoborere myiza rwagezeho, mu gihe muri ibyo bihugu usanga bikiri inyuma.
Abakuru b’ibihugu byose bigize umuryango wa Afurika y’uburasirazuba (EAC) hiyongereyeho Sudani y’Epfo na Ethiopia, bahuriye i Kigali kumva imishinga yatangijwe n’u Rwanda, Kenya na Uganda bisanzwe bikoresha umuhora wa ruguru (Northern Corridor), mu nama yateranye kuri uyu wa gatandatu tariki 7/3/2015.
Abaturage batuye mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro batangaza ko batumvaga umuryango uhuza ibihugu by’iburasirazuba (EAC), ariko nyuma y’amahugurwa bahawe ngo bamaze kuwubona ho amakuru ahagije n’inyugu ufitiye igihugu kirimo.
Gusobanukirwa n’Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) ngo bizatuma abaturage b’Akarere ka Rusizi bamenya amahirwe bawufitemo bityo bagure ibikorwa byo kwiteza imbere mu bucuruzi n’ubuhahiranire mu bihugu byose biwugize.
Abayobozi b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’uburasirazuba (EAC), bagaragarije abashoramari mu bikomoka kuri peterori ko uyu muryango ukungahaye kuri uwo mutungo kamere.
Ihuriro ry’imiryango ya Sosiyete Sivile ku rwego rw’Umuryango w’Ibihugu by’Afrika y’iburasirazuba (EACSOF), risobanurira ibyiciro bitandukanye by’Abanyarwanda imikorere y’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba n’inyugu bafite mu kubyaza umusaruro imigenderanire n’ubuhahirane byoroherejwe mu bihugu biwugize.
Abaturage bo mu Karere ka Rusizi baratangaza ko batarasobanukirwa neza akamaro ko kuba u Rwanda rwarinjiye mu muryango w’ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC) kuko ahanini bakunze guhahirana n’abaturanyi babo bo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) kandi bo batabarizwa muri uwo muryango.
Abafatanyabikorwa b’umuryango wa EAC, bagize societe civil, baravuga ko bamwe mu banyarwanda bataramenya zimwe mu nyungu zo kuba mu muryango wa EAC, aha bagatanga urugero ku ikoreshwa ry’urujya n’uruza hifashishijwe indangamuntu. Bakavuga hagikenewe ubukangurambaga buhagije.
Abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) barahurira mu nama ya 16 isanzwe y’abakuru b’ibihugu ibera i Nairobi muri Kenya ku cyumweru tariki 30/11/2014.
Abasirikare 75 baturuka mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba bashinzwe kuyobora abandi basirikare batoya kuri uyu wa 26/11/2014 basoje amahugurwa bakoreraga mu kigo cya gisirikare cya Gabiro giherereye mu karere ka Gatsibo.
Umushinga uhuza abashinzwe iby’ingufu ku rwego rw’isi w’impuguke zo muri Kaminuza ya Cambridge iri mu Bwongereza na Malaysia witwa Smart villages; uvuga ko ingufu z’amashanyarazi ku baturage ari ngombwa mu iterambere ryabo kurusha uko babitekereza, kandi ko bishoboka ko zaboneka biturutse ku bushake bw’abafata ibyemezo no (...)
Ibihugu bitatu bihuriye mu muhora wa ruguru aribyo u Rwanda, Uganda na Kenya byatangiye gahunda yo gushyiraho ingamba zihamye zafasha Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba kugira amahoro n’umutekano, kugira ngo iterambere rirambye bifuza ntirizakomwe mu nkokora.
Abasirikare n’abapolisi u Rwanda rwatanze mu mutwe wo gutabarana aho rukomeye mu bihugu 10 bigize akarere ka Afurika y’uburasirazuba (East African Standby Forces/EASF) ngo baratanga icyezere ko uwo mutwe uzakomera kuko na Kenya nayo yamaze kubatanga.
Perezida wa Senay’u Rwanda, Bernard Makuza, yasabye abari bitabiriye inama yari ihuje abadepite b’Inteko mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’uburasirazuba(EAC) n’ub’umuryango wa bagize EALA n’abandi bafatanyabikorwa, ko hafatirwamo n’ingamba zo kurwanya Jenoside.
Umwe mu badepite bagize inteko ishinga amategeko y’umuryango wa Afurika y’Ibirasirazuba (EALA) arasabirwa gukurwa muri uwo mwanya ashinjwa imyitwarire idahwitse, irimo no gutuka abadepite bagenzi be biganjemo Abanyarwanda.
Abadepite bagize inteko ishinga amategeko y’Umuryango w’ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EALA) bari gukorera imirimo yabo mu Rwanda bafite gahunda yo gukora umushinga w’itegeko rimwe rizagenga amakoperative yose yo mu bihugu bigize aka karere.
Ubwo batangizaga inama ku ishoramari mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’uburasirazuba (EAC), Perezida w’u Rwanda Paul Kagame n’uwa Kenya Uhuru Kenyatta basabye abikorera n’abaturage muri rusange, kuba bakoresha amahirwe amaze kugerwaho mu gushora imari muri ibi bihugu.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame arasaba abatuye ibihugu byo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC) gufungura imipaka y’ibihugu n’iy’ibitekerezo bakacyira abafite ubushobozi bose kandi bakemera gufatanya nabo kuko bahuza imikorere bakanabasha gucyemura imbogamizi zibabuza gutera imbere.
Perezida Paul Kagame uri muri Uganda aho yitabiriye inama ya 7 ku muhora wa ruguru, kuri uyu wa 8 ukwakira 2014 yifatanyije na Perezida Museveni wa Uganda hamwe na Salva Kiir wa Sudani y’Epfo batangiza igice cya mbere cy’umuhanda wa gari ya moshi biteganyijwe ko uzagera mu Rwanda.
Ibihugu bitanu bigize Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) byatangiye kwiga uko hatorwa itegeko rimwe rizagenga amakoperative mu rwego ryo kunoza imikorere n’ubuhahirane hagati y’amakoperative yo mu bihugu by’u Rwanda, Burundi, Uganda, Tanzaniya na Kenya.
Abayobozi b’amashuri makuru ya gisirikare n’intumwa z’ingabo mu muryango w’Afurika y’Iburasizuba (EAC) bateraniye mu Ishuri Rikuru rya RDF riherereye i Nyakinama mu Karere ka Musanze kuva kuri uyu wa mbere tariki 08/09/2014 bagamije kurusha gukomeza imikoranire hagati y’ayo mashuri.
Mu gihe u Rwanda rumaze imyaka irindwi mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba “East African Community” bamwe mu baturage bo mu byaro byo mu karere ka Nyabihu bavuga ko badasobanukiwe n’imikorere y’uyu muryango n’akamaro ubafitiye.
Ba Ministiri bashinzwe ingabo mu bihugu bigize igice cya Afurika y’uburasirazuba byiyemeje gutabarana, bashyize umukono ku masezerano y’uko buri gihugu gitanze ingabo zitwa (Eastern Africa Standby Forces/EASF), abapolisi hamwe n’abasivili, bose hamwe bagera ku bihumbi 5,000.
Ministre w’u Burundi ushinzwe ibikorwa by’umuryango wa Afurika y’uburasirazuba (EAC), Leontine Niyonzima yabwiye itangazamakuru ko icyo gihugu gihagaritse kwitabira inama zo kuganira ku muhora wa ruguru uva ku cyambu cya Mombasa muri Kenya (Northern Corridor); kandi ko nyuma y’amezi atandatu bazasuzuma niba bakwikura muri (...)
Imyiteguro yo gushyiraho uwo mutwe w’ingabo zishinzwe gutabara muri kimwe mu bihugu byo byo mu gace k’iburasirazuba bw’Afurika (EASF) ngo iratanga icyizere ko mu mpera z’uyu mwaka wa 2014 uwo mutwe wa EASF (Eastern Africa Standby Force) uzaba washinzwe, nk’uko byemezwa n’Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Joseph Nzabamwita.
Intara y’Iburasirazuba bw’u Rwanda ndetse n’Intara ya Trans Nzoia yo muri Kenya, zashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye bw’impande zombi azagira umusaruro mu ngeri z’ubuzima bw’imibereho rusange y’abaturage batuye ibi bice byombi byo muri Afurika y’Iburasirazuba.
Abasirikare bakuru 48 bava mu bihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Uburasizuba na Sudani y’Amajyepfo batangiye amasomo ari ku rwego rw’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu bya gisirikare n’umutekano mu Ishuri Rikuru ry’Ingabo z’Igihugu (Rwanda Defence Force Senior Command and Staff College) riri i Nyakinama mu Karere ka (...)
Urubyiruko rutandukanye rwaturutse muri za kaminuza zo mu bihugu bigize akarere ka Afurika y’iburasirazuba (EAC) rurasabwa kurwanya Jenoside n’uburyo bwose bukoreshwa mu kuyipfobya.
Issa Timamy uyobora District ya Lamu mu gihugu cya Kenya yatawe muri yombi ashinjwa kugira uruhare mu bikorwa by’iterabwoba biherutse guhitana abantu 60 mu mujyi wa Mpeketoni ubwo abarwanyi ba al-Shabab bo muri Somalia bagabaga ibitero kuri station ya Police, mu maresitora no mu mahoteli.
Bwa mbere, Ishuri rikuru ry’Amahoro rya Nyakinama (Rwanda Peace Academy) ryatangiye guhugura abakozi bafite mu nshingano zabo amagereza bava mu bihugu by’Umuryango w’Afurika y’Iburasizuba, ngo ibi bizabafasha kunoza akazi kabo.