U Rwanda rurifuza ko ibihugu byo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), byagira uburyo bumwe bwo guha ubutabera abaturage batuye muri ibi bihugu. Ibi u Rwanda rubihera ko hari aho usanga abagore n’abana bagikangamizwa.
Imitangire y’amazi meza mu bihugu bimwe na bimwe byo mu muryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC) ntinoze kuko amazi abonwa n’abifite ariko aba rubanda rugufi ntibayabone.
Imyitozo yiswe ‘Mashariki Salam 2013” ihuje abasirikare, abapolisi n’abasivili barenga 1200 baturutse mu bihugu bigize Akarere ka Afurika y’Uburasirazuba yatangiye tariki 19/05/2013 mu kigo cya gisirikare cya Jinja, mu gihugu cya Uganda.
Ikigo East African Exchange (EAX) gihagarariwe n’uwari umunyamabanga wa Leta zunze ubumwe za Amerika ushinzwe Afurika, Jendayi Frazer, kiratangaza ko kirimo kubonera isoko abikorera bo mu Rwanda, cyane cyane abahinzi n’aborozi bato, mu muryango w’Afurika y’uburasirazuba (EAC), kandi ku giciro kibanogeye.
Raporo y’uyu mwaka wa 2013 ya Banki y’isi ifatanyije na IFC, isaba umuryango w’ibihugu by’Afurika y’uburasirazuba (EAC), gutanga inguzanyo ku bikorera, kongera ingamba zo kurengera abashoramari ndetse no guhanahana ingamba buri gihugu gifite, kugira ngo uyu muryango uhabwe icyizere gisesuye n’abashoramari b’isi yose.
Inama ya 11 y’abakuru b’ibihugu b’umuryango w’Afurika y’uburasirazuba (EAC) yateranye tariki 28/04/2013 i Arusha muri Tanzania yemeje ko ibikorwa byo gushyiraho ifaranga rimwe muri uyu muryango bizaba byarangiranye n’ukwezi kwa cumi na kumwe.
Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yasabye Inteko ishinga amategeko y’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EALA), gufasha abawutuye kubyaza umusaruro isoko rigari rigizwe n’ibihugu bitanu, bakareka kuba ba nyamwigendaho no kurangwa n’ivangura, kugirango bave mu bukene ngo bwababayeho akarande.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye Inteko ishinga amategeko y’umuryango w’Afurika y’uburasirazuba (EALA), kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’ibihugu biwugize, kugirango ikibazo cy’ihezwa, akarengane n’ubukene butuma Abanyafurika babeshwaho n’inkunga z’amahanga gikemuke.
Perezida w’Inteko ishinga amategeko y’umuryango w’Afurika y’uburasirazuba (EALA), Margaret Nantongo Zziwa, arashima ibikorwa bimaze kugerwaho n’uruganda rw’amakaro (East African Granite Industries) rukorera mukarere ka Nyagatare.
Kuva tariki 12-26/04/2013, abagize Inteko ishinga amategeko y’ibibihugu bitanu bigize umuryango w’Afurika y’uburasirazuba (EALA), bazaba bari kumwe n’Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda, aho bagiye gufata ingamba zatuma amahame y’umuryango wa EAC ashyirwa mu bikorwa byihuse.
Mu rwego rwo kumenya amateka y’u Rwanda rwo hambere abanyeshuli biga ibya farumasi muri kaminuza zitandukanye zo mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’uburasirazuba (EAC) basuye ingoro y’umwami Mutara wa III Rudahingwa iri mu karere ka Nyanza kuri uyu wa gatandatu tari 23/03/2013.
Abaministiri bashinzwe ibikorwa by’umuryango w’Afrika y’iburasirazuba b’ibihugu by’u Rwanda, Monique Mukaruliza, na Shame Bogayne ku ruhande rwa Uganda basuzumye imitangirwe ya Serivise ku mupaka wa Gatuna, aho basanze abaturage bakomeza koroherezwa kwambuka umupaka.
Kuri uyu wa 25/02/2013, abayobozi baturutse mu ntara ya Kagera muri Tanzaniya bakoreye urugendo mu karere ka Kirehe bareba aho ibikorwa bitandukanye bijyanye no kubaka ikiraro gishya gihuza u Rwanda na Tanzaniya bigeze.
Urubyiruko rwitabiriye ihuriro mpuzamahanga rya kane ry’urubyiruko rwo mu bihugu byo muri Afrika y’uburasirazuba (EAC) ruratangaza ko ibyo rwigiye mu karere ka Bugesera ku bijyanye n’ubumwe n’ubwiyunge ruzabigira impamba maze rukarushaho kubaka no guharanira amahoro mu bihugu byabo.
Abagize ihuriro ry’imiryango idaharanira inyungu mu bihugu byose bigize umuryango w’Afrika y’uburasirazuba (EAC), bari gusesengura amategeko atandukanye areba u Rwanda n’uko ubuvugizi bukorerwa abaturage.
Impuguke z’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), ziteraniye i Kigali mu rwego rwo kurebera hamwe uburyo ibihugu bigize uyu muryango byashyira hamwe mu gushyiraho uburyo bwo guhangana n’ingaruka zituruka mu mihindagurikire y’ikirere.
Abakozi ba Minisiteri y’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (MINEAC) tariki 17/1/2012 batangiye umwiherero ugamije gusuzuma aho ibikorwa by’iyo Minisiteri bigeze, ibibazo ihura na byo ndetse n’umuti wa byo kugira ngo iyo minisiteri ikomeze kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu.
Umuyobozi w’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Uburasirazuba (EAC), Dr. Richard Sezibera arahamagarira ibihugu bya EAC guhuriza imbaraga hamwe mu rwego rwo kwihutisha ishyirwa mu bikorwa by’amasezerano y’isoko rusange.
Kuba akarere ka Afurika y’Uburasirazuba gafite umutungo karemano mwinshi, ariko utaratangira kubyazwa umusaruro uko bikwiye ni kimwe mu byigirwa mu nama yiga ingamba zatuma ubukungu bw’akarere ka Afurika y’Uburasirazuba (EAC) buzamuka.
Mu ntangiriro z’umwaka utaha ni bwo icyegeranyo kigaragaza inyingo y’umushinga wa Gali ya Moshi Isaka-Kigali kizashyikirizwa Leta y’u Rwanda. Icyo gihe hazakurikiraho gushakisha abashoramari bazubaka iyi nzira izatwara imyaka itanu ngo itangire gikoreshwa.
Imishyikirano ku ishyirwaho ry’ifaranga rimwe mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’uburasirazuba(EAC) imaze kurangira, ku buryo hasigaye kunoza amasezerano kugira ngo abakuru b’ibihugu bazayasinyeho mu kwa 11/2013, nk’uko byemejwe na Ministiri ushinzwe EAC mu Rwanda.
Inama yaberaga mu karere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, yiga ku kibazo cy’ibura ry’amazi mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba, yasojwe yemeje kuyageza mu mijyi mito y’ibyo bihugu.
Ubwo Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (MINEAC), Mukaruriza Monique yasuraga umupaka wa Rusumo tariki 01/11/2012 byagaragaye ko ku ruhande rw’u Rwanda imirimo yihuta kurusha ku ruhande rwa Tanzaniya.
Minisiteri ishinzwe umuryango w’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba ( MINEAC) igiye kurushaho kuyimenyesha abakiri bato ihereye mu bigo by’amashuli yisumbuye 60 azwiho kuba ari indashyikirwa kurusha ayandi mu Rwanda.
Ubuyobozi bwa Minisiteri ya Afurika y’Uburasirazuba mu Rwanda, buributsa ko ibicuruzwa biherekejwe n’ibyangombwa byemeza ko byakorewe muri uyu muryango, ari byo byonyine byemerewe kwinjira mu bihugu bigize uyu muryango bitishyuye imisoro.
Umusirikare ukomoka mu gihugu cya Tanzaniya ufite ipeti rya Pte witwa Kaila Ally Shabani yitabye Imana ubwo yari mu myitozo yiswe Ushirikiyano Imara 2012 ikorerwa mu ishuri rya Gisirikare rya Gako mu karere ka Bugesera.
Abasirikare bo mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba bari mu Rwanda mu myitozo ya gisirikare yiswe ushirikiano imara 2012 bujuje ibyuma by’amashuri bine mu rwunge rw’amashuri rwa Dihiro mu murenge wa Gashora mu karere ka Bugesera.
Abadepite mu nteko ishinga amategeko y’Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EALA), kuwa 19/10/2012, basuye umupaka wa Rusumo mu rwego rwo kureba aho igikorwa cyo kubaka one Stop Border Post n’imyiteguro yo kubaka ikiraro cya ku Rusumo bigeze.
Mu ishuri rya Gisirkare i Gako mu karere ka Bugesera, kuri uyu wa 18/10/2012, haratangira imyitozo izitabirwa n’abasirikare, abapolisi ndetse n’abasivili bo mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC).
Imyitozo ya gisirikare izahuza abasirikare 1600 bo mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba igiye kutangira mu Rwanda. Aba basirikari bazahugurwa mu bijyanye no kubungabunga amahoro, kurwanya iterabwoba, kurwanya ba rushimusi bo mu mazi ndetse no gukumira ibiza.