Abaministiri bashinzwe ibikorwa by’umuryango w’Afrika y’iburasirazuba b’ibihugu by’u Rwanda, Monique Mukaruliza, na Shame Bogayne ku ruhande rwa Uganda basuzumye imitangirwe ya Serivise ku mupaka wa Gatuna, aho basanze abaturage bakomeza koroherezwa kwambuka umupaka.
Kuri uyu wa 25/02/2013, abayobozi baturutse mu ntara ya Kagera muri Tanzaniya bakoreye urugendo mu karere ka Kirehe bareba aho ibikorwa bitandukanye bijyanye no kubaka ikiraro gishya gihuza u Rwanda na Tanzaniya bigeze.
Urubyiruko rwitabiriye ihuriro mpuzamahanga rya kane ry’urubyiruko rwo mu bihugu byo muri Afrika y’uburasirazuba (EAC) ruratangaza ko ibyo rwigiye mu karere ka Bugesera ku bijyanye n’ubumwe n’ubwiyunge ruzabigira impamba maze rukarushaho kubaka no guharanira amahoro mu bihugu byabo.
Abagize ihuriro ry’imiryango idaharanira inyungu mu bihugu byose bigize umuryango w’Afrika y’uburasirazuba (EAC), bari gusesengura amategeko atandukanye areba u Rwanda n’uko ubuvugizi bukorerwa abaturage.
Impuguke z’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), ziteraniye i Kigali mu rwego rwo kurebera hamwe uburyo ibihugu bigize uyu muryango byashyira hamwe mu gushyiraho uburyo bwo guhangana n’ingaruka zituruka mu mihindagurikire y’ikirere.
Abakozi ba Minisiteri y’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (MINEAC) tariki 17/1/2012 batangiye umwiherero ugamije gusuzuma aho ibikorwa by’iyo Minisiteri bigeze, ibibazo ihura na byo ndetse n’umuti wa byo kugira ngo iyo minisiteri ikomeze kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu.
Umuyobozi w’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Uburasirazuba (EAC), Dr. Richard Sezibera arahamagarira ibihugu bya EAC guhuriza imbaraga hamwe mu rwego rwo kwihutisha ishyirwa mu bikorwa by’amasezerano y’isoko rusange.
Kuba akarere ka Afurika y’Uburasirazuba gafite umutungo karemano mwinshi, ariko utaratangira kubyazwa umusaruro uko bikwiye ni kimwe mu byigirwa mu nama yiga ingamba zatuma ubukungu bw’akarere ka Afurika y’Uburasirazuba (EAC) buzamuka.
Mu ntangiriro z’umwaka utaha ni bwo icyegeranyo kigaragaza inyingo y’umushinga wa Gali ya Moshi Isaka-Kigali kizashyikirizwa Leta y’u Rwanda. Icyo gihe hazakurikiraho gushakisha abashoramari bazubaka iyi nzira izatwara imyaka itanu ngo itangire gikoreshwa.
Imishyikirano ku ishyirwaho ry’ifaranga rimwe mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’uburasirazuba(EAC) imaze kurangira, ku buryo hasigaye kunoza amasezerano kugira ngo abakuru b’ibihugu bazayasinyeho mu kwa 11/2013, nk’uko byemejwe na Ministiri ushinzwe EAC mu Rwanda.
Inama yaberaga mu karere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, yiga ku kibazo cy’ibura ry’amazi mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba, yasojwe yemeje kuyageza mu mijyi mito y’ibyo bihugu.
Ubwo Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (MINEAC), Mukaruriza Monique yasuraga umupaka wa Rusumo tariki 01/11/2012 byagaragaye ko ku ruhande rw’u Rwanda imirimo yihuta kurusha ku ruhande rwa Tanzaniya.
Minisiteri ishinzwe umuryango w’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba ( MINEAC) igiye kurushaho kuyimenyesha abakiri bato ihereye mu bigo by’amashuli yisumbuye 60 azwiho kuba ari indashyikirwa kurusha ayandi mu Rwanda.
Ubuyobozi bwa Minisiteri ya Afurika y’Uburasirazuba mu Rwanda, buributsa ko ibicuruzwa biherekejwe n’ibyangombwa byemeza ko byakorewe muri uyu muryango, ari byo byonyine byemerewe kwinjira mu bihugu bigize uyu muryango bitishyuye imisoro.
Umusirikare ukomoka mu gihugu cya Tanzaniya ufite ipeti rya Pte witwa Kaila Ally Shabani yitabye Imana ubwo yari mu myitozo yiswe Ushirikiyano Imara 2012 ikorerwa mu ishuri rya Gisirikare rya Gako mu karere ka Bugesera.
Abasirikare bo mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba bari mu Rwanda mu myitozo ya gisirikare yiswe ushirikiano imara 2012 bujuje ibyuma by’amashuri bine mu rwunge rw’amashuri rwa Dihiro mu murenge wa Gashora mu karere ka Bugesera.
Abadepite mu nteko ishinga amategeko y’Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EALA), kuwa 19/10/2012, basuye umupaka wa Rusumo mu rwego rwo kureba aho igikorwa cyo kubaka one Stop Border Post n’imyiteguro yo kubaka ikiraro cya ku Rusumo bigeze.
Mu ishuri rya Gisirkare i Gako mu karere ka Bugesera, kuri uyu wa 18/10/2012, haratangira imyitozo izitabirwa n’abasirikare, abapolisi ndetse n’abasivili bo mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC).
Imyitozo ya gisirikare izahuza abasirikare 1600 bo mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba igiye kutangira mu Rwanda. Aba basirikari bazahugurwa mu bijyanye no kubungabunga amahoro, kurwanya iterabwoba, kurwanya ba rushimusi bo mu mazi ndetse no gukumira ibiza.
Intumwa z’Inteko Ishingamategeko ya Afurika y’Uburasirazuba (EALA) ziri mu ruzinduko mu Rwanda, zirarusaba ko rwashyira amahame y’uyu muryango mu itegeko nshinga ryarwo kugira ngo ingufu rwakoresheje mu miyoborere yarwo zirukoreshe no mu karere.
Taliki 24/09/2012 kaminuza yigenga ya Kigali ULK ishami rya Gisenyi ryatangije ku mugaragaro amasomo yaryo umwaka wa 2012-2013 ritangirana na gahunda y’uburezi y’uburyango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC).
Abanyeshuli 13 biga muri za kaminuza n’amashuli makuru atandukanye yo mu Rwanda batorewe kuyobora ihuriro ry’abanyeshuli biga mu bihugu bigize umuryango w’ibihugu by’Afurika y’uburasirazuba (EACSU) mu matora yabereye mu mujyi wa Arusha muri Tanzaniya tariki 06-11/09/2012.
Urubyiruko rwiga muri za kaminuza n’amashuli makuru yo mu bihugu bigize umuryango w’afurika y’Uburasirazuba rurashishikarizwa kwitabira imyigire y’amasomo ya siyansi n’ikoranabuhanga kugira ngo umugabane w’Afurika urusheho kwihuta mu iterambere rirambye.
Abaminisitiri bashinzwe umutekano mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC) bateraniye i Kigali muri gahunda yo kwiga ku kibazo cy’iterabwoba n’ikwirakwizwa ry’ibiyobyabwenge muri aka karere.
Prezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye itangazamakuru ryo mu bihugu bigize umuryango wa Afrika y’uburasirazuba (EAC), kuzuzanya n’inzego za Reta kugira ngo intego z’umuryango zigerweho mu buryo byihuse.
Inama y’iminsi itatu y’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC) igamije gusuzuma no kwiga uruhare rw’itangazamakuru nka moteri y’interambere ry’akarere, izateranira i Kigali tariki 09-10/08/2012.
Umunyamabanga mukuru w’umuryango w’ibihugu bya Afurika y’Uburasirazuba (EAC), Amb. Richard Sezibera, atangaza ko urugaga nyarwanda rw’abikorera ntacyo runengwa ku kuba rudashora imari mu bindi bihugu bigize uwo muryango kuko rukirimo kwiyubaka kandi rugaragaza ubushake.
Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) urateganya gushyiraho uburyo bwo gukoresha ingufu z’amashanyarazi ziyubaka zitangiza ikirere; nk’uko bitangazwa n’umunyamabanga wungirije wa EAC ushinze umusaruro, Jesica Eriyo.
Abanyamakuru n’abanditsi bakuru mu bitangazamakuru bakoze inkuru nziza zijyanye n’iterambere mu bihugu bigize Akarere ka Afurika y’Uburasirazuba (EAC) bagiye guhabwa ibihembo.
Ingabo z’ibihugu bigize umuryango wa Afrika y’Uburasirazuba (EAC) ziri mu nama i Kigali kuva tariki 09-13/07/2012 igamije kwemeza icyo buri gihugu gisabwa gutanga mu myitozo yiswe “USHIRIKIANO IMARA” izabera mu Rwanda mu kwakira uyu mwaka.