Abanyeshuri bo mu mashuri makuru na za kaminuza zo mu bihugu bigize umuryango w’ibihugu bya Afurika y’iburasirazuba (EAC) n’abo muri Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo (RDC) bibumbiye mu muryango “Never Again” basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Murambi kugira ngo basobanukirwe n’amateka yabafasha kwimakaza amahoro mu (…)
Minisiteri ishinzwe umuryango wa Afurika y’uburasirazuba mu Rwanda (MINEAC) yakoreye umunsi mukuru impuguke z’u Rwanda zakoze imishyikirano yo gutegura amasezerano y’ifaranga rimwe; ikaba kandi yashimye ibigo bitanu by’icyitegererezo mu muryango, ndetse n’umunyeshuri wanditse ku ruhare rw’ibikorwaremezo mu iterambere rya EAC.
Abana 25 baturutse muri Uganda, baje gukambika mu Rwanda mu rwego rwo kwitoza kubaho mu buzima bugoye no kubyereka bagenzi babo bo mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’uburasirazuba EAC. Bavuga ko mu byo bamenye harimo kuba bateye ibiti ku mihanda mishya iri mu kagari ka Kiyovu, mu mujyi wa Kigali.
Ihuriro ry’imiryango itegamiye muri Leta yo mu bihugu bya Afurika y’Uburasirazuba (EACSOF) riratanga amahugurwa ku bahagarariye abandi mu karere ka Nyamagabe hagamijwe gushimangira uruhare rw’abaturage mu muryango w’ibihugu bya Afurika y’iburasirazuba (EAC).
Umukuru w’igihugu w’u Rwanda, Perezida Paul Kagame, yamaze kugera i Kampala muri Uganda, yitabiriye inama ya 15 y’abakuru b’igihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) yiga ku bikorwa byihutirwa mu iterambere ry’uyu muryango.
Mu minsi ine gusa, umurwa mukuru wa Kenya uraza kugirwa umurwa mukuru w’Afurika y’Iburasirazuba ushinzwe guhindura umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi no kubipfunyika (Food Processing and Packaging.)
Umushinga wifashisha ubutumwa bugufi witwa “SMS Feedback” witezweho gufasha mu gukemura ibibazo abakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka bahura nabyo. Uwagize ikibazo azajya yohereza ikibazo cye mu butumwa bugufi agahita ahabwa igisubizo kandi agafashwa kugikemura mu buryo bwihuse.
Minisitiri Jacqueline Muhongayire ushinzwe ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba EAC, East African Community aratangaza ko nta gihugu na kimwe cyangwa bibiri byadindiza ibindi bisigaye mu gihe hari imishinga y’iterambere bihuriyeho.
Kabahizi Celestin wari umaze imyaka itanu ari umuyobozi w‘Intara y’Uburengerazuba, tariki 28/10/2013 yatorewe kujya mu nteko ishinga amategeko y’umuryango w’ibihugu by’Afrika y’Uburasirazuba (EALA) asimbuye Muhongayire Jaqueline wagizwe ministre w’ibikowa by’umuryango w’ibihugu by‘Africa y’Uburasirazuba (MINEAC).
Mu nama yemeza burundu ishyirwaho ry’akarere kamwe ka gasutamo mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’uburasirazuba (EAC), abakuru b’ibihugu by’u Rwanda, Uganda, Kenya na Sudani y’Epfo, bemeje ko kudatinda kw’ibicuruzwa mu nzira, urujya n’uruza rw’ibintu n’abantu ndetse no kubona ingufu bigiye gukungahaza abaturage b’ibyo (…)
Abadepite bahagarariye ibihugu by’u Burundi, Kenya, u Rwanda, Uganda na Tanzaniya bamaze gusaba ko Leta z’ibyo bihugu zategura uko ururimi rw’Igiswayile rwatezwa imbere kandi rukigishwa abaturage bose rukazakoreshwa nk’ururimi rw’ubucuruzi mu muryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC).
Ibihugu bigize Umuryango wa Afrika y’Iburasirazuba (EAC) birateganya inama yo ku rwego rwo hejuru igamije kwiga ku busabe bwa Sudani y’Epfo yasabye kwinjira muri uyu muryango.
Abantu 269 bakomoka mu bihugu bitanu bigize Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) batangiye imyitozo ya gisirikari yo ku rwego rukomeye mu gihugu cy’u Burundi, aho ngo baziga uburyo bwo kurwanya iterabwoba n’imyivumbagatanyo, ubujura bukomeye no gushimuta abantu ku buryo bwa kijyambere.
Ihuriro ry’ubucuruzi hagati y’inzego za Leta n’iz’abikorera z’u Rwanda na Uganda, ryagaragarijwemo amahirwe abikorera bafite, yo gushora imari muri buri gihugu, harimo kuba ibihugu bifite umutungo kamere uhagije no koroshya ubucuruzi; ibikorwaremezo no gukuraho inzitizi.
Abaturage batuye mu karere ka Nyanza cyane cyane mu gice cy’umujyi bazaniwe imurikagurisha rihuriwemo na bimwe mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) rizamara ukwezi kose rikaba ryatangiye tariki 07/10/2013.
Ihuriro ry’imiryango itegamiye muri Leta yo mu bihugu bya Afurika y’Uburasirazuba (EAC) ryatangiye gahunda y’iminsi ibiri yo kwigisha abakorera mu byiciro binyuranye by’abikorera mu karere ka Rwamagana ibigisha kumenya kureba amahirwe menshi y’ubucuruzi bashobora gukura muri uwo muryango.
Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’umuryango w’Afrika y’uburasirazuba (MINEAC) yemeza ko abagore nabo bakeneye kugaragara mu bucuruzi bunini kandi bwambukiranya imipaka akaba ari muri urwo rwego batangiye gahunda yo kubasobanurira inyungu bafite mu gukorera mu bihugu byo muri aka karere.
Inzobere zo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ziteraniye i Kigali, mu rwego rwo kurebera hamwe uko abaturage batuye aka karere bajya batozwa umuco wo kwicungira umutekano no gukumira amakimbirane hakiri kare.
Abayobozi bagize ubunyamabanga buhoraho bw’umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC) basuye Abanyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzaniya bacumbikiwe mu nkambi ya Kiyanzi iherereye mu karere ka Kirehe barabihanganisha.
Abagize inteko ishinga amategeko mu gihugu cya Kenya bahamagajwe igitaraganya mu nama yihutirwa igomba kwiga uko igihugu cya Kenya cyava mu bihugu byemera gukorana n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha ICC.
Mu biganiro mpaka ku mikorere y’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) byahuje amwe mu mashuli y’icyitegererezo yo mu Ntara y’Amajyepfo, GS Mater Dei yo mu karere ka Nyanza yatsinze GS Notre Dame de Lourde yo mu karere ka Ruhango.
Abasirikare 94 ba RDF berekeje i Nairobi muri Kenya mu rwego rwo kwitabira imikino ya gisirikare yo ku rwego rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC). Iyi mikino ibaye ku nshuro ya karindwi iratangira kuri uyu wa Mbere tariki 05 kugeza 17/08/2013.
Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere, Twagirimana Epimaque, yabwiye abitabiriye amahugurwa y’iminsi ibiri ku Muryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) ko bagomba gukuraho imbogamizi zose zituma tutabasha kwinjira ku masoko yo mu bihugu bigize uwo muryango.
Intumwa zihagarariye u Rwanda mu nama yazihuje na bagenzi babo bo muri Uganda na Kenya, zifuza ko indangamuntu yatangira gukoreshwa bitarenze amezi atatu, nk’urwandiko rw’inzira muri ibyo bihugu bigize umuryango w’Afurika y’uburasirazuba (EAC).
Abashoferi batwara imodoka zo mu bwoko bwa rukururana bava mu muryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) berekeza i Bukavu, muri Congo barinubira kubura ubwiherero n’amazi meza dore nta misarani rusange ibayo.
Minisitiri w’ingabo z’u Rwanda, Gen. James Kabarebe, arashima ubufatanye buranga ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC) kuko byohereza ingabo zabyo gusangira ibitekerezo na bagenzi babo b’Abanyarwanda.
Ministiri mushya washinzwe kuyobora Ministeri y’umuryango w’Afurika y’uburasirazuba (MINEAC), Jacqueline Muhongayire, yemereye uwo asimbuye, Monique Mukaruriza, ko mu by’ingenzi bisaba imbaraga azahangana nabyo, ari uguharanira ko umuhanda wa gari yamoshi n’imiyoboro ya peterori byagezwa mu Rwanda.
Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) yahuguye abantu mu byiciro binyuranye mu karere ka Rusizi ku nyungu n’amahirwe Abanyarwanda bakura mu gushishikarira kwinjira muri uwo muryango (regional integration).
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni n’uwa Kenya, Uhuru Kenyatta bagiranye inama kuri uyu wa Kabiri tariki 25/06/2013 mu Mujyi wa Kampala biyemeza guteza imbere ibikorwaremezo n’ubucuruzi mu Karere k’Afurika y’Uburasizuba (EAC).
Itsinda ry’abasenateri bane ba Kenya bari bamaze iminsi itanu mu Rwanda biga imikorere ya Sena y’u Rwanda, bamenyesheje Perezida Kagame ko bagenzwaga no kuzakurikiranira hafi imikorere y’inzego z’igihugu cyabo kugira ngo zirusheho guhatana n’iz’ibindi bihugu byo mu karere.