Abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC) bumvikanye ku cyemezo cyo gushyira utwuma mu makamyo yikorera imizigo yambukiranya imipika, tugaragaza aho imodaka iherereye (trackers) mu rwego rwo gufasha gukumira icyorezo cya covid-19.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, akaba n’Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) yitabiriye inama yahuriyemo n’abandi bakuru b’ibihugu bigize uwo muryango, ikaba igamije kwiga ku buryo bwo guhangana n’icyorezo cya COVID-19 muri aka karere.
Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) byumvikanye ku buryo bwo gupima icyorezo cya Covid-19, bigendeye ku byemejwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) kugira ngo bikorwe mu buryo bwiza.
Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye ku wa mbere tariki 27 Mata 2020, Perezida Kagame yagize icyo avuga ku bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (East African Community - EAC) mu rugamba rwo kurwanya COVID-19.
Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC) watangaje ko usubitse inama ya 21 y’abakuru b’ibihugu yari iteganyijwe mu minsi iri imbere, ndetse n’ibindi bikorwa byose by’uwo muryango byagombaga guhuriramo abantu benshi bikaba bihagaze.
Igihugu cya Tanzania cyabaye icya mbere mu gushyigikira ubusabe bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo bwo kwinjira mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yandikiye Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ari na we uyoboye umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), ibaruwa isaba kwemerera Congo kuba umunyamuryango wa EAC.
U Rwanda rugiye kohereza abasirikare 150 mu myitozo yateguwe n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, izabera muri Tanzania mu gihe cy’ibyumweru bibiri.
Abadepite b’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA) bemeza ko hari ibihugu by’uyu muryango bigikoresha amategeko yabyo bikabangamira ubuhahirane.
Depite Martin Ngoga uhagarariye u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EALA), yatorewe kuyobora iyo nteko.
Ubuyobozi bw’umuryango wa Africa y’Iburasirazuba butangaza ko mu myaka itanu iri imbere ubumenyi, ikoranabuhanga n’ubushakashatsi bizaba biri ku rwego rushimishije mu bihugu biwugize.
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda Emmanuel K. Gasana yabwiye abitabiriye inama ihuje abakuru ba polisi mu bihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba ko nta mpamvu yo kunanirwa kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka.
Inzego zitandukanye zirimo abashinzwe iperereza rya gisirikare n’abahuzabikorwa ba gisirikare mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bateraniye mu Rwanda mu nama yiga ku mutekano.
Abahanzi bo mu Rwanda bitabiriye JAMAFEST 2017 iri kubera i Kampala muri Uganda bagaragaje imbyino zitandukanye n’ibindi biranga umuco w’u Rwanda mu cyo bise “Street Carnival”.
Minisiteri y’Ubucuruzi, Inganda n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba(MINEACOM) itangaza ko Abanyarwanda bakeneye inyungu zirushijeho zo kwishyira hamwe kw’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba(EAC).
Minisiteri y’Ubucuruzi, Inganda n’ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (MINEACOM) irasaba urubyiruko rw’Abanyarwanda kwitabira amarushanwa yo gukora ibirango by’umuryango w’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Ihuriro ry’abakurikirana iby’ingendo mu ndege mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bemeza ko igiciro ku matike kikiri hejuru cyane bikabangamira abagenzi.
Ambasaderi James Kimonyo yatangaje ko u Rwanda rwuguruye amarembo ku Banyakenya bifuza kuza gukorera mu Rwanda kandi ko hari amahirwe menshi yo kutirengagizwa.
Abadepite bo mu nteko ishinga amategeko y’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba (EALA) batewe impungenge n’igihugu cy’u Burundi kitishyura umwenda gifite.
Amajwi ya benshi mu badepite ba EALA bari mu nteko i Kigali yumvikanye asaba ko amasashe yacibwa mu bihugu byose by’Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC).
Abadepite bakomoka muri Tanzaniya babuze mu Nteko ya EALA iteraniye i Kigali, bituma imirimo y’iyo nteko yo kuri uyu wa kabiri tariki ya 14 Werurwe 2017 isubikwa.
Ubwikorezi mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) buracyarimo ibibazo birimo gutinda ku mipaka ariyo mpamvu harimo gushakishwa uko byavanwaho.
U Rwanda rugomba gutegereza nyuma y’umwaka wa 2030 kugira ngo umuhanda wa mbere wa Gari ya moshi ugere mu Rwanda, bityo rushobore guhahirana n’ibindi bihugu byo mu karere nta nzitizi.
Perezida Kagame yemeza ko kugira ururimi rw’Igiswahili nka rumwe mu ndimi zemewe n’amategeko mu Rwanda byegereje Abanyarwanda bagenzi babo batuye mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Abasirikare 24 bakomoka mu bihugu bigize Umuryango w’Africa y’Iburasirazuba (EAC) batangiye kwiyungura ubumenyi mu byo kubungabunga amahoro muri ibi bihugu.
Itsinda ry’abadepite b’Inteko Ishingamategeko y’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA) riri mu Rwanda kwiga ku byateye Jenoside n’uko ingengabitekerezo yayo yarwanywa.
Bazivamo Christophe yarahiriye inshingano nshya zo kuba umunyamabanga mukuru w’umuryango w’Afurika y’Iburasizuba (EAC) wungirije, ushinzwe ubutegetsi n’imari.
Bazivamo Christophe azarahirira kuba umunyamabanga mukuru w’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) wungirije, ushinzwe ubutegetsi n’imari.
Abagore bo mu Ntara y’Amajyaruguru barakangurirwa kudapfusha ubusa amahirwe yo kuba mu Muryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC).