Ubwonko bw’umuntu bukenera kwitabwaho, by’umwihariko kugira ngo buzakomeze kugira imikorere myiza no mu gihe umuntu azaba ageze mu zabukuru. Ubushakashatsi dusanga ku rubuga www.passeportsante.net bugaragaza bimwe mu bibangamira ubuzima bwiza bw’ubwonko n’ibyakorwa kugira ngo bumererwe neza.
Kuva kera na kare, inkubi z’imiyaga zivanze n’imvura za karahabutaka zagiye zikorwaho ubushakashatsi zinandikwaho amakuru, ariko kuzishakira amazina bikaba ingorabahizi kubera ko iyo miyaga igira ubukana n’ingaruka bitandukanye.
Turmeric/Curcuma cyangwa ikinzari, ni ikirungo cy’ifu ikorwa mu mizi y’ikimera gikomoka muri Aziya, kiba gifite ibara ry’umuhondo, kiri mu muryango umwe na tangawizi.
Ifi yagombye kuba mu mafunguro y’ibanze abantu bafata, kubera intungamubiri nziza yifitemo, nk’uko bisobanurwa n’abahanga mu by’imirire mu nkuru dukesha urubuga www.findus.fr.
Agapira gashyirwa mu gifu (ballon gastrique), ni ubundi buryo budasaba kubanza kubagwa, bwifashishwa n’abantu bifuza kugabanya ibiro.
Impyiko ni ingenzi mu buzima bw’umuntu ku buryo bukomeye, bityo ni ngombwa kuzitaho no kuzirinda, binyuze mu kurya indyo yuzuye kandi iboneye, no kugenzura amafunguro umuntu afata cyane cyane za poroteyine n’ibyo kurya birimo umunyu mwinshi.
Muri iki igihe Kiliziya Gatolika iri mu gisibo, irasaba umukirisitu wese kwigomwa ibyishimo, akarushaho gusenga cyane kugira ngo habeho gusabana n’Imana. Bamwe mu bagabo baganiriye na Kigali Today bahamya ko igisibo gisobanuye byinshi ku mukirisitu, ari yo mpamvu bamwe basanga ntacyo batakwigomwa ndetse no gutera akabariro (…)
Urubuto rw’umwembe rukomoka muri Aziya y’Amajyepfo, ariko ubu ruhingwa no ku yindi migabane itandukanye. Ubushakashatsi bugaragaza ko rukize ku byitwa ‘antioxydants’ bifasha umubiri w’umuntu gukora neza nk’uko urubuga www.bbc.com rwabisobanura.
Kugabanya ibiro ku bantu bafite umubyibuho ukabije ntibikunze kuborohera, gusa hano hari amafunguro impuguke zibasaba kureka, bikaba byabafasha kugera ku ntego yabo.
Abagore bahawe intanga kwa muganga babwirwa ko ari iz’abantu batandukanye, baza gutungurwa no kubyara abana basa.
Urugereko rw’urukiko rukuru rukorera i Nyanza mu majyepfo y’u Rwanda rwakatiye Jean Twagiramungu gufungwa imyaka 25 nyuma yo kumuhamya ibyaha bya jenoside yakorewe Abatutsi mu cyahoze ari perefegitura ya Gikongoro.
Muri iyi minsi usanga abantu babwirana bati muze tujye kurya igiti kwa kanaka, ukibaza ukuntu umuntu arya igiti bikagushobera, ariko baba bavuga inyama bita igiti.
Shikarete (chewing gum) ushobora kwibaza ko ari ya vuba, nyamara yatangiye kuribwa kuva cyera cyane mu myaka 6,000 ishize, uretse ko itari imeze nkuko tuyizi ubu.
Mu bikoni bitandukanye bya Hoteli cyangwa se mu tubari niho hakunze kugaragara ifunguro rikundwa na benshi, rigizwe n’inkoko yokeje ariko imbere harimo umuceri.
Kugubwa nabi n’amafunguro ni uburwayi buterwa no kurya amafunguro ahumanye kubera za mikorobe n’utundi dukoko cyangwa ibiryo bitera indwara. Bitewe n’ubwoko bw’ubwandu, ibimenyetso bikurikira bishobora kugaragara hashize amasaha menshi, iminsi cyangwa ibyumweru nyuma y’igogora.
Icya mbere cy’ibanze abakoresha umuhanda bagomba kumenya ni uko aho waba uri hose, waba uri umunyamaguru, waba utwaye ikinyabiziga, uburenganzira ubwo ari bwo bwose wemererwa n’amategeko yo mu muhanda ntibushobora gusimbura umutekano wawe.
Abantu benshi ku Isi bishimira umunsi mukuru wa Noheli, nyamara bamwe ntibasobanukiwe aho uwo munsi mukuru wizihizwa nyirizina na Kiliziya Gatolika waturutse. Icyakora Padiri Ndagijimana Theogene arawusobanura byimbitse.
Iyo uri umusore ukaba wifuza kugirana umubano wihariye n’inkumi (ibyo urubyiruko rukunze kwita kujya mu rukundo), akenshi usanga bigora kumenya neza aho umukobwa ahagaze, umunsi umwe ukabona arakwishimiye, undi munsi ukabona arasa n’utakwitayeho.
Burya kurira ngo bifite akamaro kanini ku buzima bw’umuntu n’ubwo mu muco nyarwanda ngo nta mugabo urira, ndetse bakanavuga ko amarira y’umugabo atemba ajya mu nda.
Intoryi kimwe n’ibibiringanya bihuje akamaro, ni rumwe mu mboga zititabwaho cyane kandi nyamara zifite intungamubiri nyinshi, ndetse usanga hari abazisuzugura bibwira ko ari imboga z’abadafite amikoro.
Ese ni ryari bivugwa ko umugore cyangwa umukobwa afite imihango idasanzwe, cyangwa se myinshi irenze urugero?
Hari abantu badakunda gukora imyitozo ngororangingo, kandi nyamara abahanga mu by’ubuzima bagaragaza ko ari ingirakamaro ku buzima.
Niba ari ubwa mbere ugiye gukora urugendo rwo mu ndege, cyangwa se n’iyo waba usanzwe ubimenyereye, hari ibintu bishobora kukubera urujijo cyangwa bikaba byatuma urugendo rwawe rutagenda neza, kubera ko nta kamenyero ubifitemo cyangwa utajyaga ubyitaho.
Niba uri mu bantu bakunze gukora ingendo zo mu ndege kenshi, hari ubumenyi rusange ugomba kugira bushobora kugufasha mu buzima busanzwe, hakaba n’ibindi bintu ubona buri munsi mu ndege ariko ukaba utari uzi impamvu yabyo.
Imirire myiza ni ingenzi ku mugore utwite kuko imufasha kugira ubuzima bwiza yaba we ubwe, ndetse n’umwana atwite. Inzobere mu by’imirire zivuga ko umugore utwite akwiye kubona ibyo kurya no kunywa birimo intungamubiri zihagije harimo za vitamine na poroteyine.
Bitwa ’Kigali Deaf Fellowship’ bakaba basengera buri cyumweru ku Kicukiro, mu nzu y’Umuryango Nyarwanda ubafasha guhindura Bibiliya mu rurimi rw’Amarenga (RSLBTS).
Kwiyemeza kureka kunywa inzoga zisembuye ni kimwe mu bintu bikomerera abantu benshi, cyane cyane iyo umuntu yahindutse imbata y’ibisindisha.
Iyo havuzwe abasirikare b’umubiri cyangwa ubudahangarwa bivuze insoro zera (globules blancs/white blood cells), arizo zifasha umubiri guhangana n’indwara zinyuranye cyane cyane iziterwa na mikorobe.
Ubuki ni bwiza kurusha isukari iyo bukoreshejwe neza, kuko ari umwimerere, nyamara iyo ngo budakoreshejwe neza bushobora gutera ingaruka mbi ku buzima bwa muntu.
Tariki ya 31 Kanama buri mwaka ku isi hose bizihiza umunsi mpuzamahanga wo kunywa mu rugero mu rwego rwo gushishikariza abantu kutanywa inzoga nyinshi. Uyu munsi wizihizwa bazirikana ko inzoga ari ikintu kibi iyo zinyowe ku rugero rwo hejuru kuko zigira ingaruka ku buzima bw’abantu ndetse zikaba zabahitana.