• Uburo

    Menya akamaro k’uburo ku buzima bw’umuntu

    Hari imvugo yitiriwe Umufilozofe unafatwa nk’aho ari we watangije ubuvuzi mu mateka y’Isi, umugereki Hypocrate, igira iti “ibyo kurya byawe bibe umuti wawe, kandi umuti wawe ube ibyo kurya byawe”.



  • Amavuta y

    Amavuta y’inka ni urukingo n’umuti w’indwara nyinshi

    Iyo uganiriye n’abantu ku bijyanye n’amavuta akoreshwa mu gutegura amafunguro, usanga abenshi bayafiteho impungenge kubera impamvu zitandukanye.



  • Menya ibishobora gutera isepfu n’uburyo bwo kuyivura

    Kurwara isepfu bishobora guterwa n’ibintu bitandukanye duhura nabyo mu buzima bwa buri munsi, ariko hari n’igihe ishobora guterwa n’ubundi burwayi busaba umuntu kujya kwa muganga.



  • Muzehe Melkizedeki Kalikwani w

    Umusaza w’imyaka 110 yavuze ibanga ryamufashije kurama

    Umusaza wo muri Uganda mu gace ka Iganga witwa Melkizedeki Kalikwani w’imyaka 110, avuga ko kwirinda ubusinzi n’inshuti mbi ari byo byamufashije kurama. Uwo musaza aherutse kwizihiza isabukuru ye y’imyaka 110, ibyo bikaba ari ibintu bitagerwaho na benshi nubwo baba babyifuza.



  • Ibigwi bihabanye bya Ronaldo na Lance Armstrong, ibyamamare byavutse tariki 18 Nzeri

    Umunya-Brazil Ronaldo Luís Nazário de Lima w’imyaka 47 n’Umunyamerika Lance Armstrong w’imyaka 52, ni abantu b’ibyamamare muri siporo z’umwuga bavutse ku itariki 18 Nzeri, ariko ibigwi byabo bikaba bihabanye.



  • Cardinal Kambanda na Musenyeri Vincent Harolimana

    Menya Abepiskopi Gatolika mu Rwanda bahuje amateka

    Abenshi mu Bepiskopi Gatolika mu Rwanda biganye mu iseminari nto n’inkuru, ariko bamwe bakagira umwihariko bahuriyeho nyuma y’imyaka icyenda ku ntebe y’ishuri, kugeza bahawe Ubupadiri.



  • Gukomanya ibirahuri mbere yo gusangira bisobanura iki?

    Gukomannya ibirahuri, amacupa, ibikombe, cyangwa inkongoro mbere yo gusangira icyo kunywa, ni ibintu bihuriweho na benshi mu mico itandukanye, kandi ugasanga igisobanuro rusange nta kindi usibye kuba ari ikimenyetso cyo kwishimirana hagati y’abagiye gusangira.



  • Ntikiri ngombwa gushaka ugufotora wifitiye Smart Phone

    Dore ibikoresho kugeza ubu utakenera kugura mu gihe ufite telefone

    Hari umuntu kuri ubu wakwikura Amafaranga y’u Rwanda miliyoni ebyiri akagura telefone (smart phone), kuko ayibonamo akamaro karenze kuba telefone, ahubwo ari igikoresho gisimbura byinshi mu buzima bwe.



  • Ni ibiki bituma abagore baramba kurusha abagabo?

    Mbese bigenda bite ko abaturage iyo bakiri abana, usanga abahungu ari bo benshi kurusha abakobwa, ariko wareba abageze mu zabukuru ugasanga abagabo ari bacye ugereranyije n’abagore?



  • Dore ibintu bitanu byo kuganiraho mbere yo kubana

    Iyo urukundo ruje muri gahunda z’umuntu, ibindi byose bisa n’ibisubitswe akigira mu yindi si, ibitekerezo byose bigahita byimukira ku wo akunda, agahora yumva nta kindi ashaka kumva usibye amagambo meza amwerekeyeho cyangwa amuturutseho.



  • Umumotari akora umwitozo wo kongerera umwuka uwahuye n

    Abamotari 500 bahuguwe ku buryo bwo gutanga ubutabazi bw’ibanze ku bakoze impanuka

    Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC), cyahuguye abamotari 500 baturutse ku maseta atandukanye yo mu Mujyi wa Kigali, ku buryo bashobora gutangamo ubutabazi bw’ibanze ku bahuye n’impanuka.



  • Imvura igwa n

    Iyo bavuga ko impyisi yarongoye biba byagenze gute?

    Abaganiriye na Kigali Today kuri iyi ngingo ntabwo bashobora kumenya ahakomotse imvugo igira iti ’impyisi yarongoye’, iyo babonye imvura igwa izuba riva.



  • Abahanga bavuga ko hari ibigenderwaho kugira ngo umuntu akore siporo imufasha

    Dore iby’ingenzi abakora siporo bakwiye kwirinda kugira ngo itabamugaza

    Nubwo gukora siporo ari ingenzi mu buzima, abahanga mu kwigisha imikino ngororamubiri bavuga ko iyo utayikoze neza ishobora kukumugaza burundu.



  • Kubyiringira amaso bishobora kuyateza uburwayi butandukanye

    Dore zimwe mu ngaruka zo kubyiringira amaso

    Kubyiringira cyangwa gukuba amaso ni ibintu bifatwa nk’ibisanzwe, igihe umuntu arimo kugerageza kwikiza ikimubangamiye mu jisho, ananiwe cyangwa afite ibitotsi. Nyamara impuguke mu miterere y’ijisho zivuga ko bishobora kwangiza ubuzima bwaryo, cyane cyane iyo bikorwa buri kanya kandi igihe kirekire.



  • Canada: Yategetswe kwishyura ibihumbi 61 by’Amadolari kubera ikimenyetso yakoresheje

    Urukiko rwo muri Canada rwemeje ko ‘emoji’ cyangwa se akamenyetso k’igikumwe kizamuye, ari isinya cyangwa umukono byemewe mu gusinya amasezerano. Bunzemo bavuga ko icyo kimenyetso gishobora gukoreshwa mu kwemeza ko umuntu yagiranye amasezerano n’undi.



  • Congo: Areka ibiryo bisanzwe akarya amatafari, amakara n’imicanga

    Umugabo wo muri Congo, witwa Jean Marie, bakunze kwita Jama, arya amatafari, amakara n’imicanga, akavuga ko bimurinda inzara, kandi bikaba ari ibyo kurya biboneka mu buryo bworoshye, na cyane ko we ngo yumva ibyo kurya bisanzwe byaratakaje icyanga cyabyo cy’umwimerere wabyo.



  • Imiswa yari igiye gucuruzwa

    Kenya: Umugabo n’umugore we bakurikiranyweho kwiba imiswa

    Umugabo witwa Martin Nyota n’umugore we Rose Wairimu, bafatiwe mu rugo rwabo hamwe e n’undi witwa Eunice Muthoni, bose uko ari batatu bakaba bakurikiranyweho icyaha cyo gusahura umutungo wa Leta nyuma y’uko bashinjwe kwiba imiswa bakajya kuyigurisha mu Bushinwa no mu Bufaransa.



  • Tatouage ngo si nziza ku mubiri

    Menya bimwe mu byo ufite ‘Tatouage’ ku mubiri atemerewe

    Abantu batandukanye bari mu byiciro byose ari abakuru n’abato, usanga bishushanya ku ruhu rwabo bagashyiraho amabara aribyo bita tatouage, ntibamenye ko hari ibintu bimwe umuntu atemerewe gukora mu gihe yabikoze. Bimwe mu bintu umuntu ufite Tatouage atemerewe gukora, harimo gutanga amaraso yo gufasha imbabare.



  • Hilda-Baci waciye agahigo ko kumara igihe kinini atetse

    Yaciye agahigo ko kumara amasaha arenga 93 atetse ataruhuka

    Guinness World Records yemeje ko umutetsi wo muri Nigeria Hilda Baci, ari we ufite umuhigo mushya wo kumara amasaha menshi atetse aho yamaze amasaha 93 n’iminota 11.



  • Umutobe wa beterave

    Kunywa umutobe wa beterave bifasha kwirinda indwara z’umutima - Ubushakashatsi

    Ubushakashatsi bwagaragaje ko kunywa umutobe (jus) wa beterave, bifasha mu guhangana n’indwara z’umutima, ndetse bunasaba abarwayi bazo ko bajya bawunywa buri munsi.



  • Menya akamaro k’indabo za ‘Clove’ ku buzima bw’abantu

    Indabo za ‘Cloves’ uretse kuba zikoreshwa nk’ikirungo gituma amafunguro ahumura neza cyane cyane mu bice byo muri Asia y’u Burasirazuba. Izo ndabo zifite akamaro gakomeye ku buzima bw’abantu bazikoresha kuko zifitemo ubushobozi bwo kugabanya isukari mu maraso, kongera ubudahangarwa bw’umubiri w’umuntu n’ibindi byinshi nk’uko (…)



  • Menya ibanga rya Baking Soda mu gukesha amenyo

    Baking soda cyangwa bicarbonate de sodium ikoreshwa mu bintu byinshi byaba ibijyanye n’ubuzima, isuku muri rusange, n’ibindi. Uyu munsi tugiye kwibanda ku buryo ikoreshwa mu gukesha amenyo no kwirukana impumuro mbi mu kanwa.



  • Kiliziya y’u Bwongereza yifuza ko ingaragu zihabwa agaciro

    Kiliziya y’u Bwongereza (The Church of England) yasohoye raporo yise ‘Love Matters’ (Iby’Urukundo) igaragaza ko abantu b’ingaragu bagombye guhabwa agaciro kandi bakagenerwa igihe cyo kwizihizwa muri kiliziya no mu muryango mugari.



  • Hari abifuza ko yakwitirirwa Stade Amahoro; Menya ibikorwa remezo byitiriwe Perezida Kagame

    Uruzinduko Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, akubutsemo mu Burengerazuba bwa Afurika rwamwongereye ibigwi, birimo no kwitirirwa ikindi gikorwa remezo gikomeye. Ni ikiraro yitiriwe muri Guinée-Conakry, kije gisanga umuhanda yitiriwe muri Malawi mu 2007. Kuri ubu hari bamwe batangiye kugaragaza ko bifuza ko na Stade Amahoro (…)



  • Dore ibyiza byo gukoresha igikakarubamba ku ruhu

    Gukoresha igikakarubamba bigira akamaro mu buryo butandukanye, yaba ku bijyanye no kwita ku ruhu cg kwita ku misatsi.



  • Dore ibiribwa 10 birushya igogora n’uko wabigenza kugira ngo ryorohe

    Buri munsi dufata amafunguro atandukanye, hakabamo amwe dushobora kuba tuzi ko arushya urwungano ngongozi, n’andi dushobora kuba tutabizi, kandi nyamara no mu biribwa by’umwimerere (bitanyuze mu nganda), habamo ibishobora kunaniza igogora bigatera kumerwa nabi mu nda (gutumba, kugira ikirungurira no kubura amahwemo).



  • Dore inkomoko y’umunsi wo kubeshya uba buri mwaka tariki 1 Mata

    ltariki ya mbere Mata buri mwaka hari abayihinduye umunsi wo kubeshya no gutebya, n’ubwo benshi babona ari icyaha gikwiye kwamaganwa. Uyu munsi ngo watangiye kwizihizwa mu Bufaransa mu mwaka wa 1564, ubwo Umwami waho witwaga Charles wa cyenda (IX) yahinduraga isabukuru yo gutangira umwaka(ubunani) igashyirwa ku itariki ya (…)



  • Menya uko ‘stress’ ihoraho ikwangiriza ubuzima n’uko wayirinda

    Umujagararo cyangwa se ‘stress’ mu ndimi z’amahanga , ugira ibimenyetso bigira ingaruka ku buzima bw’umuntu nubwo hari igihe atamenya ko ibyo arimo kunyuramo biterwa na stress, ahubwo akaba yabyitirira indwara yindi nk’uko bisobanurwa n’inzobere mu by’ubuzima ku rubuga www.mayoclinic.org.



  • Ibikoreshwa mu mwanya w’isukari isanzwe nabyo bishobora kugira ingaruka

    Ibintu bikoreshwa mu mwanya w’isukari mu gutuma amafunguro n’ibinyobwa biryohera ‘artificial sweeteners’, bikoreshwa hagamijwe kwirinda isukari isanzwe, nabyo ngo si byiza kuko bigira ingaruka.



  • Menya impamvu zitera gututubikana cyane nijoro

    Kubira ibyuya byinshi nijoro, cyangwa gututubikana birenze urugero mu gihe umuntu asinziriye, ngo bishobora guterwa n’impamvu zitandukanye harimo zimwe ziba ari iz’igihe gito kandi zitanakomeye, mu gihe izindi zo zisaba kujya kwa muganga.



Izindi nkuru: