Bamwe mu banyeshuri b’abirabura biga mu gihugu cya Tunisia, batangiye gusubira mu bihugu byabo nyuma yo kuvuga ko barimo bakorerwa ihohoterwa.
Mu itangazo ryasohowe na Roberto Occhiuto, Umuyobozi wo mu Majyepfo y’u Butaliyani ahabereye iyo mpanuka ikomeye, yagize ati "Abantu benshi bapfuye barohamye mu mazi, muri bo harimo n’abana kandi abenshi baburiwe irengero. Umujyi wa Calabre uri mu cyunamo kubera ibyo byago bikomeye”.
Inyubako n’imodoka by’umuhanzi Fally Ipupa uri mu bagezweho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byatwitswe n’agatsiko k’insoresore zitari zamenyekana.
Amajwi amaze kubarurwa mu matora arimo kuba mu gihugu cya Nigeria, agaragaza ko Bola Tinubu ariwe watsindiye kuba Umukuru w’igihugu.
Abayobozi ba Nigeria bafashe icyemezo cyo gufunga imipaka yo ku butaka y’icyo gihugu yose, mu rwego rwo kugira ngo amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite yatangiye uyu munsi ku itariki ya 25 Gashyantare 2023 agende neza, nta buriganya bujemo nk’uko byatangajwe n’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri icyo gihugu.
Inteko rusange y’umuryango w’abibumbye (ONU/UN) yateraniye i New York tariki ya 23 Gashyantare 2023 ibihugu 141 byatoye umwanzuro usaba Uburusiya guhagarika intambara no gukura abasirikare bayo muri Ukraine.
Muri Nigeria abantu bitwaje intwaro bishe abapolisi umunani (8) mu Majyepfo y’icyo gihugu, nk’uko byatangajwe n’abayobozi bo muri ako gace, bavuga ko ubwo bwicanyi bubaye mu gihe amatora ya Perezida wa Repubulika yegereje, kuko azaba ku itariki 25 Gashyantare 2023.
Uruzinduko rwa Perezida Joe Biden wa Amerika muri Ukraine yakoze mu buryo butunguranye, rwafashwe nk’ikimenyetso gikomeye, kuko ngo ruje umunsi umwe mbere y’uko Perezida Putin avuga imbwirwaruhame ijyanye no kwizihiza isabukuru y’umwaka ushize, u Burusiya butangije intambara muri Ukraine.
Abashakashatsi bo muri Kenya batahuye umubu ukomoka mu Majyepfo ya Asia, udashobora kwicwa n’imiti yica udukoko (Insecticides) iboneka muri Afurika.
Umuyobozi mukuru w’Ishami rya UN rishinzwe abimukira (International Organization for Migration/IOM), Antonio Vitorino, yavuze ko umubare w’abagore n’abana b’abimukira baturuka mu bihigu byo mu Ihembe ry’Afurika, bajya mu bihugu bya Golfe (Gulf states) banyuze muri Yemen wiyongereye cyane.
Umuyobozi mu Muryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’u Burayi (EU), ushinzwe ibijyanye n’igenamigambi rya gisirikare, Admiral Herve Blejean, yasuye inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri mu karere ka Mocimboa da Praia, mu Ntara ya Cabo Delgado.
Inama y’Abakuru b’ingabo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), yashyizeho gahunda y’uko ingabo zizoherezwa mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), zizacunga amahoro.
Inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, zatanze ibikoresho ku banyeshuri 1000 birimo amakaye, amakaramu n’ibitabo mu mashuri 4, harimo ishuri ryisumbuye n’iribanza rya Trinta de Junho yo mu turere twa Mocimboa da Praia na Palma.
Inzego zishinzwe ubutabazi muri Turukiya zatabaye umwana w’uruhinja na nyina, babakura munsi y’inzu yabagwiriye mu gihe cy’umutingito wibasiye icyo gihugu.
Leta y’u Buhinde yatangaje ko yamaganye igikorwa cyateguwe n’abo mu idini y’aba Hindu, cyo guhobera inka ku munsi ufatwa nk’uwabakundanye, tariki 14 Gashyantare, uzwi nka Saint Valentin.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Pologne, Prof. Shyaka Anastase, yagiranye ibiganiro n’itsinda ry’Abasenateri b’icyo gihugu, byari bigamije kuganira kuri gahunda z’ubufatanye mu bihe biri imbere.
Bill Gates w’imyaka 67, umwe mu bashinze ikigo cya Microsoft, ubu akanyamuneza ni kose, nyuma yo kubenguka Paula Hurd, uyu akaba ari umupfakazi wa Mark Hurd, wari umuyobozi w’ikigo cy’ikigo cy’ikoranabuhanga cya Oracle, wigeze no kuyobora Hewlett-Packard, akaba yaritabye Imana muri 2019.
Delroy Chuck, Minisitiri w’ubutabera wa Jamaica yavuze ko ubu biteguye gutangira uburyo bwo kudakoresha impapuro mu nkiko ‘paperless court system’ muri uyu mwaka, aho bashobora kurebera ku Rwanda uko rubigenza.
Kim Jong Un uyobora Koreya ya Ruguru yategetse igisirikare cye gukaza no kwagura imyitozo njyarugamba igamije kwitegura intambara hagamijwe gukomeza gushotora no kwereka ibihugu bituranyi ndetse na Amerika ko iki gihugu gifite intwaro.
Umugabo w’Umushinwa yatunguwe no kumenya ko hari amenyo y’umuntu yamwinjiye mu mubiri (mu isura) n’ubwo abaganga batahise babibona kuko yabimenye hashize iminsi agonganye n’umuntu barimo bakina umukino wa ‘basketball’.
Nyuma y’umutingito ukomeye wabaye ejo ku wa mbere muri Turukiya n Siriya ugahitana imbaga abandi benshi bagakomereka, ibi bihugu bikomeje kwemererwa no kohererezwa ubutabazi butandukanye.
Umutingito ukomeye wibasiye Amajyepfo y’Uburasirazuba bwa Turquie ndetse n’Amajyaruguru ya Syria, ubu ukaba umaze kwica abagera kuri 1400.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (US) Joe Biden, yakuriye inzira ku murima Ukraine avuga ko nta gahunda yo kuyiha indege z’intambara zo mu bwoko bwa F-16, n’ubwo abayobozi ba Ukraine bamaze iminsi bamusaba inkunga yo mu kirere.
Umugore w’Umunya-Kenya mu mujyi wa Nairobi bivugwa ko yafashwe ari gukora imibonano mpuzabitsina n’umukunzi we mu muhanda rwagati, yakatiwe amezi atandatu y’igifungo cyangwa ihazabu y’ibihumbi 20 by’amashilingi.
Papa Francis ari mu ruzinduko rw’iminsi 3 mu gihugu cya Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo kuva tariki 31 Mutarama kugeza tariki ya 2 Gashyantare 2023. Muri uru ruzinduko, Umushumba wa Kiriziya Gatolika ku isi, yasabye igihugu cya Congo kureka kurangwa n’amacakubiri, maze amoko bakayafata nk’ibintu bibahuza aho kubatanya.
Muri Burkina Faso abantu 28 barimo abasirikare 10 n’abasivili 18, bishwe n’igitero cy’ibyihebe, bigakekwa ko ari umutwe wa Al-Qaeda wabikoze, ubarizwa muri Afurika y’i Burengerazuba.
Roger Winter, umwanditsi w’Umunyamerika akaba n’umugiraneza wemeye gushyira ubuzima bwe mu kaga ubwo yazaga mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, nyuma akaza kugirwa Umurinzi w’Igihango, yitabye Imana afite imyaka 80, ku ya 25 Mutarama 2023.
Umuyobozi w’ikigo cyo mu Bufaransa cya TotalEnergies gicukura kandi kandi kigatunganya ibikomoka kuri Peteroli, Patrick Jean Pouyanné, arateganya gusura intara ya Cabo Delgado muri Mozambique, mu rwego rwo kureba uko umutekano wifashe muri ako gace.
Ni igitero cyagabwe ku musigiti uherereye ahakorera ibiro bikuru bya Polisi ahitwa i Peshawar, mu Majyaruguru y’Uburengerazuba bwa Pakistan, kikaba cyahitanye abagera kuri 83 nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi kuri uyu wa Kabiri tariki 31 Mutarama 2023.
Muri Madagascar abantu 25 bapfuye, 21 baburirwa irengero mu gihe abandi 38,000 bakuwe mu byabo, nyuma y’inkubi y’umuyaga ikabije yiswe Cheneso, yari ivanze n’imvura ndetse n’imirabyo n’inkuba zikabije, byibasiye icyo gihugu.