Muri Georgia, Perezida Mikheil Kavelashvili watowe nka Perezida mushya w’icyo gihugu, yarahiriye gutangira inshingano ze ariko uwo asimbuye, Salome Zourabichvili yanga kuva ku butegetsi, avuga ko n’ubu ari we perezida wemewe n’amategeko muri Georgia.
Impanuka y’imodoka yabereye mu majyepfo ya Ethiopia muri Leta ya Sidama yahitanye abantu 71, nk’uko byemejwe n’inzego z’ubuyobozi zo muri ako gace.
Jimmy Carter wabaye Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika kuva mu 1977 kugeza mu 1981, yitabye Imana ku Cyumweru tariki 29 Ukuboza 2024 afite imyaka 100.
Imibare mishya y’abaguye mu mpanuka y’indege ya kompanyi ya ‘Jeju Air’ yo muri Koreya y’Epfo, yerekana ko abantu 179 ari bo bamenyekanye ko bapfuye.
Polisi yo muri Mozambique yatangaje ko imfungwa zisaga 1,500 zatorotse gereza, zihishe inyuma y’imvururu za politike zikomeje kubera muri icyo gihugu, zishingiye ku byavuye mu matora byateje impaka.
Israël Katz, Minisitiri w’Ingabo wa Israel yatangaje ko iki gihugu ari cyo kiri inyuma y’urupfu rwa Ismaïl Haniyeh, wishwe muri Nyakanga 2024, aturikanywe n’igisasu i Teheran mu Murwa mukuru wa Iran. Iyi ikaba ari inshuro ya mbere yemeje ku mugaragaro ko ari yo yishe uwo muyobozi wa Hamas.
Muri Nigeria, abantu bagera kuri 67 baguye mu muvundo wo gufata ibyo kurya by’ubuntu, byatanzwe mu rwego rwo kwizihiza umunsi mukuru wa Noheri, abenshi bakaba ari abana bato.
Muri Mozambique, inkubi y’umuyaga yiswe Chido yishe abantu bagera kuri 94, nk’uko byatangajwe n’ikigo gishinzwe gukumira no kurwanya ibiza muri icyo gihugu.
Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu Ntara ya Equateur, ubwato bivugwa ko bwari bupakiye birengeje urugero, bwarohamye, abantu 40 barapfa, abandi bagera ku 100 baburirwa irengero.
Abantu bane bishwe, abandi barenga 60 barakomera nyuma y’uko umuntu yaboneje imodoka mu kivunge cy’abantu bari bagiye guhaha ibya noheli mu isoko ryo mu mujyi wa Magdeburg uri mu Burasirazuba bw’Ubudage.
Muri Kenya, gukingira amatungo byakuruye impaka hagati y’abategetsi badashaka ko iryo kingira rikorwa, ndetse bagakangurira n’aborozi kutemera ko amatungo yabo akingirwa, bavuga ko biyagiraho ingaruka.
Jenerali wari ushinzwe intwaro kirimbuzi (armes nucléaires, biologiques et chimiques/NBC), yishwe n’igisasu ubwo yari asohotse mu nzu ye i Moscow, Ukraine ikaba yatangaje ko ari yo yagize uruhare mu gutegura umugambi wo kumwica.
Igihugu cya Vanuatu gifatwa nk’Umwigimbakirwa giherereye mu Nyanja ya Pacifique, cyibasiwe n’umutingito ukomeye ufite ubukana bwa 7.3 mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Ukuboza 2024, wica abantu batamenyekana umubare kugeza ubu kuko batarabarurwa, usenya n’ibikorwa remezo bitandukanye.
Mu Birwa bya Mayotte biherereye mu Nyanja y’u Buhinde ariko bigenzurwa n’igihugu cy’u Bufaransa, inkubi y’umuyaga ufite umuvuduko wa kilometero 225 mu isaha (225Km/h) wiswe Chido, yishe abantu bagera kuri 11 kugeza ubu bamenyekanye, ariko mu gihe imibare yose iza kuba imaze gukusanywa ngo ishobora kuza kugera mu magana (…)
Leta ya Niger iyobowe n’igisirikare yahagaritse gahunda za radiyo BBC, mu gihe cy’amezi atatu, igishinja gukwirakwiza amakuru atari yo kandi ashobora guhungabanya umudendezo w’abaturage akaba yanaca intege abasirikare barimo kurwanya ibyigomeke.
Mu mujyi wa Qardaha mu Majyaruguru ya Syria inyeshyamba zahiritse ubutegetsi zashenye imva ya Hafez al-Assad se wa Perezida wa Bashar al-Assad.
Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine nyuma y’iminsi mike abonanye n’abarimo Emmanuel Macron w’u Bufaransa na Donald Trump uherutse gutorerwa kuyobora Amerika, yatangaje ko hakenewe gukorera hamwe mu rwego guhagarika imirwano mu gihugu cye.
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yasabye ko hategurwa ianam ihuza abanyapolitike batandukanye mu rwego rwo gutegura ishyirwaho rya Guverinoma nshya.
Ishyirahamwe riharanira uburenganzira bwa muntu ku Isi, Amnesty International, ryatangaje ko Israel iri gukora Jenoside mu Ntara ya Gaza.
Inteko Ishinga Amategeko y’u Bufaransa, yatoye icyemezo cyo gutakariza icyizere Guverinoma iyobowe na Minisitiri w’Intebe, Michel Barnier nyuma y’amezi atatu gusa agiye kuri uwo mwanya.
Mu Buyapani, ubuyobozi bwa Banki ya Shikoku, (Shikoku Bank) bwadukanye uburyo butangaje bwo kwizeza abakiriya umutekano w’amafaranga yabo, butangaza ko umukozi wo mu buyobozi bw’iyo banki uzahamwa n’icyaha icyo ari cyose kijyanye no gucunga nabi imari y’iyo banki azabyishyura amaraso ye cyangwa se ubuzima bwe agapfa.
Komisiyo y’amatora muri Namibia yatangaje ko Netumbo Nandi-Ndaitwah, wo mu ishyaka SWAPO riri ku butegetsi muri Namibia, ari we watsinze amatora y’umukuru w’igihugu.
Minisiteri y’Ingabo mu Burusiya, yatangaje ko igisirikare kizakoresha miliyari 145 z’amadolari y’Amerika mu mwaka utaha wa 2025.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yababariye umuhungu we, Robert Hunter Biden, wari warahamijwe ibyaha bifitanye isano n’imbunda yaguze mu buryo bunyuranyije n’amategeko hamwe n’icyo kudatanga imisoro ndetse no gukoresha ibiyobyabwenge.
Mu gace ka Pingjiang mu Bushinwa, habonetse zahabu nyinshi icyarimwe ingana na toni 1100, zifite agaciro kagera kuri miliyari 80 z’Amadolari ya Amerika.
Inteko Ishingamatageko ya Australia, yatoye itegeko ribuza abana bari munsi y’imyaka 16 gukoresha imbuga nkoranyambaga mu rwego rwo kubarinda ibishuko.
Ibiro bishinzwe ubuvugizi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, byatangaje ko abaturage bayo batatu bari bamaze igihe bafungiwe mu Bushinwa barekuwe nyuma yo kubagurana Abashinwa bane.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), Donald Trump, yavuze ko afite gahunda yo kumvisha u Bushinwa, Mexico na Canada abishyiriraho imisoro mishya ku munsi wa mbere w’ubuyobozi bwe, kugira ngo abahatire gukumira abimukira n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge byinjira muri USA.
Israel yahaye uburenganzira Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwo kuba umuhuza mu biganiro byo guhagarika intambara Israel irwanamo n’umutwe wa Hezbollah ubarizwa ku butaka bwa Libani.