Umunyamerika Robert Francis Prevost wamaze gutorerwa kuba Papa, ku gicamunsi cyo ku wa Kane tariki 08 Gicurasi 2025, yahise afata izina ry’Ubutungane rya Leo XIV.
Mu matora ya Papa yari amaze iminsi ibiri abera i Vatican muri Chapeli Sistine, Umunyamerika Robert Francis Prevost ni we utorewe kuba Papa, afata izina rya Gishumba rya Leo XIV.
Muri Chapeli yitwa Sistine, ahabera umwiherero (Conclave) w’Abakaridinali batora Papa, igikorwa kiba kuri uyu wa Gatatu tariki 07 Mata 2025, hamaze gutegurwa ibyumba bikorerwamo ayo matora birimo n’urwambariro rwa Papa mushya.
Mu Burusiya, ibitero by’indege zitagira abapilote byagabwe na Ukraine mu majoro abiri yikurikiranya, byatumye ibibuga by’indege byo mu Mujyi wa Moscow bifungwa.
Muri Kenya, Polisi yatangaje ko yamaze guta muri yombi abantu bakekwaho gutera urukweto Perezida William Ruto, mu gihe yarimo ageza imbwirwaruhame ku baturage b’ahitwa i Kehancha, ku Cyumweru tariki 4 Gicurasi 2025.
Perezida Paul Kagame yageze muri Gabon aho yifatanije n’abayobozi batandukanye ku Isi mu birori by’irahira rya Gen Brice Clotaire Oligui Nguéma watorewe kuyobora iki Gihugu.
U Rwanda na RDC babifashijwemo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bamaze kwemeranya ko amasezerano y’amahoro azasinywa muri Kamena, akazashyirwaho umukono na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame na mugenzi we wa RDC, Félix Tshisekedi, mu muhango uzabera muri White House imbere ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump.
Muri Burkina Faso, Guverinoma yashyizeho gahunda yo gufatira ibirombe byose bya zahabu bifitwe na sosiyete z’abanyamahanga muri icyo gihugu. Ibyo ngo birakorwa mu rwego rwo kuzamura ubukungu bw’igihugu biturutse mu mutungo kamere wacyo, nk’uko byemejwe na Minisitiri w’Intebe wa Burkina Faso, Ouédraogo Jean Emmanuel.
Ubuyobozi bwa Komite Mpuzamahanga y’Umuryango wita ku mbabare - CICR butangaza ko kuri uyu wa 30 Mata butangira gucyura ingabo za FARDC n’ imiryango yabo yahungiye mu kigo cy’ ingabo z’ umuryango wabibumbye zikorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Monusco.
Kuva Donald Trump yarahirira kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika nka Perezida wa 47 w’iki gihugu, tariki 20 Mutarama 2025, nyuma y’amatora y’Umukuru w’igihugu yegukanye umwaka ushize atsinze Kamala Harris wari uhagarariye Ishyaka ry’Aba-Democrates, mu kwezi kumwe gusa asubiye muri ‘White House’, yahise atangiza intambara (…)
Mu gitambo cya Misa yo gusabira no gusezera bwa nyuma Papa Francis, cyaturiwe ku rubuga rwa Bazilika ya Mutagatifu Petero kuri uyu wa Gatandatu tariki 26 Mata 2025, Perezida wa Amerika Donald Trump, yagaragaye ari kugirana ibiganiro na Perezida Vlodimir Zelensky wa Ukraine bari bamaze iminsi badacana uwaka.
Tanzanira yahagaritse ubucuruzi bw’ibikomoka ku buhinzi byose byatumizwaga muri Afurika y’Epfo na Malawi, kubera ibibazo bijyanye n’ubucuruzi biri hagati y’ibyo bihugu.
Mu Buyapani, umugabo witwa Honkon, ubu aribona nk’umunyabyago urusha abandi, kuko yibwira ko ibyamuyeho nta wundi muntu birabaho, akurikije uburemere bifite.
Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’Ihuriro AFC/M23 riyirwanya, bemeranyije kuba bahagaritse imirwano bamaze igihe bahanganyemo mu burasirazuba bw’icyo gihugu, kugira ngo ibiganiro by’amahoro bikomeje guhuza impande zombi muri Qatar bibe mu mwuka mwiza.
Muri Cameroun, abarimu batangije imyigaragambyo igomba kumara iminsi ine uhereye ku wa Kabiri tariki 22 Mata 2025, igakorwa mu bice byose by’icyo gihugu, mu mashuri yose yaba aya Leta ndetse n’ayigenga, ku buryo n’igihembwe cya gatatu cy’umwaka w’amashuri kitatangiye uko byari biteganyijwe.
Amategeko ya Kiliziya Gatolika ateganya ko hari ibigomba gukorwa mu gihe cyo gutora Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika ku Isi iyo yitabye Imana cyangwa yeguye.
Ku isaha ya saa tatu n’iminota 45 kuri uyu wa Mbere wa Pasika, tariki 21 Mata 2025, ni bwo inkuru y’urupfu rw’Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis yamenyekanye binyuze mu itangazo ryasomwe na Karidinali Kevin Farrell, yemeza ko yaguye aho yari atuye muri Casa Santa Marta i Vatikani.
Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Francis yitabye Imana kuri uyu wa Mbere wa Pasika tariki 21 Mata 2025 aguye aho yari atuye muri Casa Santa Marta i Vatikani.
Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yahagaharitse ibikorwa bya Politiki by’Ishyaka rya Joseph Kabila rizwi nka ‘Parti du Peuple pour la Reconstruction et la Démocratie (PPRD), rishinjwa gushyigikira M23.
Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ubwato bw’imbaho butwarwa na moteri, bwari butwaye abagenzi bagera kuri 400 bwafashwe n’inkongi bugeze hafi y’Umujyi wa Mbandaka, abantu 50 muri bo bahasiga ubuzima.
Uwahoze ari Perezida wa Pérou, Ollanta Humala n’umugore we bakatiwe n’urukiko rwo mu Murwa mukuru Lima, igihano cyo gufungwa imyaka 15, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwemera amafaranga yatanzwe na sosiyete y’ubwubatsi yo muri Brazil, atanzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko, hanyuma agakoreshwa mu bikorwa byo kwiyamamaza (…)
Ni kenshi byagiye bivugwa n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’abandi barimo ibihugu by’amahanga, ndetse n’imwe mu miryango mpuzamahanga ko umutwe witwaje intwaro wa M23 ufashwa ukanashyigikirwa n’u Rwanda, nubwo rwo rutahwemye kubihakana.
Peter Fahrenholtz wigeze guhagararira u Budage mu Rwanda, yavuze ko nta bibazo by’imibereho bikeneye ubutabazi biri muri Goma, umurwa mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (RDC), umujyi ugenzurwa n’abarwanyi b’ihuriro AFC/M23.
Rigathi Gachagua wabaye Visi Perezida w’Igihugu cya Kenya kuva mu 2022 kugeza mu kwezi k’Ukwakira 2024 ubwo yeguzwaga ku butegetsi, yateguje ibikorwa bikomeye by’urugomo igihe yaramuka agiriwe nabi, kuko atizeye umutekano we, ahita anishinganisha.
Muri Gabon, Brice Clotaire Oligui Nguema yatsinze amatora ya Perezida wa Repubulika n’amajwi 90.35%, nk’uko byagaragaye mu mibare y’agateganyo yatangajwe mu masaha y’umugoroba ku Cyumweru tariki 13 Mata 2025, itangajwe na Minisiteri y’Umutekano imbere mu gihugu.
Umuyobozi mukuru wa Guverinoma ya gisirikare muri Myanmar, Senior Gen. Min Aung Hlaing, yatangaje kuri televiziyo y’icyo gihugu, MRTV, ko imibare y’abamaze kumenyekana ko bwishwe n’umutingito ari 2,719 naho abakomeretse bakaba ari 4,521 mu gihe ababuriwe irengero ari 441.
Kuva mu mezi abiri ashize, ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ryigaruriye uduce twinshi tugize Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo turimo imijyi ya Goma na Bukavu, abahoze ari abasirikare ba FARDC bagiye bagaragara biyunga kuri uwo mutwe, kugira ngo bafatanye urugendo rwo (…)
Jenerali Mamadi Doumbouya, Perezida w’inzibacyuho muri Guinnea Conakry, yahaye imbabazi Capitaine Moussa Dadis Camara, wigeze kuba Perezida w’icyo gihugu hagati y’umwaka wa 2008-2009 wari umaze igihe ufunze, nk’uko bikubiye mu itangazo ryasohowe na Minisitiri ushinzwe ibikorwa bya perezidansi, izo mbabazi yazihawe kubera (…)
Leta zunze Ubumwe z’Amerika zakuyeho visa zibarirwa muri 300, ku banyeshuri baturuka mu bihugu by’amahanga bitandukanye, nk’uko byemejwe na Minisitiri ushinzwe imibanire y’Amerika n’ibindi bihugu, Marco Rubio.
Abantu barenga 150 bagwiriwe n’ibikuta by’inyubako zasenywe n’imitingito ibiri ikaze harimo umwe ufite ubukana bwa 7.7 n’undi ufite ubwa 6.4, yibasiye Myanmar ndetse igera no muri Thailande bituranye.