Nyuma y’igihe kinini Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yinangira ko idashobora kugirana ibiganiro n’ubuyobozi bw’Ihuriro rya AFC/M23, kuko bawufata nk’umutwe w’iterabwoba, ubuyobozi bwa RDC bwavuye ku izima bwemeza kuzitabira ibiganiro.
Sudani yahagaritse ibicuruzwa byose byinjira muri icyo gihugu bituruka muri Kenya, kandi icyo cyemezo cya Sudani ngo kigomba guhita gitangira kubahirizwa ako kanya.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika yirukanye Ambasaderi wa Afurika y’Epfo muri icyo gihugu, Ebrahim Rasool, imushinja kuba umunyapolitiki ugira amacakubiri, wanga Amerika na Perezida Donald Trump.
Muri Kenya, mu muhanda wa Thika, ushinzwe kwishyuza muri bisi (Komvuwayeri) ya kompanyi ya Super Metro, yasunitse umugenzi witwa Gilbert Thuo Kimani, amusohora mu modoka kandi irimo igenda ku muvuduko mwinshi, agwa mu muhanda ahita apfa.
Muri Argentine, mu Murwa mukuru Buenos, hatangijwe urubanza rw’abaganga bavuraga nyakwigendera Diego Maradona, wabaye umukinnyi w’ikirangirire mu mupira w’amaguru.
Rodrigo Duterte wabaye Perezida wa Philippines guhera mu 2016-2022, yatawe muri yombi ku kibuga cy’indege cya Manille, hashingiwe ku mpapuro zo kumufata zatanzwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC), kubera ibyaha byibasiye inyoko umuntu akurikiranyweho.
Muri Tanzania, Urukiko rukuru rwa Musoma rwahanishije igihano cyo kwicwa, umugabo witwa Wangoko Matienyi utuye ahitwa Mkengwa mu Ntara ya Tarime, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica umupolisi witwaga Fred Obunga.
Muri Uganda, urukiko rukuru rwategetse ubuyobozi bw’Umujyi wa Kampala, gutangiza gahunda yo guhindura amazina y’imihanda imwe n’imwe yo muri uwo Mujyi, yitiriwe abakoloni b’Abongereza bakolonije icyo gihugu.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika (US), zabaye zihagaritse inkunga zateraga Ukraine mu bya gisirikare, nk’uko byatangajwe n’umuyobozi muri White House mu kiganiro yagiranye na CBS News.
Abantu benshi bakunze kwibaza impamvu yaba ituma Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky, atajya yambara ikoti cyangwa se ‘costume’ mu gihe uwo ari umwenda ufatwa nk’uwo kurimba cyane cyane ku bagabo, bitewe n’ibirori cyangwa gahunda bagiyemo, ariko yavuze ikibimutera.
Ku kirwa cy’u Bufaransa cya La Réunion, inkubi y’umuyaga yiswe ‘Garance’ yasize yishe abantu 4, isenya inzu zo kubamo ndetse yangiza n’ibikorwa remezo bitandukanye harimo imihanda, amashanyarazi, amazi n’ibindi.
Muri Senegal, Guverinoma yizeje ko Macky Sall wahoze ari Perezida w’icyo gihugu adashobora kuzacika ubutabera, nyuma y’uko hasohotse raporo igaragaza imicungire n’imikoreshereze ye mibi y’imari ya Leta, mu gihe cy’ubutegetsi bwe guhera mu 2012-2024.
Ihuriro AFC / M23 ryihanganishije abaturage b’i Bukavu nyuma y’igitero cyiswe icy’iterabwoba cyagabwe ku mbaga yari iteraniye mu biganiro byahuje abaturage n’ubuyobozi bwa AFC/M23.
Muri Canada, abantu ibihumbi n’ibihumbi bashyize umukono ku nyandiko rusange isaba ko umuherwe Elon Musk yamburwa ubwenegihugu bwa Canada, mu gihe umwuka ukomeje kugenda uba mubi hagati y’ubuyobozi bwa Trump na Canada.
Inama y’Abaminisitiri bashinzwe Ububanyi n’Amahanga mu bihugu bigize Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, yanzuye kudahita ifatira ibihano u Rwanda bitewe n’ibirego rushinjwa mu makimbirane yo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Abayobozi batatu bo ku rwego rw’Afurika barimo Olusegun Obasanjo, wahoze ari Perezida wa Nigeria, Hailemariam Desalegn wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia ndetse na Uhuru Kenyatta wahoze ari Perezida wa Kenya, bagizwe abahuza mu biganiro bya Luanda na Nairobi byahurijwe hamwe, hagamijwe gushaka umuti ku kibazo (…)
Ubuzima bwa Papa Francis, umaze iminsi ajyanywe mu bitaro bya Gemelli biherereye i Roma, burarushaho kumera nabi, kubera ko abaganga batangaje ko ibimenyetso by’amaraso byagaragaje ko impyiko zitarimo gukora akazi kazo neza, ko kuyungurura amaraso no gusohora imyanda mu mubiri.
Gen Sematama Charles wari wungirije Gen Makanika ku buyobozi bw’umutwe wa Twirwaneho, urengera ubwoko bw’Abanyamulenge muri Teritwari ya Fizi muri Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yagizwe Umuyobozi w’uwo mutwe asimbura Gen Makanika wishwe n’ingabo za FARDC zikoresheje drone muri (…)
Muri Sudani y’Epfo hafashwe icyemezo cyo gufunga amashuri yose kubera ubushyuhe bukabije, butuma abanyeshuri bikubita hasi.
Abayobozi ba Sudani bahamagaje Ambasaderi wari uyigararirye muri Kenya, nk’uko byemejwe na Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ya Sudani.
Muri Leta ya Arizona, imwe mu zigize Leta zunze Ubumwe za Amerika, abantu babiri bapfuye baguye mu mpanuka y’indege ebyiri zagonganye mu gihe zarimo zigerageza kugwa ku kibuga cy’indege cy’aho muri Arizona.
Umuvugizi wa M23 ku rwego rwa Politiki, Lawrence Kanyuka, yongeye gusaba Guverinoma ya Kinshasa guhagarika kugaba ibitero ku basivili, no kureka kwica abantu bazira ubwoko bwabo.
Muri Sudani y’Epfo, imirwano yongeye kubura mu bice bitandukanye by’igihugu, hagati y’ingabo za Leta ziyobowe na Perezida Salva Kiir n’abarwanyi batavuga rumwe na Leta bashyigikiye Riek Machar, uwo akaba ari na we Visi-Perezida w’iki gihugu.
Imirwano ikomeye hagati y’umutwe wa M23 n’ingabo za FARDC yongeye kubura muri Teritwari ya Lubero.
Guverineri w’agateganyo wa Kivu y’Amajyaruguru washyizweho na M23, yashyizeho amabwiriza yo kurekura ingendo mu mazi y’ikiyaga cya Kivu ndetse bihita bikurikizwa.
Perezida wa Congo Brazzaville Denis Sassou-Nguesso aratangaza ko nta mpamvu n’imwe yo gufatira u Rwanda ibihano, kubera urwitwazo rw’Intambara ibera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo-DRC ihanganyemo n’umutwe wa M23.
Abarwanyi ba M23 bageze ku mupaka wa mbere uhuza Bukavu na Rusizi uzwi nka Rusizi ya mbere, bakaba bahageze saa tatu na mirongo ine (9h40) zo kuri iki Cyumweru tariki 16 Gasahyantare 2025. Aba barwanyi bahageze batarasanye, bakomeza bajya ku mupaka wa kabiri.
Mahamoud Ali Youssuf wo mu Gihugu cya Djibouti niwe watorewe manda y’imyaka ine, ku mwanya w’Umunyambanga mukuru wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe AUC asimbuye Moussa Faki Mahamat wari umaze imyaka umunani kuri uwo mwanya.
Intambara z’urudaca ku mugabane wa Afurika, ni kimwe mu bibazo bihangayikishije cyagarutsweho mu mbwirwaruhame zagejejwe ku bateraniye ku cyicaro cy’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, i Addis Ababa muri Ethiopia, hasabwa ko hashyirwa imbaraga mu kuzihagarika binyuze mu buryo bwa Politiki.