Igihugu cy’Ubuhinde gihanganye n’ikibazo cyo kubura ibitunguru ku buryo bukomeye bushobora gutuma Leta iriho muri icyo gihugu ihirima ikavaho nk’uko byagenze mu myaka ya 1980 na 1998 ubwo kubura ibitunguru byatumaga abaturage bivumbura kuri Leta ndetse bikagira uruhare mu gukura ku butegetsi Leta zariho icyo gihe.
Abakurikirana imiyiteguro y’ibiganiro by’amahoro hagati ya Guverinoma ya Kongo-Kinshasa n’umutwe uyirwanya wa M23 babwiye Kigali Today ko impande zombi zigiye gutangira ibiganiro isaa cyenda z’uyu munsi kuwa kabiri tariki ya 10/09/2013 mu mujyi wa Kampala.
Umutwe wa M23 uratangaza ko witeguye gushyira intwaro hasi burundu, abawugize bakaba abasivili nka rubanda rusanzwe igihe ngo leta ya Kongo yaramuka ifashe ingamba zihamye zo gucyura impunzi z’Abanyekongo bavuga ikinyarwanda ziri mu buhungiro kandi ikarwanya indi mitwe yitwaje intwaro mu Burasirazuba bwa Kongo.
Ambassaderi w’u Rwanda mu gihugu cy’Ubufaransa Jacques Kabala Nyangezi kuri uyu wa gatandatu tariki ya 07/9/2013 yasuye abakinnyi n’abahanzi b’u Rwanda bitabiriye imikino ihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa irimo kubera i Nice mu bufaransa.
Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Haiti bari kwitabaza umuganda nka bumwe mu buryo bwo gukomeza gufasha abaturage ba Haiti kubaka igihugu cyabo nyuma y’ibibazo by’insobe byashegeshe icyo gihugu birimo umutingito n’imyuzure bidasanzwe ndetse n’umutekano mucye byashegeshe Haiti.
Minisitiri w’intara ya Kivu y’amajyepfo Jean-Julien Miruho arahamagarira Abanyekongo kutitiranya abaturage bavuga Ikinyarwanda no kuba ari Abanyarwanda kuko yemeza ko no mu gihugu cya Congo hari Abanyecongo bavuga ikinyarwanda cyane kandi mu by’ukurri atari Abanyarwanda.
Umushumba wa Kiliziya Gatulika, Papa Faransisiko wa mbere arasaba abemera ko Yezu ari umwana w’Imana bose kuzifatanya nawe mu isengesho rikomeye rizaba tariki ya 07/09/2013 hagamijwe gusenga cyane ngo amahoro aganze ku isi, by’umwihariko mu gihugu cya Siriya.
Ubwo umushumba wa kiliziya Gatulika ku isi yose, nyiri ubutungane Papa Francis yakiraga abakinnyi b’amakipe y’ibihugu by’Ubutaliyani na Argentine aho atuye i Roma mu Butaliyani, mbere y’umukino ibyo bihugu bikina mu izina rya Papa Francis, yabasabye gutanga ubutumwa bwo kubaha ikiremwamuntu ku babakurikirana buri munsi.
Mu gihe hari abantu batekereza ko abihaye Imana bo ku rwego rwo hejuru nka Papa batagira ibindi bintu bajyamo cyane cyane nk’amashyaka n’amakipe, amakuru dukesha ibiro ntaramakuru by’abongereza avuga ko Papa Francis I ari umufana ukomeye w’ikipe yitwa San Lorenzo yo mu gihugu cye cy’amavuko.
Umwami Philippe I yimitswe nk’umwami w’Ububiligi ku cyumweru tariki 21/07/2013 akaba abaye umwami wa karindwi nyuma y’uko se umubyara Albert yeguye kuri uwo mwanya, mu gihugu kimaze igihe kirekire kirimo amacakubili ashingiye ku ndimi.
Abagabo babili bakora mu kabari mu mujyi wa Mexico baraye batawe muri yombi, bakekwaho kugira uruhare mu iyicwa rya Malcom Shabazz, umwuzukuru wa Malcom X.
Nyuma y’imyaka umunani uwari Papa Yohani Pawulo wa II yitabye Imana, yongeye kuvugwa mu gihugu yavukagamo cya Polonye aho abaturage batishimiye ko ishusho ya rutura yo kumwibuka idakoze mu bikoresho bihanitse nk’uko nawe yabaye igitangaza mu gihugu cye no ku isi yose.
Ikigo Mars One cyo mu Budage cyatangiye kwandika abifuza kuzajya gutura ku mubumbe witwa Mars uri mu kirere, bakazaturayo iteka ryose kuko icyogajuru cyizabajyana cyitazagira uwo kigarura ku isi.
Muri iki gihe intambara irimo gututumba hagati ya Koreya ya Ruguru na Koreya y’Epfo. Muri iyi nkuru twasubiye mu mateka agaragaza ko amakimbirane hagati y’ibyo bihugu ari aya cyera.
Ku nshuro ya mbere muri manda ye ya kabiri yatorewe, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Barack Obama, aritegura kugendera umugabane wa Afurika.
Kimwe n’Abanyarwanda bose muri rusange, tariki 07/04/2013 Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kugarura amahoro muri Haiti bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Umugore wa mbere wabaye Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza, Margaret Hilda Thatcher, yitabye Imana mu gitondo cya taliki 08/04/2013 afite imyaka 87 azize kuba amaraso adatembera neza ngo agere mu bwonko.
Umunyamerikakazi Julia Pierson wakoreye umutwe ushinzwe kurinda Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (secret service) igihe cy’imyaka 30, ni we watoranyijwe na Perezida Barack Obama kuyobora uwo mutwe Ni ubwa mbere umugore ahawe uwo murimo mu mateka y’Amerika.
Julian Assange akomeje kuza ku mwanya wa mbere mu bahatanira igihembo cy’abahanaranira uburenganzira bwa muntu, kizatangwa hizihizwa isabukuru y’imyaka 25 y’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu.
Chinua Achebe, umwanditsi ukomeye w’ibitabo, ukomoka muri Nigeria yitabye Imana mu ijoro rishyira kuri uyu wa gatanu tariki 22/03/2013.
Ubwo Karidinari Jorge Mario Bergoglio yari amaze gutorerwa gusimbura Papa Benedigito XVI, tariki 13/03/2013, Umunyamerikakazi yavumbuye ikimenyetso kidasanzwe, ubwo yarimo yigendera abona igicu gifite ishusho nk’iy’umumarayika, ahita yumva ko ari ikimenyetso giturutse mu ijuru.
kiliziya Katolika yongeye kubona umushumba mushya ariwe Papa Francis wa I, watowe n’Abakaridinari mu mwiherero w’iminsi ibiri bari bateraniye kugira ngo bitoremo ugomba kubasimbura.
Nyuma y’impanuka y’indege yabaye ku mugoroba w’itariki ya 04/03/2013 mu mujyi wa Goma, umubare nyakuri w’abari bayirimo ntuvugwaho rumwe n’inzego z’ubuyobozi, mu gihe ahabereye impanuka harinzwe bikomeye abantu badashobora kuhagera ngo bimenyere ukuri naho inzego zishobora gutanga amakuru zikaba zirinze kugira icyo zitangaza.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kwita ku Mpunzi UNHCR ryatangarije i Bukavu muri Repubulika iharanira Demukarasi ya Kongo ko mu mwaka ushize wa 2012 ryacyuye impunzi z’Abanyarwanda 1,154 babaga muri Kivu y’Amajyepfo, barimo abari abarwanyi ba FDLR 390.
Papa Benedict XVI kuri iki cyumweru tariki 24/02/2013 yatanze umugisha wa nyuma mu ruhame, imbere y’ibihumbi n’ibihumbi by’imbaga yari iteraniye ku rubuga rwa Mutagatifu Petero mu mujyi wa Vatican.
Radio Vatican kuri uyu wa gatanu tariki 22/02/2013 yatangaje ko Twitter Papa Benedict XVI yakoreshaga izahagarara nawe akimara gusezera ku bushumba bwa Kiliziya Gatulika tariki 28/02/2013 sambili z’ijoro ku isaha ya Vatican.
Vincent Lurquin Umudepite wo mu gihugu cy’u Bubiligi ukomoka mu ishyaka rya Ecolo ntiyifuza ko hari imishinga igomba kuva mu gihugu cye ngo ize gukorera mu Rwanda ariko ntabyumva kimwe n’abandi muri Guverinoma.
Umubyeyi wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni yitabye Imana, kuri uyu wa gatanu tariki 22/02/2013, ahagana saa moya za mugitondo aguye mu Bitaro Mpuzamahanga bya Kampala aho yari arwariye.
Cardinal Peter Turkson uhabwa amahirwe yo kuba Papa wa mbere w’umwirabura yatangaje ko umuco wa Kinyafrika utemera ababana bahuje ibitsina, amagambo yatumye benshi bakeka ko amahirwe ye yo gutorerwa kuyobora Kiriziya Gatorika yaba yayoyotse.
Umugabo w’imyaka 43 yiyahuye yitwitse imbere y’ibiro bishinzwe umurimo , Pôle Emploi agency, mu mujyi wa Nantes mu gihugu cy’u Bufaransa, abashinzwe umutekano baza kumuzimya yamaze gupfa kubera ubushye.