Sosiyete Nyarwanda y’ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir yatangaje ko yahagaritse ingendo zijya muri Kenya ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cyitiriwe Jomo Kenyatta (Jomo Kenyatta International Airport), kubera imyigaragambyo y’abakozi ikomeje kubera kuri icyo kibuga.
Abayobozi mu ishuri rikuru rya gisirikare ryo muri Bangladesh, bashimye intambwe nziza u Rwanda rwagezeho mu kugira inzego z’umutekano zikora kinyamwuga kandi ziteye imbere, bifuza kugirana ubufatanye narwo mu bijyanye no guhanahana ubumenyi binyuze mu mashuri ya gisirikare hagati y’ibihugu byombi.
Kuva mu mpera z’ukwezi kwa Kanama 2024 kugera tariki ya 09 Nzeri 2024, mu karere ka Ngoma, amatungo yuza 18 ni yo amaze kugaragarwaho indwara y’ubuganga (Rift Valley Fever) ndetse rimwe rikaba rimaze guhitanwa n’iyi ndwara.
Ahitwa i Higiro mu Murenge wa Nyanza mu Karere ka Gisagara, hari urubyiruko rwiyegeranyije rugamije kuzana impinduka aho rutuye, none mu byo rukora harimo n’udutebe dufasha abana bavukanye ubumuga kwicara, guhagarara no kugenda.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, SP Mwiseneza Jean Bosco yabwiye Kigali Today ko inzego z’Umutekano zikomeje gushakisha umugabo witwa Ntawugayurwe Desire wo mu kagari ka Gakingo, Umurenge wa Shingiro akarere ka Musanze.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Ngirente Edouard, kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Nzeri 2024, yatangije ku mugaragaro imirimo y’iyubakwa rya Kigali Innovation City, uyu ukaba ari umushinga wo kubaka urusisiro rw’ibikorwa by’ikoranabuhanga no guhanga ibishya ruherereye mu cyanya cyahariwe inganda cya Kigali kiri i Masoro mu Karere ka (…)
Mu gihe imirimo yo kubaka za Maternité ku bigo nderabuzima birimo ibitari bizifite n’ibyagiraga izitakijyanye n’igihe byo mu Karere ka Musanze irimbanije, ababigana biganjemo abo mu Mirenge biri kubakwamo n’iyo bihana imbibi, bari mu byishimo by’uko niziramuka zuzuye zigatangira gutanga serivisi ku bazigana, ingendo ababyeyi (…)
Miliyoni 508 z’amafaranga y’u Rwanda zigiye gushorwa mu kubaka ibiraro 11 by’amabuye, biramba kandi byubatswe mu buryo bugezweho budahenze.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe Ubukungu, Matsiko Gonzague, yasobanuye ko kuba hari inka 27 zari zimaze hafi icyumweru zifatiriwe n’Umurenge wa Nyagatare, byatewe no kuba ba nyirazo bari barabuze byongeye kandi zimwe zikaba nta rupapuro rw’inzira zari zifite n’izari zirufite zikaza nyuma.
Hafi saa moya z’umugoroba kuri uyu wa mbere tariki ya 9 Nzeri 2024, Kicukiro Centre uvuye ku muhanda ugerekeranye umanuka werekeza i Gikondo, ikamyo yo mu bwoko bwa Fuso yagonze imodoka na moto abantu babiri bahasiga ubuzima abandi barakomereka ndetse n’ibinyabiziga birangirika.
Minisitiri w’Ibikorwa remezo, Dr Jimmy Gasore, yatangaje ko nubwo hari ibyakozwe mu kugabanya ibyangiza ikirere ariko u Rwanda rugiye kongera imbaraga mu gufasha Abanyarwanda kubona ibicanwa bidahumanya ikirere.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubugenzuzi n’Amasuzuma mu bogo by’amashuri abanza n’ayisumbuye NESA, kirahakana ko nta karengane, n’ivangura byabayeho mu guhsyira mu myanya abanyeshuri barangije umwaka wa mbere w’amashuri abanza, bimukira mu wa mbere w’ayisumbuye, cyangwa umwaka wa gatatu w’amashuri yisumbuye bajya mu mwaka wa kane.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubugenzuzi n’amasuzuma y’amashuri abanza y’ayisumbuye NESA, buratangaza ko kubera ko hari ababyeyi baherekeje abanyeshuri bajya kwiga mu mwaka wa mbere n’uwa kane w’amashuri yisumbuye, byatumye ingendo zabo zibangamirwa.
Bamwe mu barimu bigisha mu mwaka wa mbere, uwa kabiri n’uwa gatatu y’amashuri abanza bitabiriye ‘Gahunda Nzamurabushobozi’ yakozwe mu biruhuko, baravuga ko iyi gahunda bayifashe nk’igihano bahawe cyo kuba barigishije abana bagatsindwa.
Muri gahunda y’iterambere ry’u Rwanda yiswe NST2 intego y’u Rwanda mu Cyerekezo 2050, ni ukuba igihugu gifite ubukungu buteye imbere ku rugero ruringaniye mu 2035 no kuba igihugu gifite ubukungu buteye imbere cyane mu 2050.
Polisi y’u Rwanda iributsa abatwara ibinyabiziga kwirinda no kwitwarararika ku makosa bakora mu muhanda byumwihariko igihe bageze mu masangano y’imihanda n’ahagenewe kwambukira abanyamaguru ‘Zebra cross’.
Isangano ry’abagore baharanira amajyambere y’icyaro (Reseau des Femmes), riravuga ko mu itegeko rirebana n’ubuzima bw’imyororokere hakigaragaramo imbogamizi, ahanini zibuza abana guhabwa serivisi z’ubuzima bw’imyororokere badaherekejwe n’ababyeyi.
Icyimpaye Jeannette amazina yahawe n’umuryango wamutoraguye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ukanamurera, aracyashakisha umuryango we bwite kuko kutawumenya bikimugiraho ingaruka.
Nyuma y’uko Umujyi wa Kigali wemeje igishushanyo mbonera cy’imiturire igereranywa na paradizo kandi ibana neza n’ibidukikije (Green City Kigali) muri Kinyinya, abahatuye baribaza byinshi kuri uwo mushinga uzahindura uburyo batuyemo.
Maj Gen Alex Kagame, wari umuhuzabikorwa w’inzego z’umutekano ziri mu butumwa muri Mozambique, yaherekanyije ububasha Maj Gen Emmanuel Ruvusha ugiye kumusimbura kuri izo nshingano.
Umuturage wo mu Murenge wa Rwempasha, Mwendo Alex, avuga ko inka ze zimaze icyumweru zifatiriwe n’Umurenge wa Nyagatare kubera impamvu atazi kuko aho yazikuye n’aho zajyaga hazwi nk’uko bigaragazwa n’urupapuro rw’inzira.
Abaturage bivuriza mu Kigo Nderabuzima cya Mucaca giherereye mu Murenge wa Rugengabali n’abivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Kinyababa mu Murenge wa Kinyababa mu Karere ka Burera, barashima Umukuru w’Igihugu nyuma y’uko ibigo nderabuzima byabo, bihawe (Ambulance) imbangukiragutabara.
Mu Karere ka Kirehe, imvura nkeya ivanze n’umuyaga mwinshi iguye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatandatu tariki ya 07 Nzeri 2024, isize isambuye ibyumba by’amashuri 11 kuri Groupe Scolaire Migongo, Akagari ka Nyarutunga, Umurenge wa Nyarubuye.
Umujyi wa Nyanza washinzwe mu mwaka w’1899, ubwo umwami Yuhi V Musinga yahaturaga, akahagira umurwa uhoraho w’Abami, bitandukanye n’uko mbere ye Abami b’u Rwanda bagendaga bimuka, ari yo mpamvu kuri ubu bari kwizihiza isabukuru y’imyaka 125 umaze ushinzwe.
Polisi y’Igihugu n’abagenda ku magare (abanyonzi n’abo bayatwaraho), bagaragaza ko bimwe mu biteza impanuka zihitana ndetse zigakomeretsa benshi harimo iziterwa n’ubwinshi bw’ibinyabiziga babisikana mu mihanda no kugenda nabi kw’abakora akazi ko gutwara abantu ku igare.
Bamwe mu baturage batuye mu Mujyi wa Kigali, by’umwihariko abatwarirwa ibishingwe byo mu ngo, bibaza impamvu bishyuzwa amafaranga angana kandi nyaramara ingano yabyo iba atari imwe.
Perezida Paul Kagame yunamiye, Araya Assefa witabye Imana afite myaka 89, uyu akaba yaramuhagarariye nk’umubyeyi we (Se), mu bukwe bwe na Jeannette Kagame.
Abasirikare 22 mu Ngabo z’u Rwanda (RDF), basoje amahugurwa ku rwego rw’Igihugu mu bijyanye n’ubugenzacyaha ku bijyanye no gukusanya ibimenyetso bya gihanga bikoreshwa mu butabera.
Ba Ofisiye 23 bo mu Mutwe w’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye muri Afurika y’Iburasirazuba (EASF) baturutse mu bihugu bitandatu byo ku mugabane wa Afurika, barishimira ubumenyi batahanye nyuma y’ibyumweru bibiri bamaze mu Kigo cy’Igihugu cy’Amahoro (RPA), bahabwa amahugurwa abategurira kuzigisha abandi.
Kuri uyu wa Gatanu, tariki 6 Nzeri 2024, Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro, Minisitiri w’u Bwongereza ushinzwe Afurika, Lord Ray Collins, baganira ku gukomeza ubufatanye busanzweho hagati y’ibihugu byombi.