Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwagaragaje ko mu bushakashatsi bw’umwaka wa 2020 bwakozwe ku miyoborere n’imitangire ya serivisi, inzego z’umuteano ziza ku isonga.
Icyiciro cya kane kigizwe n’abantu bari hagati ya 80 na100, barimo impunzi ndetse n’abashaka ubuhungiro, bari bari mu gihugu cya Libya, bazagezwa mu Rwanda ku wa Kane tariki ya 19 Ugushyingo 2020. Aba, bariyongera ku bandi bari barageze mu Rwanda guhera mu mwaka ushize.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Ugushyingo 2020, inyubako ya Kigali Convention Centre, imwe mu zigaragara cyane mu Mujyi wa Kigali by’umwihariko mu masaha ya nijoro yagaragaye yaka mu ibara ryari rifite igisobanuro cyihariye.
Abafite ubumuga bwo kutabona batewe impungenge n’abatwara ibinyabiziga badaha agaciro inkoni yera ibafasha mu kugenda, bagasaba ko yakubahwa ndetse n’abigisha amategeko y’umuhanda na yo bakayishyiramo.
Abatuye umudugudu w’icyitegererezo wa Murora mu Kagari ka Gakoro, Umurenge wa Gacaca mu Karere ka Musanze, barashimira Leta yabubakiye umudugudu, ariko bakavuga ko bahangayikishijwe no kutagira aho bashyingura.
Abari batunzwe no gususurutsa ibirori bitandukanye baratangaza ko COVID-19 ikomeje kubabera imbogamizi mu mibereho yabo, bakifuza ko Leta yagira icyo ibafasha cyangwa na bo bagatekerezwaho mu mirimo igenda ikomorerwa.
Komite nyobozi y’Umudugudu wa Karehe mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza, yahawe smartphone nk’igihembo cy’uko umudugudu bayobora wabimburiye indi mu kwitabira mituweli 100%.
Nyuma yo gufatwa ku nshuro ya kabiri itubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo Covid-19 no kugira umwanda, Laguna Motel iherereye ku Muhima mu Karere ka Nyarugenge yafunzwe.
Abaturage bo mu Ntara y’Amajyaruguru barasaba ababayobora kuva mu biro, bakarushaho kubegera babagaragariza ibikubiye mu mihigo baba bahize, kugira ngo babone aho bahera bagira uruhare mu kuyishyira mu bikorwa.
Ihuriro ry’imiryango iharanira uburinganire bw’umugore n’umugabo ku isi (MenEngage) ryamaganye abavuga ko umugore wanze ikandamizwa ry’abagabo ari igishegabo, kuko ngo aba yifuza impinduka.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza avuga ko Nyanza yavuye ku mwanya wa 30 ikaza kuwa 5 mu kwesa imihigo, kandi ko ibyagezweho babikesha ubufatanye, dore ko nta visi meya w’imibereho myiza bari bafite guhera mu ntangiriro za Gashyantare 2020.
Abaturiye inkengero z’imihanda ya kaburimbo yatunganyijwe mu makaritsiye amwe n’amwe yo mu mujyi wa Musanze, bavuga ko niba nta gikozwe ngo inzu zabo zisanwe, bishobora kuzabagiraho ingaruka zirimo no kuba zabagwaho.
Umuryango Imbuto Foundation hamwe n’abafatanyabikorwa bawo, bongeye guhamagarira urubyiruko rufite imishinga itanga ibisubizo bijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe n’imyororokere, kwitabira amarushanwa.
Jean-Louis Karingondo, Komiseri mukuru wungirije akaba na komiseri ushinzwe imirimo rusange mu Kigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA), avuga ko RRA igiye gushyiraho uburyo abasora bazajya bamenya imisoro barimo bifashishije telefone.
Inama mpuzamahanga yiswe ‘Ubuntu Symposium’ y’Imiryango iharanira uburinganire bw’abagore n’abagabo ku isi, (MenEngage Alliance), ku wa Kabiri wiki cyumweru yihariwe n’urubyiruko ruvuga ko mu minsi izaza abagabo batazaba bafite imirimo y’urugo banga gukora.
Mu Rwego rwo gufasha abayigana kubitsa, kubikuza no kohererezanya amafaranga, ndetse no kwishyura serivisi zitandukanye umuntu atavuye aho ari, Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR) yerekanye ikoranabuhanga rya ‘Mobile Banking’.
Umuhuzabikorwa w’umushinga wo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu Mpuzamiryango Pro-Femmes Twese Hamwe ,Furere Wellars, avuga ko umwana wahohotewe agaterwa inda aba agifite uburenganzira nk’abandi bana ndetse n’agaciro mu muryango.
Umuryango nyarwanda uteza imbere umugore binyuze muri siporo (AKWOS) watangiye igikorwa cy’amahoro gifite intego nyamukuru yo kugeza ku bantu benshi ubutumwa bwo gukemura amakimbirane mu miryango, kubaka amahoro arambye no kwimakaza ihame ry’uburinganire kuko byagaragaye ko amakimbirane abera mu ngo agira ingaruka zikomeye (…)
Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro iyobowe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ku wa Gatatu tariki ya 11 Ugushyingo 2020, yashyize Nirere Madeleine ku mwanya w’Umuvunyi Mukuru (Ombudsman).
Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ku wa Gatatu tariki ya 11 Ugushyingo 2020, yafatiwemo ibyemezo bikurikira:
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Ugushyingo 2020 yayoboye Inama y’Abaminisitiri yabereye muri Village Urugwiro.
Bamwe mu bagabo bavuga ko bakeneye ko abagore babubaha, ariko bitavuze kwiremereza, kandi bakaganirira hamwe ibyafasha ingo kurushaho gutera imbere.
Polisi y’u Rwanda ivuga ko bikomeje kugaragara ko hari abantu benshi badohotse ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, bityo ko ibihano byari bisanzwe bishobora kwiyongera niba batisubiyeho.
Clémentine Nyirambarushimana utuye mu Mudugudu wa Uwimfizi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyaruguru, hamwe n’umuryango we bashyikirijwe inzu bubakiwe n’umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka, ahita asaba kuzafashwa kuyibamo mu mutekano.
Ihuriro ry’imiryango iharanira ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo ku isi (MenEngage Global Alliance) ririmo gufata ingamba zo guhindurira abagabo n’abahungu kuzuzanya n’abagore n’abakobwa, hagamijwe kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Abayobozi b’uturere mu Ntara y’Amajyepfo baratangaza ko ibinengwa n’abaturage mu bushakashatsi bw’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) ku mitangire ya serivisi n’imiyoborere byajya bishyirwa ahagaragara kugira ngo bimenyekane bishakirwe umuti.
Abaturage basaga 20 bo mu Kagari ka Gakoro mu Murenge wa Gacaca, Akarere ka Musanze, bamaze amezi atandatu mu gihirahiro nyuma yo gukoreshwa na rwiyemezamirimo mu kubaka ivuriro rito (Poste de santé) akagenda atabishyuye.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Ugushyingo 2020, imodoka ya Paruwasi ya Kitabi muri Diyoseze ya Gikongoro yafashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka.
Kugeza ubu ntabwo ari ngombwa ko umubyeyi ajya kuri banki kwishyurira umwana amafaranga y’ishuri n’ibindi asabwa, ndetse nta n’ubwo ari ngombwa kujya ku ishuri kumenya imyitwarire y’uwo munyeshuri n’amanota yabonye cyangwa amatangazo y’iryo shuri.
Hategekimana Pacifique, umukozi wa Real Contractors ushinzwe ubuzima n’umutekano (health and safety officer) avuga ko kumvira inama za Leta byatumye yiga, mu gihe abo bari mu kigero kimwe bagicukura amabuye y’agaciro.