Bizimana Jean Damascene ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, akaba ari Umujyanama mu muryango nyarwanda w’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga (RNUD), avuga ko uburenganzira bwabo hari igihe bubangamirwa bitewe no kuba hari abantu benshi bakeneraho serivisi ariko ntibabashe kubafasha uko bikwiye kubera ko batazi ururimi (…)
U Rwanda rwakiriye ikindi cyiciro cy’abimukira n’abasaba ubuhungiro 119 baturutse muri muri Libya, muri gahunda y’agateganyo yo kubakira mu gihe bategereje kwimurirwa mu bindi bibugu by’i Burayi n’Amerika byemera kubakira.
Umuzamu n’umutetsi ku ishuri ribanza rya Rumuli, Umurenge wa Muhura, bafungiye k’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), Sitasiyo ya Muhura bakekwaho kwiba ibiro 263 by’ibishyimbo na Litiro 62 z’amavuta yo guteka.
Perezida Paul Kagame yasabye Abasenateri n’abandi bayobozi muri rusange kujya bamenya ibibazo by’abaturage hakiri kare, kuruta uko abaturage babinyuza ku mbuga nkoranyambaga basa n’abatabaza kuko babuze ubakemurira ibibazo. Ibi yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki 26 Nzeri 2024, ubwo yakiraga indahiro z’Abasenateri bagize (…)
Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB ruraburira umuntu wese ushyira amashusho y’urukozasoni n’ibiganiro ku mbuga nkoranyambaga ko azabihanirwa kuko hari itegeko ribihana kandi ko aba yatandukiriye umuco nyarwanda.
Umunyamakuru Scovia Mutesi benshi bakunze kwita Mama Urwagasabo, ni umubyeyi wubatse, uri hafi kuzuza imyaka 40, akaba umwana wa gatandatu mu bana icyenda.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Ibarurishamibare(NISR) hamwe n’abafatanyabikorwa barimo Banki Nyafurika itsura Amajyambere (BAD/AfDB), barimo kwiga uko batangira kwegeranya no gusesengura amakuru atari asanzwe akoreshwa mu igenamigambi ry’Igihugu, harimo ubutumwa bw’amafaranga anyuzwa kuri Mobile Money, ibitangazwa ku mbuga (…)
Ingabo z’u Rwanda (RDF) zibarizwa muri Diviziyo ya 5 n’Ingabo z’Igihugu cya Tanzania (TPDF), zo muri Brigade ya 202, zateraniye mu nama y’umutekano ya 11, igamije ubufatanye mu gukemura ibibazo birimo ibyaha byambukiranya imipaka.
Abaturage bahoze bafite imitungo ahari kubakwa urugomero rwa Nyabarongo II, bamaze imyaka isaga itatu bagowe no kubaho basembera ari nako bugarizwa n’ingaruka z’ubukene, bitewe n’uko icyo gihe cyose gishize batarishyurwa amafaranga y’ingurane babaruriwe.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe, yagiranye ibiganiro na Murat Nurtleu, Minisitiri w’intebe wungirije akaba na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Repubulika ya Kazakhstan, bikurikirwa n’amasezerano y’ubufatanye.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango Uwimana Consolée ahamagarira ababana mu buryo butemewe n’amategeko kuzibukira bagasezerana imbere y’amategeko, kuko ari ishingiro ryo kugabanya ibipimo by’ihohoterwa n’amakimbirane bikigaragara.
Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB), cyatangaje ko abana b’Ingagi 22 ari bo bazitwa amazina ku nshuro ya 20 mu muhango uteganyijwe tariki 18 Ukwakira 2024.
Abayobozi baturutse mu bihugu bitandatu bigize Umuhora wa Ruguru ari byo u Rwanda, Uganda, Kenya, Sudani y’Epfo, u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bamaze iminsi itatu bakora ubukangurambaga bwa Gerayo Amahoro, mu Ntara zitandukanye mu rwego rwo gukangurira Abanyarwanda kwirinda impanuka zo mu muhanda.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyarusange n’abakozi b’Akarere ka Muhanga bashinzwe iby’umutungo kamere w’amazi, bemeje ko umuyoboro w’amazi wakozwe n’abaturage, mu Kagari Mudugudu wa Mata mu Kagari ka Muhanga, ucungwa na rwiyemezamirimo, mu rwego rwo kurwanya amakimbirane ashobora kuvuka ku gusaranganya amazi.
Bamwe bakomerekeye ku rugamba rwo kubohora Igihugu bo mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko iterambere Igihugu kimaze kugeraho, ribibagiza zimwe mu ngingo z’imibiri babuze mu rugamba rwo kukibohora no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, kandi bibaha n’icyizere ko Igihugu kizagera ku iterambere risumbye iryo babona uyu munsi.
Bamwe mu bashoferi batwara amakamyo by’umwihariko ayambukiranya imipaka, baravuga ko bahangayikishijwe cyane no kutagira ubwishingizi mu kwivuza kuko iyo bagiriye impanuka mu kazi babura ubarengera.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS), ritangaza ko kugeza ubu muri uyu mwaka wa 2024, abantu bagera ku bihumbi 30 muri Afurika, banduye indwara y’ubushita bw’inkende.
Umukozi w’Akarere ka Nyagatare uyobora ishami ry’Ubuhinzi, Ubworozi, Amashyamba n’Umutungo kamere, Shyaka Kenneth, avuga ko n’ubwo hari umushinga uzavana amarebe mu bidendezi bibiri by’amazi (Valley Dams), ariko ubusanzwe abakoresha amazi yabyo ngo nibo bafite inshingano zo kuzibungabunga no gukuramo ayo marebe.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Seychelles (SPDF), Brigadier Michael Rosette, hamwe n’intumwa ayoboye bari mu ruzinduko mu Rwanda, rugamije gushimangira ubufatanye bw’Ingabo busanzweho hagati y’ibihugu byombi.
Ku wa Mbere, tariki 23 Nzeri 2024 nibwo mu Murenge wa Mbogo mu Karere ka Rulindo, hatangirijwe ku mugaragaro ibikorwa byo kubaka umuhanda mushya wa kaburimbo Nyacyonga-Mukoto, ureshya na kilometero 36.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Ishingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), Dr Bizimana Jean Damascène akangurira abarimu kwigisha amateka yaranze u Rwanda batayaca hejuru, kuko bizarinda abana kuyoba, ahubwo bakurane amakuru ahagije kandi y’ukuri ku Rwanda.
Mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Nyakiriba mu kagari ka Gikombe mu mudugudu wa Rugerero, kuri uyu wa mbere tariki ya 23 Nzeri 2024, habereye impanuka y’imodoka yavaga kuri Bralirwa yerekeza Musanze inzoga yari yikoreye zirameneka zose.
Kuri uyu wa Mbere tariki 23 Nzeri 2024, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashyizeho Abasenateri bane, ari bo Dr François Xavier Kalinda, Bibiane Gahamanyi Mbaye, Dr Usta Kaitesi na Solina Nyirahabimana.
Espérance Nyirasafari yabaye umucuruzi w’amafi n’isambaza uzwi i Nyamagabe, abikesha kuba yarahagurutse akigisha abahatuye akamaro ko kubirya n’uko babitegura.
Igisirikare cy’u Rwanda (RDF), cyinjije mu ngabo abasirikare bashya barimo abasore n’inkumi bari bamaze amezi atandatu mu myitozo mu ishuri ry’imyitozo ya gisirikare rya Nasho mu Karere ka Kirehe.
Igiraneza Sabato w’imyaka 6 y’amavuko, ni umwe mu bana bagize ubumuga bwo kutumva no kutavuga bakiri bato, ariko ubu ashobora kwandika neza ibyo yumva ndetse yabonye naho yiga mu mwaka wa kabiri w’incuke, nyuma yo kwambikwa utwuma dusimbura amatwi ye yapfuye.
Abaturage bo mu Karere ka Burera, bari mu ihurizo ry’amwe mu Marerero n’Ingo mbonezamikurire y’abana bato bitagikora mu buryo buhoraho, ku buryo ngo bikomeje gutyo, yaba ari mu nzira yo gukinga imiryango burundu; ibintu babona ko bishobora kuvutsa abana babo uburezi buboneye ndetse n’imikurire yabo ikahadindirira.
Ni itsinda ry’Abayobozi mu nzego zitandukanye muri Cameroon, ryakoreye mu Rwanda urugendo shuri, mu rwego rwo kwiga uko umugore akora Politike n’uburyo yitwara mu nzego zifata ibyemezo, by’umwihariko mu nzego z’ibanze, akabasha kwesa imihigo.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascène Bizimana yibukije Abanyarwanda n’urubyiruko by’umwihariko indangagaciro na kirazira by’umuco w’Abanyarwanda ko bifite uruhare rukomeye mu kugena imibereho n’imibanire y’Abanyarwanda, byo soko y’amahoro arambye.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko kubera ubusabe bw’abaturage mu Mujyi wa Kabarore, hamaze kugurwa ubutaka bwagenewe irimbi rusange buzakoreshwa na rwiyemezamirimo hagashyingurwamo abafite amikoro.