Abaturiye ikiyaga cya Burera, basaba ubuyobozi gushyiraho ingamba zihamye, zituma icyo kiyaga kirushaho kubungabungwa no kubyazwa umusaruro, kugira ngo kirusheho kuba mu biyaga bikurura ba mukerarugendo.
Mu gihe urubyiruko rw’abakorerabushake mu Karere ka Gakenke bakomeje kwesa imihigo, aho bubakira abatishoboye n’ibindi bikorwa remezo, raporo y’ako karere igaragaza ko mu kwezi kumwe urwo rubyiruko rwatanze imbaraga z’agaciro k’Amafaranga y’u Rwanda asaga 8,000,000.
Imvura yaraye iguye mu Karere ka Muhanga yangije byinshi birimo ikiraro cyo ku muhanda Cyakabiri- Ndusu-Nyabikenke, ibigori bya Koperative Tuzamurane n’amazu ane y’abaturage bo mu murenge wa Cyeza.
Mu mpera z’icyumweru gishize ubwo abategura irushanwa rya Miss Rwanda 2021 batangazaga abakobwa 37 bahagarariye Intara n’Umujyi wa Kigali bazakomeza mu irushanwa, hagaragaye uduseke twubitse twari twateguwe mu rwego rwo kurimbisha ahaberaga uyu muhango. Icyakora utwo duseke ntitwavuzweho rumwe n’abarebaga aya marushanwa (…)
Bamwe mu batuye mu Murenge wa Gishamvu mu Karere ka Huye, baratangaza ko babangamiwe n’inyamaswa zitaramenyekana zibarira amatungo, amwe zikayica burundu andi zikayakomeretsa.
Umubyeyi witwa Amani wo mu Karere ka Muhanga arasaba ababyeyi kujya bibuka kugenzura abana babo bakiri bato kuko bashobora guhura n’impanuka zanabageza ku rupfu, kuko uwe byamubayeho agapfa azize kwizingira mu byo bari bamworoshe.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko kuri uyu wa Mbere tariki 22 Gashyantare 2021, Dosiye ya Idamange Iryamugwiza Yvonne, irara ishyikirijwe Ubushinjacyaha kugira ngo akurikiranwe ku byaha akekwaho.
Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali yafunze uwitwa Habanabashaka Emmanuel ukekwaho kwiyita umwe muri ’Youth Volunteers’ (Urubyiruko rw’abakorerabushake), watijwe umwenda warugenewe n’uwitwa Ayubu, ashaka gafungisha amaduka n’amaresitora ku Cyivugiza mu Murenge wa Gitega mu karere ka Nyarugenge.
Mutesi Aurore wabaye Miss Rwanda 2012 akaba kuri ubu aba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yamaze kwemeza ko urugendo rwo kubana nk’umugore n’umugabo hagati ye na Egide Mbabazi, barushyizeho iherezo.
Urwego rw‘abikorera (PSF) mu Karere ka Muhanga rwabujije abacuruza ibyo kurya muri resitora kugurisha inzoga abafata amafunguro, kuko ngo bigera aho hagahinduka akabare.
Urugaga rw’abagore n’urw’urubyiruko zishamikiye ku muryango wa FPR-Inkotanyi bakomeje kubakira abatishiboye badafite amacumbi, aho bujuje inzu 20 zifite agaciro k’asaga miliyoni 60 z’Amafaranga y’u Rwanda.
Ingingo ya gatatu y’Iteka rya Perezida wa Repubulika N° 54/01 ryo ku wa 24/02/2017 rishyiraho iminsi y’Ikiruhuko rusange, igaragaza iminsi itarenga 15 mu mwaka abantu bafatiraho akaruhuko utabariyemo impera za buri cyumweru.
Ku itariki ya 19 Gashyantare abaturage basaga 104 bari bafite ikibazo cy’ubutaka bahawe mu mudugudu w’Akayange ka kabiri Akagari ka Nyamirama Umurenge wa Karangazi bahawe ibisubizo, basabwa gushaka ibyangombwa vuba no kububyaza umusaruro.
Insengero zahawe uburenganzira bwo gukora nyuma y’ukwezi kurenga zifunze ariko zisabwa kuzuza ibisabwa mu kwirinda COVID-19, harimo kwakira 30% y’abo zisanzwe zakira.
Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe ingufu mu Rwanda (REG) butangaza ko bugiye gusezerera ibura ry’umuriro w’amashanayarazi mu Karere ka Rubavu, kuko ugiye gutangwa n’uruganda rwa Shema Power Lake Kivu rwitezweho Megawatt 56.
Lt Gen Jacques Musemakweli wari Umugenzuzi mukuru mu Ngabo z’u Rwanda, yasezeweho bwa nyuma ku wa Gatanu tariki 19 Gashyantare 2021, akaba yashyinguwe mu irimbi rya Gisirikare i Kanombe mu Mujyi wa Kigali.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Gashyantare 2021, Inama y’Abaminisitiri yateranye hifashishijwe ikoranabuhanga, iyoborwa na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ikaba yafatiwemo ibyemezo bikurikira:
Ibiro bya Perezida wa Repubulika(Perezidansi) bikimara gutangaza ko ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki 19 Gashyantare 2021, Inama y’Abaminisitiri yateranye iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, hari ibyifuzo abantu batandukanye bagaragaje ku rubuga rwa Twitter.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Gashyantare 2021 yayoboye Inama y’Abaminisitiri yize ku ngingo zitandukanye harimo n’ivuga ku ngamba zo guhangana n’icyorezo cya COVID-19.
Abasirikare 24 ba RDF bo mu rwego rwa Ofisiye, basoje amahugurwa ku micungire y’ibikoresho by’ingabo, yaberaga mu Kigo cy’Igihugu cy’Amahoro (RPA) bamazemo igihe cy’ibyumweru bibiri.
Kuri uyu wa Gatanu Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron yasabye Uburayi na Amerika kohereza mu buryo bwihutirwa nibura 5% by’inkingo zabyo za Covid-19, mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere.
Umukozi wa Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) ukuriye ishami ry’amategeko, Ntwari Emile, avuga ko amakosa yakozwe n’abakozi ba Leta yatumye bayihombya Amafaranga y’u Rwanda asaga miliyari 115 mu gihe ibyaha byakozwe byo byayihombeje asaga miliyari eshanu (5).
Ahatuwe mu buryo butanoze (unplanned areas) harangwa n’imibereho iciriritse nk’ibikorwa remezo bidahagije, ibibanza bitagerwaho mu buryo bworoshye, inzu zubakishije ibikoresho bitaramba kandi zidafite uburyo bwo gufata amazi y’imvura, ibyo byose bikaba bishyira mu kaga ubuzima bw’abatuye muri utwo duce, gusa biragenda bihinduka.
Umuryango RJSD (Rwanda Journalists for Sustainable Development) uhuriyemo abanyamakuru bo mu Rwanda no mu mahanga ugiye gutangiza ibikorwa byawo ku mugaragaro, ukaba witezweho guteza imbere imikorere y’itangazamakuru.
Aborozi b’ingurube zinakunze kwitwa akabenzi, bo mu Karere ka Rwamagana bavuga ko ifungwa ry’utubari ryatumye zibura isoko kuko ari two twaziguraga zikaribwa.
Icyorezo cya Covid-19 cyatumye Sosiyete ikomeye y’ubwikorezi bwo mu kirere yigenga ihuriweho n’Abafaransa n’Abaholandi, KLM, itakaza ibice bibiri bya gatatu (2/3) by’abakiriya bayo biyiteza igihombo cya miliyari 7.1 z’Amayero mu mwaka wa 2020.
Nyiramugisha Nadia, umubyeyi w’abana babiri, aratabaza abagiraneza ngo bamufashe kubona 3,500,000 z’Amafaranga y’u Rwanda yasabwe n’ibitaro kugira ngo avuze umwana we wafashwe n’indwara idasanzwe.
Urukiko mpanabyaha rwashyizweho n’Umuryango w’Abibumbye rwasimbuye urwari rusanzwe rwa ICTR, ari rwo rwitwa UNIRMCT (The United Nations International Residual Mechanism for Criminal Tribunals), rwamaganye bikomeye abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Nyuma y’uko icyorezo cya COVID-19 kidindije gahunda y’ingo mbonezamikurire yagenewe abana bato mu rwego rwo guteza imbere imikurire myiza yabo, iyo gahunda yongeye gusubukurwa aho ku ikubitiro hafunguwe ingo 40.
Abakoresha umuhanda Kayenzi-Gasenyi mu murenge wa Gitesi mu Karere ka Karongi, bahangayikishije n’uko uwo muhanda uri kwangizwa n’abakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bari kuwusatira, ku buryo nta gikozwe mu maguru mashya mu gihe gito uzaba utakiri nyabagendwa.