Ku wa Gatandatu tariki 1 Gicurasi 2021, Padiri Amerika Victor yashyize ku mugaragaro igitabo yanditse afatanyije n’abandi banditsi 6 barimo Pasiteri Mpyisi cyitwa “Muzabamenyera ku mbuto bera”.
Inzego z’umutekano mu Karere ka Rubavu zataye muri yombi umubyeyi ucyekwaho gushyira ku ngoyi umwana yibyariye ndetse akamutwika ibirenge.
Imibiri 30 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi yabonetse mu bitaro bya Kabgayi, ahari gusizwa ikibanza cyo kubakamo inzu y’ababyeyi (maternité).
Polisi y’u Rwanda ivuga ko isuzuma ririmo kwerekana ko abaturage b’Intara y’Amajyepfo ari bo baza ku mwanya wa mbere mu gusuzugura amabwiriza yo kwirinda Covid-19.
Nyiramugisha Nadia wo mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze arashimira Kigali Today yamukoreye ubuvugizi, umwana we akaba yatangiye kuvurwa nyuma y’uko yari amaze imyaka itatu afashwe n’indwara idasanzwe akabura amikoro yo kuvuza uwo mwana we.
Imirenge itandukanye mu Mujyi wa Kigali yashyizeho amaguriro yiswe Irondo Shop agamije gufasha abakora irondo ry’umwuga guhaha ku giciro gito, kandi n’udafite amafaranga bakabimuha nk’inguzanyo akazaba yishyura, abaturage basanzwe na bo bakaba bemerewe kuyahahiramo.
Abarokotse Jenoside bari mu mujyi wa Butare mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bavuga ko ubwicanyi bwakozwe ahanini n’abajijutse bari bahatuye, barimo na Beatrice Munyenyezi uherutse kuzanwa mu Rwanda, bakifuza ko yazaburanira n’i Huye, aho yakoreye ibyaha aregwa.
Ku Cyumweru tariki ya 2 Gicurasi 2021, Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu bacyekwaho ubujura bwa mudasobwa n’inzoga. Muri bo, umunani (8) bakurikiranyweho ubufatanyacyaha mu kwiba inzoga mu bubiko bwazo abandi batatu (3) baracyekwaho kwiba za mu mudasobwa ahantu hatandukanye mu Mujyi wa Kigali. Igikorwa cyo (…)
Minisiteri y’u Rwanda ishinzwe Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane (MINAFFET) yihanganishije igihugu cya Israel n’abaturage bacyo baburiye ababo ku musozi wa Meron, aho bari bitabiriye umuhango w’idini ry’Abayahudi b’Aba-Orthodox.
Abagize Umuryango w’ihuriro ry’abayobozi b’amadini n’amatorero mu Rwanda witwa “Rwanda Religious Leaders Initiative”, bari mu mahugurwa mu turere tunyuranye tw’igihugu agamije kurwanya amakimbirane akorerwa mu miryango, by’umwihariko ihohoterwa rikorerwa abagore n’abana.
Ku ya 30 Mata 2021, abapolisi bafashe Niyibizi Gilbert w’imyaka 24, bamufatana udupfunyika ibihumbi 5,075 tw’urumogi. Yafatiwe mu Karere ka Ngororero mu Murenge wa Kabaya, akavuga ko urwo rumugi yari arukuye mu Karere ka Rubavu aruhawe n’uwitwa Nyirahabimana.
Kompanyi y’u Rwanda ikora ingendo zo mu kirere (RwandAir), yahagaritse by’agateganyo ingendo zijya i Mumbai mu Buhinde, bitewe n’ubwiyongere budasanzwe bw’ubwandu bwa Covid-19 mu bihugu bitandukanye byo ku mugabane wa Asia.
Umugore witwa Nyirabariyanga Beatrice utuye mu Kagari ka Gisizi, Umurenge wa Gahunga mu Karere ka Burera, arasaba ubutabazi bwo kuvuza no kwita ku mugabo we witwa Tuyisenge Alexis, umaze imyaka 12 arwaye indwara yamubereye amayobera.
Urugaga rw’amasendika y’abakozi mu Rwanda, (CESTRAR), rurashimira Leta y’u Rwanda yashyizeho ikigega cyo kuzahura ubukungu (Recovery Fund), rugasaba ko icyo kigega cyafasha n’abakozi bazahajwe bikomeye na COVID-19 cyane cyane abatakaje umurimo.
Mu ijambo Umuyobozi mukuru w’Umuryango wa FPR Inkotanyi akaba na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, yagejeje ku bitabiriye inama ya komite nyobozi yaguye ya FPR Inkotanyi, yamaganye abakomeje gucamo Abanyarwanda ibice bagamije gusenya ubumwe bw’Abanyarwanda no gusubiza inyuma iterambere igihugu kimaze kugeraho, yifashisha (…)
Amatsinda y’abana mu mirenge itanu yo mu Karere ka Burera baratabariza abana bagenzi babo bakigaragara ko bakoreshwa imirimo mibi, ibyo bikaba intandaro yo guta ishuri.
Polisi y’u Rwanda ikomeje gushyira ‘Camera’ mu duce dutandukanye ku mihanda, zimwe zikaba zihashinzwe mu buryo buhoraho izindi zikimukanwa, mu rwego rwo guhana abatubahiriza umuvuduko ntarengwa uba wanditse ku byapa by’aho bageze.
Mutsinzi Mussa w’imyaka 25 ari mu bantu batandatu bahatanira kuyobora Inama y’Urubyiruko rw’Umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza ‘Commonwealth Youth Council’, ku migabane ya Afurika n’u Burayi.
Mu Nama ya Komite nyobozi yaguye y’Umuryango RPF-Inkotanyi, Perezida Kagame yagarutse ku ngingo zitandukanye zigamije iterambere ry’igihugu binyuze mu gutanga serivisi vuba kandi neza, yanagarutse kandi ku kibazo cy’icyorezo cya Covid-19 si ihanganye nacyo, by’umwihariko avuga uko abantu bifashe muri icyo cyorezo, aho hari (…)
Iradukunda Vincent wo mu Kagari ka Gisesero, Umurenge wa Busogo mu Karere ka Musanze, akubiswe n’inkuba ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki 30 Mata 2021, ubwo yari ageze mu muryango agiye kwinjiza mu nzu intama yari avuye gucyura ahita ahasiga ubuzima n’iyo ntama ye.
Umurisa Florence, umukozi wa Croix Rouge y’u Rwanda ushinzwe ishami rigoboka abagizweho ingaruka n’ibiza avuga ko bamaze gutanga miliyoni 65 z’Amafaranga y’u Rwanda mu gufasha abaturage bagizweho ingaruka n’icyorezo cya Covid-19 mu Karere ka Nyagatare.
Umuyobozi mukuru w’Umuryango wa FPR Inkotanyi, Perezida Paul Kagame, na Madamu Jeannette Kagame, bitabiriye inama ya komite nyobozi yaguye ya FPR Inkotanyi, yabereye ku cyicaro cy’Umuryango i Rusororo.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Kane tariki 29 Mata 2021 yakiriye mu biro bye Intumwa y’u Bwongereza ishinzwe Umuryango Commonwealth w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza.
Imiryango 10 y’abaturage bo mu Kagari ka Nganzo Umurenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, babangamiwe no kuba batuye mu kigo cy’amashuri ku mpamvu zitabaturutseho, gusa ubuyobozi bukabizeza ko mu byumweru bibiri bazaba bahawe ingurane, ikibazo cyabo kigakemuka.
Sosiyete y’Itumanaho MTN Rwandacell yashyikirije urwego rushinzwe ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), inkunga y’ubwisungane mu kwivuza nk’uko biteganywa n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe ryo ku wa 13/01/2020.
Nyuma y’imyaka 27 Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye, hari abayirokotse batarabasha kubona aho kuba, ariko no mu bahafite hari benshi batuye mu nzu urebye zamaze gusenyuka, hakaba n’abazibamo ubu ari ibirangarizwa, gusa inzego zinyuranye z’ubuyobozi zikomeje gushakira umuti icyo kibazo.
Nyuma y’uko ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze bushyizeho amabwiriza ajyanye n’imyubakire ibereye umujyi wa Musanze, ubuyobozi buremeza ko ibikorwa byo kubaka inzu zijyanye n’igihe biri kugenda neza aho bigeze kuri 65%.
Umuryango uteza imbere ubuzima (HPR) na bimwe mu bigo by’amashuri, bavuga ko batewe impungenge n’imihanda itagira uburyo bugabanya umuvuduko w’ibinyabiziga hafi y’ishuri.
Ku ya 27 Mata ahagana saa tanu z’ijoro, Polisi y’u Rwanda yafashe abantu umunani barimo umuyobozi w’umudugudu barenze ku mabwiriza yo kurwanya ikwirakwira rya Covid-19, bafatirwa mu kabari gaherereye mu Kagari ka Kiyovu, Umurenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarugenge barimo banywa inzoga.
Mu ruzinduko rw’iminsi ibiri yatangiriye mu Karere ka Musanze, kuva kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Mata 2021, Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Prof. Bayisenge Jeannette, yahamagariye ababyeyi kwita ku mikurire n’uburere bw’abana kuva bakiri bato, kugira ngo bazavemo abagira uruhare mu ntego igihugu cyiyemeje.