Imirimo yo kubaka Umudugudu w’icyitegererezo wa Kinigi mu Karere ka Musanze (Kinigi Integrated IDP Model Village), igeze kuri 63% aho biteganywa ko uzuzura muri Kamena 2021.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kugenzura Ibiribwa n’Imiti FDA-Rwanda, cyatangaje ko hari ubundi buki bugiye kuvanwa ku isoko nyuma yo guhagarika ubwitwa ’Honey Hive’ mu cyumweru gishize.
Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira Thierry, yabwiye Itangazamakuru ko umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, Dr Christopher Kayumba uherutse gushinga ishyaka ’Rwandese Platform for Democracy’ (RPD) yahamagajwe muri RIB.
Mu muhango w’ihererekanyabubasha hagati ya Guverineri Munyantwali Alphonse wari usanzwe ayobora Intara y’Iburengerazuba hamwe na Guverineri mushya w’iyo Ntara, Habitegeko François, Munyantwali yagaragaje ibikorwa byagezweho by’Intara y’Iburengerazuba amwereka n’akazi amusigiye agiye gukomeza.
Polisi n’ubuyobozi mu nzego z’ibanze mu Karere ka Nyanza, ku cyumweru gishize baguye gitumo abantu barenga 30 barimo gusengera ahantu hatemewe, kandi nta n’umwe wari wubahirije amabwiriza yo kwirinda Covid-19, cyane ko nta n’umwe wari wambaye agapfukamunwa.
Kuwa mbere tariki ya 15 Werurwe 2021, nibwo Perezida wa Repubulika yakoze impinduka muri Guverinoma, uwari Guverineri Gatabazi Jean Marie Vianney asimbura Prof. Shyaka Anastase muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ndetse no muri ba Guverineri, Intara y’Iburasirazuba CG Emmanuel K. Gasana asimbura Mufulukye Fred wari umaze (…)
Nkomane ni umwe mu Mirenge igize Akarere ka Nyamagabe, uyu Murenge ukaba umaze amezi ane gusa ubonye amashanyarazi. Uyu Murenge uri mu Mirenge ya nyuma yabonye amashanyarazi muri Nyamagabe ndetse no mu Rwanda aho waje ubanziriza Umurenge wa Kibangu wo muri Muhanga wayabonye bwa nyuma.
Banki ya Kigali yahawe igihembo cya Banki nziza mu Rwanda muri uyu mwaka wa 2021. Ni igihembo gitangwa n’Ikigo cya “Global Finance” buri mwaka, kigahabwa ibigo bikomeye by’ubucuruzi n’amabanki byo hirya no hino ku isi byitwaye neza.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Gatabazi Jean Mari Vianney, yabwiye Umuyobozi umusimbuye ku nshingano zo kuyobora Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancilla, ko ibanga rya mbere rizamugeza ku ntsinzi ari ukwita ku baturage, abakira mu gihe cyose bamwitabaje haba mu ijoro cyangwa ku manywa.
Biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage, ku Cyumweru tariki ya 21 Werurwe 2021 Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Kiziguro, yafashe Turabayo Pierre w’imyaka 38 arimo gukwirakwiza amafaranga y’amiganano. Yafatanwe inoti 2 z’ibihumbi bitanu, ariko hari amakuru avuga ko yari amaze igihe abikora.
Ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itanga ubufasha mu by’Amategeko (Legal Aid Forum - LAF), Umuryango w’Ababumbyi bo mu Rwanda (COPORWA) wabashije kongerera ubumenyi abafasha mu by’amategeko, ndetse banahawe ibitabo (client forms) na telefone zigezweho (smart phones) byose bibafasha kwakira ibibazo by’akarengane (…)
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo buratangaza ko hagiye kurebwa uko abakozi bagengwa n’amasezerano bakorera ku bitaro bya Kabagayi bagabanuka nabo bagahabwa akazi ka Leta.
Padiri Charles Ndekwe uzwiho urukundo rutangaje no kwihebera ubusaseridoti akagira n’igitsure, ubujyanama no gukunda umurimo, yasezeweho bwa nyuma ashyingurwa mu irimbi ry’abapadiri rya Kabgayi mu karere ka Muhanga.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yasabye abayobozi mu Ntara y’Iburasirazuba gukora badasigana ahubwo bagakora bagamije kuzamura abaturage mu myumvire no mu iterambere.
Nyuma y’uko François Habitegeko wayoboraga Akarere ka Nyaruguru yagizwe Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Janvier Gashema wari Visi Meya ushinzwe ubukungu muri ako karere ni we wahawe kukayobora by’Agateganyo.
Hashize imyaka 6 Inshuti z’umuryango, abakorerabushake bashinzwe kurengera abana n’umuryango batangiye izo nshingano. Muri iyo myaka, abo bakorerabushake bamaze kugaragaza umusaruro ufatika mu gukumira no gukemura ibibazo bibangamiye abana mu muryango nyarwanda.
Abiganjemo urubyiruko rurimo n’urwarangije kwiga imyuga itandukanye bo mu Karere ka Musanze, baratagaza ko kutagira aho gukorera hisanzuye biri mu byatumaga batabona uko bashyira mu ngiro ibyo bize, bikabatera ubushomeri none icyo kibazo kigiye gukemuka.
Abatuye mu Karere ka Nyaruguru bagiye basazurirwa amashyamba yatewe mu myaka ya 1970, barishimira inkunga batewe, by’akarusho bakanabihabwa akazi muri ibyo bikorwa kabahesheje amafaranga yo kwikenuza.
Abasore bo mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze ngo babangamiwe n’icyemezo cyafashwe cyo kubuzwa kubaka inzu muri ako gace, aho bemeza ko basaziye mu nzu z’ababyeyi babo bikaba bitangiye kubateranya n’abakobwa bakundana.
Imyaka 27 iri hafi gushira Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ihagaritswe. Icyo gihe gishize ari nako Abarokotse Jenoside bo mu Karere ka Musanze basaba ko hubakwa urwibutso rujyanye n’igihe, mu kurushaho guha icyubahiro ababo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri ubu bashyinguwe mu rwibutso rwa Muhoza, (…)
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 20 Werurwe 2021, abagize Urwego rwunganira akarere mu mutekano (DASSO) mu Karere ka Nyarugenge, batangiye kubakira umuturage witwa Mukampogazi Jacqueline wimyaka 70, utuye mu Murenge wa Mageragere, Akagari ka Kankuba mu mudugudu wa Kankuba, utari ufite aho kuba.
Batihinda Marc ari mu maboko ya RIB sitasiyo ya Mushonyi, akekwaho kwica umugore we babyaranye abana batanu, amukubise ifuni kubera amakimbirane bamaranye igihe bapfa imitungo.
Umuyobozi w’ihuriro ry’abahinzi mu Karere ka Nyagatare, Twizeyimana Jean Chrysostome, avuga ko uruganda rwa kawunga rurimo kubakwa muri ako karere nirutangira gukora igiciro cy’ibigori kizazamuka.
Umuryango Imbuto Foundation hamwe n’abafatanyabikorwa bawo bashoje amarushanwa yiswe Innovation Accelerator (iAccelerator) kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Werurwe 2021, aho urubyiruko rwahize urundi mu rwahataniye kugaragaza ibisubizo ku buzima bwo mu mutwe n’ubw’imyororokere rwahawe Amadolari ya America 40,000.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Werurwe 2021, Polisi y’u Rwanda yerekanye abantu barindwi bafatanywe ibikoresho byo kwa muganga birimo ibipima indwara zitandukanye zirimo na Covid-19, bikekwa ko babyibye.
Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali (BK), Dr. Diane Karusisi, avuga ko impamvu bateye inkunga amarushanwa ya Miss Rwanda ari uko bahuje icyerekezo cyo guteza imbere ubukungu biciye mu guhanga udushya, akaba yanashimye imishinga yabo.
Abatwara abagenzi bahagurikira muri gare ya Muhanga berekeza i Huye no mu bindi bice banyuze i Nyanza, baravuga ko bagiye kwitwararika ku mabwiriza yo kutahahagarara cyangwa gutwara umuntu werekezayo.
Abakobwa n’abagore bahigwaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bakaza gushakana n’abagabo babahishe, bavuga ko bahangayitse cyane igihe bari bihishe bakaza gusongwa n’urushako nyuma yo kurokoka bakisanga babana nk’abagore n’abagabo.
Abasigajwe inyuma n’amateka bo mu Kagari ka Duwane mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, bavuga ko batishimira kuba hari abakibita Abatwa kuko kuri bo umutwa ari umunyamwanda, kandi bo batakiwugira.
Bamwe mu baturage bari bafite ubutaka ahubatswe urugomero rw’amazi yifashishwa mu kuhira imyaka mu gishanga cya Rwangingo gihuriweho n’Akarere ka Gatsibo n’aka Nyagatare, bavuga ko babuze ingurane y’imitungo yabo Akarere ka Gatsibo kakavuga ko bazi ko abaturage bose bishyuwe.