Komisiyo y’u Rwanda ishinzwe Uburengenzira bwa Muntu (NCHR), ivuga ko yasuye Paul Rusesabagina aho afungiwe muri Gereza ya Nyarugenge (Mageragere), akayibwira ko yifuza amafunguro yihariye gereza imuguriye, ubuyobozi bwa gereza bwo bukavuga ko ibyo bidashoboka kuko afatwa nk’abandi.
Ku wa Gatandatu tariki ya 12 Kamena 2021, Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Murenzi Jean Claude, yandikiye ibaruwa Padiri mukuru wa Paruwase Gatolika ya Rukara, amumenyesha ko gusengera muri iyo Kiliziya bihagaritswe.
Leta y’u Rwanda yashyikirije Leta ya Uganda umusirikare wayo witwa Pvte BALUKU Muhuba, wafatiwe mu Rwanda hafi y’umupaka wa Cyanika tariki 12 Kamena 2021.
Abaturage bagize koperative yo kubitsa no kuguriza ya Sacco Gasanze mu Murenge wa Nduba, batangaza ko Sacco yabo igiye kumara imyaka ibiri (2) yuzuye ariko ikaba itarakoreshwa icyo yubakiwe.
Urubyiruko rw’abakorerabushake mu Karere ka Musanze, rwihaye intego yo gucukura ibimoteri mu ngo zigize imirenge yose yo muri ako karere, mu rwego rwo kurwanya umwanda wakunze kuhavugwa, bigera n’ubwo Umukuru w’igihugu ahora yibutsa Ubuyobozi kurwanya umwanda mu bihe binyuranye yagiye asura ako karere.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yifurije Isabukuru nziza mugenzi we Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ubu uri mu mujyi wa Goma uhana imbibi n’u Rwanda.
Itangazo ry’Ingabo z’u Rwanda (RDF) ryashyizwe ahagaragara kuri iki Cyumweru tariki ya 13 Kamena 2021, rivuga ko ku itariki ya 12 Kamena 2021, RDF yafatiye umusirikare wa Uganda ku butaka bw’u Rwanda.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Rubavu itangaza ko yafashe abantu babiri binjiza ikiyobyabwenge cy’urumogi mu Rwanda.
Umushinga NELSAP ukurikirana imirimo yo kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusumo wijeje Abamanisitiri bashinzwe ingufu mu Rwanda, Burundi na Tanzaniya ko ruzaba rwatangiye gutanga umuriro w’amashanyarazi mu kwezi k’Ukuboza 2021.
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Gatandatu tariki 12 Kanama 2021 byongeye kuzamo ingamba zikaze zo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19, nyuma y’uko hari izari zatangiye koroshywa n’ubwo nta karere cyangwa agace runaka kasubijwe muri gahunda ya Guma mu Rugo.
Dr. Diane Gashumba, yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwami bwa Suwede, mu gihe Prof. Shyaka Anastaze yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika ya Polonye.
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatandatu tariki 12 Kamena 2021 iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ikaba yafatiwemo ibyemezo bijyanye no kwirinda Covid-19, birimo no kuba ingendo mu gihugu hose zibujijwe guhera saa tatu z’ijoro.
Kuri uyu wa 12 Kamena 2021, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yayoboye Inama y’Abaminisitiri. Iyo nama yabereye muri Village Urugwiro nk’uko bigaragara ku rubuga rwa Twitter rw’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame mu kiganiro n’abavuga rikumvikana babarirwa muri 300 bo mu Ntara y’Iburengerazuba n’abo mu Ntara y’Amajyaruguru, cyo ku wa Gatanu tariki 11 Kamena 2021, yagaragaje ko abasebya u Rwanda hari umurongo batagomba kurenga.
Ku wa Gatanu tariki 11 Kamena 2021 mu ishuri rikuru rya Gisirikare (Rwanda Defence Force Command and Staff College) riherereye i Nyakinama mu Karere ka Musanze habereye umuhango wo gusoza ku mugaragaro amasomo ya ba Ofisiye 47 bagizwe n’Ingabo na Polisi.
Ku wa Kane tariki ya 10 Kamena 2021, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rulindo ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano bafashe Nsabimana Damascene bakunze kwita Kibombo w’imyaka 38 na Twizeyimana Jean w’imyaka 33. Bafatiwe mu Murenge wa Murambi mu tugari twa Gatwa na Mugambazi, bafashwe bakoresha abana mu bucukuzi (…)
Mu gihe abamotari bamaze iminsi binubira bamwe mu bayobozi b’amakoperative yabo, bakomeje kubaka buri kwezi amafaranga 1,500 bavuga ko agenewe gahunda ya Ejo Heza, ubuyobozi bukuru bw’Ihuriro ry’Amakoperative y’abamotari mu Rwanda (FERWACOTAMO), bwamaze kwihanangiriza abo bayobozi bubabwira ko ibyo barimo gukorera abamotari (…)
Abubatse amashuri ahitwa i Buhoro mu Murenge wa Mamba mu Karere ka Gisagara, barinubira ko hari amezi abiri batahembwe, hakaba hashize amezi atanu bishyuza.
Abahanga mu gucukura Gaz Methane mu kiyaga cya Kivu bavuga ko nta kigoye kugira ngo ishobore gutwara ibinyabiziga, uretse gucukura Gaz Methane igakorwa nka Gaz yo gucana ubundi hakaba impinduka mu modoka, Abanyarwanda bagashobora gukoresha Gaz mu gutwara ibinyabiziga badahenzwe n’ibiciro bya lisansi na mazutu bizamuka (…)
Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda bwatangaje ko hari imihanda ikoreshwa mu Mujyi wa Kigali iza gufungwa mu gihe cy’isiganwa rya nijoro ryiswe “Kigali Night Run”.
Ikigo gishinzwe gukwirakwiza amazi, isuku n’isukura (WASAC) n’Ikigo cy’Abayapani cy’iterambere mpuzamahanga (JICA), byasinyanye amasezerano y’ubufatanye azatuma Intara y’Iburengerazuba yongererwa amazi meza.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira Thierry, aremeza ko Maître Bukuru Ntwali yapfuye yiyahuye mu cyumweru gishize, nyuma yo kwihanura ku igorofa riri muri Nyabugogo mu Karere ka Nyarugenge, RIB ikaboneraho kwihanangiriza abantu bakomeje gukwirakwiza ibihuha bavuga ko yishwe.
Mukantabana Rose wabaye Perezida wa mbere w’umugore w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, ubu afite imyaka 59 y’amavuko, akaba yaravukiye mu muryango w’abana 16 (icyo gihe ubuharike bwari bweze), avuka mu cyahoze ari Komine Masango, ubu ni mu Karere ka Ruhango, mu Ntara y’Amajyapfo.
Nyuma yo kwakira ubusabe 174 bw’abashaka kwitabira iryo rushanwa, no gukora ijonjora inshuro eshatu, Inkomoko na Banki ya Kigali batangaje imishinga 25 yahize iyindi muri iryo rushanwa muri uyu mwaka, harimo n’uwa ‘Miss Innovation Business’ wo mu irushanwa rya Nyampinga w’u Rwanda 2021, aba ba rwiyemezamirimo bakazahabwa (…)
Ubuyobozi bw’Ikigo QA Venue Solutions Rwanda gicunga inyubako ya Kigali Arena, bwatangije ubukangurambaga buha amahirwe yo gukorera ibirori by’ubukwe muri Kigali Arena ku buntu, ku bateganya kurushinga hagati ya Nyakanga na Nzeri 2021.
Polisi y’u Rwanda yatangiye kugirana ibiganiro nyunguranabitekerezo n’abagura ibikoresho byakoreshejwe ndetse bakanabicuruza, ibikunze kwitwa ubucuruzi bwa ‘okaziyo’, mu rwego rwo kujya hafatwa ibiba byibwe.
Intumwa y’u Rwanda Ihoraho mu Muryango w’Abibumbye (UN), Valentine Rugwabiza, yavuze ko Leta y’u Rwanda ibabazwa no kuba hari ibihugu by’ibinyamuryango bitagaragaza ubushake bwo guta muri yombi abashinjwa Jenoside babihungiyemo mu myaka 27 ishize, agasaba Loni gushyiraho akayo.
Mu rwego rwo kurushaho kwicungira umutekano, abatuye mu Murenge wa Kamubuga, wo mu Karere ka Gakenke, bishatsemo ibisubizo bakusanya miliyoni ebyiri n’ibihumbi magana inani (2,800,000 FRW) bagurira DASSO ikorera muri uwo murenge moto nshya, bubakira n’ubukarabiro ibiro by’Umurenge.
Abaturage bo mu Karere ka Musanze, baratangaza ko “Imihigo ya ba Mutima w’Urugo”, irimo gufasha kuzana impinduka mu midugudu kubera gushyigikira iterambere rirambye ry’abayituye.
Ku wa Kabiri tariki ya 8 Kamena 2021, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza, yasuye abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), abashimira akazi keza bakora ariko anabibutsa gukomeza kwirinda Covid-19.