Abarokotse Jenoside batuye mu Mudugudu wa Shuni uherereye mu Kagari ka Nyakagezi mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, bavuga ko muri bo hari abiyandikishijeho amasambu y’imfubyi none kuyabandikaho bikaba byarabananiye kuko bisaba amafaranga menshi.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’ubumenyi bw’ikirere (Meteo Rwanda) cyatangaje ko kuva saa kumi n’ebyiri z’igitondo (6:00) cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 17 Mata 2021 kuzagera mu ijoro ryo ku wa mbere tariki 19 Mata 2021 (saa sita z’igicuku), mu turere tumwe tw’u Rwanda hateganijwe umuyaga ushobora kwangiza imitungo y’abantu.
Kaminuza ya Cambridge yo mu Bwongereza yokejwe igitutu gikomeye cyo guhagarika umuhakanyi wa Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 Judi Rever mu itsinda ryashyizweho kugira ngo baganire ku bibazo byo mu karere k’ibiyaga bigari.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko kwiyandikisha gukorera uruhushya rw’agateganyo n’urwa burundu rwo gutwara ibinyabiziga bisubukurwa ku wa Mbere tariki ya 19 Mata 2021.
Akarere ka Kicukiro kabifashijwemo n’abashakashakatsi Prof Mbonyinkebe Deogratias na Frank Cyiza, kamuritse ibyavuye mu buhamya bw’abantu batandukanye kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Leta zunze ubumwe za Amerika zohereje Béatrice Munyenyezi mu Rwanda, akaba ageze i Kigali ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Mata 2021 n’Indege ya KLM. Akigera ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kanombe, yahise ashyikirizwa Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB).
Umuyobozi w’Umuryango uhuriyemo abayobozi b’amadini n’amatorero mu Rwanda (Rwanda Religious Leaders Initiative) Bishop John Rucyahana avuga ko abanyamadini bakwiye kwihana kuko barebera ihohoterwa rikorerwa abana.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, CG Emmanuel K. Gasana, avuga ko guhera ku wa Mbere tariki ya 19 Mata 2021, ingo zose mu Ntara y’Iburasirazuba zigiye gusinya imihigo yo kurwanya imirimo mibi ikoreshwa abana, ihohoterwa ribakorerwa ariko by’umwihariko isambanywa ryabo.
Ubuyobozi bw’Akarere n’ubw’inzego z’umutekano mu Karere ka Rubavu bwasabye abaturage bo mu Murenge wa Cyanzarwe baturiye umupaka, kwirinda kunyura mu nzira zitemewe zambukiranya umupaka, cyane cyane mu masaha y’ijoro kugira ngo batazitiranywa n’umwanzi.
Munyankindi François w’imyaka 44 y’amavuko, utuye mu Karere ka Kayonza, Umurenge wa Ndego, Akagari ka Kiyovu, Umudugudu wa Nyamugari, yatawe muri yombi n’Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ku itariki ya 12 Mata 2021, akurikiranyweho guhoza ku nkeke umugore we.
Nyuma y’igihe kirekire bataka kutagira aho kuba, nta n’ubushobozi bwo kwiyubakira bafite, imiryango 10 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 b’i Kigoma, ubu irishimira ko na yo yabonye aho kuba.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruvuga ko rumaze kubona ibyaha 83 by’ingengabitekerezo ya Jenoside byakozwe mu cyumweru cy’icyunamo (tariki 07-13 Mata 2021), ababikurikiranyweho 66 bakaba bamaze gufatwa.
Fred Mufulukye uherutse gusimburwa ku buyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba na Emmanuel Gasana, Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 14 Mata 2021 yamugize Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco (NRS), uyu mwanya akaba awusimbuyeho Bosenibamwe Aimé witabye Imana muri Gicurasi 2020.
Twambajimana Frodouard wo mu mudugudu wa Kinoga, Akagari ka Karambo, Umurenge wa Kiyombe mu Karere ka Nyagatare avuga ko gahunda ya Girinka na we yamugezeho ikaba yaratumye acika ku kwatisha imirima kuko yiguriye iye.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki ya 14 Mata 2021 yemeje DCG Juvenal Marizamunda wari Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushinzwe Ubutegetsi n’abakozi kuba Umuyobozi mukuru w’Urwego rw’imfungwa n’abagororwa (RCS), asimbura George Rwigamba wari uri kuri uwo mwanya kuva mu 2016.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 14 Mata 2021 yayoboye Inama y’Abaminirisitiri, ikaba yafatiwemo ibyemezo bikurikira:
Umuhanzi akaba n’umukinnyi wa Filime, Rukundo Frank, wamenyekanye ku mazina ya Frankie Joe yabajije abavuga rikijyana bazwi nka ‘influencers’ aho bagiye mu gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Mata 2021 ayoboye Inama y’Abaminirisitiri, irimo kwiga ku buryo bwo gukemura ibibazo bitandukanye by’Igihugu.
Ibyo Umukuru w’Igihugu yabivuze ku wa Kabiri tariki 13 Mata 2021, ubwo yitabiraga inama ngarukamwaka (The Head of State made ‘Raisina Dialogue conference’) itegurwa na Minisitiri w’u Buhinde ushinzwe ibijyanye n’ububanyi n’amahanga ku bufatanye n’Ikigo kitwa ‘Observer Research Foundation’ (ORF).
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Muhanga mu Murenge wa Mushishiro, ku gicamunsi cyo ku wa Mbere w’iki cyumweru, ku bufatanye n’izindi nzego bafatiye mu kabari ka Gashirabake Christophe w’imyaka 44 abantu 22 barimo banywa inzoga barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, bikaba byakozwe mu rwego rwo gukomeza kugenzura (…)
Ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano n’abaturage mu bihe bitandukanye, Polisi y’u Rwanda yafashe bamwe mu bacyekwaho ubujura bwari bumaze iminsi buvugwa mu Mirenge ya Shyogwe na Nyamabuye yo mu Karere ka Muhanga.
U Rwanda n’u Budage basinyanye amasazerano y’inkunga y’Amayero Miliyoni 78, ni ukuvuga Miliyari 90 z’Amafaranga y’u Rwanda, azakoreshwa mu kwegereza serivisi abaturage, imiyoborere myiza, kongera ibyoherezwa mu mahanga, guteza imbere amashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro (TVET) n’ibindi.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel Gasana, ku wa Gatandatu tariki ya 10 Mata 2021 yagiriye uruzinduko mu Karere ka Nyagatare mu Mirenge ya Kiyombe, Mukama na Tabagwe ari kumwe n’abagize inama y’umutekano y’Intara itaguye.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batujwe mu Mudugudu wa Susa, Umurenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, barasaba Ubuyobozi kugira icyo bukora byihuse, bukabasanira amazu; kuko ashaje hakaba harimo n’ashobora guhirima bidatinze mu gihe haba hatagize igikozwe mu maguru mashya.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko iyo umuyobozi akoreye neza umuturage, umuturage na we amwitura ineza. Yabitangaje ku wa Gatanu tariki ya 09 Mata 2021, ubwo abaturage b’Umurenge wa Muhura bashyikirizaga abanyerondo b’umwuga imyambaro na moto bizabafasha kurushaho gucunga umutekano.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buratangaza ko bwatangiye umushinga ukomeye wo kubaka inzu nini yakira inama mpuzamahanga bamaze guha izina rya Musanze Convention Centre, muri gahunda y’ivugurura ry’umujyi rigiye gukorwa, aho igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Musanze kigaragaza ko uwo mujyi uzaba uri ku buso bwa hegitari (…)
Umushakashatsi akaba n’umwanditsi ku mateka wo mu Gihugu cy’u Bufaransa, Vincent Duclert, yashyikirije Perezida Kagame raporo yakozwe na Komisiyo yari ayoboye ku ruhare rw’u Buraransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi hagati y’umwaka wa 1990-1994.
Ubuyobozi bw’Urwego bw’Ubugenzacyaha (RIB) mu Ntara y’Amajyaruguru bwagaragaje ko ibikorwa bitatu by’ingangabitekerezo ya Jenoside byabonetse muri iyo Ntara ku munsi wo gutangiza gahunda yo kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abacuruzi n’abaguzi b’ibiribwa cyane cyane amavuta yo guteka, baratangaza ko muri iki gihe amavuta arya umugabo agasiba undi, kubera ukuntu ahenze ku masoko.
Abatuye umurenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi, bakomeje gufasha Leta mu bikorwa binyuranye aho bemeza ko iterambere n’umutekano urambye ari bo bagomba kuba ku isonga mu kubiharanira, cyane ko baherutse kugurira DASSO moto ifite agaciro ka miliyoni imwe n’ibihumbi 300.