Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, arasaba abaturage gufatanyiriza hamwe n’abayobozi bashya batowe ku rwego rw’umudugudu kugira ngo babashe gufatanyiriza hamwe gukemura ibibazo.
Ingo 5,498 ziri mu Mirenge ya Mubuga, Bwishyura na Gishyita mu Karere ka Karongi zahawe amashanyarazi uhereye mu kwezi kwa karindwi 2020 kugeza mu mpera z’uku kwezi k’Ukwakira 2021. Mu bahawe amashanyarazi harimo n’inganda zikomeye, amashuri ndetse n’amasoko ya kijyambere muri iyi Mirenge itatu ya Karongi.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Ukwakira 2021 nibwo Abapolisi 656 bari bamaze igihe kingana n’ibyumweru 52, barangije amahugurwa abinjiza ku rwego rw’aba Ofisiye bato muri Polisi y’u Rwanda, bagahabwa ipeti rya Assistant Inspector of Police (AIP).
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Nyirarugero Dancille, yibukije abayobozi bashya batangiye inshingano zo kuyobora imidugudu 2,744 yo mu turere tugize Intara ayoboye, ko bahagarariye Perezida wa Repubulika, abasaba kunoza neza inshingano bahawe zo gukorera abaturage, na bo bamwizeza ko batazatenguha uwabatumye.
Abashoferi 22 bafatiwe mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali bakurikiranyweho gutwara ibinyabiziga banyoye ibisindisha bakarenza ibipimo bya alukoro (Alcohol), byagenwe na Polisi ishinzwe umutekano wo mu muhanda, bagasaba bagenzi babo kwirinda amakosa nk’ayo bakoze.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, arasaba abayobozi bashya mu nzego z’ibanze ko igihe bazaba bemejwe bagomba kuzarangwa n’imyitwarire myiza mu nshingano bazaba bahawe.
Ku wa Gatanu tariki ya 22 Ukwakira 2021, imvura ivanzemo urubura n’umuyaga yangije hegitari 600 z’imyaka mu mirenge ine igize Akarere ka Nyagatare ndetse n’inzu 122 zivaho ibisenge, abahinzi bakaba basabwa gufata ubwishingizi bw’ibihingwa kugira ngo bubagoboke mu gihe habayeho ikibazo cy’ibiza.
Komisiyo y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe(AU) hamwe n’iy’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi(EU), zemeranyijwe ko Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’iyi migabane yombi, baza i Kigali kwigira hamwe icyakorwa ku bijyanye n’icyorezo cya Covid-19, amahoro ku isi, ishoramari n’ikibazo cy’abimukira.
Urwego rw’ubugenzacyaha mu Rwanda (RIB), rwahamagaje Hakuzimana Abdou Rashid kwitaba tariki ya 27 Ukwakira 2021 ku biro by’aho bukorera ku Kimihurura.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, avuga ko Inzego z’ibanze zidasoza manda kuko zikomeza gukora, ahubwo abayisoza ari abantu ku giti cyabo.
Abana basambanyijwe bagaterwa inda baribaza abo bazasigira abana babyaye bagasubira ku ishuri, mu gihe ababyeyi babo bavuga ko nta bushobozi bwo kubigisha no kubarerera bafite.
Mu gitondo cyo ku wa Gatandatu tariki ya 23 Ukwakira 2021, abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda bafashe Nkurikiyimana Jean Baptiste w’imyaka 56, yafatanywe icyangombwa gihimbano kigaragaza ko imodoka ye yakorewe isuzuma ry’ubuziranenge (Contrôle Technique), yafatiwe mu Karere ka Nyabihu, Umurenge wa Mukamira, yari (…)
Padiri Fidèle Dushimimana, Umuyobozi mukuru wungirije ushinzwe amasomo n’ubushakashatsi mu Ishuri rikuru Gatolika rya Kabgayi (ICK), yamuritse igitabo gikubiyemo ubushakashatsi ku mikurire y’umwana, yise ‘Kura Ujya Ejuru’, yitezeho ubufasha ku Banyarwanda mu kumenya ibiranga umwana muri buri kigero cy’imikurire.
Nyuma y’imyaka hafi itatu umuryango ‘AMI’ utangiye igikorwa cyo gufasha abagororwa bakoze Jenoside bitegura gutaha, bukabahuza n’imiryango y’abo bahemukiye ngo basabe imbabazi, uyu muryango uvuga ko warogowe n’icyorezo cya Coronavirus, ariko na none ukishimira ibyo wagezeho.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yashimiye abantu batandukanye bamwifurije isabukuru nziza y’amavuko, ashimira by’umwihariko inshuti n’abo mu muryango we batumye isabukuru igenda neza.
Kubana Richard, Umuyobozi mukuru muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu ushinzwe ibikorwa by’urubyiruko rw’abakorerabushake n’ubukangurambaga, arashima ibikorwa by’uwamubanjirije mu nshingano z’Umuhuzabikorwa w’urubyiruko rw’Abakorerabushake, akavuga ko ibyo bikorwa yagezeho ari byo bagiye kubakiraho.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Emmanuel K. Gasana yasabye abayobozi batowe mu midugudu guharanira imibereho myiza, iterambere n’umutekano by’abaturage.
Ku wa Gatandatu tariki 23 Ukwakira 2021, hatowe Komite Nyobozi z’imidugudu yose igize u Rwanda nk’uko byari biteganyijwe kuri gahunda y’Amatora y’inzego z’ibanze irimo gukorwa muri aya mezi y’Ukwakira n’Ugushyingo 2021.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancille, arasaba abagize Komite Nyobozi z’Imidugudu ibarizwa mu Ntara y’Amajyaruguru, kurangwa n’imikorere ituma ibyiza Leta igenera abaturage bibageraho kugira ngo iterambere ryabo ryihute.
Abakora umurimo wo gutwara abantu n’ibintu ku magare (abanyonzi) mu Murenge wa Rugera na Shyira mu Karere ka Nyabihu, no mu Murenge wa Nkotsi mu Karere ka Musanze, barishimira amagare adasanzwe bakoresha uwo mwuga, aho bemeza ko abafasha gukorera amafaranga menshi mu gihe gito.
Kuri uyu wa 23 Ukwakira 2021, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yujuje imyaka 64 y’amavuko. Perezida Kagame yavutse ku itariki 23 Ukwakira 1957. Nyuma yo kugira uruhare rukomeye mu kubohora igihugu cya Uganda yabagamo nk’impunzi, yabaye ku ruhembe rw’ingabo zahoze ari iza FPR Inkotanyi zabohoje u Rwanda zigahagarika (…)
Ubuyobozi bwa Kaminuza y’Ubukerarugendo n’ikoranabuhanga (UTB), butangaza ko bugiye kujya bwohereza abanyeshuri 700 buri mwaka mu gihugu cya Qatar, barangije kwiga ibirebana no kwakira abashyitsi, gutegura ibirori n’ubukerarugendo, kwimenyererezayo umwuga no gukorerayo.
Banki ya Kigali yiyemeje gufasha abanyeshuri b’impfubyi biga mu Kigo ‘Agahozo Shalom Youth Village (ASYV)’, aho izajya ibagenera inkunga y’Amafaranga y’u Rwanda miliyoni 300 buri mwaka mu myaka itanu iri imbere.
Ku itariki ya 22 Ukwakira, henshi ku isi bizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe ingufu. Imwe mu ntego z’iterambere rirambye ivuga ko bitarenze umwaka wa 2030, abatuye isi yose bakabaye bagerwaho n’amashanyarazi. Leta y’u Rwanda yiyemeje kugeza amashanyarazi kuri bose nk’imwe mu nkingi ya mwamba ishyigikira iterambere ry’ubukungu.
Ikigo gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC) cyagiranye amasezerano n’icy’u Buyapani gishinzwe ubutwererane mpuzamahanga (JICA), hagamijwe ahanini gushyiraho ingamba zatuma igihombo cy’amazi muri Kigali kigabanuka.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Gicumbi iratanganza ko yamaze guta muri yombi abantu 10 baheruka gusahura imodoka ya koperative KOIAIKA, igemura amata ubwo yakoraga impanuka, bagatwara ibicuba 52 byarimo amata yari igemuye.
Abaturage bo mu Murenge wa Gacaca mu Karere ka Musanze, bavuga ko kuba inzego zibishinzwe zaratinze kubaha ingurane z’ibyangijwe hakorwa imiyoboro y’amashanyarazi, bikomeje kubasubiza inyuma mu iterambere, bagasaba ko hagira igikorwa iki kibazo kikabonerwa umuti mu maguru mashya.
Ntizihabose Charlotte, Umubyeyi w’abana batanu wo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu, nyuma y’imyaka myinshi atagira aho aba, arashimira Urubyiruko rw’abakorerabushake muri ako karere, Ubuyobozi bw’akarere, Ingabo na Police n’abaturage batangiye igikorwa cyo kumwubakira, inzu ye ngo ikazaba yuzuye mu byumweru bibiri.
Urubyiruko rwa Afurika rwibukijwe ko rugomba kubyaza umusaruro amahirwe rufite ndetse n’ibimaze kugerwaho, rukaba ku isonga mu rugamba rwo guteza imbere uyu mugabane. Ibi byavugiwe mu ihuriro ry’urubyiruko ryiswe YouthConnekt Africa Summit riri kuba ku nshuro ya kane, kuva tariki ya 20 kugeza ku ya 22 Ukwakira 2021.
Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF), rwatangaje ko kuva ku itariki 9 kugera ku ya 30 Ukuboza 2021, ari bwo hazaba imurikagurisha mpuzamahanga, Expo 2021, rikazabera i Gikondo mu Karere ka Kicukiro aho risanzwe ribera.