Abagize Impuzamiryango y’ibigo byigenga bikora mu by’ubuzima, baratangaza ko abikorera bakomwa mu nkokora no kutoroherezwa mu kubona inguzanyo, kuko bituma hari ibikoresho by’ingezi mu kazi kabo batabona, bakifuza koroherezwa.
Umuryango Nyarwanda w’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga (RNUD) uratangaza ko hakiri imbogamizi mu ikoranabuhanga ribereye abafite ubumuga muri rusange, by’umwihariko abatumva batavuga ngo babashe gusoma.
Abatuye mu Mudugudu w’Agakombe mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, bifuza kongererwa amashanyarazi kuko abageraho ari make cyane, bigatuma bacana mu gicuku no ku manywa gusa.
Ikigo Gishinzwe Gutunganya Amasoko ya Leta (RPPA), cyasabwe kunoza imikorere ya ‘system’ yacyo kuko irimo ibibazo byanagiye bigarukwaho kenshi mu bisobanuro byahabwaga Komisiyo ishinzwe gukurikirana imari n’umutungo bya Leta mu Nteko Ishinga Amategeko (PAC), iyo komisiyo ikaba itanyuzwe n’ibisobanuro yahawe.
Abafatanyabikorwa mu guteza imbere ikoranabuhanga mu rubyiruko baratangaza ko bikigoye ngo urubyiruko rwose, rugere ku mahirwe yo kubona ibikoresho by’ikoranabuhanga byarufasha ku isoko ry’umurimo.
U Rwanda na Zimbabwe biratangaza ko bigiye kubyaza umusaruro amahirwe aboneka mu bihugu byombi, nyuma yo kugirana amasezerano mpuzamahanga y’ubufatanye mu bijyanye n’ubucuruzi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi butangaza ko bwatangiye ibikorwa byo gusubiza amazi y’amashyuza mu mwanya wayo, igikorwa kimaze umwaka gitegerejwe na benshi, kuva tariki ya 21 Kanama 2020 amashyuza yava mu mwanya wayo agatemba ajya mu mugezi wa Rukarara.
Inama Njayanama y’Akarere ka Rubavu yanenze Komite nyobozi y’ako karere itarashyize mu bikorwa umwanzuro w’Inama Njyanama wo guhererekanya ingurane n’abaturage batanze ubutaka bwubatsweho irerero, akarere kabaha ubutaka ariko ntikabaha ibyangombwa byabwo bikaba bimaze imyaka itanu.
U Rwanda rwamaganiye kure raporo y’Umuryango Human Rights Watch (HRW) yasohotse ku wa Mbere tariki 27 Nzeri 2021, ishinja u Rwanda kuba rwarafunze mu buryo bunyuranyije n’amategeko abantu barimo abaryamana bahuje ibitsina, abihinduje ibitsina ‘transgender people’, abicuruza, abana bo mu muhanda n’abandi.
Ku Cyumweru tariki 26 Nzeri na tariki 25 Nzeri 2021, ku makuru yatanzwe n’abaturage bo mu Karere ka Gicumbi, Polisi yafashe abantu 33 barimo gusenga barenze ku mabwiriza yo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19.
Saa kumi n’ebyiri z’umugoroba wo ku wa mbere tariki ya 27 Nzeri 2021, ku mupaka wa Kagitumba hagejejwe Abanyarwanda 14, barimo abagabo bane, abagore bane n’abana batandatu bose bakaba bari bafungiye muri gereza ya Nyabuhikye mu karere ka Ibanda, bashinjwa kwinjira no kuba mu gihugu cya Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki 26 Nzeri 2021, Polisi yafatiye abantu 64 mu kabari barimo kunywa no kubyina barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango burasaba abaturage kwisanzura ku bayobozi, kugira ngo hirindwe urugomo n’andi mahane ashobora kwaduka igihe umuturage atahawe serivisi inoze.
Umuryango wa FPR-Inkotanyi mu Karere ka Burera ukomeje gukaza gahunda yo gutanga ubumenyi hubakiwe ku rubyiruko, rufatwa nk’umusingi w’iterambere ry’umuryango n’iry’igihugu, abanyamyuryango bakishimira ibikorwa by’indashyikirwa bagenda bageraho, birimo guhanga udushya, nko kwandika abanyamuryango mu buryo bw’ikoranabuhanga (…)
Mu masaha y’igitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 27 Nzeri 2021 nibwo hamenyekanye inkuru y’uko umuyobozi w’ishuri ryisumbuye rya Lycée de Kigali, Martin Masabo yitabye Imana.
Bamwe mu bangavu basambanywa bagaterwa inda bavuga ko bahangayikishwa n’imibereho y’abo babyara ahanini kubera ubushobozi bucye bwabo, gutereranwa n’imiryango yabo ndetse n’ababahohoteye.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianey, arasaba abayobozi b’uturere n’imirenge gufata umwanya wo kugenda n’amaguru aho bakorera, bakaganiriza abaturage kugira ngo bumve ibibazo byabo, bidategereje kuzakemurirwa mu nteko z’abaturage cyangwa mu nama gusa.
Ababana umunsi ku wundi n’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, barasaba ko ururimi rw’amarenga rwaba isomo, rukigishwa mu mashuri yose nk’uko bigenda ku yandi masomo.
Umuryango witwa Hope&Homes for Children uvuga ko mu Kigo cy’abafite ubumuga kiri i Gahanga mu Karere ka Kicukiro hari abana 20 bakirererwamo, nyamara gahunda Leta ifite ari iyo kurerera abana mu miryango.
Urubyiruko 300 rugizwe n’impunzi z’Abarundi n’Abanyekongo mu nkambi ya Nyabiheke mu Karere ka Gatsibo na Mahama mu Karere ka Kirehe ndetse n’urubyiruko rw’Abanyarwanda baturiye inkambi zombi rukomoka mu miryango itishoboye rwatangiye kwigishwa imyuga itandukanye hagamijwe kurufasha kwiteza imbere.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Gatabazi JMV, yatangije imirimo yo kubaka ibiro bishya by’Akarere ka Burera. Ibyo biro bishya biri kubakwa mu Mudugudu wa Rutuku, Akagari ka Kabona, Umurenge wa Rusarabuye.
Abantu 20 bari mu maboko ya Polisi Sitasiyo ya Muhoza, nyuma yo gufatanwa ibicuruzwa bya magendu n’ibyarengeje igihe, bakemeza ko babonye isomo ryo kutongera kugwa muri ayo makosa.
Abantu bane bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Remera bakurikiranyweho kwiyitirira polisi bagatanga impushya zo gutwara ibinyabiziga ku bantu batandukanye babasabye amafaranga.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rusororo mu Mujyi wa Kigali buratangaza ko nibura abakobwa 15 bahohoterewe mu birombe bicukurwamo amabuye y’agaciro n’aho babumbira amatafari, bakaba ngo barasambanyijwe bataruzuza imyaka y’ubukure.
Komisiyo ishinzwe gukurikirana iby’imari n’umutungo bya Leta mu Nteko Ishinga Amategeko (PAC), yasabye Ubuyobozi bw’Ikigo Gishinzwe Gutunganya Amasoko ya Leta (RPPA) gukurikirana bakarebam ikihishe inyuma y’ibikorwa binyuranyije n’amategeko byadutse mu turere tumwe na tumwe, aho batira amasezerano mu gihe bagiye gutanga (…)
Ku wa Gatatu tariki ya 22 Nzeri 2021, ku bufatanye n’abaturage bo mu Karere ka Nyagatare, Polisi yafashe Maniriho Samuel w’imyaka 19 nyuma yo kwambura abacuruzi amafaranga ababwira ko ari umukozi w’Akarere ushinzwe imisoro, yafatiwe mu Murenge wa Mukama, Akagari ka Kagina, Umudugudu wa Nyakagarama.
Perezida Kagame yageze muri Mozambique mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri, akaba yageze muri icyo gihugu kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Nzeri 2021. Mu ruzinduko rwe biteganyijwe ko aganira na mugenzi we Filipe Nyusi, hanyuma agasura Ingabo na Polisi b’u Rwanda bari muri icyo gihugu mu bikorwa byo kugarura umutekano.
Nyuma y’uko abanyeshuri 27 biga muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye (UR-Huye) bagiye mu bitaro, biturutse ku biryo bihumanye bariye muri Resitora Umucyo iherereye ahitwa kwa Wariraye, iyo resitora yabaye ifunzwe.
Umuryango witwa Centre Marembo watangiye umushinga wo kwigisha mu gihe gito imyuga y’ubwubatsi no gutwara moto, abakobwa bahuye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina barimo ababyariye iwabo n’abahoze ari abana bo ku muhanda.
Umuvugizi wa polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, araburira abacuruza utubari kutarenga ku mabwiriza yashyizweho, kugira ngo umuntu yemererwe gufungura kuko uzabirengaho kazafungwa ku buryo bizamugora kongera kugafungura.