Abantu barimo umukinnyi wa Mukura VS bakurikiranyweho guhimba ibisubizo by’ibipimo bya Covid-19, byerekana ko ari bazima bajya gukora ikizamini cy’uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga kandi harimo abarwaye icyo cyorezo.
Imodoka ya Prado Land Cruiser igonze Camera yo ku muhanda (bakunze kwita Sophia) irayishwanyaguza iranarimbuka, imodoka na yo igarama mu muhanda, irangirika cyane.
Umwaka uko ushira undi ugataha ni ko isambanywa ry’abana rikomeza gufata indi ntera, nyamara abayobozi mu nzego zose bahora bashakisha uko icyo kibazo cyaranduka, ariko imibare aho kugabanuka ikiyongera.
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 10 Mutarama 2022, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Dr Vincent Biruta, yakiriye mu biro bye Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda wasoje inshingano ze, Peter Vrooman.
Polisi ikorera mu Karere ka Rubavu yafashe Mushema Theoneste w’imyaka 29 arimo kwinjiza mu Rwanda urumogi n’inkweto za magendu za caguwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana buratangaza ko abantu 28 bari barwariye mu bitaro bya Rwamagana kubera ikigage banyoye, basezerewe basubira mu ngo zabo.
Abantu umunani batuye mu Karere ka Nyarugenge baturuka mu bihugu bitanduknaye, barishimira ko bahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda, kuri ubu bakaba ari Abanyarwanda mu buryo bwemewe n’amategeko.
Kuri uyu wa Mbere tariki 10 Mutarama 2022, Umuyobozi mukuru wa Polisi ya Mozambique, Commander General Bernardino Rafael, yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Rwanda, CG Dan Munyuza.
Abanyamakuru basesengura ibijyanye n’uruhare rw’itangazamakuru ku kurwanya icyorezo cya Covid-19 baratangaza ko urugendo rwo kwigisha no gutanga amakuru kuri Covid-19 rugikomeje. Basanga kandi inzego bireba zikwiye kwemera ko itangazamakuru rifite ijambo rikomeye mu guhangana na Covid-19.
Ku wa Gatandatu tariki 8 Mutarama 2022, nibwo Umugaba mukuru w’Ingabo za Mozambique, n’Umuyobozi mukuru wa Polisi muri icyo gihugu n’intumwa bayoboye, batangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda, mu biganiro bagiranye n’inzego z’umutekano z’u Rwanda, hakaba harimo ko Ingabo z’u Rwanda zizahugura iza Mozambique mu kubaka (…)
Kuri iki Cyumweru tariki 9 Mutarama 2022, ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, habereye inama yahuje inzego z’Umutekano z’u Rwanda n’iza Mozambique, inama yasuzumye uko umutekano uhagaze mu Ntara ya Cabo Delgado.
Nyuma y’aho imirimo yo kubaka agakiriro gashya ka Musanze imaze amezi atari make irangiye ndetse n’igihe Akarere ka Musanze kari kihaye, cyo gutangira kugakoreramo cyarenze; abiganjemo urubyiruko rukorera imyuga itandukanye, bavuga ko bakomeje kugerwaho n’ingaruka, zituruka ku kuba nta hantu bafite ho gukorera bisanzuye.
Abaturiye umugezi wa Mukungwa mu Karere ka Musanze bahangayikishijwe n’ibura ry’amafi nk’ikiribwa cyari kibatunze, aho hashize imyaka itatu umugezi wa Mukungwa usutswemo imyanda ihumanya hagapfa amafi atabarika, bakaba bifuza ko haterewamo andi akororoka bityo bakongera kubona ayo kurya bitabagoye.
Mu minsi mikuru ya Noheli n’Ubunani Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko iperereza ryakorewe ku bantu 11 bapfuye n’abandi 4 bahumye amaso nyuma yo kunywa inzoga yitwa Umuneza, ryagaragaje ko iyo nzoga yarimo ikinyabutabire cyitwa Methanol.
Nyuma y’umwaka Padiri Ubald Rugirangoga yitabye Imana, kuri uyu wa Gatandatu tariki 08 Mutarama 2022, muri Centre Ibanga ry’Amahoro muri Diyosezi ya Cyangugu, hahimbarijwe igitambo cya Misa cyo kumwibuka.
Nsengiyumva Evariste w’umufutuzi (izina ry’abambutsa kanyanga) wo mu mudugudu wa Rwamiko, Akagari ka Kabungo mu Murenge wa Kiyombe, ari mu maboko ya Polisi Sitasiyo ya Nyagatare, nyuma yo gufatanwa litiro 187 za kanyanga yari akuye mu gihugu cya Uganda, azizaniye shebuja witwa Uwizeye utuye mu Murenge wa Kiyombe.
Umworozi mu mudugudu wa Kayange, Akagari ka Ndama, mu Murenge wa Karangazi arasaba Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) kumukiza imparage amaranye imyaka ibiri mu rwuri rwe rurimo n’inka, kuko hari ibyo zimwangiriza zikanamuteranya n’abaturanyi.
Ku wa Gatanu tariki 7 Mutarama 2022, mu Karere ka Gicumbi, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze abantu batatu harimo n’uwigize umukomisiyoneri bakekwaho gushaka guha ruswa y’ibihumbi 300Frw ubugenzacyaha, kugira ngo abavandimwe babo 2 bafungurwe, abo bakaba bakuriranyweho icyaha cyo gusambanya umwana.
Ku wa Kane tariki ya 6 Mutarama2021, Polisi ikorera mu Karere ka Kayonza ku bufatanye n’izindi nzego n’abaturage bafashe abantu 11 bacukuraga amabuye y’agaciro mu mirima y’abaturage n’abandi 4 baguraga ayo mabuye yo mu bwoko bwa gasegereti.
Mu itangazo ry’Urwego rw’ubucamanza ryasohotse ku wa Gatanu tariki 7 Mutarama 2022, Ubuyobozi bw’inkiko buramenyesha abazigana bose, ni ukuvuga abavoka, ababuranyi n’abandi basaba serivisi zinyuranye mu nkiko, ko mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza no kwirinda ubwandu n’ikwirakwizwa rya Covid-19, buri wese azajya agaragaza (…)
Kuri uyu wa Gatanu taliki 7 Mutarama 2022, ahagana saa moya z’ijoro, mu Murenge wa Kagarama, Akagari ka Rukatsa umudugudu wa Mpingayanyanza muri Kicukiro, mu rugo rw’umuturage hahiriye imodoka yo mu bwoko bwa Benz irakongoka.
Umuforomokazi witwa Umuhoza Valentine, yatawe muri yombi akekwaho icyaha cyo kuzuza imyirondoro y’abantu muri sisitemu, agaragaza ko bakingiwe Covid-19 kandi batarigeze bikingiza.
Kuri uyu wa 07 Mutarama 2022, saa munani z’amanywa ku mupaka wa Kagitumba mu Karere ka Nyagatare, hagejejwe Abanyarwanda 22 bari bafungiye mu gihugu cya Uganda.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ruratangaza ko rurirmo gushakisha Uwitwa Rutagengwa Alexis wo mu Karere ka Ruhango, bikekwa ko yaba yaragize uruhare mu gutwika imodoka y’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruhango.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 7 Mutarama 2022, Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byasohoye amabwiriza avuguruye yo kwirinda Covid-19, aho abamotari, abanyonzi ndetse n’abagenzi batwara basabwa kuba barakingiwe Covid-19. Ayo mabwiriza azatangira kubahirizwa ku wa Mbere tariki 10 Mutarama 2022.
Guhera kuri uyu wa Gatanu tariki 7 Mutarama 2022, gukoresha utumashini twifashishwa mu kubara amafaranga y’urugendo umugenzi agomba kwishyura, biratangira kuba itegeko ku Bamotari bose batwara abagenzi bakorera muri Kigali.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwafunze Igabe Egide ukurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano y’impamyabumenyi y’icyiciro gihanitse cya Kaminuza (PhD), mu gushaka akazi muri kaminuza zitandukanye zikorera mu Rwanda.
Ku wa Gatatu tariki ya 5 Mutarama 2022, ku bufatanye n’abaturage Polisi ikorera mu Karere ka Gakenke yafashe Habiyaremye Jean Damascène w’imyaka 27, yafatanywe amasashe 2,000 yayashyize mu mufuka w’ibijumba ayajyanye kuyacuruza mu Mujyi wa Kigali, akaba yarafatiwe mu isoka ryo mu Gakenke, Umurenge wa Gakenke, Akagari ka (…)
Abagore n’abakobwa bagororerwa mu kigo ngororamuco cya Gitagata, barasaba kubakirwa irerero kuko abafite abana bagorwa no gufatanya amasomo bahabwa no kubitaho.
Ntirujyinama Benjamin utuye mu Kagari ka Nyagahindo mu Murenge wa Rugera mu Karere ka Nyabihu, yasabye gusubizwa mu kazi yari yaranditse agasezera kubera kwanga kwikingiza Covid-19, akaba abikoze nyuma yo kwemera gukingirwa, ubuyobozi bw’akarere nabwo bukaba bwahise bumwemerera gusubira mu kazi ke.