Imiryango itari iya Leta ikorera mu Karere ka Huye ivuga ko u Rwanda rwamaze gutera intambwe igaragara mu bijyanye no kubahiriza uburenganzira bwa muntu, ariko ko hakiri ibyo gukosora byafasha gutuma ibintu birushaho kugenda neza.
Abagore n’abagabo babanaga mu buryo budakurikije amategeko mu Karere ka Muhanga mu Murenge wa Nyabinoni baratangaza ko baterwaga ipfunwe no kwitwa indaya kandi bashaje.
Imiryango 26 yo mu Kagari ka Bumara, Umurenge wa Rwaza mu Karere ka Musanze, imaze igihe kingana n’imyaka umunani yishyuza ingurane y’amafaranga asaga miliyoni 12, y’ubutaka bwabo bwubatswemo urugomero rw’amashanyarazi.
Umwaka wa 2021 urimo kurangira Uruganda rwa Shema Gaz Methane Power Plant rudashoboye gutanga ingufu z’amashanyarazi rwari rwijeje Abanyarwanda. Uruganda Shema Gaz Methane Power Plant rwitezweho kunganira Leta y’u Rwanda kugeza amashanyarazi ku Banyarwanda.
Muri gahunda yo gufasha inzego zitandukanye gushyira mu bikorwa serivisi z’irangamimerere zegereye abaturage, ubu abana bavuka bashobora kwandikirwa kwa muganga bakivuka, bashobora no kwandikirwa ku bigo nderabuzima ariko iri yandikwa ntabwo rihagije.
Urubyiruko 205 ruturutse mu gihugu hose, rwari rumaze iminsi itanu mu mahugurwa yaberaga mu Karere ka Musanze rwongererwa ubumenyi mu bijyanye n’imicungire y’imihanda y’ibitaka no kuyibungabunga, ku wa Gatatu tariki 15 Ukuboza 2021 yarasojwe, Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco arusaba kutazaba ba bihemu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwagaragaje umudugudu w’icyitegererezo wa Gihira, burimo kubakira imiryango 120 ituye mu manegeka mu Murenge wa Nyamyumba, gusa abazimurwa bavuga ko ikibazo bafite ari uko uwo mudugudu uri kure y’amasambu yabo bafitemo ibikorwa.
Umuhanzi Ric Hassani uherutse gukorera igitaramo mu Rwanda yashenguwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ariko ananyurwa n’umutima ukomeye Abanyarwanda bagize mu gutanga imbabazi.
Bamwe mu Baminisitiri hamwe n’Umuvugizi wa Polisi, CP John Bosco Kabera, batanze ikiganiro basaba abantu bose gufata urukingo rwa Covid-19, kuko ngo ari bwo buryo burambye bwo guhagarika ikwirakwira ry’ubwoko bushya bwa Covid-19 bwiswe Omicron.
Ku wa Kabiri tariki 14 Ukuboza 2021, Minisitiri w’Ingabo za Mozambique, Maj Gen Cristovão Chume, aherekejwe n’abandi basirikare bakuru, yasuye Ingabo z’u Rwanda ziri i Mocimboa da Praia muri icyo gihugu.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko guhera tariki 05 kugera tariki 14 Ukuboza 2021, yafashe abantu barenga ibihumbi 60 barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19.
Adolphe Nshimiyimana w’imyaka 37 yafashwe ubwo yitabaga Polisi tariki 13 Ukuboza 2021, mu gihe icyaha akurikiranyweho yagikoze tariki 27 Ugushyingo 2021 ubwo yari aturutse mu Karere ka Rubavu, yitwaye mu modoka yari yahinduriye imibare n’inyuguti z’ibirango byayo (Plate Number).
Hirya no hino mu gihugu, ndetse no mu Mujyi wa Kigali, haracyagaragara abana bakoreshwa imirimo ibujijwe kuri bo.
Umuyobozi wa Koperative Twisungane y’abafite ubumuga mu Murenge wa Karangazi akagari ka Nyamirama, Muhawenimana Daniel, avuga ko mu myaka ibiri bashobora kuba biyubakiye uruganda rukora ifu ya kawunga.
Abakene bahabwa akazi mu mirimo ya VUP mu Karere ka Gisagara bavuga ko yabafashije kwikura mu bukene bukabije, ariko na none bakavuga ko amafaranga 1200 bishyurwa ku mubyizi ari makeya ugeraranyije n’uko isoko ryifashe.
Umukobwa w’imyaka 20 wo mu Karere ka Musanze, witwa Umuhoza (twamuhinduriye izina), ahereye ku ngaruka yakururiwe no gushukwa, bikamuviramo guterwa inda akiri muto, aragira inama abandi bakobwa, yo kwitwararika no kudashidukira ababizeza ibitangaza bakabashora mu ngeso z’ubusambanyi.
Abaturage basenyewe n’imitingito yakurikiye iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo mu Karere ka Rubavu barasaba gufashwa kubaka amacumbi kuko hari abatarabona aho kuba.
Ku wa 14 Ukuboza 2021, Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) rwizihije isabukuru y’imyaka itatu ya Gahunda ya Leta y’u Rwanda yiswe ‘Ejo Heza’, igamije gufasha Abanyarwanda bose guteganyiriza izabukuru.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, ku wa Kabiri tariki 14 Ukuboza 2021 yayoboye Inama y’Abaminisitiri yabereye muri Village Urugwiro, ifatirwamo imyanzuro ikurikira:
Abikorera bo mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, nyuma yo gusura Ingoro Ndangamateka y’Urugamba rwo kubohora Igihugu, biyemeje kurangwa n’indangagaciro zishyira imbere ukuri, kurangwa n’ubumwe no guharanira ko iterambere ry’Igihugu ridasubira inyuma.
Ihuriro nyarwanda ry’imiryango y’abantu bafite ubumuga (NUDOR) riherutse gushyira ahagaragara ibyavuye mu bushakashatsi bwakozwe bugamije kugaragaza aho u Rwanda rugeze rushyira mu bikorwa amasezerano 24 yasinywe mu 2018 i Londres mu Bwongereza mu kurushaho guteza imbere imibereho myiza y’abafite ubumuga.
Inzego zifite mu nshingano imibereho y’abafite ubumuga zikomeje gushaka uko imbogamizi abana bafite ubumuga bagihura na zo zavaho bityo na bo bakiga nta nkomyi.
Ba rwiyemezamirimo batatu b’urubyiruko bo mu Ntara y’Amajyaruguru, ku wa mbere tariki 13 Ukuboza 2021, bahawe ibihembo nyuma y’uko imishinga yabo igaragaje udushya n’ubudasa.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ukuboza 2021 yayoboye Inama y’Abaminisitiri yize ku ngingo zitandukanye harimo n’ingamba zashyizweho zigamije gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ukuboza 2021, Umuryango urwanya ruswa n’akarengane ishami ry’u Rwanda (TI-R), watangaje ibyavuye mu bushakashatsi ku bipimo bya ruswa mu Rwanda, urwgo rw’abikorera rukaba rwaje ku isonga mu hatangiwe ruswa nyinshi na 9.8%.
Abaturage bo mu Karere ka Musanze, barashima gahunda igenewe abatishoboye mu kubafasha kwikura mu bukene izwi ku izina rya VUP, aho abenshi batanga ubuhamya bayivuga imyato, bagaragaza uburyo yabakuye mu bukene bakaba bakomeje gushimira Perezida Paul Kagame wayibazaniye, aho bayita akabando bicumba bagana iterambere.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyagatare bavuga ko gahunda y’Ijwi ry’umurwayi izabafasha guhabwa serivisi nziza kwa muganga, kuko bamaze gusobanukirwa uburenganzira bwabo na serivisi bagomba guhabwa n’uko bagomba kuzibona, ndetse n’ababavuganira mu gihe bazihawe nabi.
Urugaga rw’abikorera (PSF) mu Karere ka Huye rurahamagarira abifuza gushora imari mu bukerarugendo no mu bucuruzi, kugana Huye kuko bihabereye.
Umuryango Reach the Children Rwanda, uharanira guteza imbere imibereho myiza y’abana, urashimira ababyeyi bo mu Karere ka Kicukiro ku ruhare bagaragaza mu guteza imbere ingo mbonezamikurire z’abana bato.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco yahembye ba Rwiyemezamirimo bahize abandi mu ntara zose n’Umujyi wa Kigali, igikorwa cyabaye ku wa mbere tariki 13 Ukuboza 2021.