Abasenateri bagize Komisiyo y’ubukungu n’imari muri Sena bari mu isuzuma ry’iterambere ry’imijyi mu Rwanda, baravuga ko nyuma yo gusoza iryo suzuma, bazakora raporo igaragaza ibibazo bibangamiye iterambere ry’imijyi, kugira ngo bikorerwe ubuvugizi muri Guverinoma.
Arikiyepisikopi wa Kigali, Antoine Cardinal Kambanda, yasabye abitabiriye inama mpuzamahanga ihuza abayobozi, abakozi n’abanyamakuru b’ibitangazamakuru Gatolika ku mugabane wa Afurika, gukora itangazamakuru ry’ubaka ubuzima bwa muntu.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, avuga ko ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amakoperative (RCA), bagiye gushyiraho ingamba nshya zijyanye n’imicungire y’amakoperative, kugira ngo adakomeza guhombya abanyamuryango, ahubwo ababere inzira y’ubukire, aho inzego z’ibanze zigiye kugira (…)
Nyuma y’uko Maniragena Clementine wo mu Kagari ka Kabatezi, Umurenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu, yibarutse abana bane b’impanga, ku gicamunsi cyo ku Cyumweru tariki 17 Nyakanga 2022, asigaranye umwana umwe kuko batatu bamaze kwitaba Imana.
Mu rugamba rwo kubohora u Rwanda rwatangijwe na FPR-Inkotanyi mu kwezi k’Ukwakira 1990, hari igihe cyageze humvikana izina Santimetero (Centimeter), mu cyahoze ari Byumba, ubu ni mu Karere ka Gicumbi.
Ku gicamunsi cyo ku wa Mbere tariki 18 Nyakanga 2020, imodoka itwaye umucanga yakoze impanuka ihitana abantu babiri ikomeretsa 10 mu Mudugudu wa Rwinanka, uherereye mu Kagari ka Ntwari mu Murenge wa Munini.
Igihe gushishikariza Abahutu gukora Jenoside byageraga muri Perefegitura ya Gikongoro, ari na cyo gihe ubwicanyi bwatangiraga hirya no hino muri ako gace, Abatutsi benshi bahungiye kuri Musenyeri wa kiliziya Gatolika bizeye ko azakoresha ububasha bwe akabarinda.
Bamwe mu bavuye mu bigo ngororamuco by’Iwawa n’Igitagata, bavuga ko imyuga bahigiye yabahinduriye ubuzima, bagashima Leta y’u Rwanda yabagoroye ikongeraho no kubigisha.
Abahoze binjiza magendu n’ibiyobyabwenge mu Gihugu (abafutuzi) bo mu turere twa Nyagatare, Gicumbi na Burera bibumbiye mu makoperative 92, amaze kugira ubwizigame bw’amafaranga y’u Rwanda Miliyoni 28,437,000.
Maniragena Clemantine wo mu Kagari ka Kabatezi, Umurenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu, yibarutse abana bane, abahungu 2 n’abakobwa 2 ku gicamutsi cyo ku Cyumweru tariki 17 Nyakanga 2022, ariko agira ibyago umwe mu bahungu aza kwitaba Imana.
Urubyiruko rw’Abanyarwanda ruba mu mahanga ruri mu Rwanda muri gahunda yo kureba, kumenya no gusobanukirwa byinshi ku mateka y’u Rwanda. Ku wa Gatandatu tariki 16 Nyakanga 2022, urwo rubyiruko rwagiranye ibiganiro n’abayobozi batandukanye barimo Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ingabo, Maj Gen Emmanuel Bayingana, (…)
Bamwe mu baturage bo mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali baravuga ko hari zimwe muri serivisi zikigaragaramo ibyuho bya ruswa, bagatinya gutanga amakuru kubera gutinya kwiteranya.
Abacuruzi b’imboga n’imbuto n’abacuruza inyama mu isokro rishya rya Muhanga, baravuga ko ibicuruzwa byabo bitacyangirika, nk’uko byari bimeze bakiri mu gice cyo hejuru mu nyubako y’iryo soko, kuko ubu bimuriwe mu nyubako yo hasi.
Mu gihe abamotari bavuga ko batemera gukoresha imashini za mubazi kuko ngo zibahombya, Polisi y’u Rwanda yo irabibategeka kubera inyungu z’umutekano wabo n’uw’abaturage muri rusange.
Bamwe mu bagore bo mu Mudugudu wa Seka, Akagari ka Nkondo mu Murenge wa Rwinkwavu, bavuga ko gutanguranwa amazi kubera ibura ryayo byari byarabateje amakimbirane mu miryango, kuko abagabo batabashiraga amakenga ku kubyuka ijoro bajya kuyashaka, ariko ubu kuva bayegerezwa kandi ahagije, icyo kibazo ngo ntikikiriho.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) irasaba abayobozi b’inzego z’ibanze kwihutisha gahunda yo gutunganya ubuhumbikiro by’ibiti biteganyijwe guterwa mu gihe cy’ihinga A 2022, muri gahunda Igihugu cyihaye yo kurwanya isuri.
Abavuzi gakondo bemewe na Leta bamaganye bagenzi babo bakomeretsa imibiri y’abantu, harimo abaca ibirimi, ndetse n’abamamaza imiti ivugwaho kuvura inyatsi, bakaba babagereranya n’inzererezi.
Intara y’Amajyaruguru ni yo yagizemo impinduka nyinshi mu matora y’abayobozi b’uturere aherutse mu kwezi k’Ugushyingo 2021, aho 80% ni ukuvuga abayobozi bane kuri batanu bavuye muri izo nshingano, hasigara umwe witwa Uwanyirigira Marie Chantal uyobora Burera.
Fred Gisa Rwigema yavutse ku itariki 10 Mata 1957, avukira ahahoze ari muri perefegitura ya Gitarama mu Majyepfo y’u Rwanda, ubu ni mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Nyamiyaga.
Umuturage wo mu Karere ka Ruhango wakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, akaza gufungurwa nyuma yo kurangiza igihano, arasaba ko yafashwa kugera muri za gereze n’ahandi hahurira abantu benshi, agatanga ubuhamya ku bagifunze, bakabohoka bakavugisha ukuri bagasaba imbabazi abo bahemukiye.
Abagabo babarirwa mu 3,856 gusa ni bo baboneje urubyaro kugera mu 2021 barakoresheje uburyo bwo kwifungisha burundu, nk’uko bitangazwa n’Ikigo cy’igihugu cyita ku Buzima (RBC), bagashishikarizwa gukomeza kwitabira ubwo buryo kuko nta ngaruka bubagiraho.
Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera (PSF) mu Karere ka Nyagatare wungirije, Basabira Laurent, avuga ko bagiye kwihuza bagakorera hamwe ibikorwa binini, bigaragaza Akarere nk’akunganira Umujyi wa Kigali.
Ku wa Gatatu tariki 13 Nyakanga 2022, Abajyanama bihariye mu bya gisirikare muri Ambasade z’ibihugu mu Rwanda (Defence Attaché), bahawe ikiganiro ku bijyanye n’ibikorwa by’umutekano by’Ingabo z’u Rwanda (RDF) cyabereye ku cyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda, ku Kimihurura, bagaragarizwa uruhare rwazo mu kubungabunga (…)
Mu ishuri rikuru ry’Ubumenyingiro rya IPRC Musanze, harimo kubera amahugurwa (Summer School) y’icyumweru, yiga uburyo hashyirwaho ikoranabuhanga ryifashishwa mu kurwanya inkangu hafatwa neza ubutaka.
Abaturage b’Akarere ka Gakenke n’aka Nyabihu barasaba ko amapoto y’amashanyarazi yashaje yasimbuzwa, aho bemeza ko akomeje kubagwira ibyo bikabatera impungenge k’umutekano wabo.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, avuga ko kuba Akarere gasigaye kabonekamo imihanda ya kaburimbo, inganda ndetse n’ibikorwa by’imyidagaduro nyamara karahoze inyuma, bivuze ikintu kinini cyane mu rugendo rwo kwibohora.
Guverinoma y’u Rwanda igiye gutangira gushyira mu bikorwa gahunda yo kwishyura mbere (Capitation Model) amavuriro, amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (Mituweri).
Abatuye mu mudugudu wa Gitima mu Kagari ka Tyazo mu Murenge wa Muhanga, baravuga ko biyemeje kwiyubakira umuhanda, mu rwego rwo kwisukurira amasibo no koroshya imigenderanire yari igoranye, kubera ko umuhanda wabo warangwagamo isuri ikabije, uwo barimo gukora ukaba ukoze mu isima, umucanga n’amabuye.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr. Biruta Vincent, ku gicamunsi cyo ku wa Mbere tariki ya 11 Nyakanga 2022, yatangiye uruzinduko rw’akazi mu gihugu cya Armenia.
Ambasaderi Claver Gatete, kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Nyakanga 2022, yashyikirije Perezida wa Venezuela, Nicolás Maduro, impapuro zimwemerera guhagararira inyungu z’u Rwanda muri icyo gihugu. Ni mu muhango wabereye mu ngoro ya Perezida Maduro, iherereye i Miraflores.