Abayobozi b’uturere tw’Intara y’Iburasirazuba barasabwa kwiyubakamo umuco wo gushyashyanira abaturage, kuko bidakwiye kuba umuyobozi yakumva ko atekanye, mu gihe hari ibibazo by’abaturage bitarakemurwa.
Ernest Mugisha, umunyeshuri w’Umunyarwanda w’imyaka 22 wiga mu Ishuri Rikuru ry’Ubuhinzi bwita ku Bidukikije (RICA), ni umwe mu bantu 50 bashyizwe ku rutonde rw’abahatanira igihembo cya Chegg.org (Global Student Prize) cya 2022, gihwanye n’ibihumbi 100 by’Amadolari.
Giverineri w’Intara y’i Burengerazuba, Habitegeko François, aratangaza ko Leta ntako itagira ngo itange ibikenewe ngo abana batane n’imirire mibi itera igwingira, ahubwo hakwiye guhuriza hamwe ibikorwa bigamije gufasha ingo zifite ikibazo cy’imirire mibi.
Ku wa Gatanu tariki ya 22 Nyakanga, Polisi y’u Rwanda yagaruje moto 2 zari zibwe, zafatiwe mu bikorwa bitandukanye byakozwe mu turere twa Gasabo na Nyagatare, aho hafashwe abantu batatu bacyekwaho kugira uruhare muri ubwo bujura.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 23 Nyakanga 2022, Umugaba murukuru w’Ingabo za Bénin, Brigadier General Fructueux Candide Ahodegnon GBAGUIDI, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi, rugamije kunoza umubano hagati y’Ingabo z’ibihugu byombi.
Ikigo gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC), cyatangaje ko Uturere tugize Umujyi wa Kigali tutazabona amazi kuri iki Cyumweru tariki 24 Nyakanga 2022, bitewe n’ibura ry’umuriro w’amashanyarazi ku ruganda rw’amazi rwa Nzove no mu bice bihakikije by’imirenge itandukanye.
Muri rusange abangavu bagiye batwara inda, bavuga ko bicuza kuba baragize intege nkeya zabaviriyemo gutwara inda, kuko nyuma yo kuzitwara babayeho nabi byatumye banatekereza kwiyahura.
Gen. James Kabarebe, Umujyanama wa Perezida w’u Rwanda mu bijyanye n’umutekano, avuga ko Habyarimana Juvenal kugwa n’indege ye birimo urujijo, kuko ngo hari ibyagiye biba mbere y’urugendo rwe bitari bisanzwe.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatandatu tariki 23 Nyakanga 2022, yagiranye ibiganiro n’uwahoze ari Perezida wa Niger, Mahamadou Issoufou uri mu Rwanda mu nama mpuzamahanga ku kubungabunga ibyanya bikomye muri Afrika (APAC).
Inararibonye zibarizwa mu muryango NOUSPR Ubumuntu, zivuga ko hakwiye kubaho amahugurwa menshi afasha abantu gusobanukirwa uburyo bwo gufashanya ku bijyanye n’ubumuga bwo mu mutwe.
Abanyeshuri biga muri Kaminuza ya Kent State yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) baherekejwe n’abarimu babo, ku wa Gatanu tariki ya 22 Nyakanga 2022, basuye Polisi y’u Rwanda ku cyicaro gikuru giherereye ku Kacyiru, muri gahunda y’urugendoshuri barimo kugirira mu Rwanda.
Polisi y’u Rwanda, ku wa Gatatu tariki 20 Nyakanga, yafashe uwitwa Habirora Anaclet w’imyaka 30, afatanwa Amafaranga y’u Rwanda 82.000 by’amahimbano, akaba yafatiwea mu Karere ka Rwamagana, mu Murenge wa Muhazi, Akagari ka Nyarusange, Umudugudu wa Pulaje.
Banki ya Kigali (BK Plc) yongeye kwegukana ku nshuro ya kabiri mu myaka ikurikirana ya 2021 na 2022, igihembo cya ‘Euromoney Awards of Excellence’ nka Banki yaranzwe n’imikorere myiza kurusha izindi mu Rwanda.
Imiryango 24 y’abahoze ari abasirikare bakaza gusubizwa mu buzima busanzwe ariko bigaragara ko batishoboye, bahawe inzu zo kubamo basabwa gufatanya n’abandi basanze mu bikorwa bibateza imbere.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, avuga ko muri gahunda yo kwiyandikisha yo gukorera impushya z’agateganyo zo gutwara ibinyabiziga, iyo umubare wagenwe wuzuye imashini idashobora kuwurenza, ahubwo ifunga imiryango.
Igishushanyo mbonera cy’imikoreshereze y’ubutaka cyemejwe mu mwaka wa 2020, cyerekana ko kugeza mu mwaka wa 2050 byibura 70% by’Abanyarwanda bazaba batuye mu Mijyi.
Ku wa Gatatu tariki 20 Nyakanga 2022, Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda umutwe w’Abadepite yasinyanye amasezerano (MoU) n’Inteko Ishinga Amategeko ya Ghana, akaba yerekeye imikoranire myiza y’izo Nteko zombi, akaba yitezweho kurushaho gushimangira umubano w’impande zombi.
Abanyamuryango bagize ishyirahamwe ‘Inkanda Tailoring’, rikora ubudozi mu Murenge wa Kagogo mu Karere ka Burera, barishimira imibereho myiza bamaze kwigezaho babikesha umwuga bahangiwe w’ubudozi, watumye bava mu burembetsi.
Mu Karere ka Nyagatare tariki ya 19 Nyakanga 2022, hatangijwe iyubakwa ry’imihanda ya kaburimbo mu mujyi wa Nyagatare ireshya n’ibirometero hafi birindwi ku nkunga ya Banki y’Isi.
Ku wa Kabiri tariki ya 19 Nyakanga, Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Rubavu, ishami rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU), ryafashe Niyirora Emmmanuel na Ntagungira Eric, bafite udupfunyika 6000 tw’urumogi.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS), rwemeje imfashanyigisho izajya yifashishwa mu kugorora no kwigisha abafunzwe bitegura kuzasubira mu miryango yabo.
Abakobwa babyariye iwabo bize imyuga mu kigo cy’umuryango uharanira iterambere (Bureau Social de Development ‘BSD’) mu Karere ka Muhanga, barasabwa kudapfusha ubusa ayo mahirwe kugira ngo batazongera guhura n’icyo kibazo.
Abaturage bo mu Karere ka Ngororero bakora umwuga w’ubuhinzi baravuga ko batunguwe no gusanga amababa y’inkoko avamo ifumbire ihendutse kurusha ifumbire mvaruganda basanzwe bakoresha.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Nyakanga 2022, yashimiye umuryango wa Ange Kagame n’Umugabo we Bertrand Ndengeyingoma bibarutse umwana wa kabiri (ubuheta). Perezida Kagame, yashimiye aba bombi mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, buherekejwe n’ifoto y’imfura ya Ange na Bertrand.
Nteziyaremye Jean Pierre w’imyaka 49 wo mu Kagari ka Kagitega mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera, avuga ko yaretse ibikorwa bibi yahozemo aho yari umuhendebutsi, ahitamo kujya kwiga umwuga w’ububaji muri TVET Cyanika, akaba yiteguye kuzashinga uruganda.
U Rwanda rwasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu bijyanye no gukoresha ikirere na Autriche (Austria), akazafasha sosiyete ya RwandAir kugirira ingendo muri icyo gihugu.
Komisiyo y’Abadepite ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu (PAC), yabwiye Inteko Rusange ko iyubakwa ry’Urugomero rwa Rusumo kugeza ubu rimaze kudindira hafi amezi 30, ndetse ko inzu 25 z’abaturage zasenywe n’iyubakwa ryarwo kugeza ubu zitarasanwa.
Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB), iragaragaza ko ubwitabire mu kwishyura Mituweli 2022/2023, uturere tugize Umujyi wa Kigali tuza ku myanya itatu ya nyuma.
Impuguke 60 ku bijyanye n’ibiza zaturutse hirya no hino mu Rwanda, barishimira ko amahugurwa y’icyumweru bari mu busesenguzi bwiga ku kibazo cy’inkangu n’ubuhaname bw’imisozi mu Rwanda, agiye kubafasha mu kurushaho gukumira inkangu zugarije tumwe mu duce tw’Igihugu.
Imibare igaragazwa na RIB yerekana ko hagati y’umwaka wa 2019 na 2021 hakozwe ibyaha bingana na 550, kuko mu mwaka wa 2019 bakiriye ibirego 128 by’ibyaha byakozwe, hibwa Amafaranga y’u Rwanda miliyoni 200, n’Amadorali y’Amerika ibihumbi 190, yose yibwe hifashishije ikoranabuhanga.