Abayobozi mu nzego z’ibanze mu Ntara y’Iburasirazuba, basabwe kwisuzuma bakareba ko ibyo abaturage bari babategerejeho babatora babishyira mu bikorwa, ariko bakanarushaho gushyira hamwe mu kubakemurira ibibazo.
Ku wa Mbere tariki ya 19 Nzeli 2022, mu Turere dutandatu kuri turindwi tugize Intara y’Iburasirazuba, imiryango 700 yabanaga mu buryo butemewe n’amategeko yasezeranye kubana akaramata.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, arasaba ababyeyi n’abandi bantu bose kugira uruhare rufatika mu kurera neza abana, hagamijwe kubarinda ihohoterwa.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancille, yasabye abaturiye umupaka wa Uganda mu mirenge y’Akarere ka Burera na Gicumbi, kwirinda ikiyobyabwenge cya Kanyanga, kuko iza imbere mu bitera amakimbirane mu miryango, ikanangiza ubuzima bw’uwayinyoye.
Mu butumwa Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwa n’Inshingano mboneragihugu Dr Jean Damascene Bizimana yagejeje ku Banyarwanda ku munsi mpuzamahanga w’Amahoro, yasabye buri wese kwima amatwi abashaka kubatanya.
Umujyanama mu Nama Njyanama y’Akarere ka Nyagatare, Umurerwa Aisha, arasaba Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge igize Akarere, gufatira urugero ku Murenge wa Mukama bakegera abafatanyabikorwa bakorera mu Mirenge yabo, kuko bafasha mu gukemura bimwe mu bibazo bikibangamiye abaturage.
Abafite ubumuga bw’ingingo zitandukanye bifuza ko ibizava mu ibarura rusange ry’abafite ubumuga, byazahuzwa n’amategeko abarengera, ku buryo amakuru bazabona abyazwa umusaruro ku buryo ufite ubumuga arengerwa n’itegeko.
Minisitiri w’Umutekano imbere mu Gihugu, Alfred Gasana, mu ruzinduko yagiriye mu Karere ka Gicumbi mu Murenge wa Rushaki, tariki ya 20/9/2022 yasabye abashakanye kwimakaza ihame ry’uburinganire mu muryango kuko rifasha ingo gutera imbere.
Imiryango itishoboye yo mu turere tugize Intara y’Amajyarugu imaze kubakirwa inzu 184 ndetse yorozwa inka, ihabwa n’ibikoresho bitandukanye. Abahawe izi nzu baganiriye na Kigali Today bavuga ko ari igikorwa cyiza bashimira aba banyamuryango ba RPF Inkotanyi kuko cyabavanye mu buzima bwari bugoye babagamo.
Icyiciro cya kabiri cy’urubyiruko 385 rwibumbiye mu Muryango wa FPR Inkotanyi, rwasoje amasomo yiswe ‘Irerero’ ruhamya ko rutazigera rwihanganira abasebya Igihugu n’abavuga amateka yacyo uko atari; rukaba rwiyemeje kubavuguruza.
Imiryango 173 yasezeranye imbere y’amategeko mu Murenge wa Rushaki ,mu Karere Ka Gicumbi ubwo hatangizwaga ibikorwa byimakaza Ihame ry’Uburinganire no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina (Gender Accountability Day ) mu Nteko y’Abaturage idasanzwe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera bwongeye gutanga amahirwe ku babyeyi bafite abana bacikanwe, batanditswe mu bitabo by’irangamimerere kubera impamvu zitandukanye.
Umwe mu bagize itsinda rya Sauti Sol, witwa Bien-Aimé Baraza, ubwo yavugaga ku rugendo baherutse kugirira mu Rwanda, bakerekeza i Musanze mu birori byo Kwita Izina abana b’Ingagi, yakomoje no ku bihe bitangaje atazibagirwa yagiranye n’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda.
Abahagarariye ibihugu bigize Umuryango wa COMESA, ku wa Mbere tariki 19 Nzeri 2022, bateraniye mu nama i Kigali, igamije kwiga uko hakoroshywa uburyo bwo kubona ibikoresho byafasha ibihugu koroherwa no gukoresha ingufu z’imirasire y’izuba mu buryo bunoze, hagamijwe kunganira amashanyarazi yo ku miyoboro migari ngo agere ku (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga hamwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), bahagaritse burundu cyamunara yari yatangajwe ngo hagurishwe inzu ya miliyoni zisaga 16Frw, kugira ngo hishyurwe umwenda w’ibihumbi 68frw.
Umushumba wa Kiriziya Gatolika Diyosezi ya Ruhengeri, Nyiricyubahiro Musenyeri Harolimana Vincent, aributsa urubyiruko ko uko iterambere rikura, ari nako hari ibyiza byinshi riba rihishe, bakwiye kujyana nabyo badaseta ibirenge, ariko kandi anabahamagarira gushungura, ahari ibibi n’ibidafite umumaro bakabitera umugongo, (…)
Umuryamuryango FPR-Inkotanyi mu Kagari ka Musezero, Umurenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo, wishimiye kunguka abanyamuryango bashya 273, hamwe n’umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza urenga amafaranga miliyoni enye, yabonetse kuri iki Cyumweru.
Ubuyobozi bw’ishami rishinzwe ingufu z’amashanyarazi (REG) mu Ntara y’Amajyepfo, buratangaza ko umwaka wa 2024 uzagera abaturage bafite amashanyarazi ku gipimo cya 100%, nyuma y’uko babonye asaga miliyari 100Frw yo gukoresha.
Perezida Paul Kagame, kuri iki Cyumweru tariki 18 Nzeri 2022, yageze i London mu Bwongereza, aho yagiye mu muhango wo gutabariza Umwamikazi Elisabeth II.
Perezida Paul Kagame uri i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yayoboye inama y’Itsinda ry’Abajyanama be rizwi nka ‘Presidential Advisory Council (PAC)’, mu rwego rwo kungurana ibitekerezo ku ngingo zitandukanye.
Guverineri w’Intara y’Amajyepho, Kayitesi Alice, aratangaza ko umuhanda Rugobagoba- Mukunguri, wari waratawe na rwiyemezamirimo ugiye gusubukura imirimo, nyuma y’uko imanza n’uwo wawukoraga akaza kuwuta zirangiye.
Polisi y’u Rwanda yatabaye uruhinja rwatawe na nyina mu musarani, ibasha kurukuramo rukiri ruzima, uwo mubyeyi gito wahise atoroka akaba arimo gushakishwa.
Abaturage b’Utugari twa Nyamugali na Rubona mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Burera, barahamya ko ubuhahirane hagati yabo ndetse n’abatuye muri tumwe mu tugari byegeranye, two mu Karere ka Rulindo, bugiye kurushaho kunoga no kuborohera, babikesha ikiraro cya Cyabami, cyo mu kirere bubakiwe.
Inama y’Abaperezida ba Komisiyo zigize Sena y’u Rwanda yateranye ku wa Gatanu tariki ya 16 Nzeri 2022, yashimiye Guverinoma kuba irimo gutuza neza abavuye muri Kangondo na Kibiraro, isaba ko iyo gahunda yakomeza.
Grace Umugwaneza na Wenceslas Rutagarama bo mu Mudugudu wa Byimana, Akagari ka Musezero mu Murenge wa Gisozi w’Akarere ka Gasabo, barushije bagenzi babo amajwi mu matora y’Abunzi bitewe n’uko bita ku buzima bw’abaturanyi babo.
Hari abanenga Kiliziya ndetse n’amadini gusezeranya abagore n’abagabo kuzabana akaramata, banabinenga kutemera gatanya, ariko byo bikavuga ko bibiterwa n’uko gutandukana kw’abashakanye bisenya umuryango bikanagira ingaruka ku bana.
Abageze mu zabukuru basaga 200 bo mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, bavuga ko bamaze imyaka isaga itatu bari mu gihirahiro kubera amafaranga yabo bagiye bakusanya mu bihe bitandukanye, bakababazwa n’uko nyuma yaje kuburirwa irengero.
Madame Jeannette Kagame mu kiganiro yatanze ku mugoroba wa tariki 15 Nzeri 2022, aho ari mu ruzinduko muri Suède, yagaragaje ubudaheranwa Abanyarwanda bagize, bikababera umusingi mu kwiyubaka nyuma y’icuraburindi u Rwanda rwanyuzemo, ryatewe na Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Itangazo risohotse ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Nzeri 2022 riturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, rivuga ko Bwana Didier Shema Maboko ahagaritswe mu nshingano ze. Didier Shema Maboko yari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo kuva mu kwezi k’ Ugushyingo umwaka wa 2019.
Minisitiri w’Ingabo w’u Rwanda, Maj Gen Albert Murasira, mu biro bye yakiriye Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda, H.E Antoine Anfré, ku cyicaro cya Minisiteri y’Ingabo ku kimihurura.