N’ubwo amakimbirane mu ngo aba aturuka ku bashakanye bombi, hari abagore bo mu Karere ka Huye bavuga ko agenda yiyongera kubera ko abagore batagishaka guca bugufi.
Umusaza wo mu kigero cy’imyaka 60 witwa Turinamungu Juvenal, wo mu Murenge wa Rugera mu Karere ka Nyabihu, bamusanze mu mugozi mu cyumba cy’uruganiriro iwe mu rugo yapfuye, bakeka ko yaba yiyahuye.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu Murenge wa Nduba mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, barishimira ko bamaze kwesa imihigo ku kigero cya 96%.
Umukobwa witwa Musabyimana Assumpta ari mu maboko ya RIB ikorera mu Karere ka Kayonza, akaba akekwaho kwiba umwana w’imyaka itatu.
Abayobozi b’imidugudu mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali bahawe ikaye y’inshingano n’imihigo, izabafasha kurushaho kubahiriza no kuzuza inshingano zabo. Ni mu muhango wahuje ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali n’imboni z’imiyoborere mu Karere ka Kicukiro, ku wa Gatandatu tariki 03 Nzeri 2022, ubimburirwa no kumurika (…)
Komisiyo y’Umutwe w’Abadepite ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’umutungo wa Leta (PAC), ku wa Mbere tariki 5 Nzeri 2022 iratangira guhamagaza abayobozi bazasobanura irengero ry’amafaranga arenga miliyari eshatu, atagaragaza icyo yakoreshejwe.
Madamu Jeannette Kagame yatangije ku mugaragaro imbonezamikurire y’abana bato (ECD) muri Village urugwiro ryiswe ‘Eza-Urugwiro ECD Centre’ riherereye muri Perezidansi y’u Rwanda.
Polisi y’u Rwanda ivuga ko abantu bajyana ibinyabiziga ngo bikorerwe ubugenzunzi (Controle technique), baba babikurikiye ku ikoranabuhanga, ndetse nabo barabyishimira kuko ibikorwa byose biba bigaragara neza, niba hari icyangiritse bakaba byirebera bakajya kugikoresha nta ngingimira.
Mu gihe imirimo yo gukwirakwiza amashanyarazi hirya no hino mu gihugu irimbanyije, ni nako abaturage bashishikarizwa kuyabyaza umusaruro, akababera inkingi ya mwamba y’iterambere ryabo, ntibigarukire ku gucana amatara gusa no gucomeka ibikoresho byifashishwa mu buzima bwa buri munsi nka telefoni, televiziyo, radiyo, frigo, (…)
Abahoze mu mitwe yitwaje intwaro mu mashyamba ya Repubulika Iharanura Demokarasi ya Congo (RDC), bo mu Ntara y’Amajyaruguru, barishimira uburyo Leta ikomeje kubafasha kuzamura iterambere ryabo, nyuma yo kwigishya imyuga inyuranye, bakaba bahawe n’igishoro kibafasha kunoza iyo mishinga.
Inama y’Igihugu y’abantu bafite ubumuga (NCPD), iranenga bamwe mu banyamakuru bakomeje gushakira inyungu ku bantu bafite ubumuga bwo mu mutwe, babakoresha ibiganiro bihabanye n’ubunyamwuga, bakabasaba kubihagarika kuko ari ihohoterwa babakorera.
Abakora mu nzego zitandukanye z’ubutabera, barasaba gufashwa gusobanukirwa neza ibiba bikubiye muri raporo zikorwa na Labaratwari y’u Rwanda y’ibimenyetso bishingiye ku bumenyi n’ubuhanga bikoreshwa mu butabera (RFL).
Abaturage b’Umurenge wa Mimuli mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko bifuza iguriro ry’inyama (Butcher) rigezweho, kuko irihari ari rito kandi rikaba ritabereye ahantu hari umuhanda mwiza wa kaburimbo n’isoko rigezweho.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yakiriye mugenzi we wa Uganda Gen Odongo Jeje Abubakhar kuri uyu wa Kane, bumvikana uko umubano w’ibihugu byombi warushaho kubyazwa umusaruro.
Ubushakashatsi bwakozwe na Komisiyo y’ubutabera n’amahoro mu Rwanda, bwagaragaje ko ibihano biremereye bigenwa n’itegeko rihana ihohoterwa rishingiye ku gitsina, biri mu bituma abagore bahohoterwa n’abagabo babo ntibashake ubufasha mu mategeko.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse, avuga ko urubyiruko mu Rwanda rufite umukoro wo kubaka amahoro no kwigisha ibihugu bituranye, kubaka amahoro kuko ruzi neza ikiguzi cyayo.
Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 31 Kanama 2022, u Rwanda rwakiriye icyiciro cya 11 cy’impunzi n’abasaba ubuhungiro 101 bavanywe muri Libya, bose bakaba bageze mu Rwanda amahoro.
Akarere ka Gicumbi kashyizeho gahunda ya Ngira nkugire Tugeraneyo, izabafasha kugabanya umubare w’abana bagwingiye.
Abacuruzi b’ibiribwa n’imyambaro mu Murenge wa Mimuli bari mu byishimo, nyuma yo kubakirwa isoko rya kijyambere rifite agaciro k’arenga Miliyoni 684Frw, mu gihe bari bamaze umwaka bakorera mu gishanga.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, baremeye mituweli abantu 1400 bo muri uwo murenge batishoboye, mu rwego rwo guteza imbere ihame ry’imibereho myiza y’Abanyarwanda.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko nyuma yo kumenya ko umurimo ari ingenzi mu gutegura ahazaza heza, biyemeje gukangurira bagenzi babo gukura amaboko mu mifuka bagakora.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse, yashimiye ubuyobozi bw’umujyi wa Goma, bwafashije Abanyarwanda bari bashimuswe n’ingabo za Congo (FARDC) gutaha mu Rwanda, nyuma yo gufatirwa mu kibaya gihuza ibihugu byombi barimo gutashya, bose bakaba bameze neza.
Abayobozi bo mu bihugu 27 bya Afurika bafite aho bahuriye n’ingendo zo mu kirere, barimo kwigira hamwe uko ibibazo biri mu bwikorezi bwo mu kirere byakemuka.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yatangaje ko imiryango ibarirwa muri 800 isanzwe ituriye uruganda rwa CIMERWA mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi, igiye kwimurwa mu kurinda ubuzima bwabo no kureka uruganda rukisanzura.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry arasaba abayobozi mu nzego z’ibanze kujya batanga raporo ku byaha byakozwe zirimo ukuri, aho kuzigoreka bitwaje ko uwakoze icyaha akomeye kuko izo raporo arizo zishingirwaho mu guha ubutabera uwakorewe icyaha.
Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Francis ayoboye Inama izamara iminsi ibiri kugera kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Kanama 2022, ikaba ihuje Abakaridinari bagera kuri 200 baturutse hirya no hino ku Isi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame aranenga uburyo abayobozi bakemura ibibazo by’abaturage ku buryo hari ibyo agezwaho kandi byakabaye byarakemutse kera. Yabitangarije mu ruzinduko aheruka kugirira mu turere dutandukanye tw’Amajyepfo n’Iburengerazuba, akaba yarabigarutseho by’umwihariko ubwo yari mu Karere ka Nyamagabe (…)
Abagore bane n’abana babiri barimo batashya mu kibaya gihuza u Rwanda na Congo, mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Rubavu, biravugwa ko bashimuswe n’ingabo za RD Congo (FARDC) zibajyana gufungirwa mu mujyi wa Goma.
Kuri uyu wa 29 Kanama 2022, amarira n’agahinda byashenguye umuryango wa Nkusi Thomas wari uzwi nka Yanga mu gusobanura amafilimi, ubwo bamusezeragaho mu cyubahiro.
Abaturage 116 bo mu miryango 29 yo mu Mirenge itatu yo mu Karere ka Bugesera ari yo Nyamata, Juru na Gashora, barashima inyigisho bari bamaze amezi hafi atatu bahabwa n’umuryango w’urubyiruko witwa Rwanda we Want ku bufatanye na Interpeace Rwanda, kuko zatumye imibanire muri iyo miryango irushaho kuba myiza.