Abakobwa batewe inda imburagihe bakabyarira iwabo mu Karere ka Kayonza, barasaba inzego zibishinzwe kujya zibafasha bagasubira mu mashuri, kuko iyo bayacikishirije bituma bagira ubuzima butagira icyerekezo.
Muri uku kwezi k’Ubumwe n’Ubudaheranwa by’Abanyarwanda, Akarere ka Nyarugenge ku bufatanye n’itorero rya ADEPER barimo barafasha imiryango 270 gukora urugendo rw’isanamitima, ku mateka bahuye nayo muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwimiyaga, Bagabo Anthony, yemeza ko abantu barindwi (7) bamaze gutabwa muri yombi barimo bakekwaho kwiba mudasobwa 45 n’ubwo zose zagarujwe, agasaba Kompanyi zicunga umutekano kujya zitanga amakuru hakiri kare ku bujura buba bwakorewe aho barinda.
Umuvunyi mukuru, Nirere Madeleine, arasaba abayobozi b’inzego z’ibanze kudatererana ibibazo abaturage, kuko bigaragara ko ibibazo bageza ku buyobozi biba byoroshye gukemuka, ahubwo ugasanga abashinzwe kubikemura babihanahana.
Guhera ku wa Mbere tariki 24 Ukwakira 2022, mu Rwanda hateraniye Abadepite bagize Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA), mu nama y’imirimo y’Inteko rusange izasozwa ku wa 5 Ugushyingo 2022.
Ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 24 Ukwakira 2022, Guverinoma y’u Rwanda yasohoye itangazo yamagana Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), yongeye kurushyira mu majwi mu bibazo byayo by’umutekano muke, ndetse u Rwanda rugaragaza ko icyo gihugu cyananiwe gushyira mu ngiro ibyo kivuga ku ngamba zo kugarura umutekano (…)
Mu ishuri rikuru ry’Ubumenyingiro rya INES-Ruhengeri, ku wa Gatandatu tariki 22 Ukwakira 2022, habereye umuhango wo guha umugisha ishusho ya Mutagatifu Papa Yohani Pawulo II, wamaze kugirwa umurinzi w’iryo shuri.
Kuri uyu wa Mbere tariki 24 Ukwakira 2022, u Rwanda rwizihije isabukuru y’imyaka mirongo itandatu (60) ishize rwinjiye mu Muryango w’Abibumbye (UN), rugashimirwa umusanzu rutanga mu kugarura amahoro ku Isi.
Abaturage bo mu Murenge wa Kagogo mu Karere ka Burera, bahawe akazi muri gahunda ya ‘Job Creation’ bagaragaza ko kuba badahemberwa igihe, bikomeje kubateza inzara mu miryango yabo, guhora mu madeni n’ibihombo; bakifuza ko inzego zibishinzwe, zakurikirana iby’iki kibazo, kikabonerwa umuti urambye.
Perezida Paul Kagame yashimiye abamwifurije isabukuru nziza y’amavuko yizihije ku Cyumweru tariki 23 Ukwakira 2022. Umukuru w’Igihugu abinyujije kuri Twitter, yagize ati: “Reka mfate aka kanya nshimire buri umwe wese wanyifurije isabukuru nziza”.
Ku Cyumweru tariki ya 24 Ukwakira 2022, abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Murenge wa Kanombe, Akagari ka Busanza, bishyuriye ubwisungane mu kwivuza bagenzi babo 718 bafite amikoro macye.
Hirya no hino muri Kigali mu mpera z’icyumweru habaye Inteko rusange z’Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi ku rwego rw’Utugari. Mu Kagari ka Kicukiro mu Murenge wa Kicukiro na ho bateranye ku Cyumweru tariki 23 Ukwakira 2022, barebera hamwe ibyageweho, biyemeza kongera imbaraga mu bitaragerwaho.
Abaturage b’Utugari twa Musenyi, Nyamirama na Nyagashanga mu Mmurenge wa Karangazi, barishimira amazi meza begerejwe kuko bagiye kujya bavoma ku mafaranga 25 ijerekani imwe, mu gihe ubundi ayo mu bishanga cyangwa ibidendezi by’amazi (Valley dams), bayaguraga kuri 200 ku batabashije kwigirayo.
Imiryango 26 yabanaga mu buryo butemewe n’amategeko, yo mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro, irimo abagejeje imyaka 90, yasezeranye imbere y’amategeko.
Umugabo witwa Jean Damascène Nyandwi w’i Kigoma mu Karere ka Huye, avuga ko umugore we yamusabye kujya mu matsinda yo kubitsa no kugurizanya akamureba ikijisho, ariko ko aho yabyemereye bakanafatanya ubu babasha kurya na saa sita.
Polisi y’u Rwanda igiye guteza cyamunara ibinyabiziga n’ibinyamitende byafatiwe mu turere 20 tw’u Rwanda, birimo imodoka 15, moto 496 n’amagare 79.
Abayobozi b’Amasibo mu Murenge wa Karangazi bashyiriweho indangamanota igaragaza uko bagenda besa Imihigo kandi amanota bakayahabwa n’abaturage bayobora. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karangazi, Mutesa Hope, avuga ko iyi ndangamanota iba iriho imihigo y’ubukangurambaga ireba Mutwarasibo (Umuyobozi w’Isibo) (…)
Mu gihe Perezida Paul Kagame yizihiza isabukuru y’imyaka 65 y’amavuko kuri iki Cyumweru tariki 23 Ukwakira 2022, Madamu Jeannette Kagame ni umwe mu bamwifurije isabukuru nziza y’amavuko.
Kuri uyu wa 23 Ukwakira 2022, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yujuje imyaka 65 y’amavuko. Perezida Kagame yavutse ku itariki 23 Ukwakira 1957. Nyuma yo kugira uruhare rukomeye mu kubohora igihugu cya Uganda yabagamo nk’impunzi, yabaye ku ruhembe rw’ingabo zahoze ari iza FPR Inkotanyi zabohoye u Rwanda zigahagarika (…)
Iteganyagihe ryo kuva tariki ya 21 kugeza ku ya 31 Ukwakira 2022 rigaragaraza ko imvura izagwa mu mpera z’uku kwezi k’Ukwakira izaba nkeya cyane.
Abajyanama ku buzima bwo mu mutwe bakorera mu bigo nderabuzima bitandukanye batangaje ko bagiye kurwanya akato gahabwa abafite ubumuga bwo mu mutwe iyo bagiye kwivuza aho usanga imiti yabo ibikwa ukwayo, mu kuyibaha bakabwirwa amagambo abaca intege.
Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco, avuga ko icyumweru cyo gukemura ibibazo bijyanye n’ubutaka kigamije kugabanya ibibazo bigaragaramo cyane cyane mu Mirenge irimo inzuri.
Gukura amoko mu ndangamuntu, gutanga imbabazi ku bakoze Jenoside, na gahunda ya Ndi Umunyarwanda, ni bimwe mu byafashije Abanyarwanda kugera ku bumwe bafite ubu.
Abanyonzi bakorera mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali, biyemeje kureka amakosa bakorera mu muhanda, arimo gufata ku modoka igihe bageze ahazamuka.
Ababyeyi bo mu Karere ka Muhanga batishoboye bafite abana bafite ubumuga, barifuza ko abo bana bashyirirwaho gahunda yihariye yo kuboneza imirire, kuko iyo bayinjijwemo bakoroherwa bagasubira mu miryango yabo bongera gusubira mu mirire mibi.
Abikorera bo mu Karere ka Musanze, bafatanyije n’ubuyobozi bwako, batangiye gutunda itaka ryo kubakisha inzu z’abatishoboye, bo mu Mirenge ibarizwa muri gace k’amakoro.
Kubera kuzerereza amatungo cyane cyane inka, Njyanama z’Uturere tugize Intara y’Iburasirazuba cyane ahagaragara iyi ngeso, zirimo kongera ibihano ku zafashwe zitari mu nzuri cyangwa mu biraro.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Kane tariki 20 Ukwakira 2022, muri Village Urugwiro yakiriye Rory Stewart, Umuyobozi w’Umuryango GiveDirectly. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu dukesha iyi nkuru byatangaje ko Perezida Kagame na Stewart, bagiranye ibiganiro byibanze ku guteza imbere ubufatanye bugana ku mibereho n’ubukungu.
Abaturage 100 batishoboye, bo mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo, barishimira igikorwa cy’umugiraneza wabarihiye mituweli, kuko bizabafasha kwivuza batararemba.
Abagore bagize itsinda “Rambagirakawa”, bibumbiye muri Koperative Dukunde Kawa ikorera mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, mu buboshyi n’ubudozi bakora, bamaze kuvumbura Cotex ifite ubushobozi bwo gukoreshwa mu gihe cy’imyaka itatu.