Ubuyobozi bw’itorero ryitwa Ebenezer Rwanda, bwamaganye amakuru avugwa ko barimo kugurisha urusengero ruri i Giheka mu Kagari ka Kagugu mu Murenge wa Kinyinya w’Akarere ka Gasabo, bukavuga ko ayo makuru ari ibihuha.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’utugari 29 bo mu Karere ka Kirehe, batangaza ko moto bahawe zizabafasha kunoza akazi kabo neza, umuturage agahabwa serivisi ku gihe.
Ubuyobozi bw’ikigo cya Volcano Express gitwara abagenzi mu Rwanda no mu Karere, buratangaza ko imodoka yabo itwara abagenzi hagati ya Kampala na Kigali, yakoze impanuka igonganye n’imodoka ya Modern abantu batanu bahita bapfa.
Umukecuru witwa Nyiramandwa Rachel wari utuye mu Karere ka Nyamagabe mu Ntara y’Amajyepfo wari ufite imyaka 110 y’amavuko, yitabye Imana mu ijoro ryakeye aziza uburwayi.
Tariki ya 29 Ukuboza 2022 U Rwanda rwakiriye itsinda ry’Abanyarwanda 26 bagize imiryango 14 batahutse bavuye muri Mozambique. Bigirimana Gabriel ni umwe mu batahutse muri izi mpunzi. Avuga ko akomoka mu Karere ka Ngororero mu Ntara y’Iburengerazuba akaba yari amaze imyaka 28 mu buhunzi muri iki gihugu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze, bugaragaza ikibazo cy’ibikorwaremezo byorohereza ishoramari birimo imihanda, amashanyarazi n’amazi meza, bitaragezwa mu cyanya cy’inganda cy’ako Karere, nka bimwe mu bikomeje gukoma mu nkokora gahunda yo kuhubaka inganda.
Ku wa Gatatu tariki 28 Ukuboza 2022, mu masaha y’igicamunsi, Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera wungirije ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage, Imanishimwe Yvette na Murenzi Jean Marie Vianney uyobora ishami ry’imibereho myiza n’umuyobozi ushinzwe ubuzima mu Murenge wa Rilima, basuye Uwiragiye Marie Chantal uherutse kwibaruka (…)
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, avuga ko Itegeko rigenga imihanda n’uburyo bwo kuyigendamo, ririmo kuvugururwa ryongewemo ibijyanye n’uruhushya rwo gutwara imodoka za Automatique, aho uzaba afite urwo ruhushya atazaba yemerewe gutwa imodoka za manuel.
Umucuruzi wa gazi waganiriye na Kigali Today agira ati “Gazi ni cyo gicuruzwa cyonyine mbona kirimo kugabanuka mu biciro kuko uyu mwaka wa 2022 watangiye icupa ry’ibiro 12kg rigurwa amafaranga ibihumbi 13Frw, ubu na bwo ndabona ikomeje kumanuka ikaba yenda kugurwa nk’ayo, kuko kugeza ubu iryo cupa rigurwa ibihumbi 17Frw.”
Kamanzi Ernest wari Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko, ahagarariye urubyiruko yeguye kuri iyi mirimo.
Koperative Umwalimu SACCO yatangije serivisi nshya z’ikoranabuhanga, zizafasha abanyanyamuryango kugera kuri serivisi z’imari kandi bidahungabanyije akazi kabo ko kwigisha.
Abakangurambaga b’ubumwe n’ubwiyunge mu Karere ka Nyaruguru, bigishijwe gutoza abaturage kwegerana bakabwizanya ukuri ku bikomere basigiwe na Jenoside, nk’inzira izabageza kuri Ndi Umunyarwanda.
Mahama ni imwe mu nkambi eshanu zo mu Rwanda zicumbikiye impunzi zo mu bihugu bitandukanye byo ku mugabane wa Afurika ziganjemo izo mu bihugu by’u Burundi na Repubulika Iharanira Demokorasi ya Congo.
Bamwe mu bayoboke b’Itorero Ebenezer Church Rwanda barashinja uburiganya Umuyobozi waryo, Rev Pasiteri Jean-Damascène Nkundabandi, kuko ngo arimo kugurisha urusengero atabibamenyesheje, kugira ngo arye amafaranga wenyine.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 28 Ukuboza 2022, i Nyabugogo ku muhanda werekeza ku Kimisagara, inyubako yafashwe n’inkongi y’umuriro ahagana saa mbiri, hahiramo ibikoresho bitari bike, by’amahirwe nta muntu wahagiriye ikibazo.
Ikigo gishinzwe Iterambere ry’Ubwikorezi mu Rwanda (RTDA), kigaragaza imihanda minini yashyizwemo kaburimbo muri 2022, harimo itararangizwa ikaba izakomeza gukorwa muri 2023.
Abasore babiri, Irafasha Donat na Ntakirutimana Noel, bo mu Mudugudu wa Nyarusange mu Kagari ka Kabare mu Murenge wa Ruvune mu Karere ka Gicumbi, bagwiriwe n’ikirombe bahasiga ubuzima, ubwo bacukuraga amabuye y’agaciro (Wolfram).
Abakuriye imiryango itari iya Leta ikorana n’urubyiruko mu Karere ka Huye, bavuga ko basanze urubyiruko cyane cyane rwo mu cyaro, rwishyingira rukiri rutoya kubera kubura ibyo rukora.
Urugaga rw’abikorera mu Ntara y’Amajyepfo (PSF) rurasaba abategura imurikagurisha ku rwego rw’Intara ko byajya bishyirwa mu byiciro, kugira ngo byitabirwe cyane kuko iyo ibikorwa bihurijwe hamwe habura umwanya uhagije wo kubisobanukirwa cyangwa ibindi ntibinitabirwe.
Itorero ryitwa Ebenezer rifite icyicaro i Kigali ku Kacyiru rivuga ko urusengero rwaryo ruri i Kinyinya mu Kagari ka Kagugu, mu Mudugudu wa Giheka rurimo kugurishwa amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni 300.
Nyuma yo kubona abaturage bamwe bihisha inyuma y’iminsi mikuru bakubaka mu buryo bw’akajagari, ndetse budakurikije amategeko y’imiturire, Umujyi wa Kigali wabasabye kubyirinda kugira ngo bitazabagiraho ingaruka zo gusenyerwa.
Urwego rushinzwe gucyura no gusubiza mu buzima busanzwe impunzi mu Gihugu cy’u Burundi, ruravuga ko mu gihe cy’imyaka ibiri impunzi z’Abarundi zirenga ibihumbi 34, arizo zimaze gutaha ku bushake zivuye mu Rwanda.
Umubyeyi witwa Uwiragiye Marie Chantal wo mu Karere ka Bugesera, yibarutse abana bane mu ijoro rya Noheli, nyuma y’imyaka 15 ategereje urubyaro.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Ildephonse Kambogo yijeje abantu bagenderera Akarere ka Rubavu gususurutswa n’ibitaramo byagiye bitegurwa mu gusoza umwaka wa 2022, abizeza kuzumva bamerewe neza kuko umutekano uhari.
Abagore bo mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga bafite abana bafite ubumuga bize kuboha, barifuza gufashwa gushakirwa amasoko kuko ibyo bize kuboha bitabona ababigura mu cyaro.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza, Murekatete Juliet, avuga ko bagiye gukoresha imbaraga zishoboka ku buryo bitarenze ukwezi kwa Mutarama 2023, ikibazo cyo kubaka ubwiherero cyadindijwe n’imvura nyinshi kizaba cyarangiye kuko hatangiye kuboneka imicyo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango n’inzego z’umutekano barahumuriza abaturage, nyuma y’ubugizi bwa nabi bwakomerekeyemo barindwi muri bo.
Abana 100 bakomoka mu miryango ikennye mu Karere ka Rubavu, bahawe Noheli n’ikigo cya Vision Jeunesse Nouvelle.
Polisi ikorera mu Ntara y’Iburasirazuba iratangaza ko ku munsi ubanziriza Noheri, kuri Noheli no mu rukerera rwayo, mu Turere dutandukanye tugize iyi Ntara, habaye impanuka eshanu harimo iza Moto enye n’imodoka imwe, zihitana ubuzima bw’abantu babiri, batandatu barakomereka abandi batatu bakaba bafunze bazira gutwara (…)
Umuryango uharanira uburenganzira bw’abana Children’s Voice Today (CVT), uratangaza ko abana bafite ibibazo ari abana nk’abandi, bityo ko ari byiza ko basabana na bagenzi babo, bikabarinda kwigunga no kwiheba.