Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’ubutwererane w’u Rwanda, Dr. Vincent Biruta, kuri uyu wa Mbere tariki 19 Ukuboza 2022, yakiriye kopi z’impapuro zemerera Isao Fukushima guhagararira igihugu cy’u Buyapani mu Rwanda.
Imyumvire yamaze guhinduka, nta murimo ukigenewe umugabo cyangwa umugore nk’uko byahoze, mu mirimo yahoze yitirirwa abagabo hari irimo gukorwa n’abagore, ndetse bakarushaho kuyinoza. Urugero twavuga nk’umwuga w’ubumotari, gutwara igare, gutwara imodoka nini (bisi, amakamyo…).
Impunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda zasabye Leta y’u Burundi gushakira ibisubizo ibibazo byatumye zihunga muri 2015, kuko bagifite impungenge zo gutaha igihe cyose bitarakemurwa.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Karere ka Muhanga baragirwa inama yo gukorana n’ibigo by’imari, mu rwego rwo kongera igishoro cy’ibyo bakora kugira ngo babashe kwiteza imbere.
Mu ihuriro ry’inama y’Urugaga rw’Urubyiruko rushamikiye ku muryango RPF Inkotanyi yateranye tariki ya 18 Ukuboza 2022 mu Intare Arena, urubyiruko rwasabwe gusigasira ibyo u Rwanda rumaze kugeraho no guhanga ibishya.
Abakozi ba tumwe mu Tugari two mu Ntara y’Amajyaruguru, bavuga ko kuba hari ututagira ibikoresho by’ikoranabuhanga na murandasi (Internet), biri mu bikomeje kubangamira imitangire ya serivisi, bakifuza ko hagira igikorwa, iki kibazo kikabonerwa umuti urambye.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, bizihije isabukuru y’imyaka 35 Umuryango FPR-Inkotanyi umaze ushinzwe, barushanwa kuvuga ibyo wabagejejeho.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 19 Ukuboza 2022, u Rwanda rwakiriye itsinda ry’abayobozi mu nzego zitandukanye za Leta y’u Burundi, muri gahunda y’ubukangurambaga bugamije gushishikariza impunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda gutaha.
Abarimo guhahira iminsi mikuru ya Noheli na n’Ubunani bavuga ko ibiciro by’ibikomoka ku buhinzi byatangiye kugabanuka.
Impuzamiryango Pro-Femmes Twese Hamwe yishimira ko mu myaka 30 imaze ishinzwe hari byinshi yagezeho biri mu ntego yayo yo kwimakaza ihame ry’uburinganire, kurwanya ihohoterwa no guteza imbere umuco w’amahoro n’iterambere.
Ikigo cy’Igihugu cy’ingendo zo mu kirere (RwandAir) cyatangaje ko muri iki cyumweru indege yacyo nshya yikorera imizigo, yasesekaye muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE).
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) iramagana ikoreshwa ry’ifaranga ry’ikoranabuhanga ryitwa "Crypto currency", ariko igashishikariza abantu gukoresha irya "Digital currency" kuko ryo ngo ryishingiwe na Leta.
Iri murikagurisha ryitabiriwe n’abamurika bagera kuri 400 baturutse hirya no hino mu mpande z’Isi, guhera ku itariki ya 8 kugeza ku ya 26 Ukuboza 2022, i Gikondo ahasanzwe habera Expo, ryagenewe by’umwihariko iby’iminsi mikuru isoza umwaka, abaryitabira bakaba baryishimiye kuko ritari rimenyerewe.
Nyuma y’uko abaturage bo mu Murenge wa Nyamyumba bagaragarije ko babangamiwe n’uko umushinga WaterAid wabegereje amavomero, ariko bakabona amazi kabiri mu cyumweru gusa, uyu mushinga watangaje ko ugiye gukemura iki kibazo.
Mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 35 y’Umuryango FPR-Inkotanyi, abanyamuryango bayo mu Karere ka Gasabo bakoreye ibirori imiryango 40 yo mu mirenge itandukanye, yasezeranye imbere y’amategeko.
Banki ya Kigali (BK Plc), ibifashijwemo n’Ikigo Inkomoko giteza imbere amahugurwa, yatanze inguzanyo izishyurwa nta nyungu kuri ba rwiyemezamirimo bato batandatu muri 25 bari bamaze amezi atandatu bahugurwa.
Padiri Kajyibwami Modeste wa Diyosezi Gatolika ya Cyangugu, yitabye Imana ku wa Gatandatu tariki 17 Ukuboza 2022.
Nyuma y’uko Polisi y’u Rwanda yubakiye abatishoboye 65 inzu zo kubamo, igatanga n’amashanyarazi y’imirasire ku bagera ku 7500, ababashije kwivuganira n’umuyobozi wa polisi bataha bimwe muri ibi bikorwa mu Karere ka Nyamagabe, yabemereye kubafasha.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Jean Claude Musabyimana, arasaba abo byagaragaye ko barwanira kubarirwa mu cyiciro cy’abakennye kubicikaho, ahubwo bagaharanira gukora bagatera imbere.
Uwitwa Niyonkuru Nuuru w’imyaka 20 y’ubukure ubu afite impamyabumenyi ebyiri z’imyuga y’ubukanishi no gukora amazi, ariko akavuga ko zitabasha kumuha icyizere gihagije cy’uko azabona akazi mu buryo buhoraho.
Ku wa 16 Ukuboza 2022, hahembwe imishinga ine yahize iyindi mu irushanwa rya iAccelerator ikiciro cyayo cya 5, ikaba ije gutanga umusanzu mu guhangana n’ibibazo byo mu mutwe ndetse n’ubuzima bw’imyororokere, aho buri mushinga wahawe igihembo cy’ibihumbi 10 by’Amadorali.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana, yasabye abagenerwabikorwa ba Polisi y’u Rwanda guhindura imitekerereze, kuko intwaro yo gutsinda ubukene ari uguhindura uko umuntu atekereza. YabibaSabye ku wa Gatanu tariki 16 Ukuboza 2022, mu muhango wo gusoza ukwezi kwahariwe ibikorwa bya Polisi.
Umuyobozi wa Polisi ushinzwe kuyihuza n’izindi nzego, CP Bruce Munyambo, avuga ko ubufatanye bwa Polisi y’Igihugu n’abaturage buzana umutekano ndetse n’amajyambere y’abaturage.
Abanyonzi babiri bagonzwe n’imodoka bahita bitaba Imana, abanyamaguru batatu barakomereka bikabije, mu mpanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Fuso ifite ibirango bya RAC016 G yataye umuhanda, ikaba yabereye mu Murenge wa Gatsata, Akagari ka Nyamugari, Umudugudu w’Akarubimbura, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 16 Ukuboza 2022 Akarere (…)
Kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Ukuboza 2022, imiryango y’ababuze ababo ndetse n’abarokotse ibitero by’umutwe w’iterabwoba wa MRCD-FLN bitabiriye umuhango wo kwibuka ababo bishwe n’uyu mutwe hagati y’umwaka wa 2018 na 2019 ndetse no muri uyu mwaka wa 2022.
Twambazimana Chantal arasaba ubufasha bw’abagiraneza, nyuma y’aho atewe inda n’umusore bakundaga wamwihakanye, akabyara abana batatu icyarimwe (b’impanga); ubu akaba ahangayikishijwe n’ubuzima bumugoye arimo, hamwe n’izo mpinja akomeje kwitaho wenyine.
Urugaga rw’abantu bafite ubumuga bwo kutabona mu Rwanda (RUB), rurasaba abantu bafite ubumuga by’umwihariko abatabona, kwihatira kwiga imyuga kugira ngo babashe kugira uruhare mu iterambere ryabo n’iry’Igihugu muri rusange.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Mapambano Nyiridandi Cyriaque, avuga ko mu rwego rwo kurwanya igwingira n’imirire mibi mu bana, ku bufatanye n’abafatanyabikorwa, batangiye guhera ku babyeyi batwite bakabakurikirana kugeza umwana akuze.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera, Amb Solina Nyirahabimana avuga ko ruswa ari umwanzi w’Igihugu n’Iterambere, agasaba abaturage gutunga agatoki aho bayikeka kugira ngo bakurikiranwe n’ubutabera.
Bamwe mu bagabo bavuga ko bahitamo kubaho nk’ingaragu mu bukode kubera gutinya kuvuga ihohoterwa bakorerwa mu miryango. Umugabo wo mu Kagari ka Kanyangese, Umurenge wa Rugarama, amaze umwaka ataye urugo rwe, ajya gukodesha ahandi aho abayeho mu buryo bw’ingaragu kandi yarashakanye n’umugore byemewe n’amategeko.