Umupadiri witwa Niwemushumba Phocas wo muri Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri, uherutse kwandikira Umushumba w’iyo Diyosezi Musenyeri Vincent Harolimana, ibaruwa isezera mu butumwa bwe bw’umurimo w’Ubupadiri, agiye kurongora.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Isanzure (RSA) cyatangaje ko cyamaze kwemerera gukorera mu gihugu ikompanyi ya Starlink itanga serivise zo gukwirakwiza murandasi iva ku cyogajuru.
Abantu batatu bahitanywe n’impanuka y’ikamyo itwara gaz abandi batanu barakomereka barimo abanyamaguru n’abamotari, nyuma y’uko ihunze umumotari wari mu muhanda ikagonga abari munsi yawo.
Aborozi mu Karere ka Nyagatare bavuga ko uruganda rukora amata y’ifu rurimo kubakwa barutegereje cyane kubera ko bizeye ko igiciro cy’amata kiziyongera ndetse n’amata y’inka zabo akabona umuguzi wizewe.
Perezida Paul Kagame yihanganishije ibihugu bya Türkiye na Syria byahuye n’ikibazo cy’umutingito wahitanye ubuzima bw’abantu ndetse ukangiza ibikorwa remezo.
Mu Rwanda hatangiye inama ya gatatu mpuzamahanga y’iminsi itandatu yiga ku buziranenge bw’ibicuruzwa ihuriyemo ibihugu bitandatu bya Afurika hagamijwe guhuriza hamwe amabwiriza y’ibijyanye n’ubuziranenge, kugira ngo byorohereze ubucuruzi bwambukiranya imipaka.
Perezida w’Umutwe w’Abadepite Mukabarisa Donatille kuri uyu wa mbere tariki ya 6 Gashyantare 2023, yakiriye itsinda ry’Abadepite bo mu Nteko Ishinga Amategeko ya Namibia bari mu ruzinduko rw’akazi mu gihe cy’iminsi irindwi mu Rwanda.
Imisarani y’isoko rya Karwasa mu Murenge wa Gacaca Akarere ka Musanze, ikomeje gutera impungenge, aho bamwe mu bayifashisha babwiye Kigali Today ko ugiye muri uwo musarani nta cyizere aba afite cyo kuwuvamo amahoro.
Abantu 11 baburiye ubuzima mu mpanuka y’ubwanikiro bw’ibigori mu cyumweru gishize mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo bashyinguwe mu cyubahiro mu irimbi rya Rusororo.
Padiri Evariste Nduwayezu wakoreraga ubutumwa muri Diyosezi Gatolika ya Nyundo, yitabye Imana ku wa Gatandatu tariki 04 Gashyantare 2023.
Mu Karere ka Gicumbi mu Murenge wa Ruvune, tariki 03 Gashyantare 2023 hatangirijwe ubukangurambaga bwo kumenyekanisha no kwita ku bibazo byo mu mutwe bifite inkomoko kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni igikorwa cyateguwe n’umuryango Mizero Care Organization (MoC) ku bufatanye na Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda (…)
Abakobwa 300 b’imyaka hagati ya 12 na 24 bo mu Mirenge ya Munini, Muganza na Rusenge mu Karere ka Nyaruguru bagaragarijwe ko kwigira uri muto unahereye kuri dukeya bishoboka, kandi ko byanabarinda ababashuka.
Umuryango mpuzamahanga urwanya ikoreshwa ry’intwaro kirimbuzi ku Isi, ICAN (International Campaign to Abolish Nuclear Weapons), urakangurira ibihugu byose byo ku Isi gusinya amasezerano yo guca birundu ikoreshwa ry’izo ntwaro, kuko zifite ubukana bukomeye.
Abaturage bo mu murenge wa Gacaca, mu kagari ka Karwasa, by’umwihariko abo mu mudugudu wa Kavumu, bamaze imyaka irenga itanu mu gihirahiro, aho bangiwe kubaka ibibanza byabo ngo barashaka kubanza kubakorera imihanda, bihera mu magambo.
Umurenge wa Karangazi ugiye guhabwa imodoka ifite agaciro ka Miliyoni 26 z’amafaranga y’u Rwanda nyuma yo kwegukana umwanya wa mbere mu Mirenge 95 igize Intara y’Iburasirazuba mu marushanwa y’isuku n’isukura no kurwanya igwingira mu bana, yateguwe n’Intara ku bufatanye na Polisi y’Igihugu.
Nyuma y’igihe kitari gitoya abatuye i Gikonko mu Karere ka Gisagara mu Ntara y’Amajyepfo bifuza kugerwaho n’imodoka zitwara abagenzi, ku wa Kane tariki 02 Gashyantare 2023 Horizon Express yatangiye kuhakorera.
Mu kwizihiza Umunsi Mukuru w’Intwari z’Igihugu, mu Ntara y’Iburasirazuba hibanzwe ku gusura umuhora w’urugamba rwo kubohora Igihugu, kuremera abagize ubutwari bwo guhisha Abatutsi muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 no kwiyemeza kuba aba mbere mu kwishyura ubwisungane mu kwivuza no muri Ejo Heza.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko François, yabwiye abatuye Umurenge wa Bugeshi ko kugera ku butwari bisaba kureka inyungu z’umuntu ku giti cye ahubwo hakarebwa inyungu rusange.
Kimwe n’ahandi mu gihugu, mu Turere twose tugize Intara y’Amajyaruguru, ku wa gatatu tariki 01 Gashyantare 2023, abaturage bifatanyije n’ubuyobozi mu nzego zitandukanye, kwizihiza Umunsi w’Intwari, bishimira ko ibyo u Rwanda rumaze kugeraho, bikomoka ku kwiyemeza, ubushake n’umurava byaranze izo ntwari z’u Rwanda.
Abanyeshuri biga mu ishuri rya College de Gitwe mu ishami ry’ubutabire, bamuritse amapave akoze muri pulasitiki ashobora kuramba imyaka isaga 300, bagahamya ko babikoze bagamije kurengera ibidukikije, n’ubuzima bw’abantu.
Umuhungu wa Agathe Uwiringiyimana, yaje mu Rwanda guha icyubahiro umubyeyi we kuri uyu munsi u Rwanda rwizihizaho ku nshuro ya 29, umunsi w’Intwari tariki ya 1 Gashyantare 2023.
Abaturage b’Akarere ka Kicukiro bizihije Umunsi w’Intwari bataha ibikorwa bitandukanye bikoreye, birimo imihanda, amarerero n’uturima tw’imboga.
Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, arasaba abo ayobora guharanira ibikorwa by’ubutwari, kuko kuba intwari ari ko gaciro ka buri muntu, bikaba ari n’agaciro k’Igihugu.
Abakora mu Kigo cy’Igihugu Gishinzwe Igororamuco (NRS), n’abakora mu magororero y’igihe gito y’uturere n’umujyi wa Kigali, basoje umwiherero bari bamazemo iminsi itanu mu kigo cy’ubutore cya Nkumba giherereye mu karere ka Burera.
Minisitiri w’Uburezi, Dr Valentine Uwamariya, avuga ko u Rwanda ari Igihugu cyahanzwe n’ubutwari kuko rwabonye ubwigenge kubera ubutwari bw’Abami banahasize ubuzima, ndetse na nyuma y’ubukoloni intwari zongera kurwitangira zirubohora ingoyi y’irondabwoboko n’ubwicanyi.
Mu muhango wo kwizihiza umunsi w’Intwari z’Igihugu wabereye ku Gicumbi cy’Intwari giherereye mu Murenge wa Remera mu Mujyi wa Kigali tariki ya 1 Gashyantare 2023, Perezida Kagame na Madamu we bashyize indabo ku gicumbi cy’Intwari, bunamira Intwari zitangiye u Rwanda.
Nyuma yo kugerageza umushinga wo gukoresha ibinyampeke bitunganyije uko byeze ku buryo budakuwemo zimwe mu ntungamubiri (Fortified whole Grains) hibanzwe ku gihingwa cy’ikigori, hagiye gutangira gahunda yo gutunganya umusaruro ku buryo bwagutse.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byagabanutse bikaba bitangira gushyirwa mu bikorwa guhera tariki ya 02 Gashyantare 2023.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo-Rwanda) cyatangaje Iteganyagihe ry’ukwezi kwa Gashyantare 2023 gutangira kuri uyu wa Gatatu, rigaragaza ko mu Rwanda hazagwa imvura nk’isanzwe igwa mu mezi ya Gashyantare.
Igicumbi cy’Ubumuntu ni icy’Intwari Niyitegeka Félicité, washyizwe mu cyiciro cy’Intwari z’Imena kubera ibikorwa by’ubutwari byo guhisha abari bamuhungiyeho mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe abahungisha aberekeza muri RDC (muri Zaire y’icyo gihe) abandi yemera gupfana nabo.