Ubuyobozi bw’Umurenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga mu Ntara y’Amajyepfo, buratangaza ko ku bufatanye n’abaturage, abajyanama b’isuku n’ab’ubuzima ndetse n’abafatanyabikorwa, biyemeje kugira isuku umuco no guca igwingira burundu mu bana, kuko babonye ko bishoboka.
Amashanyarazi kuri bose ni imwe mu ntego z’iterambere u Rwanda rwiyemeje kuba rwagezeho bitarenze umwaka wa 2024. Ni urugendo rutoroshye ariko rushoboka nk’uko byemezwa n’inzego zitandukanye zifite mu nshingano iyi ntego.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA), kiratangaza ko kimaze kugaruza Amafaranga y’u Rwanda arenga miliyoni 200 y’igihombo cyaterwaga n’abacuruzi badatanga inyemezabishyu ya EBM.
Urubyiruko mu Karere ka Rwamagana rwasabwe gukunda Igihugu rutizigamye, gukora cyane no kwigira ku mateka y’Inkotanyi zabohoye Igihugu bagakora ibibateza imbere ubwabo n’Igihugu muri rusange.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda), cyatangaje ko icika (irangira) ry’imvura y’iki gihembwe ryari riteganyijwe mu mpera z’Ukuboza 2022 ritakibayeho, bitewe n’uko ubushyuhe bwo mu nyanja (aho imvura ituruka) ngo bukomeje kwiyongera.
Joyce Nyirahabineza ubu ufite imyaka 42, nyuma y’imyaka 25 aba mu mashyamba ya Congo yaratahutse, none ubu ashima ko yakiriwe neza akaba yaranubakiwe.
Beata Nibagwire utuye mu Kagari ka Nyakagezi mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, avuga ko yiyemeje kwigisha ubudozi n’ububoshyi abaturanyi babyifuza ku buntu, mu gihe cy’umwaka, ashimira FPR-Inkotanyi.
Nyirandinganire Denyse wubakiwe inzu hamwe na bagenzi be b’abanyamurango ba RPF-Inkotanyi mu Karere ka Musanze, barahamya ko uyu muryango kuva ubayeho, imibereho n’ubukungu bya benshi byiyongera umunsi ku wundi; ibyo bikaba igihamya cy’iterambere rirambye no mu hazaza.
Abahanga mu by’amateka bo mu Bufaransa kuva tariki ya 20 Ukuboza 2022 bari mu Rwanda mu mahugurwa y’iminsi ibiri, baha abakozi ba Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (Minubumwe), mu bijyanye no kubungabunga inzibutso n’ibimenyetso bya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Impunzi z’Abarundi ziri mu nkambi ya Mahama iri mu Karere ka Kirehe, zagaragarije ubuyobozi bwa Leta y’u Burundi impungenge bayifitiye zituma badataha.
Umupadiri witwa Niwemushumba Phocas wo muri Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri, yandikiye Musenyeri Vincent Harolimana, ibaruwa imumenyesha ko asezeye mu butumwa bwe.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MINENFRA), iratangaza ko ibikorwa by’Umuryango wa ba Kanyamigezi mu Rwanda (COFORWA), bizafasha kugera ku ntego z’icyerecyezo kigari cy’Igihugu 2024 cyo kugeza abaturage bose ku mazi meza.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’ubutwererane w’u Rwanda, Dr. Vincent Biruta, kuri uyu wa Mbere tariki 19 Ukuboza 2022, yakiriye kopi z’impapuro zemerera Isao Fukushima guhagararira igihugu cy’u Buyapani mu Rwanda.
Imyumvire yamaze guhinduka, nta murimo ukigenewe umugabo cyangwa umugore nk’uko byahoze, mu mirimo yahoze yitirirwa abagabo hari irimo gukorwa n’abagore, ndetse bakarushaho kuyinoza. Urugero twavuga nk’umwuga w’ubumotari, gutwara igare, gutwara imodoka nini (bisi, amakamyo…).
Impunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda zasabye Leta y’u Burundi gushakira ibisubizo ibibazo byatumye zihunga muri 2015, kuko bagifite impungenge zo gutaha igihe cyose bitarakemurwa.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Karere ka Muhanga baragirwa inama yo gukorana n’ibigo by’imari, mu rwego rwo kongera igishoro cy’ibyo bakora kugira ngo babashe kwiteza imbere.
Mu ihuriro ry’inama y’Urugaga rw’Urubyiruko rushamikiye ku muryango RPF Inkotanyi yateranye tariki ya 18 Ukuboza 2022 mu Intare Arena, urubyiruko rwasabwe gusigasira ibyo u Rwanda rumaze kugeraho no guhanga ibishya.
Abakozi ba tumwe mu Tugari two mu Ntara y’Amajyaruguru, bavuga ko kuba hari ututagira ibikoresho by’ikoranabuhanga na murandasi (Internet), biri mu bikomeje kubangamira imitangire ya serivisi, bakifuza ko hagira igikorwa, iki kibazo kikabonerwa umuti urambye.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, bizihije isabukuru y’imyaka 35 Umuryango FPR-Inkotanyi umaze ushinzwe, barushanwa kuvuga ibyo wabagejejeho.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 19 Ukuboza 2022, u Rwanda rwakiriye itsinda ry’abayobozi mu nzego zitandukanye za Leta y’u Burundi, muri gahunda y’ubukangurambaga bugamije gushishikariza impunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda gutaha.
Abarimo guhahira iminsi mikuru ya Noheli na n’Ubunani bavuga ko ibiciro by’ibikomoka ku buhinzi byatangiye kugabanuka.
Impuzamiryango Pro-Femmes Twese Hamwe yishimira ko mu myaka 30 imaze ishinzwe hari byinshi yagezeho biri mu ntego yayo yo kwimakaza ihame ry’uburinganire, kurwanya ihohoterwa no guteza imbere umuco w’amahoro n’iterambere.
Ikigo cy’Igihugu cy’ingendo zo mu kirere (RwandAir) cyatangaje ko muri iki cyumweru indege yacyo nshya yikorera imizigo, yasesekaye muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE).
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) iramagana ikoreshwa ry’ifaranga ry’ikoranabuhanga ryitwa "Crypto currency", ariko igashishikariza abantu gukoresha irya "Digital currency" kuko ryo ngo ryishingiwe na Leta.
Iri murikagurisha ryitabiriwe n’abamurika bagera kuri 400 baturutse hirya no hino mu mpande z’Isi, guhera ku itariki ya 8 kugeza ku ya 26 Ukuboza 2022, i Gikondo ahasanzwe habera Expo, ryagenewe by’umwihariko iby’iminsi mikuru isoza umwaka, abaryitabira bakaba baryishimiye kuko ritari rimenyerewe.
Nyuma y’uko abaturage bo mu Murenge wa Nyamyumba bagaragarije ko babangamiwe n’uko umushinga WaterAid wabegereje amavomero, ariko bakabona amazi kabiri mu cyumweru gusa, uyu mushinga watangaje ko ugiye gukemura iki kibazo.
Mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 35 y’Umuryango FPR-Inkotanyi, abanyamuryango bayo mu Karere ka Gasabo bakoreye ibirori imiryango 40 yo mu mirenge itandukanye, yasezeranye imbere y’amategeko.
Banki ya Kigali (BK Plc), ibifashijwemo n’Ikigo Inkomoko giteza imbere amahugurwa, yatanze inguzanyo izishyurwa nta nyungu kuri ba rwiyemezamirimo bato batandatu muri 25 bari bamaze amezi atandatu bahugurwa.
Padiri Kajyibwami Modeste wa Diyosezi Gatolika ya Cyangugu, yitabye Imana ku wa Gatandatu tariki 17 Ukuboza 2022.
Nyuma y’uko Polisi y’u Rwanda yubakiye abatishoboye 65 inzu zo kubamo, igatanga n’amashanyarazi y’imirasire ku bagera ku 7500, ababashije kwivuganira n’umuyobozi wa polisi bataha bimwe muri ibi bikorwa mu Karere ka Nyamagabe, yabemereye kubafasha.