Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Mutarama 2023, muri gare ya Musanze hari umubare munini w’abagenzi binubira ibura ry’imodoka, abenshi bakavuga ko bamaze iminsi ibiri mu Karere ka Musanze bategereje imodoka, mu gihe bafite akazi i Kigali.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Mutarama 2023, imodoka yo mu bwoko bwa Daihatsu yakoze impanuka babiri bahasiga ubuzima, umutandiboyi akomereka byoroheje.
Abajyanama b’Ubuzima bo mu Karere ka Burera, batangiye kubaka Hoteli, izatwara akabakaba miliyoni 800Frw, yitezweho korohereza abagana ako Karere kubona aho bacumbika.
Inama ya 26 y’Abakuru b’Ibihugu byo mu Muryango wa Commonwealth, bihuriye ku rurimi rw’Icyongereza (CHOGM) yabereye mu Rwanda ku wa 22-26 Kamena 2022, usibye gutera ikimwaro abanzi b’u Rwanda batifiuzaga ko ruyakira, yanasize rukuyemo umusaruro ushimishije mu nzego nyinshi, binyuze mu biganiro hagati y’abakuru b’ibihugu, (…)
Imihanda yo mu mu Karere ka Musanze, cyane cyane iya kaburimbo, ikunze kugaragaramo abatwara abagenzi cyangwa imizigo ku magare(Abanyonzi), bayatwara bafashe ku binyabiziga biba byiganjemo amakamyo, Fuso cyangwa Daihatsu, yaba apakiye cyangwa adapakiye.
Urubyiruko rw’abasore n’abakobwa rwo mu Murenge wa Bwishyura mu Karere ka Karongi, rwatangiye guhabwa amahugurwa ku kurwanya amakimbirane mu miryango, mu rwego rwo kurufasha kuzavamo imiryango y’icyitegererezo.
Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Innovasiyo iravuga ko bitarenze mu mwaka wa 2023, ibigo by’Imari byose by’Imirenge SACCO bizaba bikoresha ikoranabuhanga mu mitangire ya serivisi zose, harimo niz’inguzanyo.
Ku Cyumweru tariki ya 1 Mutarama 2023, Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano, ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’abaturage mu Karere ka Gisagara, yafashe moto yo mu bwoko bwa TVS ifite nimero iyiranga RD 265 E yari yibwe mu Karere ka Huye.
Mu mpera z’umwaka no mu ntangiriro z’undi, abantu batandukanye bategura ibirori byo kwishimira ko bawurangije neza, ariko hari n’abo bitakunduye kuwurangiza kuko batabarutse. Mu batabarutse harimo abari ibyamamare bazwi mu Rwanda, mu Karere no ku rwego rw’Isi. Harimo abari bazwi muri Politiki, iyobokamana, mu mupira (…)
Mu mpera z’umwaka wa 2022 tariki ya 31 Ukuboza n’intangiriro za 2023 tariki ya 01 Mutarama, mu Ntara y’Iburasirazuba hagaragaye ibyaha 33, harimo gufata ku ngufu, ubujura, kwambukiranya umupaka mu buryo butemewe, gukubita no gukomeretsa, kwiyahura n’ibindi.
Tariki 31 Ukuboza 2022 na tariki ya 1 Mutarama 2023 habaye impanuka 8 zihitana abantu 4 abandi 5 barakomereka, hafatwa abagera muri 41 kubera gutwara ibinyabiziga basinze abandi 9 bafatirwa mu bikorwa by’urugomo mu ntara y’Iburasirazuba.
Padiri Lukanga Kalema Charles, kuri uyu wa Mbere tariki ya 2 Mutarama 2023 yitabye Imana, aguye mu bitaro bya Kabgayi akaba azize uburwayi bw’impyiko, nk’uko byatangajwe na Diyosezi ya Kabgayi, inavuga ko gahunda yo kumushyingura izatangwa nyuma
Abenshi mu rubyiruko rw’abahungu bakuwe mu muhanda mu Karere ka Huye, ubu bakaba barererwa mu miryango, bavuga ko ubuzima bwo mu muhanda bwari amaburakindi, kandi ko biyemeje kwiga kugira ngo bazagire icyo bimarira.
Mu gihe ku munsi mukuru w’Ubunani usanga hari ababyuka banywa banarya bishimira ko batangiye umwaka amahoro, abiganjemo abakirisitu gatolika babyukiye mu isengesho ryo gushimira Imana ku wa 1 Mutarama 2023, cyane ko uyu munsi wanahuriranye no ku cyumweru.
Muri iki gihe Abanyarwanda muri rusange ndetse n’urubyiruko by’umwihariko, bashishikarizwa gukunda gusoma ibitabo kugira ngo biyungure ubwenge, hari urubyiruko ruvuga ko inkuru zanditse z’imyidagaduro, iz’amajwi n’iz’amashusho ari zo zibakurura, ibi bikaba bikwiye kwitabwaho n’abandika.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo-Rwanda) kivuga ko ukwezi kwa Mutarama kose guteganyijwemo imvura nk’isanzwe igwa muri iki gihe, iri hagati ya milimetero 10 na 200.
Umunsi Mukuru utangira umwaka wa 2023, bamwe mu baturage ba Nyagatare bahisemo kuwutangirira mu mirimo isanzwe, kuko ngo kuwutangira udakora ari ukwikururira ubunebwe n’ubukene.
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’inzego z’ibanze n’abaturage mu Karere ka Gatsibo, ku wa Gatanu tariki ya 30 Ukuboza 2022, yafashe abagabo babiri bakurikiranyweho gutema ibiti mu ishyamba rya Leta bakabitwikamo amakara yo kugurisha.
Urubyiruko rw’abahungu n’abakobwa basaga 60 bwo mu Murenge wa Kabacuzi mu Karere ka Muhanga, barahiriye kwinjira mu muryango FPR-Inkotanyi, no gukora cyane kugira ngo batazatatira indahiro n’igihango bagiranye n’Umuryango.
Ibikorwa byo kwizihiza umunzi mukuru usoza umwaka wa 2022, mu Karere ka Rubavu waranzwe no gusangira akaboga (inyama), bikaba byaratumye habagwa inka 852.
Mu ijambo risoza umwaka wa 2022 no kwinjira mu mushya wa 2023, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yibukije Abanyarwanda ko hasigaye umwaka umwe gusa gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi (NST1) ikarangira, yongeraho ko hari intambwe ishimishije yatewe ariko bisaba kudatezuka.
Mu ijambo risoza umwaka wa 2022, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuze ko n’ubwo Leta ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ititaye ku mpunzi zayo ziri hano mu Rwanda, rutazazibuza gutaha iwabo mu buryo bwose zihitiyemo.
Goverinoma y’u Rwanda yamaganye ifatwa n’ifungwa ry’abantu babiri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yafunze ikaza kubagaragaza nk’intasi, isaba ko barekurwa ndetse bakanahabwa ubutabera bukwiye.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari kumwe na Madame Jeannette Kagame bifatanyije n’Abaturarwanda barenga 3000 baturutse hirya hino mu Gihugu, mu birori byo gusoza umwaka wa 2022 no kwinjira mu mushya wa 2023.
Mu Karere ka Rulindo, umwanda w’ubwiherero watangiye kubyazwa umusaruro, ahamaze kubakwa uruganda rutunganya uwo mwanda (vermifiltration plant), mu rwego rwo gufasha abaturage kubona ifumbire izajya ibafasha mu buhinzi bwabo.
Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), itangaza ko ibiza byahitanye abantu 200, abagera kuri 400 barakomereka muri uyu mwaka wa 2022.
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano, ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’abatuye Akarere ka Gicumbi, bamennye banatwika ibiyobyabwenge birimo urumogi n’inzoga z’inkorano zitujuje ubuziranenge, kandi zitemewe gucururizwa mu Rwanda.
U Rwanda ni kimwe mu bihugu mu ruhando rw’Isi bikungahaye ku byiza nyaburanga bikururira ba mukerarugendo kurusura, dore ko kandi ruri mu bihugu bifite ikirere cyiza cy’imberabyombi, bivuze ko ubukonje n’ubushyuhe biringaniye, ibyo bigatuma abasura u Rwanda bahishimira, uyu mwaka ibyamamare binyuranye bikaba byarahigereye.
Ubuyobozi bw’itorero ryitwa Ebenezer Rwanda, bwamaganye amakuru avugwa ko barimo kugurisha urusengero ruri i Giheka mu Kagari ka Kagugu mu Murenge wa Kinyinya w’Akarere ka Gasabo, bukavuga ko ayo makuru ari ibihuha.