Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Jean Claude Musabyimana, arasaba abo byagaragaye ko barwanira kubarirwa mu cyiciro cy’abakennye kubicikaho, ahubwo bagaharanira gukora bagatera imbere.
Uwitwa Niyonkuru Nuuru w’imyaka 20 y’ubukure ubu afite impamyabumenyi ebyiri z’imyuga y’ubukanishi no gukora amazi, ariko akavuga ko zitabasha kumuha icyizere gihagije cy’uko azabona akazi mu buryo buhoraho.
Ku wa 16 Ukuboza 2022, hahembwe imishinga ine yahize iyindi mu irushanwa rya iAccelerator ikiciro cyayo cya 5, ikaba ije gutanga umusanzu mu guhangana n’ibibazo byo mu mutwe ndetse n’ubuzima bw’imyororokere, aho buri mushinga wahawe igihembo cy’ibihumbi 10 by’Amadorali.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana, yasabye abagenerwabikorwa ba Polisi y’u Rwanda guhindura imitekerereze, kuko intwaro yo gutsinda ubukene ari uguhindura uko umuntu atekereza. YabibaSabye ku wa Gatanu tariki 16 Ukuboza 2022, mu muhango wo gusoza ukwezi kwahariwe ibikorwa bya Polisi.
Umuyobozi wa Polisi ushinzwe kuyihuza n’izindi nzego, CP Bruce Munyambo, avuga ko ubufatanye bwa Polisi y’Igihugu n’abaturage buzana umutekano ndetse n’amajyambere y’abaturage.
Abanyonzi babiri bagonzwe n’imodoka bahita bitaba Imana, abanyamaguru batatu barakomereka bikabije, mu mpanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Fuso ifite ibirango bya RAC016 G yataye umuhanda, ikaba yabereye mu Murenge wa Gatsata, Akagari ka Nyamugari, Umudugudu w’Akarubimbura, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 16 Ukuboza 2022 Akarere (…)
Kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Ukuboza 2022, imiryango y’ababuze ababo ndetse n’abarokotse ibitero by’umutwe w’iterabwoba wa MRCD-FLN bitabiriye umuhango wo kwibuka ababo bishwe n’uyu mutwe hagati y’umwaka wa 2018 na 2019 ndetse no muri uyu mwaka wa 2022.
Twambazimana Chantal arasaba ubufasha bw’abagiraneza, nyuma y’aho atewe inda n’umusore bakundaga wamwihakanye, akabyara abana batatu icyarimwe (b’impanga); ubu akaba ahangayikishijwe n’ubuzima bumugoye arimo, hamwe n’izo mpinja akomeje kwitaho wenyine.
Urugaga rw’abantu bafite ubumuga bwo kutabona mu Rwanda (RUB), rurasaba abantu bafite ubumuga by’umwihariko abatabona, kwihatira kwiga imyuga kugira ngo babashe kugira uruhare mu iterambere ryabo n’iry’Igihugu muri rusange.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Mapambano Nyiridandi Cyriaque, avuga ko mu rwego rwo kurwanya igwingira n’imirire mibi mu bana, ku bufatanye n’abafatanyabikorwa, batangiye guhera ku babyeyi batwite bakabakurikirana kugeza umwana akuze.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera, Amb Solina Nyirahabimana avuga ko ruswa ari umwanzi w’Igihugu n’Iterambere, agasaba abaturage gutunga agatoki aho bayikeka kugira ngo bakurikiranwe n’ubutabera.
Bamwe mu bagabo bavuga ko bahitamo kubaho nk’ingaragu mu bukode kubera gutinya kuvuga ihohoterwa bakorerwa mu miryango. Umugabo wo mu Kagari ka Kanyangese, Umurenge wa Rugarama, amaze umwaka ataye urugo rwe, ajya gukodesha ahandi aho abayeho mu buryo bw’ingaragu kandi yarashakanye n’umugore byemewe n’amategeko.
Abahinga umuceri mu gishanga cy’Umwaro mu Murenge wa Rusatira mu Karere ka Huye, barinubira ko Koperative Imbereheza-Mwaro bibumbiyemo, yabategetse kwishyura umwenda ngo batazi uko wafashwe.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude, asanga abayobozi n’inzego bafatanya, nibashyira imbaraga mu gukemurira abaturage ibibazo hakiri kare, bihereye ku rwego rwo hasi ku midugudu, bizagabanya imirongo batondaga babibaza Perezida Kagame, mu nzinduko akunze kugirira hirya no hino mu gihugu.
Minisitiri w’Umutekano, Gasana Alfred, yasaye abasoje amasomo abinjiza mu mwuga w’abacungagereza, kubungabunga uburenganzira bw’abagororwa no kurangwa n’indangagaciro zigenga urwego baje gukoramo.
Abahagarariye abandi mu Muryango FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Gatunda mu Karere ka Nyagatare, basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali n’Ingoro ibitse Amateka yo kuyihagarika (mu Nteko), bahavana gahunda yo kujya kurwanya amacakubiri.
Nyuma y’uko impunzi z’Abanyekongo zicumbikiwe mu nkambi ya Kigeme muri Nyamagabe, zikoze imyigaragambyo yo kwamagana ubwicanyi ngo burimo gukorerwa ababo (Abatutsi) muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), abo mu zindi nkambi na bo bakomerejeho ku wa Kabiri.
Ikigo Novartis cy’Abasuwisi gikora imiti, cyatanze ibihembo ku mishinga ine muri 40 yo mu bihugu bya Afurika yahatanye, aho uwa mbere ari uw’Abanyarwanda, ukaba wahembwe Amadolari ya Amerika ibihumbi 250$ (ahwanye n’Amafaranga y’u Rwanda miliyoni zisaga 250).
Umuyobozi Mukuru w’agateganyo w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe Ubugenzuzi bw’ubuziranenge ihiganwa mu bucuruzi no kurengera Umuguzi (RICA), Uwumukiza Beatrice, avuga ko muri iki kibazo cy’izamuka ry’ibiciro bazakomeza kurengera umuguzi, kugira ngo adahendwa n’abakora ubucuruzi butubahirije amategeko.
Kuva tariki ya 9 kugeza tariki ya 13 umuhanda wa kaburimbo Liziyeri-Nyabagendwa-Rilima-Kabukuba-Kabuga, ntabwo ari nyabagendwa kubera ikibazo cy’umwuzure watewe n’amazi y’ikiyaga cya Kidogo, giherereye mu Murenge wa Rilima mu Karere ka Bugesera.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko uruganda rwa Kinazi rutunganya ifu y’imyumbati, rugiye kongererwa ubushobozi bw’umusaruro rutunganya ukava kuri toni 40 z’imyumbati ku munsi ukagera kuri toni 120 ku munsi.
Ingabire Marie Immaculée, umuyobozi w’umuryango urwanya ruswa n’akarengane (Transparency International Rwanda), arahamagarira amahanga guhagarika ubwicanyi buri gukorerwa Abanyekongo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda, batuye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Impugucye mu birebana n’ubuzima bw’imyororokere zitangaza ko umwana w’umukobwa watewe inda imburagihe, atagombye kubuzwa amahirwe yo kwiga kubera ko yabyaye. Gusa, bamwe mu bangavu batewe inda bavuga ko ubuzima bubi bahura nabwo butaborohereza kongera gusubira mu ishuri.
Itsinda ry’Abanyarwanda n’inshuti zabo z’Abanyamahanga baturutse mu bihugu byo ku mugabane wa Afurika, u Burayi, Amerika na Asia, bifatanyije n’abaturage b’Umurenge wa Karangazi, Akagari ka Nyagashanga mu gutera ibiti ku buso bwa hegitari 15.
Hirya no hino mu gihugu hakunze kumvikana ikibazo cy’abangavu bahohoterwa, aho bamwe baterwa inda bikaba intandaro y’ubuzima bubi kuri bo no ku bo babyara, gusa hari abo mu Karere ka Musanze biboneye abagiraneza babagarurira ikizere cyo kubaho.
Nyuma y’amezi abarirwa muri atatu gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga bihagaritswe no kutabasha kwiyandikisha kubera ikoranabuhanga ritari rigikora, ubu noneho byasubukuwe kuko n’ikoranabuhanga ryakosowe.
Urubyiruko rusaga 200 rwo mu Karere ka Ruhango, rurishimira iterambere rugezeho kuko rwabashije kwihangira imirimo rubifashijwemo na gahunda ya Rungano ndota, ibahugura ndetse ikabaha igishoro kigizwe n’inguzanyo n’inkunga.
Urubyiruko rugera kuri 330 rwaturutse mu Rwanda no mu mahanga (Diaspora) rwitabiriye Itorero Urungano mu Karere ka Musanze rwasabwe kwirinda amacakubiri, bakubakira ku Bunyarwanda, birinda ibibatanya.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 12 Ukuboza 2022, impunzi zituye mu nkambi ya Kigeme mu Karere ka Nyamagabe, zakoze urugendo rwo kwigaragambya zamagana ubwicanyi ngo burimo gukorerwa abitwa Abatutsi mu gihugu cyabo.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 12 Ukuboza 2022, Perezida Paul Kagame uri i Genève mu Busuwisi, yakiriwe na mugenzi we Ignazio Cassis.