Musoni Straton, wahoze ari Visi Perezida w’Umutwe w’inyeshyamba za FDLR, kimwe n’abandi bitandukanyije n’imitwe yitwara gisirikari ibarizwa mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), bahamya ko bicuza igihe batakaje, mu bikorwa bihungabanya umutekano w’u Rwanda, bagahamagarira abakiri mu bikorwa nk’ibyo (…)
Perezida wa Bénin, Patrice Talon, yagize Umunyarwanda Pascal Nyamulinda, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishizwe Irangamuntu (Agence Nationale d’Identification des Personnes/ANIP).
Perezida Paul Kagame ku wa Gatatu tariki ya 22 Gashyantare 2023, yakiriye mu biro bye Minisitiri w’Intebe wungirije akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Jordanie, Dr Ayman Abdullah Al- Safadi n’itsinda rimuherekeje, bri mu ruzinduko mu Rwanda rw’iminsi itatu, bagirana ibiganiro ku mubano w’ibihugu byombi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera, buvuga ko igihe bwari bwihaye cy’imyaka ibiri, cyo kuba kujuje inyubako y’ibiro bishya by’ako karere, gishobora kwiyongeraho andi mezi macye, bitewe n’uko imirimo yagiye ikererezwa n’icyorezo cya Covid-19.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Ingabire Assumpta, arasaba ba Rushingwangerero bo mu Ntara y’Iburasirazuba bari mu Kigo cy’Ubutore cya Nkumba, kwimakaza imiyoborere mpinduramatwara.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko bwamaze gutanga isoko ryo kubaka imihanda yamenaga amazi mu mujyi wa Goma, ibi bikazajyana no guhindura imiterere y’imihanda y’amabuye itagiraga inzira y’amazi igahabwa inzira imena amazi mu kiyaga cya Kivu.
Raporo ya 20 ku ishusho y’ubukungu bw’u Rwanda, (Rwanda Economic Update) yashyizwe ahagaragara na Banki y’Isi tariki 21 Gashyantare 2023 yerekana ko n’ubwo u Rwanda rwahuye n’ibizazane binyuranye, mu bihembwe bitatu bya mbere bya 2022 ubukungu bwarwo bwazamutseho 8%.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco, Rosemary Mbabazi, yasabye abantu bose batanga serivisi igihe baganwe n’abakoresha ururimi rw’Ikinyarwanda, ko bajya bayitanga mu Kinyarwanda, kugira ngo bakomeze gusigasira ururimi gakondo.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu Karere ka Musanze, baremeza ko bakibona ingengabitekerezo ya Jenoside aho batuye, cyane cyane ikagaragara mu bageze mu zabukuru, bakaba bafashe ingamba zo kubahindura.
Ambasaderi Vincent Karega, avuga ko u Rwanda rudahanganye na Congo ahubwo ruhanganye n’ubuyobozi bwayo bubi, bushyigikiye interahamwe zasize zihekuye Abanyarwanda, bukaziha intwaro ngo zisubukure umugambi wazo, u Rwanda rukaba rutazabyihanganira ahubwo ruzarwanya ubwo buyobozi.
Kuri uyu wa Kabiri Tariki 21 Gashyantare 2023, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, yakiriye Minisitiri w’Intebe wungirije akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga no gucyura Impunzi mu Bwami bwa Jordanie, Ayman Safadi, uri mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu mu Rwanda, akaba yasuye (…)
Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe ubushakashakashatsi ku iterambere ry’inganda mu Rwanda (NIRDA), buratangaza ko umusemburo w’inzoga z’ibitoki (Urwagwa), wari umaze igihe ukorwaho ubushakashatsi wamaze gutegurwa ku buryo uwawifuza yagana icyo kigo bakumvikana uko yawubona.
Ubuyobozi bw’ikigo cya Vision Jeunesse Nouvelle gikorera mu Karere ka Rubavu butangaza ko bamwe mu bangavu baterwa inda batandikisha abana kubera gutinya gufungisha ababateye inda.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo-Rwanda) kivuga ko iki gice cya gatatu cy’ukwezi kwa Gashyantare 2023(kuva tariki 21-28) kigiye kubonekamo imvura iruta isanzwe igwa mu mezi ya Gashyantare.
Ubuyobozi bw’umuryango wa La Benevolencia busaba itangazamakuru gukora kinyamwuga bwirinda gukwiza ibihuha no kubiba amakimbirane akomeje gufata intera mu Karere k’Ibiyaga Bigari.
Nyuma y’uko indwara idasanzwe yateye mu ngurube, zikaba zikomeje gupfa, Akarere ka Musanze kasohoye itangazo rihagarika kubaga, kugurisha no kugura ingurube mu mirenge itanu.
Padiri Jean-Marie Vianney Twagirayezu avuga ko yatunguwe n’icyemezo Papa Francis umushumba wa Kiriziya Gatolika ku isi yafashe cyo kumugira Umwepisikopi wa Doyosezi ya Kibungo.
Abaturage b’Umujyi wa Kigali by’umwihariko abaturiye ruhurura zidakoze, barasaba ko zubakwa kubera ko zibasenyera inzu, bagakurizamo no kuhaburira ubuzima.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko abazakorera mu isoko rya Gisenyi, bagomba kwizezwa umutekano mbere yo kurikoreramo, cyane ko ryubatse iruhande ry’ahanyuze umututu watewe n’imitingito yakomotse ku iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Sudani, Abel Buhungu, yagaragaje ko uyu munsi u Rwanda ari icyerekezo nyacyo mu ishoramari mu nzego zitandukanye.
Bamwe mu batuye mu bice umuhanda wa kaburimbo yoroheje, Nyagatare-Kanyinya-Kagitumba unyuramo, bavuga ko umusaruro wabo w’ibikomoka ku buhinzi watangiye kugira agaciro, kuko imodoka zibisangira iwabo mu ngo bitandukanye na mbere kuko bagurishaga abamamyi, ikindi ariko ngo uzanoroshya ubuhahirane.
Abadikoni n’Abapasiteri 21 b’Itorero Angilikani Diyosezi ya Shyira, nyuma yo kurobanurwa, bahawe umukoro wo gusesengura ibibazo byugarije umuryango no kubishakira ibisubizo, kugira ngo uruhare rw’itorero mu iterambere, rurusheho kugaragara.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari tugize Intara y’Iburasirazuba, batangiye itorero mu Kigo cy’Ubutore cya Nkumba, basabwe kwimakaza gahunda ya Ndi Umunyarwanda no kubaka Umunyarwanda wishimiye, kuba mu Gihugu no kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside kuko isenya kurusha ibindi byose.
Itsinda riyobowe na Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel Gasana, tariki ya 20 Gashyantare 2023 ryagiriye uruzinduko mu gihugu cya Tanzaniya mu ntara ya Kagera, bagirana ibiganiro byo gukomeza gushimangira umubano w’ibihugu byombi, no gukomeza ubufatanye mu buhahirane n’ubutwererane.
Abaturage bo mu murenge wa Remera mu karere ka Musanze, barashinja abayobozi b’imidugudu kubaka ruswa, bagera n’ubwo bashaka kweguza umwe muri abo bayobozi, imbere ya Meya na Guverineri.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Nduba mu karere ka Gasabo by’umwihariko abaturiye ikimoteri, bavuga ko babangamiwe n’umwanda uhaturuka kubera ko ntawushobora kurya adashyizeho inzitiramubu.
Mu gihe cy’amezi atatu uhereye mu kwezi k’Ugushyingo 2022, abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Karere ka Nyamagabe bubakiye abatishoboye 267. Nk’uko babigaragaje ubwo bizihizaga isabukuru y’imyaka 35 y’umuryango, tariki 19 Gashyantare 2023, muri ziriya nzu 267 harimo izubatswe guhera hasi byibura eshatu muri buri Murenge (…)
Mu Murenge wa Tare mu Karere ka Nyamagabe, ku Cyumweru tariki 19 Gashyantare 2023, hashyinguwe mu cyubahiro umurambo w’umugabo bikekwa ko yishwe n’umugore we, akamushyingura mu gikari cy’urugo rwabo ruherereye mu Mudugudu wa Biraro, Akagari ka Nkumbure.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, avuga ko umutekano mucye wo mu Burasirazuba bwa RD Congo ubangamiye ubumwe bw’Abanyarwanda, kubera urwango n’ingengabitekero byabibwe ku bakomoka ku basize bakoze Genoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda 1994.
Padiri Jean Marie Vianney Twagirayezu yabarizwaga muri Diyosezi ya Nyundo, akaba yari asanzwe ari umuyobozi wa Caritas Rwanda. Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’ibiro by’intumwa ya Papa mu Rwanda, kuri uyu wa Mbere tariki ya 20 Gashyantare 2023 rivuga ko Nyirubutungane Papa Francis, yagize Padiri JMV Twagirayezu wari (…)