Mu ijoro rishyira itariki ya 23 Werurwe 2023, mu Kagari ka Cyabagarura mu Murenge wa Musanze, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Musanze, yafashe abajura babiri bivugwa ko ari abashumba, nyuma yo kwambura umuturage witwa Nizeyimana Elissa, ubwo yari avuye ku kazi atashye.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, ku wa Kane tariki ya 23 Werurwe 2023, yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi uhagarariye u Rwanda n’ibindi bihugu 22 by’Afurika mu nama y’ubutegetsi ya Banki y’Isi, Dr Floribert Ngaruko, byibanze ku bufatanye mu iterambere no guhangana n’ikibazo cy’ihidagurika ry’ibiciro ku masoko.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane (MINAFFET), iratangaza ko u Rwanda rurimo gukora ibishoboka byose kugira ngo ibibazo by’umutekano mucye n’amakimbirane, biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) bikemuke.
Umugore wo mu Kagari ka Kibogora mu Murenge wa Kanjongo mu Karere ka Nyamasheke, yafatiwe iwe mu rugo amaze kubaga ihene bivugwa ko ari iy’umuturanyi.
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’inzego z’ibanze n’abaturage mu Karere ka Musanze, yafashe umusore w’imyaka 29 ukurikiranyweho kwiba telefone zigezweho (smart phones), akazigurishiriza mu bindi bihugu.
Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno, avuga ko icyumweru cy’Umujyanama cyateguwe hagamijwe kwegera abaturage no gukemura ibibazo bibangamiye cyane iby’ihohoterwa n’amakimbirane mu miryango, ndetse n’icy’abangavu baterwa inda ariko no kumenyekanisha Abajyanama, kugira ngo abaturage bajye babifashisha mu bibazo (…)
Umukozi w’Akarere ka Gatsibo ushinzwe kurengera umwana, Sebatware Clement, avuga ko mu mezi atandatu gusa, abana 237 bari munsi y’imyaka 18 ari bo bamaze kumenyekana batewe inda.
Abavuka mu karere ka Burera bakorera mu duce dutandukanye tw’igihugu n’inshuti z’ako karere, bahuye n’ubuyobozi bw’ako karere mu nama nyunguranabitekerezo yiga ku iterambere rirambye ryako.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yabonanye na Minisitiri w’intebe akaba na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Qatar, Sheikh Mohammed bin Abdulrahman bin Jassim Al-Thani, baganira ku guteza imbere inzego z’ubufatanye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro hamwe n’abafatanyabikorwa barimo Intrahealth na Reach the Children Rwanda, batangije icyumweru cy’ubuzima, gitangirizwa mu irerero rya Ayabaraya mu Murenge wa Masaka, tariki 21 Werurwe 2023.
Iteganyagihe ryo kuva tariki 21 kugeza ku ya 31 Werurwe 2023, rivuga ko imvura iteganyijwe kugwa mu mpera z’ukwezi kwa Werurwe, izaba nyinshi ugereranyije n’isanzwe igwa.
Umugore witwa Uwimana yafatanywe imifuka ipakiyemo inzitiramibu (Super net), bikekwa ko yari azijyanye kuzigurishiriza muri Uganda, kandi bitemewe.
Urubyiruko rutandukanye rutazi inkomoko kubera amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, rurasaba gufashwa gukemurirwa urusobe rw’ibibazo bahura na byo birimo gushakirwa aho kuba.
Urubyiruko rubarizwa mu muryango FPR-Inkotanyi rwo mu Karere ka Musanze rwasoje icyiciro cya gatatu cy’amasomo yiswe ‘Irerero ry’Umuryango’, ruvuga ko rugiye kugira uruhare mu gusigasira ibyo Igihugu cyagezeho, gushyira hamwe no kugendera kure amacakubiri kugira ngo bazabashe kugeza Igihugu ku iterambere, ndetse rukabera (…)
Umuturage witwa Mushengezi Jean Damascène arashinja Akarere ka Musanze kumuteza igihombo cya miliyoni 40, akarere nako kakabihakana kavuga ko ibyo uyu muturage avuga ko nta shingiro bifite.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Kamonyi, ku wa Gatandatu tariki ya 18 Werurwe, yafashe abagabo babiri yasanze mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko.
Abaturage bo mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga biyujurije iteme ribafasha kugeza umusaruro wabo ku isoko, rikanafasha imigenderanire, dore ko iryari rihari ryatwawe n’ibiza by’imvura bigahagarika ingendo z’ibinyabiziga.
Umugenzi yasimbutse mu modoka ariruka, nyuma yo kwiba umugore bari bicaranye amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 189. Abaturage bakibimenya, bamwirutseho agerageje kubarwanya bamurusha imbaraga baramufata.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri tariki ya 21 Werurwe 2023, yageze i Doha muri Qatar mu ruzinduko rw’akazi.
Abatuye Akarere ka Burera bavuga ko ingano ari igihingwa bashyira ku mwanya wa mbere mu bibazamurira iterambere, aho ureba hirya no hino ku misozi igize ako karere, ukabona ubutaka hafi ya bwose buhinzego icyo gihingwa basarura byibura toni 3,3 kuri hegitari imwe.
Abakora kwa muganga mu bigo bitandukanye by’ubuzima mu Karere ka Muhanga, bibumbiye mu Ntore z’Impeshakurama z’Akarere ka Muhanga, bagobotse abari barabuze ubwishyu bw’igice cya kabiri cya Mituweli bakaba bagiye gukomeza kwivuza.
Ikigega cy’Abanyamerika gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga (USAID) cyishimiye kurangiza umushinga wa Miliyoni 14.9 z’Amadolari ya Amerika yashowe muri gahunda ya Rwanda Nguriza Nshore, yari igamije kuzamura bizinesi ziciriritse zo mu rwego rw’ubuhinzi, no guhanga imirimo idashingiye ku buhinzi n’ubworozi ku Banyarwanda batuye (…)
Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru, buranenga abakwirakwiza ibihuha bagamije guca igikuba mu baturage, mu gihe hari umutekano usesuye muri iyo ntara.
Ubwo yasuraga Paruwasi ya Mukarange muri Diyosezi ya Kibungo, kuri iki cyumweru tariki 19 Werurwe2023 ukaba n’umwanya wo kwereka Abakirisitu b’iyo Paruwasi Umushumba mushya wa Kibungo, Caridinal Kambanda yavuze uburyo Papa Francisco yaciriye amarenga Abepisikopi b’u Rwanda yo gutora umushumba wa Kibungo.
Abagize Ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu Iterambere ry’Akarere ka Nyaruguru basabwe kugira uruhare mu gukemura ibibazo bikibangamiye Umuryango kuko umuryango utekanye kandi umeze neza ari wo shingiro ry’iterambere.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) kuri uyu wa Mbere tariki 20 Werurwe 2023, kubufatanye n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buhinzi n’ibiribwa (FAO), batangije umushinga ugomba kureba ibijyanye n’ubuzirange n’uruhererekane rw’ibiribwa, by’umwihariko ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi.
Abanyamakuru bavuga ko hari abayobozi b’Uturere bamwe na bamwe batajya bemera ko hari abandi bakorana batanga amakuru, bagatekereza ko babahaye ubwo burenganzira imikoranire yarushaho kugenda neza.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, avuga ko n’ubwo ibyaha byambukiranya imipaka byagabanutse, ariko nanone hakwiye gushyirwa imbaraga mu bujura bw’inka nazo zambutswa umupaka, zikajyanwa mu bihugu by’abaturanyi.
Bamwe mu bana basambanyijwe bagaterwa inda, barasaba umuryango nyarwanda by’umwihariko abantu bakuru kwishyira mu mwanya wabo, bakabahumuriza kuko ibyababayeho batabyikururiye, kuko kubahoza ku nkeke bibongerera ihungabana.
Ku Cyumweru tariki 19 Werurwe 2023, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yakiriye Minisitiri w’Umutekano imbere mu Bwongereza, Suella Braverman, bakaba baganiriye ku bibazo bireba abimukira bazazanwa mu Rwanda.