Mu gusoza ukwezi gutagatifu kwa Ramadan kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Mata 2023, Umuyobozi w’Abayislamu mu Rwanda (Mufti), Sheikh Salim Hitimana, yavuze ko igisibo cyagenze neza muri rusange, kikaba cyarabaye igihe cyiza cyo kwitagatifurizamo, bakoramo ibikorwa by’urukundo.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo-Rwanda), cyatangaje Iteganyagihe ry’iminsi 10 y’igice cya gatatu gisoza ukwezi kwa Mata 2023, rigaragaza ko hazagwa imvura irengeje gato ikigero cy’impuzandengo y’isanzwe igwa muri iki gihe.
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano n’abaturage mu Karere ka Gakenke, yafashe abasore babiri bacyekwaho kwiba moto yo mu bwoko bwa TVS bagiye kuyigurisha.
Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Paula Ingabire, yagejeje ku Nteko Ishinga Amategeko Umushinga w’Itegeko ryo gutanga indangamuntu nshya z’ikoranabuhanga, zizahabwa abantu bose harimo n’abana kuva bakivuka.
Kuva mu ma saa sita zo ku wa 20 Mata 2023, ubuyobozi bw’Akarere ka Huye bwatangiye imirimo yo kugerageza gutabara abagwiriwe n’ikirombe, hifashishijwe imashini ya Caterpillar imenyerewe mu gukora imihanda, ariko na n’ubu ntibarababona.
Shumbusho Shaban wo mu Murenge wa Bwisige mu Karere ka Gicumbi, arembeye mu bitaro bya Byumba nyuma yo gutemwa ikiganza cy’ukuboko kw’imoso kikavaho, ubwo yari atabaye Sebuja wari umaze kwibwa inkoko.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ku mugoroba wo ku wa Kane tariki 20 Mata 2023, yayoboye Inama y’Abaminisitiri yize ku ngamba na Politiki zinyuranye, zigamije kwihutisha iterambere ry’ubukungu bw’Igihugu.
Musenyeri Laurent Mbanda yatanze ubutumwa bw’ihumure nyuma y’urupfu rutunguranye rw’umuhungu we, Edwin Eddie Mbanda, aho yavuze ko n’ubwo yitabye Imana ariko bakiri kumwe.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari tugize Akarere ka Ruhango (Rushingwangerero), batangiye gushyikirizwa moto bemerewe n’Inama Njyanama y’ako Karere umwaka ushize, mu rwego rwo kubafasha mu ngendo, nyuma y’uko byari byagaragaye ko hari aho batabasha kugera kubera kubura ubushobozi bwo kwitegera abamotari basanzwe.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Sekanyange Jean Leonard, avuga ko kubera igihe gito bari bamaranye n’umushinga wa RDDP, aborozi batangiye kumenya ibyiza by’ibikorwa byayo irimo isoza.
Kuva mu mugoroba w’ejo ku wa Gatatu tariki ya 19 Mata 2023, mu Kagari ka Gahana mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, haravugwa abantu batandatu baheze mu kirombe.
Umuyobozi ushinzwe ubworozi bw’amafi mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda avuga ko mu Rwanda hari ikibazo cy’ibiribwa by’amafi ariko n’ibihari ngo ntibijyanye n’ikoranabuhanga mu kugaburira amafi.
Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi Nzabonimpa Emmanuel, yavuze ku ruzinduko rw’iminsi ibiri bakubutsemo mu Karere ka Kabale mu gihugu cya Uganda, aho rwatangiye tariki 18 rusozwa tariki 19 Mata 2023, avuga ko bishimiye ibihe byiza bagiriye muri icyo gihugu cy’abaturanyi.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko butewe impungenge n’inzu zisaga 27.000 ziri mu manegeka kuko zishobora kwibasirwa n’imyuzure n’inkangu, n’ubwo zubatswe ahantu hagenewe imiturire hemewe hirya no hino mu Mirenge 35 y’Umujyi wa Kigali.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yagabanyije igiciro cy’ibirayi, umuceri n’ifu y’ibigori, aho ibirayi byitwa Kinigi byavuye ku mafaranga 700Frw ku kilo(kg) bikaba bigomba kutarenza amafaranga 460Frw/kg.
Imiryango ikennye yo mu Murenge wa Shingiro mu Karere ka Musanze, igiye guhabwa amafaranga binyuze muri gahunda ya ‘GiveDirectly’, bazifashisha bakora imishinga iciriritse ibyara inyungu, kugira ngo ibashe kwikura mu bukene.
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 18 Mata 2023 nibwo hamenyekanye inkuru y’urupfu rwa Edwin Mbanda, umuhungu wa Arikiyepisikopi w’Itorero Angilikani mu Rwanda, Musenyeri Laurent Mbanda, witabye Imana aguye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, urupfu rwe rukaba rwatunguranye.
Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe Ibizamini no gutanga Impushya zo gutwara ibinyabiziga, ryemereye abafite impushya z’agateganyo (provisoire), zatanzwe mu myaka ya 2018-2021, kuzikoresha bitarenze tariki ya 31 Ukuboza 2024.
Nk’uko byagenze mu turere tunyuranye tw’igihugu, kuri uyu wa mbere tariki ya 17 Mata 2023, mu cyumba cy’inama cy’Akarere ka Gicumbi, urubyiruko rwaturutse mu mirenge yose igize ako karere, rwazindukiye mu nama idasanzwe.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) na Komite mpuzamahanga y’Umuryango utabara imbabare (ICRC), bateguye amahugurwa mpuzamahanga arimo kubera mu Rwanda, ku bijyanye n’uko abasirikare barinda umutekano w’abasivili.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko bugitegereje imodoka zitwarwa n’amashanyarazi, zikaba ari zo zitezweho gukemura ikibazo cy’imirongo miremire y’abantu babuze imodoka muri gare, cyane cyane mu gitondo na nimugoroba.
Umukobwa w’imyaka 20 witwa Mumararungu Gisèle, wo mu Kagari ka Rwebeya mu Murenge wa Cyuve, yakomerekejwe ku rutoki, nyuma yo guterwa icyuma n’abasore bataramenyekana ubwo bageragezaga kumwambura telefoni n’isakoshi akirwanaho, kugeza ubwo atabawe n’ababyeyi be.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 18 Mata 2023, Daihatsu ifite plaque RAF 121 N yakoze impanuka igwa munsi y’umuhanda yubamye, igwira umushoferi n’umuturage bari kumwe, Imana ikinga ukuboko.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, ku wa Mbere tariki 17 Mata 2023, yafunguye inama ya kane y’Umuryango w’Abangilikani bo hirya no hino ku Isi, witwa Global Anglican Future Conference (GAFCON), inama irimo kubera i Kigali mu Rwanda, ikazamara iminsi itanu yiga ku ngingo zitandukanye, zirimo kureba ahazaza h’Itorero (…)
Abasirikari, Abapolisi n’Abasivili baturutse mu bihugu bine bigize Umutwe w’Ingabo za Afurika y’Iburasirazuba, uhora witeguye gutabara aho rukomeye (Eastern Africa Standby Force), batangiye amahugurwa, yitezweho kubongerera ubumenyi mu bijyanye no kurinda abasivili, akaba abera mu Kigo cy’Igihugu cy’Amahoro (Rwanda Peace (…)
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko ikibazo cy’inzu zubatswe zitujuje ubuziranege mu Mudugudu w’Urukumbuzi hamenyekanye nko kwa Dubai, cyamaze guhabwa umurongo. Ibi byatangajwe mu gihe bamwe mu batuye uyu mudugudu, bavugaga ko basabwe kwimuka bwangu nyamara batarabona amikoro yo kubona ahandi berekeza.
Mu Kagari ka Cyabagarura, Umurenge wa Musanze mu Karere ka Musanze, umugabo yahuye n’abagizi ba nabi bitwaje imihoro baramutema, apfa akimara kugezwa kwa muganga.
Polisi y’u Rwanda yafashe umusore witwa Sinjyeniyo Claude, wafatiwe mu Karere ka Kayonza, nyuma yo kwiba amafaranga angana na Miliyoni 2Frw nyirabuja witwa Nyirakanani Antoinette, ukorera ubucuruzi mu Mujyi wa Kigali ahazwi nko muri Matewusi.
Mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Rwampara, Akagari ka Gacaca, tariki ya 17 Mata 2023 habereye impanuka y’imodoka Toyota Avensis RAB 974Y yari itwawe na Tuyizere Innocent yagonze umumotari, umugenzi yari ahetse arakomereka.
Abagore 145 bari mu ishirahamwe Tuzamurane Mugore barasaba guhabwa moto bavuga ko barimanganyijwe, hakaba hagiye gushira umwaka batarazibona.