Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA) yatangaje ko gusana ibikorwa remezo, byangijwe n’ibiza biheruka kwibasira bikomeye ibice byo mu Ntara y’Iburengerazuba n’Amajyaruguru, bizatwara arenga Miliyari 110Frw.
Imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yikorera imizigo, yataye umuhanda yinjira mu nzu y’ubucuruzi yangiza ibyarimo ariko ntihagira uhasiga ubuzima.
Urubyiruko rw’Abayisilamu rwize mu mahanga, rwibumbiye mu muryango witwa ‘HODESO’, rwubatse ibiro bishya by’Akagari ka Cyabararika mu Murenge wa Muhoza w’Akarere ka Musanze.
Abaturage bo mu Karere ka Bugesera by’umwihariko abo mu Murenge wa Juru, bifuza ko Abajyanama b’Akarere barushaho kubaba hafi, bakamenya ibyifuzo byabo n’uko babayeho.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse, yahagaritswe mu mirimo n’Inama Njyanama, imushinja kutuzuza inshingano ze, harimo n’ibibazo birebana n’ibiza byahitanye benshi muri ako karere.
Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), yatangaje uburyo bwo gucishamo inkunga y’infashanyo ku baturage baherutse kwibasirwa n’ibiza byahitanye abantu 131. Ni nyuma y’uko inzego zinyuranye zakomeje kwihanganisha u Rwanda, ndetse hari n’abari bamaze kwegeranya inkunga yabo.
Perezida Paul Kagame uyobora Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth) muri iki gihe, yitabiriye inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bahuriye muri uyu muryango. Iyi nama yanitabiriwe n’Umwami Charles III w’u Bwongereza.
Mu bakora urugendo nyobokamana i Kibeho, hari abapfukama bagakoza umutwe ku butaka cyangwa bakabusoma bakihagera, bakanahagenda nta nkweto, kuko baba bavuga ko ari Ahatagatifu.
Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), yatangaje ko abantu bishwe n’ibiza byabaye mu ijoro rya tariki 2 rishyira tariki 3 Gicurasi 2023 ari 131, bikomeretsa abantu 94 umwe aburirwa irengero.
Aborozi b’amatungo magufi mu Karere ka Gatsibo barishimira ko batakivunika bajya gushaka ibiryo by’amatungo kuko babonye uruganda rubitunganya hafi yabo kandi ku giciro gito ugereranyije n’icyo baguriragaho.
Abaturage basanzwe batunzwe no guhingira amafaranga abatunga barataka ibura ry’akazi kuko n’akabonetse ngo bahembwa macye cyane atabasha guhahira urugo. Ubusanzwe mu Karere ka Nyagatare gukora mu murima w’ibigori, amasaka cyangwa ibishyimbo ntihabarwa umubyizi ahubwo babara umubare w’ibyate (intambwe) yakoze.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyagatare, Hategikimana Fred, avuga ko ibagiro rya kijyambere rya Nyagatare ririmo kubakwa niryuzura, nta modoka zizongera gupakira amatungo ahubwo zizajya zipakira inyama zayo.
Abayobozi mu nzego z’ibanze bavuga ko bihaye ingamba zo kurandura ihohoterwa mu miryango n’irikorerwa abana, bahereye ku Isibo kuko ingo zifitanye amakimbirane ariho zibarizwa.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Rubavu mu gushyingura abaturage 13 bapfuye bishwe n’ibiza byabaye mu ijoro ryo ku itariki ya 2 rishyira tariki 3 Gicurasi 2023.
Abanyarwandakazi 58 baba mu bihugu byo hirya no hino ku Isi (Diaspora) bitabiriye Itorero ry’Igihugu, bavuga ko n’ubwo baje bitwa Intore, bafite icyizere cyo gusohoka ari Abatoza, aho biteguye kujya kwerekana mu mahanga aho baba, n’ishusho y’aho u Rwanda rugeze mu kwimakaza ubumwe bw’Abanyarwanda.
Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente wasuye abaturage bo mu Karere ka Nyabihu bangirijwe n’ibiza, yasabye abatuye mu manegeka kwihutira kwimuka, birinda ko hagira uwongera gutwarwa n’inkangu.
Umuyobozi w’Ikirenga w’Igihugu cya Qatar (Emir), Amir Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani yoherereje Perezida w’u Rwanda Paul Kagame ubutumwa bwo kumufata mu mugongo nyuma y’ibiza byahitanye abarenga 130 mu ntara y’Iburengerazuba, Amajyaruruguru n’Amajyepfo.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda wungirije, ACP Boniface Rutikanga, avuga ko kugera ku bagwiriwe n’ikirombe bikomeje gutinda, ahanini bitewe n’imvura irimo kugwa muri iyi minsi.
Abanyamuryango ba Koperative Muganga SACCO barasaba kugabanyirizwa inyungu, ku nguzanyo zitandukanye bahabwa kugira ngo bibafashe kurushaho kwiteza imbere, kubera ko basanga zikiri hejuru.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente ari kumwe na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu na Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba Habitegeko François, umugaba w’Ingabo z’u Rwanda hamwe n’Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Rubavu mu gushyingura abapfuye 13 (…)
Nyuma y’uko igihugu cy’u Rwanda cyibasiwe n’ibiza by’imvura yaraye igwa mu ijoro rishyira itariki 03 Gicurasi 2023, abantu 127 bakahatakariza ubuzima, Intara y’uburengerazuba n’iy’Amajyaruguru, nizo zibasiwe cyane n’ibyo biza.
Kompanyi y’u Rwanda y’ubwikorezi bwo mu kirere RwandAir na Qatar Airways yo muri Qatar batangije ubufatanye mu bijyanye n’ubwikorezi bw’imizigo mu kirere, hagamijwe gukomeza kuzamura ubucuruzi ku Mugabane wa Afurika n’ahandi ku Isi izo Kompanyi zombi zikorera.
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, yavuze ko inzu zirenga 7,000 nta wemerewe kongera kuzituramo, nyuma y’uko zishegeshwe hakabamo n’izashenywe n’ibiza mu Ntara z’Iburengerazuba n’Amajyaruguru, hirindwa ko zabagwira.
Abaminisitiri batandukanye basuye abaturage bo mu Karere ka Rubavu bangirijwe n’ibiza, babizeza ubutabazi bwihuse n’umutekano.
Mu butumwa Perezida wa Komisiyo ya Afurika yunze Ubumwe (AU), Moussa Faki Mahamat yanyujije kuri Twitter, yihanganishije Abanyarwanda baburiye ababo mu biza byibasiye Intara y’Iburengerazuba, Amajyaruguru n’Amajyepfo.
Urubyiruko rw’Abayisilamu rwitabira amarushanwa yo gusoma no gufata mu mutwe Igitabo gitagatifu cya Korowani, ruratangaza ko abamaze gucengerwa n’inyigisho zikubiye muri iki gitabo, badashobora kwishora mu bikorwa by’iterabwoba.
Perezida Paul Kagame, yakiriye muri Village Urugwiro Minisitiri w’Intebe wungirije, akaba na Minisitiri w’Umutekano wa Repubulika ya Czech, Vít Rakušan, n’itsinda ayoboye, bagirana ibiganiro bigamije guteza imbere umubano w’Ibihugu byombi.
Ibiza byatewe n’imvura mu Karere ka Rubavu, byangije uruganda rwa Pfunda rutunganya icyayi, ruhagarika ibikorwa.
Impunzi zo mu nkambi ya Mahama iherereye mu Karere ka Kirehe mu Ntara y’Iburasirazuba, zirasaba ko serivisi z’ubuvuzi zihatangirwa zarushaho kunozwa, kugira ngo bashobore kuvurwa neza.
Nyuma y’uko amakuru aturutse i Vaticani y’itorwa rya Pariri Bartazar Ntivuguruzwa, ahabwa inshingano zo kuba Umwepisikopi wa Diyosezi ya Kabgayi kuri uyu wa 2 Gicurasi 2023, yavuze uko yakiriye ubwo butumwa bwa Papa Francis.